Nitwa Peter,
Mu gace dutuyemo, uyu mukire afite ijambo ndetse buri bikorwa bijyanye n�iterambere bihakorerwa, abigiramo uruhare. Ni umuntu n�abayobozi mu nzego z�ibanze badashobora kuvugaho, ahari wenda ikaba ari yo mpamvu bivugwa ko uwanze icyo amusabye cyangwa se akamuvuguruza, ashobora kumufungisha, akazavamo ari uko atanze uburenganzira.
Afite umukobwa uri mu kigero cy�imyaka 24 wakundanye n�abahungu benshi, umwe amutera inda, gusa yahise atoroka, ntabwo tuzi irengero rye.
Nigeze gukundana n�uyu mukobwa we igihe gito, menye ko abana n�abandi bahungu, mpita ntandukana na we. Umukire yarampamagaye mu rugo rwe twiherereye, turaganira, ambwira ibyabaye ku mukobwa we. Yambwiye ko abizi neza ko atari njye wamutereye umukobwa inda, gusa ngo kugira ngo adaseba ni uko ngomba kwemera ko ari njye wamuteye inda.
Uyu mukire yambwiye ko nta kindi gisubizo akeneye kumva mu matwi ye, atari �yego�, bitaba ibyo, akantereza abahungu be, bakankubita, bakamvuna ku buryo nta cyo nazongera kwimarira cyangwa se bakanshakira ikindi gihano kimbereye. Akimara kumbwira iby�abahungu be, nagize ubwoba, ntekereza na bwa bubasha bwe mu gace dutuyemo.
Ntabwo nifuza kurongora umukobwa ntateye inda kandi mfite ikibazo ko uyu mukire yangirira nabi, ndamutse ntubahirije ibyo ansaba, mu gihe na none kumurega mu buyobozi kwaba ari ukwiyongerera ibyago. Nkore iki?
18 Ibitekerezo
Jean Baptiste Kuwa 08/02/20
Tangira umushinga wo Ku muhiga. Ngurwo urugamba bavuga, mutange umwice nibwo uzitwa intwari Ku giti cyawe. Abantu nkabo, bakwiye umuntu nkanjye. Nararahiye umuntu nkuwo twahangana. Mugire ishyamba. Ntukazuyaze.
Subiza ⇾Rutare Kuwa 08/02/20
Ihagarareho ujye kwishinganisha mu inzego y’ubuyobozi. Azabonako btamenyekanye ko inda itari iyawe kandi ko umukobwa we utamushaka. Ko niyo mwabana mutabana mukundanye nka cheri-chouchoux.
Naho ubundi, arakugarika ??????????????
Subiza ⇾Kuwa 08/02/20
Reka imitwe niwe wagutegetse kumute inda ?
Subiza ⇾Ahubwo urikimara
Kuwa 08/02/20
minani Eugene, ntuzabyemere nukugukanga
Subiza ⇾Kuwa 08/02/20
minani Eugene, ntuzabyemere nukugukanga
Subiza ⇾Pascal Kuwa 08/02/20
Umva Peter, igihugu cyacu kiyobowe neza, cyubahiriza amategoko kdi ntikirenganya ntawe uri hejuru y’amategeko kdi ingero zirahari keretse niba nawe utabona cg ntiwumve, itabaze inzego z’ubuyobozi.
Subiza ⇾Kingston Kuwa 08/02/20
Mpa numero ye
Subiza ⇾Rwambonera ericisony Kuwa 08/02/20
Ibyo byo kuvuga ngo no umutware mugace mutuyemo ntago Ari ishingiro raise kuburyo wabura kumurega ubyanze ndakeka ntacyo yagukoraho rwose wowe nuramuka ubyemeye uraba uri ikigoryi rwose wowe mubwire ati"sinshobora kurongora umukobwa ntateye knew nabyanga agashaka kuguterereza abo bahungu be uge kumurega m’ubuyobozi bukuru ndumva Ari iyo mama nakugira rwose.
Subiza ⇾Rutayisire theogene Kuwa 08/02/20
Hera munzego z’ibanze ugere mu karere wishinganishe hakiri Kare kd ntuzibagirwe police na RIB biri hafi yawe
Subiza ⇾babalawo Kuwa 08/02/20
Nib umukobwa ukimukunda, mwemerere arko mugirane amasezerano ko uwo mwana azaba uwase w’umukobwa. Ni ukuvuga ko nakura wamuha sekuru kuko ariwe ubishaka. Ikindi kdi niba koko umukobwa umukunda bya nyabyo, ntiwakwanga umwana wabyaye. Uzamwemere mwibanire neza nakunanira kuzasabe divorce kuko leta irayemera. Guhangana byo si byiza ariko ubaye utamukunda byo washaka aho ujya kuko ushobora guhangana ukarangiza uphuye kdi mumategeko ntabwo bazura ngo watannga ikirego ukagaruka ibumuntu.
Subiza ⇾babalawo Kuwa 08/02/20
Nib umukobwa ukimukunda, mwemerere arko mugirane amasezerano ko uwo mwana azaba uwase w’umukobwa. Ni ukuvuga ko nakura wamuha sekuru kuko ariwe ubishaka. Ikindi kdi niba koko umukobwa umukunda bya nyabyo, ntiwakwanga umwana wabyaye. Uzamwemere mwibanire neza nakunanira kuzasabe divorce kuko leta irayemera. Guhangana byo si byiza ariko ubaye utamukunda byo washaka aho ujya kuko ushobora guhangana ukarangiza uphuye kdi mumategeko ntabwo bazura ngo watannga ikirego ukagaruka ibumuntu.
Subiza ⇾Tanga igitekerezo