• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
    Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Abakobwa bakoresheje ikimero cyabo bakaba inshoreke z'abategetsi, bigahindura byinshi mu isi

ibyegeranyo

Abakobwa bakoresheje ikimero cyabo bakaba inshoreke z’abategetsi, bigahindura byinshi mu isi

Yanditswe na NKUNDABANYANGA Ildephonse
Yanditswe kuwa 21/01/2023 14:33

Abakobwa b’ibizungerezi bakoresheje ubwiza bwabo bakaba inshoreke z’abategetsi bakomeye mu isi,ariko bakabikora bafite inyungu zihariye, bikanahindura byinshi mu mateka y’isi kugeza magingo aya.

Kuva kera Umwami cyangwa abandi bayobozi, abaturage babaga bazi abagore babo akenshi ari nabo bajyana mu ruhame. Gusa bamwe mu bategetsi bagiye bagira abandi bagore cyangwa abakobwa bagiranaga umubona w’ibanga ndetse igihe abo bakobwa babaga bari mu buriri n’abategetsi bakabahindura ibitekerezo ku bintu runaka byaje no gutuma hari ibintu byinshi byahindutse mu mateka y’abantu.

Uretse ruswa n’uburiganya bikunzwe kugarukwaho kenshi ku bategetsi, indi nkuru ikunzwe kuvugwa ku bategetsi igahuruza benshi, ni abayobozi bishora mu busambanyi n’abagore batari abisezerano. Buri gihe hagiye hagarukwa ku buhangange bw’abagore mu gukoresha umubiri wabo, igihe bashaka kugamburuza umutegetsi runaka babinyujije mu ku bageza mu buriri.

Hari ingero nyinshi mu mateka z’abagore bifashishije uburanga bwabo mu kwemeza Abami, abategetsi n’ibikomangoma ibitekerezo ku ngingo zinyuranye. Uyu munsi tugiye kugaruka ku bagore b’ibanga baryamanaga n’abayobozi,bikaza guhindura imigendekere y’ibintu byinshi mu isi:

1. Wallis Simpson n’Umwami Edward VIII w’u Bwongereza

Byari ubwa mbere mu mateka y’ubwami bw’u Bwongereza,aho umwami yemera kurekura ikamba ry’ubwami akisangira umugore yakunze. Nkaho ibyo bidahagije uwo mugore akaba yaratandukanye n’abagabo babiri bose.

Kuri tariki ya 10 Nzeri 1936, Umwami Edward VIII yagiye kuri radio BBC atangariza Abongereza bose ko adashobora gukomeza kuba Umwami w’u Bwongereza atari kumwe n’umugore w’Umunyamerika yakunze Wallis Simpson.

Ubundi mu Bwami bw’u Bwongereza muri ibyo bihe,nta mwami wari wemerewe gushaka umugore w’umunyamahanga. icyari gitangaje ni ukuntu umwami noneho yari agiye gushaka umugore watandukanye n’abagabo babiri kandi cyaraziraga mu bwami.Nyamara Edward yahise yisangira uwo yakunze.

2.Virginia Oldoini n’ Umwami w’u Bufaransa Napoleon III

Virginia Oldoini yari Umutaliyanikazi akaba umukobwa wari uw’ikimero cyahoje Abatariyani bose mu bihe bye. Virginia yari umugore w’umwami w’Abatariyani Bwana Victor Emmanuel II. Binyuze mu bugambanyi bukomeye Umwami Victor Emmanuel yagiranye na Minisitiri w’intebe Cavour , bemeje kohereza Verginia guhura na Napoleon III ngo amwikundisheho.

Kuri tariki ya 22 Werurwe 1837, Virginia Oldoini nibwo yagiye mu Bufaransa afite gahunda yo gukora uko ashoboye kose akabengukwa n’umwami w’Abafaransa Napoleon III hanyuma bazamara kuryamana akamusaba ko yazafasha igihugu cye cy’u Butariyani kikabona ubwigenge.

Uyu mukobwa yaragiye abikora neza uko yari yabigambanye na Minisitiri w’intebe Cavour akaba na mubyara we ndetse n’umwami Emmanuel. Yabashije gukundana na Napoleon III kandi amwumvisha neza ko yabaha ingabo bakarwanya Ubwami bwa Austria bwari bwarabakoronije bakabona ubwigenge.

Kuri tariki ya 28 Ugushyingo 1899 Virginia Oldoini yasubiye mu Butariyani,yisubiranira n’umwami Victor Emmanuel II arangije ubutumwa bwe yari yahawe.

3. Anne Boleyn n’umwami Henry VIII w’u Bwongereza

Anne Boleyn ari ku mwanya wa Gatatu w’abagore b’ikimero gitangaje bakaba baranakoresheje uburanga bwabo mu guhindura byinshi mu isi. Anne yabaye Umwamikazi w’u Bwongereza kuva mu mwaka 1533 kugera mu mwaka 1536. Muri ibi bihe yafatwa nk’ikigero cy’ubwiza mu bagore bo mu Bwongereza bwose.

Umwami Henry VIII, nawe ari mu babonye uburanga bwa Anne nubwo yari afite umugore w’isezerano. Biturutse kukuba u Burayi bwose icyo gihe bwarayoborwaga na Kiliziya Gatorika kandi yemeraga umugore umwe ku mugabo,byatumye Umwami Henry VIII yigumura kuri kiliziya ashaka Anne kandi yari afite undi mugore.

Henry akimara kwigumura kuri kiliziya yahise agumura nabihaye Imana bo mu Bwongereza bashinga idini rishya ariryo ry’Abangirikani (Church of England) biturutse kukuba Papa yaranze gusezeranya Umwami Henry VIII na Anne Boleyn.

4. Dona Marina na Hernan Cortes

Uyu mukobwa Dona Marina akaba yari umunya-Mexico wamenyekanye nk’umusemuzi mu gihe abakoni babanya-Espanye bajyaga gukoroniza ibice byo muri Amerika. Marina akaba yarabaye umugore wa Hernan Cortes wari uyoboye ingabo z’Abanya-Espanye.

Marina ngo yari ikizungerezi kandi avuga indimi zinyuranye ku buryo yabashaga kumvikanisha abakoroni n’abaturage gakondo bari basanzwe muri ibyo bice. Ibi nawe yaje kubyamamariramo gusa aza kwangwa urunuka nabene wabo kuko bamufataga nk’umugambanyi ukorana n’Abakoroni.

Umwe mubasirikare bari baragiye gukoroniza ibice byo muri Amerika yaranditse ati " Dona Marina yari igitangaza cyane,iyo atahaba ntitwari gukoroniza ibice bya Amerika."Ubundi Marina amazina ye bwite ni "Malintzin cyangwa Malinche" ariko yaje kumenyerana ku izina rya Do�a Marina.

5. Umwamikazi wa Misiri Cleopatra n’abajenerari ba Roma

Yamenyekanye nk’umwamikazi w’u Buranga bwahogoje benshi ku buryo bitanasize Aba Jenerari ba Roma . Azwiho kandi kuba ari we wazanye imibavu abakobwa bitera kuri ubu.Cleopatra VII Thea Philopator yabaye Umwamikazi wa Misiri kuva mu mwaka 51 kugeza mu mwaka 30 mbere ya Yezu

Nyuma yo kubengukwa na Jenerari Julius Caesar bakanabyarana umwana w’umuhungu yaje no gukundana na Jenerari Mark Antony wari ufite umugore yasize i Roma,ariko ageze mu Misiri arabutswe Cleopatra yanga gusubira i Roma.

Jenerari Caesar na Mark Antony bafashije Cleopatra gukomeza ubutegetsi bwe mu myaka myinshi gusa urukundo rwa Cleopatra na Mark Antony rwo rwaje kubageza mu rupfu kubera kumva ko buri umwe atabaho adafite undi.

Ibi byari bibaye nyuma y’uko Jenerari wa Roma Octavian yaje gutsinda mu ntambara Mark Antony, hanyuma Antony akamenya ko Cleopatra yapfuye kandi atari byo. Antony ako kanya nawe agahita yiyahura.Hashize iminsi Cleopatra nawe yicwa n’agahinda ko kubura Antony maze nawe yiyahuza ubumara bw’inzoka.

6. Perezida w’Amerika Bill Clinton na Monica Lewinsky

Mu gihe cyavuba iyi niyo dosiye y’uburaya yavuzwe mu butegetsi ku isi kurusha izindi ndetse bisunikira Perezida Clinton kujya kwisobanura imbere ya rubanda. Nkaho ibyo nabyo bidahagije congere y’America yarateranye ngo imweguze gusa abicika hamana.

Ubwo Clinton yari ku butegetsi hari umukobwa w’uburanga buhebuje wakoraga akazi ko kwimenyereza( Interneship) muri Whitehouse. Nyuma uyu mukobwa yaje kubengukwa na Perezida Bill Clinton akajya umutumizaho inshuro nyinshi mu biro bye.

Byashyize kera biza kumenyekana ko bajya baryamanira mu biro. Monica Lewinsky yaje kuganiriza Umunyamategeko ibyimubano we na Perezida,umunyamategeko nawe ahita ajyana Perezida mu nkiko. Icyatangaje benshi, mu rukiko Clinton yagize ati" Ngewe nakoranye na Monica imibonano ari ko ibitsina byacu ntibyakoranyeho. Ibyo rero ngewe sibyita imibonano."

Nubwo byageze aho hose ari ko Perezida Bill Clinton byarangiye agumye ku butegetsi nubwo byashegeshe izina rye cyane bigatuma n’ishyaka rye ryatsinzwe amatora yakurikiyeho. kugeza nubu inkuru ye ni rumwe mu ngero za vuba ku busambanyi zavuzwe ku bategetsi.

Hari ingero zitabarika tutavuga ngo turangize aka kanya z’abagore n’abakobwa babaye abakunzi b’ibanga babategetsi banyuranye mu isi. Bamwe muri aba bagore byarabahiriye gusa abandi babisizemo ubuzima nka Marilyn Monroe wari inshoreke ya Perezida J.F Kennedy w’Amerika,bivugwa ko yaba yaragambaniwe n’umugore wa Kennedy.

Muri rusange aba bakunzi b’ibanga bagiye baryamana n’abategetsi, ntabwo babikoze byo gushaka kuryamana nabo bategetsi gusa ahubwo babaga bafite izindi nyungu akenshi za Politike zabaga zibyihishe inyuma nk’uko twabibonye. Magingo aya imbaraga z’abagore mu gukoresha imibiri yabo zikaba zikigaragaza nk’uko twabibonye.

Izindi Nkuru Bijyanye


Ibigwi by'abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Abantu 10 ba mbere bagize uruhare mu guhindura amateka y�Isi mu kinyejana cya 20
Kajugujugu 10 za mbere ziringirwa ku rugamba ku Isi
Kajugujugu 10 za mbere ziringirwa ku rugamba ku Isi

Izindi wasoma

Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko

Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Imitwe ya Special Forces 15 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2023

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ibihugu 50 bya mbere binini kurusha ibindi ku Isi n’ubuso bwabyo

NKUNDABANYANGA Ildephonse
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

NSANZUWERA Evariste Kuwa 22/01/23

Ubundi amateka ajya gusa.
Nubu abantu baragamburuzwa da. Nasoni yagize ati " umukobwa numunyembaraga nubwo agaragara nku Munyantegenke indoro yiwe niyo ntwaro arwanisha ..."

N

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw'abo ruhiga
U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
26/09/23 17:04
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
26/09/23 16:39
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 27 Nzeri, urukiko rwibanze rwa Nyarugenge ruratangira (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubutabera

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

Umunyamakuru Ngoboka Sylvain wigeze kumara iminsi 45 mu kigo cy’inzererezi cya Tongati mu (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.