• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4

Amakuru

Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4

Yanditswe na SETORA Janvier
Yanditswe kuwa 07/06/2023 21:28

Abaturage bo mu karere ka Burera by’umwihariko abo mu murenge wa Kinyababa, barasaba inzego zo hejuru kubishyuriza rwiyemezamirimo Murengezi Jean de Dieu bavuga ko yabambuye agera kuri miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda (4,000,000 Frw) kandi ko biyambaje ubuyobozi bw’akarere bukabarangarana none imyaka ikaba imaze kuba hafi itatu amaso yabo yaraheze mu kirere.

Umunyamakuru wa BWIZA akimenya iyi nkuru yihutiye gushaka bamwe mu baturage bavuga ko bambuwe n’uyu na Murengezi maze bamutangariza ko bambuwe aya mafaranga akomoka ku mirimo itandukanye bakoze ubwo Company izwi nka ECOMOJ yubakaga umuyoboro w’amazi Nyabizi-Rusarabuye-Kivuye.

Bamwe muri aba bari abafundi, abafasha babo bazwi nk’abayede, abakapita babo n’abandi bagize uruhare mu ikorwa ry’uwo muyoboro barimo b’abacuruzi b’ibiribwa n’ibinyobwa bitandukanye batanze amadeni kuri abo bakozi ndetse n’ababakodeshaga aho bacumbika n’ubu ngo bakaba nta n’iripfumuye barabona.

Uwari ukuriye abayede, Magoba Jackson yabwiye BWIZA ko bakoze ku muyoboro w’amazi Nyabizi-Rusarabuye-Kivuye ariko bakajya bahembwa ibice kugeza ubwo imirimo yarangiraga, rwiyemezamirimo akagenda ubudasubiza amaso inyuma.

Magoba yagize ati:"Mfite ibaruwa twandikiye umuyobozi w’akarere ka Burera ngo aturenganure none reka data!!! Yatubwiye ngo ikibazo cyacu azagikurikirana ngo hari amafaranga bafatiriye [Ya Rwiyemezamirimo] ngo bazayamuha arangije kuduhemba none imyaka ibaye 2 ntayo turabona. Muri rusange, abambuwe bagera kuri 76, bamburwa agera kuri miliyoni enye (4.000.000 frw)."

Yakomeje agira ati: "Rwiyemezamirimo Murengezi Jean de Dieu yagiye aduhemba ibice ibice ariko abafundi bamwe, abakapita , abafirayeri ndetse n’abayedi ntibahembwe kugeza na n’ubu turacyishyuza. Mu kuri we, arabeshya ntabwo yigeze ahemba abakozi amafaranga yose yuzuye. Urutonde rw’abatarahembwe ruri ku karere kuko twandikiye Meya ndetse atubwira ko agiye kubikurikirana ariko ntacyo yatumariye."

Mugenzi we Munyanganizi Enéas yagize ati: "Njyewe nakoze nk’umufundi ku muyoboro w’amazi Nyabizi-Rusarabuye-Kivuye ariko sinigeze mpembwa kuko twaramwishyuzaga akaturerega, ubundi akaduha igice kugeza n’ubwo twandikiye akarere ngo katwishyurize none nako karituramiye natwe tuguma muri urwo rungabangabo. Mwadukorera ubuvugizi tugahabwa amafaranga yacu."

Twarayisabye Alphonsine utuye mu mudugudu wa Butaro, akagari ka Rusumo mu murenge wa Butaro na we yagezweho n’iki kibazo cyo kwamburwa kuko mu masezerano yagiranye na rwiyemezamirimo Murengezi yo gucumbikira abakozi 7 ba ECOMOJ avuga ko atigeze yishyurwa amezi agera muri 5 ku gikodeshwa cy’amafaranga ibihumbi 25 buri kwezi.

Yagize ati: "Nagiranye amasezerano na rwiyemezamirimo yo gucumbikira abakozi be 7 ku gikodeshwa cy’ibihumbi 25 buri kwezi ariko bagiye atanyishyuye amezi atanu kuko yanyishyuye kumwe gusa. Ni ukuvuga ngo andimo ibihumbi ijana na makumyabiri na bitanu (125.000 frw). Twarishyuje turarambirwa, yewe twagiye no ku karere, Meya aratubwira ngo buri wese niyandike ibaruwa agaragaza amafaranga bamubereyemo, turandika, ubundi aratubwira ngo nidutahe agiye kibikurikirana none dore imyaka ibiri irirenze twishyuza ariko amaso yaheze mu kirere. Icyambabaje cyane ni uko abana banjye birukanwe mu ishuri kubera kubura amafaranga kandi hari abambereyemo umwenda w’inzu niyubakiye ngira ngo ijye imfasha nk’umupfakazi wibana. Mwatuvugira tukishyurwa rwose kuko amafaranga yacu turayakeneye rwose."

Umunyamakuru wa BWIZA avugana na Murengezi Jean de Dieu, uyu rwiyemezamirimo yavuze ko abantu bose yabonye ku rutonde yabishyuye cyane ko yishyuraga abo abona kuri lisiti atishyuraga amasura.

Yagize ati: "Abantu bose bahembewe kuri SACCO, nta muntu mfitiye ideni. Abantu bose nk’uko bampaye lisiti , amafaranga yose nayohereje kuri SACCO. Ubwo rero kuza kubikubwira nk’umunyamakuru, sinzi niba ari wowe ugiye kubishyura. Aho kampani iri barahazi, ufite ikibazo azaze kuri kampani ni ho kizakemukira. Ubu rero sinavuga ngo bazahembwa gute? Uko abandi bahembwe, niba hari uwacikanwe ntakorerwe lisiti nibwo azahembwa. Uzaze nkwereke urutonde rw’abantu barenga 300. Njyewe ntabwo mpemba isura y’umuntu, mpemba Lisiti bampaye."

Yakomeje agira ati: "Niba rero baracikanwe, bagomba kuza ku cyicaro cya kampani cyangwa se bakampamagara. Hari uwampamagaye simwitabe ambwira ikibazo cyuko atahembwe? Ubwo se barajya mu itangazamakuru ngo ribafashe iki? Bo nibakore lisiti yabo unayinyoherereze, mbaze ababakoresheje uko babakoresheje hanyuma tubashe gukemura ikibazo cyabo."

Mu gushaka kumenya uko ikibazo giteye n’aho bigeze bishyuriza abaturage, BWIZA yahamagaye kenshi, umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal ntiyitaba telefoni ye kandi yari yahaye umunyamakuru gahunda yo kumuhamagara saa saba (13h00’).

Icyakora nubwo bimeze bitya, umuyobozi w’agateganyo w’ikigo cy’igihugu cy’isuku n’isukura WASAC, Umuhumuza Gisèle, yabwiye BWIZA ko ntako batagize bandikira akarere na rwiyemezamirimo ngo bishyure abaturage noneho na WASAC ibone uko yishyura rwiyemezamirumo ayo bamusigayemo ariko yaba akarere na rwiyemezamirimo ntacyo babikozeho.

Yahize ati: :Ni byo koko twagiranye amasezerano na rwiyemezamirimo Murengezi Jean de Dieu wa ECOMOJ Company, tumuha amafaranga kugira ngo atangire imirimo ndetse afate n’ibikoresho hirya no hino no gushyiraho abakozi. Ubu tuvuga rero ko fagitire yasigaye tugomba kuyishyura nyuma yuko agaragaje ko abaturage yakoresheje n’ibikoresho yafashe, nta mwenda abasigayemo nk’uko itegeko rigena imitangire y’amasoko ribigena kuko iyo atabikoze, icyo gihe dufata kuri ya mafaranga ye twamusigayemo tukishyura ibyo atashoboye kwishyura."

Yakomeje agaragaza ko kudakemura iki kibazo byatewe n’uburengare bw’ubuyobozi. Ati: "Icya kabiri ni uko abo bakozi bavuga ko yabambuye koko ariko twaramwandikiye ndetse n’akarere turakandikira, tubagira inama ngo bakemure icyo kibazo cy’abaturage bifashishije ibipande byabo n’amalisiti agaragaza imibyizi yabo ariko ntituzi aho byaheze. Abo bakozi bafite uko bumvikanye na rwiyemezamirimo Murengezi Jean de Dieu, nibihuze, niba abarimo amafaranga abishyure noneho na we atuzanire ibigaragaza ko yabishyuye, tumuhe amafaranga ye yasigaye. Gusa, icyo twavuga kindi ni uko amafaranga atari aya WASAC ahubwo ni ay’umushinga. Hari uburyo rero akoreshwa, na none kandi, hari inzego z’ibanze zegerejwe abaturage kugira ngo zibafashe cyangwa se ubugenzuzi bw’umurimo hakerekanwa ibyo bipande noneho hagahamagazwa impande zombi, ikibazo kikarangira. Ubuyobozi ni bwo bushyiramo intege nkeya na ho ubundi biba byarakemutse."

BWIZA izakomeza kubakurikiranira iyi nkuru kugeza ikibazo gikemutse.

Izindi Nkuru Bijyanye


FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi
Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw'u Rwanda: Major wa FARDC
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda: Major wa FARDC

Izindi wasoma

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

SETORA Janvier
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.