• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Gushyiraho Komini nshya ya Minembwe: Igisubizo cyangwa kujijisha Abanyamulenge?

Ibitekerezo

Gushyiraho Komini nshya ya Minembwe: Igisubizo cyangwa kujijisha Abanyamulenge?

Yanditswe na Fred Rugira
Yanditswe kuwa 07/11/2020 10:09

Mu gihe gishize, hashyizweho Komini nshya ya Minembwe. Iyi komini iza yiyongera ku zindi zigize Kivu y�Amajyepfo. Minembwe ni agace kakunze kurangwa n�ubushyamirane hagati y’amoko atuye muri ako gace harimo: Abanyamulenge, Abafulero, Ababembe n�Abanyindu.

Aya makimbirane yateje ubuhunzi ku batari bake, imitungo irangirika, ibikorwa by�amajyambere birahadindirira gusa ikibazo gikomeye ni ubuzima bw�abaturage ba buri bwoko na n�ubu batazwi umubare bwagiye buhatikirira. Abanyamulenge bakunze kumvikana mu bitangazamakuru ko bavuga ko bakorerwa ubwicanyi n’irindi hohoterwa ndetse Leta ya Kinshasa ikarebera. Ni ingingo yatumye nabo bivugwa ko bagiye bashinga imitwe ishinzwe kwivuna umwanzi.

Kuri iyi ngingo, mu mwaka wa 2019, Abanyamulenge batangazaga ko batewe n�ubundi bwoko bufatanyije n�inyeshyamba ngo � Ziterwa inkunga n�igihugu gituranyi cya Congo.� Impirimbanyi z�uburenganzira bwa muntu ntizahwemye kuvuga ko ibyo bakorerwaga bisa na jenoside gusa Leta ya Kinshasa ntiyigeze ihaguruka ngo irwane n�abo bari bibasiye abaturage yemera ko ari abayo ndetse ubu ikaba yarabageneye komini bagomba kubarizwamo ariyo ya Minembwe.

Kujijisha Abanyamulenge?

Iyo umuntu yitegereje neza uburyo Leta ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo iyobowe na Felix Tshisekedi yagiye yitwara mu makimbirane yo mu Minembwe, ubona ko Abanyamulenge badashobora kugira byinshi bungukira mu guhabwa komini nshya ya Minembwe.

Birumvikana ko mu bitabo by�ubutegetsi bo bazandika ko ubuyobozi bwegerejwe abaturage kandi ni nako biri ndetse n�abaturage bazajya babona hafi serivisi z�ubuyobozi gusa biragoye kwemeza ko ubushyamirane buzahagarara kubera ko hashyizweho komini.

Urugero rufatika ni uburyo intumwa za rubanda aho gushyigikira uyu mugambi washyizwe mu bikorwa na Minisitiri w�Ubutegetsi bw�igihugu, Lwabanji Lwasingabo kw�ishirwaho rya Komine nshya ya Minembwe na Burugumesitiri wayo, Dani Mukiza, zibirwanya ndetse zikaba zitumva n�icyo bigamije.

Alimasi Malumbi Mathieu, umwe mu badepite bahagarariye Intara ya Kivu y�Amajyepfo avuga ko ahubwo Minisitiri Lwasingabo agomba gutanga ibisobanuro ku mpamvu y�ishyirwaho ry�iyi komini. Ku rundi ruhande, Malumbi arishingikiriza ijambo rya Perezida Felix Tshisekedi wari wasabye ko iki cyemezo cyasubirwamo ubwo yakimenyeshwaga.

Ni mu gihe Guverineri w�Intara ya Kivu y�Amajyepfo, Th�o Ngwabije , yavuze ko guhindura agace ka Minembwe kakagirwa Komine bizafasha ubuyobozi kugarura amahoro n�umutekano uterwa n�ubushyanirane bushingiye ku moko hagati y�Abanyamulenge n�andi moko abarizwa muri ako gace.

Ngwabije ati � Guhera uyu munsi ndakeka ko tubonye ubundi buryo bwiza bwo gukemura ibibazo by�umutekano, umaze igihe utifashe neza mu misozi miremire ya Minembwe, ntabwo dushaka ihangana rishingiye ku moko, turashaka kugarura ubwiyunge n�amahoro muri aka gace,ndetse amoko yose y�Abafulero, Ababembe, Abanyindu n�Abanyamulenge bakabana mu bwumvikane.�

Kuba abadepite na perezida ubwe batumva kimwe na Guverineri Ngwabije akamaro ko gushyiraho Komini ya Minembwe, biha ubutumwa Abanyamulenge ko batagomba kwirara ngo noneho byakemutse. Birasaba kutirara kuko Leta yakomeje kugira intege nke mu kurinda umutekano wabo n�byabo mu gihe gishize.

Kinshasa irashakira umuti ahatari ikibazo

Leta ya Tshisekedi yiyumvisha ko amoko atuye mu Minembwe yabana neza ari uko hashyizweho Komini nshya (n�ubwo nabyo batabyemera neza), nyamara ikibazo atari aho kiri. Ese abanyamulenge bahora bahanganye n�ubundi bwoko kubera ko ubuyobozi bwabaye kure ngo bujye hagati y�abashyamiranye? Ese abahohoterwa baba babuze aho baregera bityo umuco wo kudahana urasugira ugasagamba?

Abanyamulenge bakunze kwibasirwa kuko bafite inkomoko yo kwitwa Abakongomani, ubundi bwoko butemera. Ni mu gihe ku butegetsi bwa Mobutu mu 1971, ku bijyanye n�uwakwitwa Umukongomani, ribisobanura neza ko Abanyarwanda bahungiye muri Congo kuva mu 1959 kugeza mu 1963 bahabwa ubwenegihugu bwa Congo.

Ibi nanone umuntu arebye yasanga kuba ibijyanye n�ubwenegihugu bwa Congo mu 1981 nabyo hari abatabyumva neza. Ikindi kandi ni uko Abafulero kuva mu myaka y� 1985, bavuga ko ubutabwa bw� i Mulenge ari ubwabo. Ibi rero abo mu y’andi moko ntibahwemye kubikerensa, bityo bakumva ko bahutaza Abanyamulenge nabo batahwemye kwirwanaho igihe cyose bagabweho ibitero bibica, bibasahura n�ndi mabi menshi.

Hakorwa iki?

Umudepite uhagaririye Intara ya Kivu y�Amajyepfo, Juvenal Munubo yagize ati "
Mbona kugira Minembwe Komine atar iwo muti wo gukemura ikibazo cy�umutekano uhabarizwa , Leta yagakwiye kongera umubare w�abasirikare no kubongerera ubushobozi kugirango babashe guhosha intambara zishingiye ku moko muri kano gace ka Minembwe, no gushiraho ibiganiro bigamije kunga Abanyamulenge, Abafuliro, Abanyindu n�Ababembe.

Birumvikana ko gushyiraho Komini nshya ya Minembwe hari icyo byafasha mu kugarura ituze mu gihe ubuyobozi bwakora akazi kabwo neza. Hakenewe ko buri mutegetsi yiyumvisha akamaro kabyo, bakabyumva kimwe.

Ikindi kandi ni ukugana inzira y�ibiganiro ku mpande zose zirebwa n�iki kibazo hagamijwe kurandura umuzi wacyo, bitari ibya nyirarureshwa. Kuri iyi ngingo, buri ndwara ikwiriye kuvurwa n�umuti wayo. Abemeye ibiganiro bakabijyamo, abumva ko bazumvikanisha ibyo basaba bakoresheje urwamo rw�imbunda, bagahatwa ikibatsi cy�umuriro. Biragoye kuvuga ko abaturage babana neza bamwe bafite intwaro, bumva ko ubwo bafite ibisubizo mu ntoki.

Ikindi ni uguhangana n�umuco wo kudahana (impunity) no kubahiriza amategeko kuko ntawe uri hejuru yayo nk�uko muri za mpapuro z�itegeko nshinga henshi mu bihugu byo muri Afurika zidahwema kubivuga. Gushyiraho Komini nshya ya Minembwe ariko ntihabwe imbaraga zihariye zikenewe mu gukemura ibibazo biri muri ako gace kwaba ari ukujijisha Abanyamulenge badahwema gutabaza ko bahohoterwa nabo bakirwanaho cyangwa bikaba gushaka igisubizo kidasubiza ikibazo gihari.

Izindi Nkuru Bijyanye


Minisitiri w'ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w'abarokore
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Izindi wasoma

Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali

Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?

Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

Fred Rugira
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.