
Inyubako zafashwe n’inkongi y’umuriro mu murwa mukuru wa Sudani nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta n’ingabo z’umutwe wa RSF bahanganye.
Amashusho yashyizwe kuri internet ku Cyumweru yerekanye umuturirwa w’icyitegererezo i Khartoum wa Greater Nile Petrole Oil Company urimo uragurumana.
Mu butumwa yanditse kuri X, yahoze yitwa Twitter, Tagreed Abdin, umwubatsi w’iyi nyubako, yagize ati: "Ibi rwose birababaje."
Ibitero by’indege n’intambara zo ku butaka byakomeje muri Khartoum no mu yindi mijyi n’imijyi kuva imirwano yatangira muri Mata.
Umuryango w’abibumbye wavuze ko abantu barenga miliyoni bahatiwe guhunga igihugu.
Uyu muturirwa w’ikigo gicuruza ibikomoka kuri peteroli w’amagorofa 18 ni umwe mu bimenyetso bizwi cyane muri Khartoum.
Madamu Abdin yavuze ko iyi nyubako yari ikirango cy’umujyi, aninubira "kurimbura kutarimo ubwenge".
Kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye inyubako imeze nka cone, ifite imbere h’ibirahure, gufatwa n’inkongi y’umuriro. Nta makuru kandi y’abakomeretse cyangwa abapfuye.
Intambara ikomeje muri Sudani yatangiye ku itariki ya 15 Mata, yatewe no kurwanira ubutegetsi hagati y’abayobozi b’ingabo za Sudani n’umutwe witwara gisirikare bahoze bafatanya wa Rapid Support Forces (RSF).
Tanga igitekerezo