• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
    Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
    Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi
    Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo
    Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Ambasaderi Gatete yatangaje ko ibihano byo gushimisha RDC ntacyo bizamara
    Mukuralinda yahishuye ko ubwo yahuraga na Lutundula, bateranye urwenya
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
    Rayon Sports mu ntambara na FERWAFA, Umujyi wa Kigali na Urid Technologies
    Ibihugu 3 bituranye n’u Rwanda byahawe kwakira CAN 2027
    Perezida wa Rayon Sports yemeje ko hari aba-Rayon bari kuyigambanira ngo izatsindwe na Al Hilal
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Kazungu watawe muri yombi ‘yiyemerera' ko yasambanyije benshi akanabica

ubutabera

Kazungu watawe muri yombi ‘yiyemerera’ ko yasambanyije benshi akanabica

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 06/09/2023 10:03

Kuri uyu wa 5 Nzeri 2023, urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umugabo witwa Kazungu Denis wari ucumbitse mu murenge wa Kanombe, akarere ka Kicukiro, akaba akekwaho kwica abantu, akabashyingura mu nzu yakodeshaga.

Uru rwego rwagize ruti: “Ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’iz’umutekano, RIB yafunze KAZUNGU Denis ukekwaho kwica abantu hanyuma akabashyingura mu nzu yakodeshaga iherereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza.”

Kazungu yakodeshaga inzu y’umuvugabutumwa, ndetse bivugwa ko yari yaranze kuyisohokamo, afite ubwoba bw’uko yatabwa muri yombi. Abaturage bo bavuga ko batangiye kumva umunuko muri iyi nzu ku wa Kabiri w’icyumweru gishize, bakeka ko ishyamba atari ryeru.

Umwe muri aba baturage yatangaje ko uyu mugabo yabaga mu nzu y’ibyumba bitatu n’uruganiriro (salon), igikoni cye kikaba ari cyo yacukuyemo uyu mwobo yashyinguragamo aba bantu. Ngo abenshi mu bo yishe ni abakobwa cyangwa abagore, ariko harimo n’umugabo yishe kugira ngo ajye akoresha ibyangombwa bye.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, yatangaje ko Kazungu yiyemerera ko yasambanyaga aba bantu, akabica, hanyuma akabashyingura.

Mutsinzi yatangarije BTN TV ati: “Hari abo yavugaga ariko ntabwo turamenya ngo ni bangahe. Turacyakurikirana, uko igihe kigenda gishira, turagenda tumenya amakuru, tunatangaze imibare. Yitwa Kazungu Denis ariko yagendaga akoresha amazina atandukanye, ariko turacyakurikirana kugira ngo tumenye amakuru nyayo.”

Uko amakuru yamenyekanye, Mutsinzi yagize ati: “Na byo byatewe n’uko hari ahantu yabaga mu nzu, yanga kuvamo. Ni na we wabyivugiye ko hari abantu ashobora kuba yishe, hanyuma inzego zirakurikirana ariko na byo yabivuze ari mu nzego z’ubutabera kubera ko yari yanze kuva mu nzu yavagamo.”

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, mu kiganiro na RBA kuri uyu wa 6 Nzeri 2023, yagize ati: "We uko avuga, yajyaga mu kabari, akareba abakobwa, bagatahana nk’abagiye kugira ibyo bakora, hanyuma akabiba, yamara kubiba akabica. Imiterere y’ahantu atuye, ni inzu yari ituye yonyine kuko hari hari umuhanda wakorwaga, ibitaka yacukuraga yabimenaga, akabivanga n’umuhanga ku buryo nta wari gupfa kubimenya."

RIB ivuga ko umubare nyakuri w’abo Kazungu akekwaho kwica, bityo ko hagikorwa iperereza kugira ngo umenyekane, mu gihe na we afungiwe kuri sitasiyo ya Kicukiro, mbere y’uko dosiye ye ishyikirizwa ubushinjacyaha.

Itegeko riteganya ibihano n’ibyaha muri rusange rivuga ko umuntu wishe ku bushake, akatirwa igifungo cya burundu, kikaba ari cyo gisumba ibindi mu Rwanda. Ni cyo cyaba gitegereje Kazungu mu gihe yazaburanishwa, agakatirwa.

Abageraga ahari hashyinguye aba bantu bazongwaga n’umunuko waho

Izindi Nkuru Bijyanye


Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n'inzara
Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kutiteranya biri gutiza umurindi ihohoterwa rishingiye ku gitsina: RIB
Kutiteranya biri gutiza umurindi ihohoterwa rishingiye ku gitsina: RIB

Izindi wasoma

Kutiteranya biri gutiza umurindi ihohoterwa rishingiye ku gitsina: RIB

Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

iganze Kuwa 06/09/23

Amahano aragwira. Uyu muntu afite ikihe kibazo muri mind ye? Bamubaze neza bumve aho yakuye ubwo bunyamaswa.

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry'Intumwa Muhamadi
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
29/09/23 19:01
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
29/09/23 14:00
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
29/09/23 13:24
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
29/09/23 12:01
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Amakuru

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

Byibuze abantu 50 bishwe abandi barenga 50 barakomereka mu iturika ry’igisasu mu gihugu cya (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubukungu

Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko inyungu zisabwa abahabwa inguzanyo (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo

Mu ijambo yavugiye imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kuri uyu wa (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe

Inzego z’umutekano mu karere ka Muhanga ziri guhiga bukware insoresore zo mu gatsiko kazwi (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.