• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.

Ibitekerezo

Musanze: Ba gitifu b�imirenge bakwiriye kujyanwa i Nkumba

Yanditswe na BWIZA
Yanditswe kuwa 14/11/2020 16:13

Hamaze iminsi humvikana imigirire idahwitse ku banyamabanga nshingwabikorwa batandukanye mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Musanze, Intara y�Amajyaruguru.

Kuri bamwe, byasaga nk�ibigoye kwiyumvisha uko gitifu akora ibintu runaka hagendewe ku kigero cy�imiyoborere myiza u Rwanda rufite, uko demukarasi yakabaye yumvikana mu mitwe ya rubanda, amahame y�uburenganzira bwa muntu, ibikubiye mu mategeko n�ibindi.

Bamwe muri ba gitifu b�imirenge yo mu Karere ka Musanze bagiye bakora ibikorwa byafatwa nk�ibara ku muyobozi. Hibazwa aho baherewe amabwiriza y�iyo miyoborere ahanini irangwa no guhutaza umuturage, aho kumurengera no kumwigisha.

Umurenge wa Nkotsi

Byari agahumamunwa mu kwezi kwa Nyakanga 2020, ubwo Gitifu Hanyurwabake Theoneste yari arimo yirukanka mu bisambu,ahanganye n�abadongi bamwirukankagaho ahitwa kuri kopera.

Benshi mu batuye mu mahuriro y�imidugudu ya Barizo na Kindiki mu Kagari ka Bikara, bavugaga ko bikwiriye ko icyo kibazo cy�abadongi batwaraga inzoga mu bihe bya COVID-19 cyari gukemurwa na gitifu w�akagari, uw’umurenge akaba yaza ari uko cyananiranye.

Gitifu Hanyurwabake utari kumwe n�abapolisi, yakozanyijeho n�abadongi, ibintu birakomera ndetse umwe arahakomerekera ajyanwa mu bitaro kuko yari yakubiswe ipiki nk�uko abaturage babitangaje icyo gihe. Ni ikibazo cyatumye n�abasirikare bahagera ngo barebe icyo kibazo cy�iyo mirwano.

Abaturage bavugaga ko iki cyari ikibazo cyakemurwa n’izindi nzego nk’akagari n’umudugudu. Ikindi cyasaga n’ikitari kumvikana neza ni uburyo gitifu yaje kureba abadongi (basanzwe bazwiho urugomo) adaherekejwe na polisi cyane ko abo bari kumwe bakubiswe rugikubita bagakwira imishwaro kugeza ubwo bihisha mu nzu z’abaturage.

Umurenge wa Busogo

Uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w�Umurenge wa Busogo, Nsengimana Aimable, akatiwe igifungo cy�imyaka itatu n�ihazabu ya miliyoni 1 Frw.

Ubwo abagenzuraga uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa, bageze aho Mbonyimana yararaga izamu kwa nyir�uruganda, bahabona umwana wirukiye muri icyo gipangu atambaye agapfukamunwa, bagiye kuhinjira uyu muzamu arabyanga biteza amahane.

Nyuma y�igihe gito nibwo Gitifu Nsengimana yahageze arayahosha; byavuzwe ko yahise amushyira inyuma [boot] mu modoka ye ngo amujyane kumuhanira ku murenge. Ubushinjacyaha buvuga ko yageze mu nzira urugi rurifungura avamo aragwa, arakomereka bikabije, bimuviramo no guta ubwenge.

Yamujyanye kwa muganga ndetse ahamagaza polisi ariko ntibikuraho ko yahohoteye umuturage. Ni ikindi gikorwa cyakozwe n’umuyobozi, kikanengwa n’abaturage. Ni imyitwarire idakwiriye umuyobozi ndetse yaje no kubihanirwa bimuviramo gutakaza akazi gasigaye kabona uwo zereye.

Umurenge wa Cyuve

Umunyamabanga nshingwabikorwa w�Umurenge wa Cyuve, Sebashotsi Gasasira Jean Paul ari kumwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w�Akagari ka Kabeza Tuyisabimana Jean Leonard, n�aba Dasso babiri ari bo Nsabimana Anaclet na Abiyingoma Sylvain bakubise Nyirangaruye Uwineza Clarisse na Manishimwe Jean Baptiste bo mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve.

Ku manywa y’ihangu, inkoni zavuzaga ubuhuha ari nako abafite telefoni zigezweho (smartphones) bafata amashusho ubundi arakwirakwizwa karahava. Ni igikorwa cyanenzwe ku rwego rw’igihugu. Kuba umuyobozi yakabaye yigisha abaturage, ahubwo akabahondagura bituma hibazwa aho izi ndangagaciro bazikuye.

Iyi mirenge yagarutsweho haruguru niyo yumvikanyemo ibibazo by’imigirire ya ba gitifu mibi. Ibi ntibivuze ko ahandi ari shyashya gusa ibi ni bandebereho (samples) z’uko hari ba gitifu bafite imyitwarire idahwitse.

Kubera iki bajyanwa mu itorero i Nkumba?

N’ubwo ubuyobozi bukuru butarebereye iyi migirire y’aba ba gitifu, Ku Karere nka Musanze gaherutse kuba aka 27 muri 30 tugize igihugu mu mihigo ya 2020-2021, ni byiza ko abayobozi bo ku rwego rw’imirenge, basubizwa mu itorero ku bijyanye n’imiyoborere.

Birakwiriye ko aba bayobozi bongera kwigishwa kuko bigaragara ko hari ikibazo muri aka karere. Ibi kandi byafasha mu gukomeza gukumira andi makosa yatuma abaturage barakarira ubutegetsi bavuga ko bubarenganya bukanabahutaza.

Uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa w�Umurenge wa Cyuve, Sebashotsi Gasasira Jean paul ubwo yakubitaga umuturage witwa Nyirangaruye Uwineza Clarisse. Ifoto: Interineti

Izindi Nkuru Bijyanye


Minisitiri w'ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w'abarokore
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Izindi wasoma

Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali

Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?

Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

BWIZA
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

Desire Kuwa 19/11/22

Nkeneye umukunzi wumukobwa utarengeje imyaka 22ans kandi winzobe afite akazi kuko nange nkafite. WhatsApp number 0783779815

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.