• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Nyaruguru: Abakora ibikoresho by'ikoranabuhanga barasaba gukurwa ku izuba

Amakuru

Nyaruguru: Abakora ibikoresho by’ikoranabuhanga barasaba gukurwa ku izuba

Yanditswe na Domice Gasarabwe
Yanditswe kuwa 06/06/2023 12:28

Abasore n’inkumi bakora amatelefone n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga mu mujyi wa Kibeho w’akarere ka Nyaruguru, bavuga ko babangamiwe cyane n’uko aho bakorera ubu ngubu mu isoko rya kijyambere hadasakaye. Iyo imvura iguye irabanyagira ikangiza ibikoresho byabo n’izuba ryava ari ryinshi rikabica.

Ni nyuma yuko, mu rwego rwo guca akajagari, muri Mutarama 2023, ubuyobozi bw’umurenge wa Kibeho bubimuye aho bakoreraga ku mbaraza z’inzu z’ubucuruzi hirya no hino mu mujyi, bukabashyira hamwe mu isoko rya kijyambere.

Kubera ko aho bakorera ubungubu ari hanze, aba batekinisiye bavuga ko akazi kabo kazambye, ubukene bukaba bubamereye nabi. Barasaba gusakarirwa aho bakorera nk’uko bimeze mu karere ka Huye.

Niyobugingo Justin, umwe muri abo batekinisiye yagize ati: "Dukora mudasobwa, amatelefone, amaradio, n’ibindi byose bijyanye n’ikoranabuhanga n’amashanyarazi. Ni akazi kari kadutunze n’imiryango yacu. Batuvanye ku mbaraza “z’abakire” aho twakoreraga batuzana hano. Ariko urabibona nawe ntihasakaye. Iyo imvura iguye iratunyagira n’izuba ryava, rikatwica. Akazi karahagaze nta bakiliya tukibona. N’imitaka twari dufite barayitwambuye. Ntitugira aho tubika ibikoresho. Turifuza ko badusakarira.”

Naho Ndahimana Alexis avuga ko kuba ubuyobozi bwarabavanye ku mbaraza bukabashyize hamwe ari byiza.Ngo ikibazo ni uko hadasakaye.

Yagize ati “Twakoreraga ku mbaraza dutatanye. Igitekerezo cyo kudushyira hamwe ni cyiza. Ariko badusakarire cyangwa badushyire muri corridor nk’uko bimeze mu mugi wa Huye. Umuryango w’isoko urahenda wo ntitwawigondera. Hano ni heza rwose imbogamizi nuko hadasakaye.”

Aba basore bavuga ko ikibazo cyabo bakigejeje ku buyobozi bw’umurenge, ariko kugeza ubu ntacyo buragikoraho.

Abatuye mu mugi wa Kibeho nabo basanga aba basore n’inkumi bakwiye gufashwa. Ingabire Marie Grace avuga ko gukoresha telefone ye ahantu hadasakaye ari ikibazo.

Ati: "Ingorane ni uko iyo nje izuba rihanyicira. Nk’ubu rwose imvura iguye nahita nigendera nkazagaruka undi munsi. Ikindi, imvura ishobora kugwa muri telefone igapfa burundu kandi ugasanga nturibuyimwishyuze. Rwose babashakire ahantu heza hajyanye n’ubutaka butagatifu.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibeho, Nkurunziza Aphrodis, avuga ko babavanye ku mbaraza mu rwego rwo guca akajagari mu mugi w’ubukerarugendo. Naho ku bijyanye no gusakarirwa, avuga ko bahitamo gufata umuryango mu isoko kuko ihari, cyangwa bakagura ibikoresho bishya bakisakarira.

Ati “Twarababwiye ngo bishyire hamwe bafate umuryango mu isoko barabyanga. Bahitamo gukorera hanze. Twumvikana ko bazashaka ibyuma n’amabati bishya bagasakara aho bakorera. Kibeho ni umugi w’ubukerarugenda n’ubucuruzi bufite isuku. Nibamara kubona ibikoresho bazatubwire tubasakarire. Bazajya batanga imisoro bisanzwe nta bukode. Natwe ntitwanze ko bakorera ahantu heza bagateza imbere imiryango yabo.”

Gitifu avuga ko ikibazo cyakomeye aho sosiyete zicuruza itumanaho zibamburiye imitaka bitwikiraga yari yanditseho ibirango byazo.

Abatekinisiye bakorera aho ku isoko rya Kibeho mbere barengaga 15. Ariko magingo aya, abenshi baretse akazi. Abasigaye bakora ku buryo buhoraho ni 8.

Izindi Nkuru Bijyanye


FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi
Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw'u Rwanda: Major wa FARDC
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda: Major wa FARDC

Izindi wasoma

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Domice Gasarabwe
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

2 Ibitekerezo

gilbert kamanzi Kuwa 06/06/23

muraho neza
muri aka karere ka nyaruguru umurenge wa mata akagali ka ramba umudugudu wa cyafurwe mwadukorera ubuvugizi byaba ngombwa mukanahasura pe! umuriro uca hejuru yumudugudu usanga indi mirenge ariko ntamuriro abaturage bafite pe .
ibi bidindiza iterambere .bamwe bagerageza kwirwanaho bagashaka imirasire yizuba nka panel solar ariko umuriro zitanga ni muke ntakintu byafasha nagato.
ibi bimaze imyaka biteje ikibazo gikomeye kuko uwo muriro uca kubaturage wahageze mbere yumwaka wa 1994 magingo naya ntamuriro urahagera.
ibijyanye namazi abaturage nabyo babifiteho ikibazo kuko bahawe amazi ariko ni umurimbo ntanarimwe bigeze bayakoresha na rimwe
murakoze.

Subiza ⇾

gilbert kamanzi Kuwa 06/06/23

muraho neza
muri aka karere ka nyaruguru umurenge wa mata akagali ka ramba umudugudu wa cyafurwe mwadukorera ubuvugizi byaba ngombwa mukanahasura pe! umuriro uca hejuru yumudugudu usanga indi mirenge ariko ntamuriro abaturage bafite pe .
ibi bidindiza iterambere .bamwe bagerageza kwirwanaho bagashaka imirasire yizuba nka panel solar ariko umuriro zitanga ni muke ntakintu byafasha nagato.
ibi bimaze imyaka biteje ikibazo gikomeye kuko uwo muriro uca kubaturage wahageze mbere yumwaka wa 1994 magingo naya ntamuriro urahagera.
ibijyanye namazi abaturage nabyo babifiteho ikibazo kuko bahawe amazi ariko ni umurimbo ntanarimwe bigeze bayakoresha na rimwe
murakoze.

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.