• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Rwatubyaye yasabye imbabazi Perezida wa Rayon Sports

imyidagaduro

Rwatubyaye yasabye imbabazi Perezida wa Rayon Sports

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Yanditswe kuwa 02/06/2023 15:15

Kapiteni wa Rayon Sports, Rwatubyaye Abdul, yasabye imbabazi Captain (Rtd) Uwayezu Jean Fidèle usanzwe ari Perezida wa Rayon Sports nyuma yo kugumura bagenzi be.

Kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru muri Rayon Sports haravugwamo amakuru y’abakinnyi bari barigumuye bakanga kujya gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro iyi kipe ifitanye na APR FC kuri uyu wa Gatandatu.

Abakinnyi ba Murera bigumuye ku buyobozi nyuma yo kunanirwa kubishyura amezi abiri y’umushahara bwari bubabereyemo, ndetse n’amafaranga y’uduhimbazamusyi tw’imikino ibiri batsinze.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle yabwiye Radio/TV10 ko nyuma yo kwivumbura byabaye ngombwa ko ubuyobozi buganiriza abakinnyi, gusa bananirwa kubwumva kuko bari bamaze guhuza umugambi.

Yunzemo ko nyuma yo kubona abakinnyi batabyumva byabaye ngombwa ko abatumizaho umwe ku wundi, abizeza ko kuri uyu wa Gatanu bishyurwa amafaranga y’ukwezi kwa Kane na ho ay’ukwa Gatanu bakazayabona nyuma y’umukino wo kuri uyu wa Gatandatu.

Abenshi mu bakinnyi ba Rayon Sports barabyumvise kuri uyu wa Kane bemera guhaguruka berekeza i Huye, gusa batandatu barangajwe imbere na Kapiteni Rwatubyaye Abdul bakomeza kwinangira.

Uyu myugariro umugambi wo kudakina uriya mukino yari awuhuriyeho n’abarimo Ndizeye Samuel, rutahizamu Willy Onana Leandre Essomba, myugariro Mitima Isaac, Ngendahimana Eric ndetse n’umunyezamu Hategekimana Bonheur.

Perezida Uwayezu yatangaje ko mu ijoro ryakeye aba bakinnyi nyuma yo kubona bagenzi babo babatabye mu nama na bo bahise berekeza i Huye aho bageze mu Gicuku.

Yavuze ko mbere yo guhaguruka bamumenyesheje ko bagiye, ndetse Kapiteni Rwatubyaye amusaba imbabazi.

Yagize ati: "Nimugoroba ni bwo bafashe icyemezo cyo guhaguruka bakagenda. Basabye n’imbabazi, baranyandikira bati ’ubu turagiye, ubu turi mu nzira, Perezida rwose tubabarire’. Nababwiye nti ’nimusange abandi ibindi tuzabireba’."

Uwayezu yavuze ko Kapiteni Rwatubyaye Abdul ari we wamwandikiye ubutumwa saa tanu na 47 asaba imbabazi.

Yunzemo ko kuri ubu umwuka wongeye kuba mwiza muri Rayon Sports; ndetse atanga isezerano ry’uko ku wa Mbere utaha abakinnyi bazabona umushahara wabo.

Izindi Nkuru Bijyanye


Ahashize ha Aline Sano hakomeje gutuma aba igitaramo-AMAFOTO
Ahashize ha Aline Sano hakomeje gutuma aba igitaramo-AMAFOTO
Urukundo ruvugwa hagati ya Harmonize na Laika rwatangiye kugaragarizwa mu bimenyetso
Urukundo ruvugwa hagati ya Harmonize na Laika rwatangiye kugaragarizwa mu bimenyetso
Miss Muheto yarusimbutse
Miss Muheto yarusimbutse

Izindi wasoma

Umuhanzi Rugar yise abagore bo muri Nigeria uburozi biteza impagarara

Ahashize ha Aline Sano hakomeje gutuma aba igitaramo-AMAFOTO

Urukundo ruvugwa hagati ya Harmonize na Laika rwatangiye kugaragarizwa mu bimenyetso

Miss Muheto yarusimbutse

Impamvu yazanye Sonia Rolland ’Miss France’ mu Rwanda yamenyekanye

BABOU Bénjamin
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.