• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
    Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
    Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi
    Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo
    Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Ambasaderi Gatete yatangaje ko ibihano byo gushimisha RDC ntacyo bizamara
    Mukuralinda yahishuye ko ubwo yahuraga na Lutundula, bateranye urwenya
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
    Rayon Sports mu ntambara na FERWAFA, Umujyi wa Kigali na Urid Technologies
    Ibihugu 3 bituranye n’u Rwanda byahawe kwakira CAN 2027
    Perezida wa Rayon Sports yemeje ko hari aba-Rayon bari kuyigambanira ngo izatsindwe na Al Hilal
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
SP Gahungu yihakanye Ndagijimana uvuga ko yakorewe iyicarubozo

ubutabera

SP Gahungu yihakanye Ndagijimana uvuga ko yakorewe iyicarubozo

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 13/09/2023 11:09

SP Gahungu Ephrem wabaye umuyobozi w’igororero rya Rubavu yihakanye Ndagijimana Emmanuel alias Peter uvuga ko yanze gutanga amakuru ku iyicarubozo yakorewe, agakuramo ubumuga buhoraho.

Tariki ya 13 Kanama 2023 ni bwo ku rubuga rwa YouTube hasohotse videwo ya Ndagijimana winjiye mu igororero rya Rubavu mu Gushyingo 2020 atakamba, asaba kurenganurwa. Yasobanuye ko SP Uwayezu Augustin wari umuyobozi wungirije w’igororero yaketse ko yaba afite amakuru ku itsinda ry’abo bafunganwe muri Burigade ya Polisi bakekwagaho umugambi wo gutoroka.

Ngo Uwayezu wari kumwe n’abandi bagororwa barimo uwitwa Byinshi, bafashe Ndagijimana, bamushyira muri ‘Yorodani’. Ati: “Yari afite inkoni y’isinga ry’umuriro yari ari gukubitisha abantu, inkoni barayinkubitisha, bafata intebe ya sheze, banshyiraho umutwe n’amaboko kugira ngo ntinyagambura. Yarankubise, arankubita, arankubita, arankubita.”

Ndagijimana yavuze ko yakubiswe, ikibuno kirasaduka, kandi ko kubera iri yicarubozo, igitsina cye kitagihaguruka. Mu bushinjacyaha, yatanze ubuhamya bw’uko SP Gahungu yamenye amakuru y’ibyabereye mu igororero yari ayoboye, ntatange amakuru.

Yagize ati: "Wenda Gahungu ibyo byose mbikorerwa nta wari uhari, sinzi ubutumwa yarimo bw’akazi ariko nyuma yaje kugaruka, ibyo byose arabimenya. Ntiyigeze agira icyo abikoraho, ahubwo yabaye uwa mbere mu kubihishira. Ndagerageza ibishoboka byose, mugeraho ’Ese wamfasha iki kugira ngo mbone ubutabera?’ Icyo gihe rwose nshuti bavandimwe amagambo yansubizaga ni agahomamunwa, sinabona uko mbivuga."

Ndagijimana Emmanuel wamenyekanye nka Peter

Mu rubanza ruherutse kubera mu rukiko rw’ibanze rwa Rubavu, SP Gahungu yavuze ko ibyo aregwa n’ubushinjacyaha birimo itekinika. Kuri Ndagijimana, uyu mucungagereza yavuze ko igihe uyu musore avuga ko yakubitiwe, yari mu mahugurwa y’amezi ane y’urwego rw’igihugu rushinzwe igorora, RCS.

SP Gahungu yagize ati: “Icya Ndagijimana Emmanuel ntabwo ngitindaho, cyane ko ntari mpari. Aza muri gereza njyewe nari ku ikosi, nari mu mahugurwa yamaze amezi ane. Uwo Ndagijimana na team ye binjiye mu kwezi kwa 11/2020 kandi njyewe nagiye ku ikosi mu kwezi kwa 10. Ibyo rero byo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome, njyewe ntabwo nari mpari. Icyo gihe cy’amezi ane, ntabwo nari kumenyekanisha ikintu ntari mpari. Ngaruka mu kwezi kwa 2/2021.”

SP Uwayezu na we ahakana gukorera Ndagijimana iyicarubozo, ahubwo agasobanura ko uyu musore utuye i Rubavu yageze mu igororero yararikorewe, agasobanura ko yarikorewe ubwo yari muri kasho ya Polisi, azira ubujura.

Ndagijimana yatawe muri yombi tariki ya 12 Kanama 2020, akekwaho ubufatanyacyaha mu cyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro.

Izindi Nkuru Bijyanye


Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n'inzara
Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Izindi wasoma

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Kutiteranya biri gutiza umurindi ihohoterwa rishingiye ku gitsina: RIB

Muhanga: Ushinjwa kwiba toni 10 za sima yavuze ko yabitewe n’inzara

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry'Intumwa Muhamadi
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
29/09/23 19:01
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
29/09/23 14:00
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
29/09/23 13:24
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
29/09/23 12:01
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Amakuru

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

Byibuze abantu 50 bishwe abandi barenga 50 barakomereka mu iturika ry’igisasu mu gihugu cya (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubukungu

Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko inyungu zisabwa abahabwa inguzanyo (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo

Mu ijambo yavugiye imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kuri uyu wa (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe

Inzego z’umutekano mu karere ka Muhanga ziri guhiga bukware insoresore zo mu gatsiko kazwi (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.