• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Ubuyobozi bwa Kamonyi bwagowe no gusobanura iby'inama yakorewe i Muhanga

Amakuru

Ubuyobozi bwa Kamonyi bwagowe no gusobanura iby’inama yakorewe i Muhanga

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 19/09/2023 09:49

Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bwagowe no gusobanura impamvu yatumye bujyana inama i Muhanga kandi byari bibujijwe n’ibwiriza ryatanzwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente.

Kuri uyu wa 18 Nzeri 2023 ni bwo ubuyobozi bw’aka karere bwitabye komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu, PAC, bwisobanura ku makosa yagaragaye mu nshingano zabwo mu mwaka w’ingengo y’imari ushize.

Depite Murara Jean Damascène yagize ati: “Ni ikibazo kiri kuri appendix aho mwagiye mukorera inama hanze y’imbago z’akarere ka Kamonyi, mukayikoresha nta burenganzira mufite. Mwabitewe n’iki?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka karere, Abiyingoma Gerard, yasobanuye ko ari ikosa bakoze. Ati: “Muri uriya mwaka w’ingengo y’imari ni koko hari ibaruwa yavuye mu biro bya Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe yasohotse mu gihe cya Covid hafi 2020, yagaragazaga ko inama zisabirwa uburenganzira. Hari ibyo rero tutubahirije bitewe n’ibikorwa byari bihari, dukorera inama hanze y’akarere.”

Abiyingoma yakomeje asobanura ko ari “ibikorwa byasabaga ko abakozi bafata umwanya uhagije. Igikorwa cya mbere cyari icyo guhuza abakozi mu rwego rw’imibereho myiza y’abaturage, hari hariho gahunda yuko abaturage bose bari muri gahunda yo kubafasha mu kwivana mu bukene, ya mafaranga bahawa buri kwezi, bagomba kujya bayahabwa kuri telefone. Twasabwaga igihe gihagije, kitari umunsi umwe wo gukoresha inama ku karere, dufata abakozi, tubajyana i Muhanga, bamarayo iminsi igera kuri 5 bahuza rwa rutonde.”

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yabajije Abiyingoma ati: “None se urumva umuyobozi wasabye ko mujya gukorera hanze y’akarere kanyu mubisabira uburenganzira mwaramwubashye? Murabuvuga muti amafaranga yari kuri budget ariko muravuze muti ‘Uwadusabye ko tujya dukorera inama mu karere kacu, igihe twaba tubona ko turi bukorera inama hanze y’akarere, tugasaba uburenganzira. Ariko twebwe dufite amafaranga, turigira i Muhanga.’ Ibi byagombaga gusaba ko mujya i Muhanga?”

Perezida w’inama njyanama y’akarere ka Kamonyi, Nyoni Emilien Lambert, yatanze igisubizo gihabanye n’icya Abiyingoma. Ati: “Iki kibazo turimo turagisubiza mu buryo buhabanye kuko ikibazo hano si icyo inama yagiye gukora, ikibazo ni aho inama yabereye. Muri Kamonyi dufite ikibazo cy’uko nta infrastructures zihari z’amahoteli zishobora kwakomodetinga abantu benshi. Kubera n’imiterere yahoo, ubigize ntiwabona umuntu uhaza.”

Nyoni yakomeje avuga ko habanje kuba impaka zatewe n’iyi nama. Ati: “Intambara rero twebwe muri njyanama twarwanye cyane hagati yacu n’abajyanama, bavuga ngo ‘Turashaka umwiherero’, bagendeye kuri ya system ya kera, aho wumvaga umuntu, kwiherera ari ukujya ku mazi cyangwa Karongi, ibintu nk’iyo.”

Perezida w’inama njyanama yaboneyeho gusaba imbabazi, ati: “Iyi nama rero yaduciye mu rihumye twebwe nk’abajyanama ntabwo twayimenye, ariko habaga argument yo kuvuga ngo abandi baragenda, tukavuga tuti ‘Ubwinshi bw’abanyamakosa ntabwo bukuraho ikosa’. Kugeza ubu rero, aho kuvuga icyakozwe muri iyo nama, ni ugusaba imbabazi z’uko inama yabereye aho itagomba kubera, nta burenganzira.”

Izindi Nkuru Bijyanye


FARDC Vs M23: Birashya bishyira indi mirwano karundura
FARDC Vs M23: Birashya bishyira indi mirwano karundura
Ngororero: Mizero wishyuriye umusore Kaminuza azi ko azamurongora araririra mu myotsi
Ngororero: Mizero wishyuriye umusore Kaminuza azi ko azamurongora araririra mu myotsi
U Burundi bwahakanye amakuru y'umwuka mubi uvugwa mu butegetsi
U Burundi bwahakanye amakuru y’umwuka mubi uvugwa mu butegetsi

Izindi wasoma

Sudani y’Epfo: Umushoferi w’Umunyakenya n’uw’Umurundi bishwe n’inyeshyamba

Hari uburyo butandukanye buri gukoreshwa ngo imanza zijye zihutishwa - Mutabazi

U Burundi bwahakanye amakuru y’umwuka mubi uvugwa mu butegetsi

Brig. Gen Chongo Vidigal arashima inkunga ya RDF mu kugarura umutekano muri Cabo Delgado

Impinduka ku ingengabihe y’amatora nko kubwa Kabila ntabwo byari ikintu kiza - Alexander De Croo

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.