
Umusore w’imyaka 23 y’amavuko, ukomoka mu Burundi, Nishishikare Jean de Dieu aravuga ko mu myaka 5 ishize yakoraga akazi ko gufasha abafundi kazwi nk’ikiyede i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, ubu akaba afite umutungo abarira mu gaciro ka miliyoni 7 z’amadolari ya Amerika.
Nishishikare uba muri Sweden, mu kiganiro yagiranye na Isimbi TV, yasobanuye ko yavuye mu Burundi, aza mu Rwanda, atura mu murenge wa Remera mu mwaka w’2016.
Mu gihe yari afite imyaka 18 y’amavuko, ngo yatangiye gukurikira urungano rwe rwakoraga ikiyede i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge, ariko kudakorera i Remera avuga ko yabiterwaga n’uko atashakaga ko abaturanyi be babimenya.
Aremeza ko ubuzima bwe i Kigali bwari bugoye ku buryo ari na we washakiraga barumuna be iby’ingenzi mu buzima, nk’imyambaro n’inkweto. Icyo gihe babanaga na nyina, kuko se yari yarasigaye mu Burundi.
Yagize ati: “N’ubwo nigaga, nta kindi cy’akazi nari kubona. Icyo gihe rero nabaye oblige yo kujya gusaba akazi k’ikiyede. Twari dutuye i Remera ariko kubera ko nari mfite bagenzi banjye i Nyamirambo kuri 40, bo bakoraga ako kazi, ntacyo byari bibatwaye. Ndibaza ‘Ko bandusha ubuzima’, ndabajoyininga, ngataha i Remera. Amwe mu mazi natanzemo imbaraga zanjye nifuza kuyasura vuba aha, nkareba uko bimeze kuko hari cyo byansigiye. Ibyo nabikoze ku myaka 18, mbikora hafi umwaka n’igice.”
Nishishikare yavuze ko yari asanzwe afite umuryango muri Sweden, umubaza icyo wamufasha cyamuhindurira ubuzima, na we kubera ko yari afite inzozi zo kuba ku mugabane w’u Burayi, awusaba ko wamushakira kaminuza yigisha amasomo ku buntu.
Ngo byarakunze, kaminuza ya Uppsala iramwakira, nyuma y’icyumweru kimwe abona akazi muri resitora mu mujyi wa Stockholm. Ati: “Akazi ka mbere nakoraga muri resitora, koza amasahani ariko ugakoresha imashini.” Icyo gihe ngo yahembwaga amafaranga angana n’amadolari 100 ku munsi, kubera kugakora neza, nyuma y’ukwezi, azamurwa ku madolari 13 ku isaha, akajya akora amasaha 18 cyangwa ku munsi. Ati: “Ntabwo naruhukaga. Amasaha 18 nayakoze imyaka 2.”
Ubwo icyorezo cya Covid-19 cyadukaga, yashinze ikigo gitanga serivisi yo koza amasahani mu buryo bw’umwuga, ayitangirana igishoro cy’amadolari ibihumbi 100, ahugura abantu, akajya aboherereza ibigo bitandukanye bibakeneye muri Sweden.
Abaze imitungo afite irimo imodoka 12 za Cadillac zitwara abagenzi bifite, Nishishikare avuga ko ubu ibarirwa mu gaciro ka miliyoni 7 z’amadolari (mu mafaranga y’u Rwanda miliyari 7). Aravuga ko ikigo yashinze gifite abakozi bagera kuri 600 bahembwa buri kwezi.
4 Ibitekerezo
mahingura jpaul Kuwa 04/07/23
Uwo muhungu mwaduhuza tukisabira kazi cg mukaduha contact ze
Subiza ⇾mahingura jpaul Kuwa 04/07/23
Contact zanjye:0783522314
Subiza ⇾nzayisenga joseph Kuwa 19/07/23
ntawakwishinga banewanyu bakumenera mo
Subiza ⇾Kuwa 20/09/23
Jean de Dieu Nishishikare, the one mentioned on your website as a succsessfull individual, gained his wealth by not paying his workers their salaries. He offered services such as cleaning and washing the dishes, he formed a fake company, called in African people to move in and work their asses for him and didn’t pay them a dime. He just took off and dissapeared, not paying anyone for july and august. All this African people are now stranded without any money for food, heat or rent. They worked as champions, but had a contract with this ultimate scammer and even though millions of euros were paid to Nishishikare, none of that is seen by the people that actually worked.
Subiza ⇾Tanga igitekerezo