{"id":10745,"date":"2018-06-25T13:07:29","date_gmt":"2018-06-25T13:07:29","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/06\/25\/igifaransa-ntaho-cyagiye-kiri-mu-ndimi-enye-zemewe-kirigishwa-mu-mashuri-amb\/"},"modified":"2025-02-12T14:15:18","modified_gmt":"2025-02-12T12:15:18","slug":"igifaransa-ntaho-cyagiye-kiri-mu-ndimi-enye-zemewe-kirigishwa-mu-mashuri-amb","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745","title":{"rendered":"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Itorwa ry\u2019umunyarwandakazi, Mushikiwabo Louise ku bunyamabanga bwa OIF si iryo gushidikanywaho, cyane ko ashyigikiwe na Perezida w\u2019u Bufaransa Macron na Perezida Kagame uyoboye Umuryango w\u2019Ubumwe bwa Afurika ubu. <\/em> <\/strong> <\/p>\n<p>Mu kiganiro n\u2019abanyamakuru cyo ku wa Gatanu tariki 22 Kamena, abanyamakuru babajije Amb.Nduhungirehe niba Mushikiwabo atazagorwa no kubona amajwi, cyane ko mu Rwanda Igifaransa bagikenetse. Nyamara Nduhungirehe we asanga gihari kiganje.<\/p>\n<p> <strong>Umunyamakuru<\/strong>  (wa Bwiza.com): Nyakubahwa Minisitiri, ese ko Madamu Mushikiwabo ahatanira kuyobora umuryango mpuzamahanga w\u2019ibihugu bikoresha ururimi rw\u2019Igifaransa(OIF) kandi akomoka mu gihugu giha agaciro gake uru rurimi. Mu butegetsi, mu burezi no mu itangazamakuru, aho usanga kitagikoreshwa nk\u2019ururimi rwigishwamo, ndetse no mu itangazamakuru rya Leta rukaba rutagikoreshwa. Ndabaza nti, ibi biraborohera kumvisha abazamutora mu gihe aba ashaka amajwi mu bihugu birukoresha? Hanyuma se, we umunsi yabaye umuyobozi wa OIF ateganya guhindura ibintu, igifaransa kigasubirana agaciro cyahoranye mu Rwanda?<\/p>\n<p> <strong>Min. Nduhungirehe:<\/strong>  Sinemeranya nawe, ururimi rw\u2019Igifaransa rufite agaciro mu Rwanda, ruri mu itegeko nshinga, kandi ni rumwe mu ndimi enye zemewe mu gihugu. Kuri Televisiyo nyarwanda hacaho amakuru y\u2019Igifaransa, kandi mu mashuri kirigishwa. U Rwanda ni umunyamuryango wa OIF kuva ishingwa mu 1970, Mushikiwabo azayiteza imbere, kandi afashe kuzahura umubano w\u2019u Rwanda n\u2019Ubufaransa. Azaharanira ko urubyiruko rw\u2019u Rwanda ruvuga indimi zombi (Icyongereza n\u2019Igifaransa), nibinashoboka rukoreshe izirenze izo. Birumvikana ko hari byinshi bizahinduka.<\/p>\n<p> <strong>Uko igifaransa gihagaze mu buzima bw\u2019Abanyarwanda<\/strong> <\/p>\n<p>Mu burezi, kuva mu 2009, igifaransa cyaretse kuba ururimi rwigishwamo kiba isomo ryigishwa nk\u2019ayandi; kibererekera Icyongereza. Hajyaho gahunda zihoraho zo kwigisha abarimu Icyongereza, ngo babashe kugitangamo amasomo bari basanzwe batanga mu Gifaransa.<\/p>\n<p>Ibi byaviriyemo bamwe mu barimu bananiwe gukoresha Icyongereza gutakaza imirimo, ndetse ireme batangaga amasomo riragabanuka, nk\u2019uko umwe mu banyekongo bigisha imibare mu karere ka Rwamagana abivuga yitotomba. Agira ati, \u201cJye mfite ubumenyi, ariko ururimi ni ikibazo. Nari menyereye kwigisha mu rurimi nzi neza, abanyeshuri bakumva; ariko kubera ko ubu nkoresha Icyongereza, mba meze nk\u2019umwana w\u2019igitambambuga wiga kuvuga, bityo abanyeshuri sintambutse neza ibyo nateganije kugeza ku banyeshuri\u201d.<\/p>\n<p>Benshi mu banyekongo n\u2019abarundi bigishaga mu Rwanda beretswe imipaka, haza abanyakenya n\u2019abagande mu burezi bw\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Mu mashuri abanza n\u2019ayisumbuye, isomo ry\u2019igifaransa rihera mu mwaka wa kane w\u2019abanza, rikagira amasaha atarenze abiri; mu gihe Icyongereza kiba gifite agera kuri atandatu.<\/p>\n<p>Si mu mashuri abanza n\u2019ayisumbuye gusa, kuko no muri Kaminuza abarimu bamaze iminsi babogoza, ubwo byavugwaga ko bagiye kujya bakoreshwa ikizamini cy\u2019Icyongereza kugira ngo babashe gukomeza kwigisha. Gusa ibi byaje kuvuguruzwa na Minisitiri w\u2019uburezi, ariko nabyo biri mu bituma ireme ry\u2019uburezi rikemengwa, kuko hari abarimu badatanga ubumenyi mu rurimi bumva kurusha urundi.<\/p>\n<p>Cyakora mu mashuri yigenga, haracyari ayakomeje gahunda yo gutwara izo ndimi zombi, ariko nayo yigamo abana b\u2019abifite gusa.<\/p>\n<p>Mu butegetsi, ahenshi ibizamini by\u2019akazi bitangwa mu rurimi rw\u2019Icyongereza, bityo abazi Igifaransa gusa ntibagire amahirwe angana n\u2019ay\u2019abakoresha Icyongereza. Umwe mu barangije muri Kaminuza yigenga, mu ishami ry\u2019amategeko, amaze gutsindwa ibizamini by\u2019akazi incuro eshatu. Mu kwijujuta kwe, avuga ko aba atumva neza ibyo bamubaza kuko atazi Icyongereza.<\/p>\n<p>Ugeze mu kazi nawe, amaraporo menshi akorwa mu Cyongereza, amabwiriza ni uko, amatangazo n\u2019ibirango, ku buryo bitorohera utakizi gukora akazi neza ngo agere ku ntego.<\/p>\n<p>Ahatangirwa Serivisi naho, niko usanga ibyapa byanditse mu Cyongereza, haba kwa muganga, mu mabanki, mu bigo bya Leta mu mihanda n\u2019ahandi.<\/p>\n<p>Mu itangazamakuru, umwera waturutse ibukuru. Kuri Radio Rwanda nta makuru mu Gifaransa anyuraho, ibiganiro byo mu gifaransa ntabyo. Agahomamunwa ni uko ni ibifite inyito mu Gifaransa nka \u201cSamedi dettente\u201d yahoze ikorwa mu Gifaransa ubu inyuraho mu Kinyarwanda.<\/p>\n<p>Abasomaga Ikinyamakuru La Nouvelle Releve baheruka inzira mu cyi, kuko kimaze umwaka urenga kidakora.<\/p>\n<p>Mu binyamakuru byigenga byandika naho haracyari duke dutaguza, ariko ku maradiyo yigenga naho kumvaho Igifaransa biri kure nk\u2019ukwezi.<\/p>\n<p>Uko biri kose, haracyari icyizere ko Igifaransa kizongera kugira agaciro, u Rwanda rukazaba mu bihugu bikoresha izi ndimi zombi; ari nacyo benshi mu bagikoresha I bategereje ku ntsinzi ya Mushikiwabo, mu bunyamabanga bukuru bwa OIF. Amatora ateganijwe ku mariki ya 11 na 12 UKwakira uyu mwaka I Erevan muri Arm\u00e9nie, inkubiri yo gushaka amajwi nayo irarimbanije.<\/p>\n<p> <strong>Karegeya J.Baptiste\/ Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Itorwa ry\u2019umunyarwandakazi, Mushikiwabo Louise ku bunyamabanga bwa OIF si iryo gushidikanywaho, cyane ko ashyigikiwe na Perezida w\u2019u Bufaransa Macron na Perezida Kagame uyoboye Umuryango w\u2019Ubumwe bwa Afurika ubu. Mu kiganiro n\u2019abanyamakuru cyo ku wa Gatanu tariki 22 Kamena, abanyamakuru babajije Amb.Nduhungirehe niba Mushikiwabo atazagorwa no kubona amajwi, cyane ko mu Rwanda Igifaransa bagikenetse. Nyamara Nduhungirehe [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-10745","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Itorwa ry\u2019umunyarwandakazi, Mushikiwabo Louise ku bunyamabanga bwa OIF si iryo gushidikanywaho, cyane ko ashyigikiwe na Perezida w\u2019u Bufaransa Macron na Perezida Kagame uyoboye Umuryango w\u2019Ubumwe bwa Afurika ubu. Mu kiganiro n\u2019abanyamakuru cyo ku wa Gatanu tariki 22 Kamena, abanyamakuru babajije Amb.Nduhungirehe niba Mushikiwabo atazagorwa no kubona amajwi, cyane ko mu Rwanda Igifaransa bagikenetse. Nyamara Nduhungirehe [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-06-25T13:07:29+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T12:15:18+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe\",\"datePublished\":\"2018-06-25T13:07:29+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T12:15:18+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745\"},\"wordCount\":694,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745\",\"name\":\"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2018-06-25T13:07:29+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T12:15:18+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=10745#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe - BWIZA","og_description":"Itorwa ry\u2019umunyarwandakazi, Mushikiwabo Louise ku bunyamabanga bwa OIF si iryo gushidikanywaho, cyane ko ashyigikiwe na Perezida w\u2019u Bufaransa Macron na Perezida Kagame uyoboye Umuryango w\u2019Ubumwe bwa Afurika ubu. Mu kiganiro n\u2019abanyamakuru cyo ku wa Gatanu tariki 22 Kamena, abanyamakuru babajije Amb.Nduhungirehe niba Mushikiwabo atazagorwa no kubona amajwi, cyane ko mu Rwanda Igifaransa bagikenetse. Nyamara Nduhungirehe [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-06-25T13:07:29+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T12:15:18+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe","datePublished":"2018-06-25T13:07:29+00:00","dateModified":"2025-02-12T12:15:18+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745"},"wordCount":694,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=10745#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745","name":"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2018-06-25T13:07:29+00:00","dateModified":"2025-02-12T12:15:18+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=10745"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=10745#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/10745","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=10745"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/10745\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=10745"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=10745"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=10745"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}