{"id":1088,"date":"2016-03-12T09:20:23","date_gmt":"2016-03-12T09:20:23","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2016\/03\/12\/uburyo-kurongora-no-kurongorwa-byakorwaga-mu-rwanda-rwo-hambere\/"},"modified":"2016-03-12T09:20:23","modified_gmt":"2016-03-12T09:20:23","slug":"uburyo-kurongora-no-kurongorwa-byakorwaga-mu-rwanda-rwo-hambere","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088","title":{"rendered":"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere"},"content":{"rendered":"<p>Umugeni n\u2019abakwe iyo bamaze kwinjira mu nzu, umuhungu urongora, araza akambika umukobwa umwishywa mu ijosi, akavuga ati: &#8220;Ndakurongoye, ndi N&#8230;&#8221; Umugeni akawikuramo akawujugunya hasi, abari aho bakawutora, bakawushyira ababyeyi b\u2019umugeni. Umuhungu akongera akabunda intama y\u2019 amata akayamucira. Utayafite akamucira inzoga ivanze n\u2019umubazi, ngo azabyare atunge. Ngo ni ko Ryangombe yabigenjeje.<br \/>\nNuko bose bamara kwicara, abakwe bagahabwa inzoga. Uwa mbere agasoma agacira, undi ni uko, undi ni uko. Abakwe bakabazanira indi, akaba ari yo banywa. Ni ko abakwe babigenza, ntabwo banywa inzoga ya mbere. Abakobwa ntibanywa batabagaburiye. Abakobwa b\u2019abasangwa bakabyina bagira ngo babumbure abashyitsi. Abashyitsi bamara gushira impumu, na bo bakabyina ijoro ryose.<br \/>\nIgihe cyo kurongora iyo kigeze, umukwe ajyana na muramu we afite inkongoro y\u2019isugi, irimo amata y\u2019inka y\u2019isugi (itarapfushije), n\u2019imbuto z\u2019imibazi, bakavanga n\u2019ayo mata. Nuko bagera aho umugeni ari, umuhungu agasoma ku mata, agafata umwishywa mu ntoki, agacira umugeni mu mutwe, akamwambika n\u2019umwishywa mu mutwe cyangwa mu ijosi, akivuga ati: &#8220;Ndakurongoye, ndi inkuba ya N&#8230;&#8221; Bakavuza impundu. Umugeni akarira. Abakobwa bakabyina cyane, ngo hatagira uwumva umugeni arira. Sebukwe akaza akamuhoza cyangwa umugabo we akamuha inka, ikindi kintu, inigi cyangwa umuringa.<br \/>\nUbwo bikaba bibaye gatatu baha umugeni inka cyangwa ikindi kintu. Hari inka yo mu irembo, iyo kumukura ku bibero n\u2019iyo kumuhoza amaze guterwa umwishywa.<br \/>\nUmukobwa aba yicaye mu Kinyaga ari ho mu mbere hamwe n\u2019abandi bakobwa, bakazimya umuriro, abandi bakobwa bakigirayo. Nuko umugore waje gushyingira akerekana umutwe w\u2019urongorwa. Umuhungu akamujugunya umwishywa ku mutwe, akamuciraho n\u2019imbazi, akivuga ati: &#8220;Rira ndakurongoye inkuba ya N&#8230;&#8221; Umukobwa akarira, abakobwa bakavuza impundu, bakabyina cyane ngo hatagira uwumva umugeni arira. Byarangira hashize umwanya umugabo we akaza kumuhoza, ati: &#8220;Hora nguhaye inka ya Sebinaga n\u2019ibisabo byayo bibiri &#8220;. Umukobwa yaba yanze guhora, bakabwira sebukwe agatanga ikintu cyo kumuhoza.<br \/>\nAhandi, kurongora kwaho, ni ukuzana agacuma karimo inzoga, umukobwa agasomaho, nuko umuhungu akayimara, impundu zikavuga, ngo ararongoye.<br \/>\nAho amata atari, barongoza amarwa. Haba n\u2019abarongoza igikangaga; kuko na cyo ari gikuru mu Rwanda.<br \/>\nUrongora iyo ajya kwambika umugeni umwishywa ubwo urongorwa aba ari mu bandi bakobwa benshi bamupfukiriye haza umugore mukuru uvangura urongorwa mu bandi, kugira ngo umuhungu ataza kurongora utari uwo yagenewe. Ntihaba habona, kandi kirazira kumurika umugeni. Uwo mugore aba ari mushiki w\u2019urongora, ni na we ugenewe guha musaza we impundu mbere y\u2019abandi. Uwo mugore afata ku mutwe w\u2019umukobwa; nuko akamwambika umwishywa akamucira mu mutwe ati: &#8220;Rira ndakurongoye, ndi inkuba ya Rwandekwe, ndi Nkubito ya ruhamya ruhanika mu nkuba, ndi uwo bikanga mu rukubo, nkomeretsa urugamba ntirugende mwanga w\u2019inkuba nkubitana ijabo &#8220;.<br \/>\nIyo avuze ati: &#8220;Rira ndakurongoye, atangiye kwivuga, bashiki be bavuza impundu n\u2019abandi bakobwa bose bati: &#8220;Ahiii icyo gihe umugeni akarira&#8221;; abakobwa bakavuza impundu, bakabyina imbyino zimuhoza batera hejuru cyane, kugira ngo hatagira uwumva ijwi ry\u2019umugeni urira.<br \/>\nAbajya kurongora bagira vuba, ijoro ritarakomera, kugira ngo barongore impyisi itarahuma. Iyo impyisi ihumye batararongora, ntibaba<br \/>\nbakirongoye ngo ubwo iba ibakunguriye. Bareka kurongora bikongera kuragurizwa, bakazaba barongora ubundi. Kuko impyisi ngo iba yabasuriye ko umwe muri bo azapfa, abasigaye bagasigara bahuma barira.<br \/>\nUmukobwa urongowe yaragumiwe, umurongora, mbere yo kumushyiramo umwishywa no kumucira imbazi, abanza kumugera ishoka ku mutwe, kugira ngo adakenyuka. Amara kuyimugera, umugabo akabona kumucira imbazi no kumushyiramo umwishywa.<br \/>\nUmukobwa wagumiwe, iyo bashaka ko atazakenya umugabo, bamuha igiti cyitwa&#8221; mukuru &#8220;, n\u2019akamaramahano. (mukuru ikuraho amahano) Bamuha n\u2019isubyo n\u2019inganzo, agacira no muri mugore, mugabo akayinyaramo, bakabijyana mu mayirabiri, ngo abagenzi baharenga, bajyane ayo mahano. Ibyo byose bigatuma uwo mukobwa adakenya umugabo umurongoye. Koko uwo mugabo aba yemeye kuba impangazi, agahangamura uwo abandi batahangaye baramutinye.<br \/>\nUmugore w\u2019umusumbakazi iyo ajya gutaha mu nzu, agera ku gikingi cy\u2019irembo akakivunaho agati, maze akagaruka akagashyira nyina akakamuhereza, nyina ati:&#8221; Uragende wubake, urugo rwawe ruzafate nk\u2019icyo gikingi cy\u2019irembo uvunnyeho ako gati &#8220;. Nuko bakamucyurira umugabo we. Nyirabukwe iyo amubonye, aravuga ati:&#8221; Uranzire neza, uranzire nk\u2019aba mbere &#8220;. Yamara kwicara nyirabukwe akazana amata yuzuye inkongoro agahereza umukazana, avuga ati:&#8221; Nguhaye amata yuzuye, na we uzanyuzurize nk\u2019uko nanjye nkujurije uku nguku &#8220;. Yaba adafite amata, akamuha inzoga y\u2019amarwa yuzuye agacuma, amubwira kwa kundi ngo aramwujurije, ngo na we azamwuzurize amata meza mu Rwanda nk\u2019uko na we yayamuhaye. Urwagwa rurazira, rwitwa inshike.<br \/>\n <em>Byanditswe na Mgr Aloys Bigirumwami.<\/em><br \/>\n <strong> <em><b><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/b><\/em> <\/strong><br \/>\n <em>Leki@bwiza.com<\/em> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umugeni n\u2019abakwe iyo bamaze kwinjira mu nzu, umuhungu urongora, araza akambika umukobwa umwishywa mu ijosi, akavuga ati: &#8220;Ndakurongoye, ndi N&#8230;&#8221; Umugeni akawikuramo akawujugunya hasi, abari aho bakawutora, bakawushyira ababyeyi b\u2019umugeni. Umuhungu akongera akabunda intama y\u2019 amata akayamucira. Utayafite akamucira inzoga ivanze n\u2019umubazi, ngo azabyare atunge. Ngo ni ko Ryangombe yabigenjeje. Nuko bose bamara kwicara, abakwe [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[24],"tags":[],"class_list":["post-1088","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-ubukwe"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umugeni n\u2019abakwe iyo bamaze kwinjira mu nzu, umuhungu urongora, araza akambika umukobwa umwishywa mu ijosi, akavuga ati: &#8220;Ndakurongoye, ndi N&#8230;&#8221; Umugeni akawikuramo akawujugunya hasi, abari aho bakawutora, bakawushyira ababyeyi b\u2019umugeni. Umuhungu akongera akabunda intama y\u2019 amata akayamucira. Utayafite akamucira inzoga ivanze n\u2019umubazi, ngo azabyare atunge. Ngo ni ko Ryangombe yabigenjeje. Nuko bose bamara kwicara, abakwe [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-03-12T09:20:23+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere\",\"datePublished\":\"2016-03-12T09:20:23+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088\"},\"wordCount\":722,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"ubukwe\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088\",\"name\":\"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2016-03-12T09:20:23+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=1088#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere - BWIZA","og_description":"Umugeni n\u2019abakwe iyo bamaze kwinjira mu nzu, umuhungu urongora, araza akambika umukobwa umwishywa mu ijosi, akavuga ati: &#8220;Ndakurongoye, ndi N&#8230;&#8221; Umugeni akawikuramo akawujugunya hasi, abari aho bakawutora, bakawushyira ababyeyi b\u2019umugeni. Umuhungu akongera akabunda intama y\u2019 amata akayamucira. Utayafite akamucira inzoga ivanze n\u2019umubazi, ngo azabyare atunge. Ngo ni ko Ryangombe yabigenjeje. Nuko bose bamara kwicara, abakwe [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2016-03-12T09:20:23+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere","datePublished":"2016-03-12T09:20:23+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088"},"wordCount":722,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["ubukwe"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=1088#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088","name":"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2016-03-12T09:20:23+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=1088"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=1088#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uburyo kurongora no kurongorwa byakorwaga mu Rwanda rwo hambere"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1088","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1088"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1088\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1088"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1088"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1088"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}