{"id":11387,"date":"2018-08-20T09:12:46","date_gmt":"2018-08-20T09:12:46","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/08\/20\/byinshi-wamenya-ku-buzima-buhenze-gen-kayihura-abayemo-butapfa-kubona-imfungwa\/"},"modified":"2025-02-12T14:04:34","modified_gmt":"2025-02-12T12:04:34","slug":"byinshi-wamenya-ku-buzima-buhenze-gen-kayihura-abayemo-butapfa-kubona-imfungwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387","title":{"rendered":"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Gen Kale Kayihura amaze amezi asaga abiri afungiye ibyaha bitaramenyekana, ubuzima uyu mujenerali abayemo aho afungiye ngo bukaba buhenze cyane ku buryo imfungwa zibufungwamo ari ntazo mu gihugu cya Uganda.<\/em> <\/strong> <\/p>\n<p>Aho Gen Kayihura afungiye, muri gereza ya gisirikare ya Makindye, ngo ni mu nzu ifite ibyumba bibiri, ikaba inafite koridoli abasha gutemberamo uko ashaka, abasha kureba televiziyo, asoma ibitabo, ahabwa akanya ko kota akazuba, arya ibiryo byavuye iwe mu rugo gusa, akambara imyenda yameshwe ikanaterwa ipasi n\u2019ab\u2019iwe, akora siporo arinzwe n\u2019abasirikare,\u2026<\/p>\n<p>Itohoza ryakozwe n\u2019ikinyamakuru DailyNation, rigaragaza ko Gen Kayihura afungiye mu nzu y\u2019ibyumba bibiri ifite na kolidori, ni inzu iri mu kigo cya gisirikare cya Makindye, iyo nzu ngo ikaba yari isanzwe ibamo ibiro by\u2019abayobozi mu gisirikare.<\/p>\n<p>Abantu babashije kugera kuri Kayihura batangarije iki kinyamakuru uko akoresha amasaha ye kuva mu gitondo kugera nijoro.<\/p>\n<p>Gen Kayihura ngo abyuka saa kumi n\u2019imwe z\u2019igitondo (05:00) nkuko ngo byari bisanzwe akiri umuyobozi wa polisi, umwanya yamazeho imyaka 12. Iyo abyutse ngo akora siporo yo kwiruka, arinzwe n\u2019imbaga y\u2019abasirikare bamwiruka imbere n\u2019inyuma bamurinze.<\/p>\n<p>Mu gukomeza kubaka umubiri we, mu cyumba kimwe muri bibiri bigize inzu afungiyemo, harimo igare rinyongerwa aho riri (stationary bike), ngo niryo akoreraho siporo.<\/p>\n<p><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-111713 \" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/igare.jpg\" alt=\"\" width=\"709\" height=\"741\" \/><\/p>\n<p>Mu rwego rwo kubungabunga umutekano we, hirindwa ko hari icyo Kayihura yaba cyangwa yatoroka, ngo abasirikare bahora basimburanwa ku burinzi, amasaha yagera bamwe bakajya kuruhuka, hakaza abandi bakomeza kuzenguruka ubusitani n\u2019iruhande rw\u2019iyo nzu.<\/p>\n<p> <strong>Amasaha yo gufata amafunguro:<\/strong> <\/p>\n<p>Iki kinyamakuru gitangaza ko inshuro nyinshi, Gen Kayihura azanirwa amafunguro n\u2019umukobwa we, Tesi \u00a0wahoze akorana n\u2019agashami ka Loni mu Rwanda, akamushyikiriza amafunguro ahagarikiwe n\u2019abasirikare bamurinze.<\/p>\n<p>Aya mafunguro Kayihura arya, ngo aba yateguriwe iwe mu rugo i Muyenga mu Mujyi wa Kampala, n\u2019abo mu muryango we, ku buryo ngo aba yizewe 100% ko nta bihumanya byashyirwamo.<\/p>\n<p>Gen Kayihura ngo aba anafite uburenganzira bwo kugera hanze akanya gato.<\/p>\n<p>Ku kijyanye n\u2019imyambaro, ngo abo mu muryango we nibo bamuzanira imyenda imeshe inateye ipasi, uko bayizana ni nako bahita bajyana indi yanduye bakajya kuyitunganyiriza imuhira.<\/p>\n<p> <strong>Kumenya amakuru no gusoma ibitabo:<\/strong> <\/p>\n<p>Iki kinyamakuru Dailynation, amakuru cyahawe n\u2019abagera kuri Kayihura, ni uko amasaha menshi aba arimo gusoma ibitabo bitandukanye, aho akunze kuba yicaye muri kolidori y\u2019inzu afungiyemo, ngo aba afite igitabo mu ntoki, asoma. Abamusuura bavuga ko mu bitabo afite, harimo na bibiliya.<\/p>\n<p>Izina rya kimwe mu bitabo akunda gusoma \u201c <em> <strong>The Choice: Embrace the Possible<\/strong> \u201d <\/em> cyanditswe na Dr Edith Eva Eger. Iki gitabo kivuga ku mateka y\u2019Abayahudi, n\u2019uburyo bagiye barokokera mu nkambi z\u2019Abayahudi z\u2019i Auschwitz muri Pologne.<\/p>\n<p>Ikindi gitabo ngo Kayihura akunda gusoma, ni ikitwa \u201c <em> <strong>The Silk Roads: A new History of the World<\/strong> <\/em> &#8220;cyanditswe na Peter Frankopan, kivuga ku mateka y\u2019imihanda yacishwagamo ibicuruzwa, abantu n&#8217;ibindi uko iyobokama yagiye ikwirakwizwa.<\/p>\n<p>Ikindi ni \u201c <em> <strong>Capital in the Twenty-First Century<\/strong> <\/em> \u201d cyanditswe na \u00a0Thomas Piketty, kigaruka cyane ku mpaka zishingiye ku busumbane (\u00a0inequality). \u00a0Aho iki gitabo gisobanura neza ko ahari ubusumbane, aba ari ikimenyetso cya sisiteme ya Gikapitalisiti (capitalism) aho na Demokarasi iba idashinze umuzi.<\/p>\n<p>Ibindi ngo ni ibitabo bigaruka kuri politiki za Fideli Castro muri Afurika, kuva mu mwaka wa 1959 ubwo yari Minisitiri w\u2019Intebe, kugera mu 1976 ubwo yabaga Perezida wa Cuba.<\/p>\n<p> <strong>Kureba Televiziyo:<\/strong> <\/p>\n<p>Gen Kayihura ngo afite Televiziyo areberaho amakuru mu masaha y\u2019ijoro, akareba imikino y\u2019umupira w\u2019amaguru ariko ntagaragaza amarangamutima ngo hamenyekane ikipe afana mu zihatanira shampiyona yo mu Bwongereza \u2018English Premier League\u2019.<\/p>\n<p>Iyo Kayihura ngo ashaka kugira uwo bavugana kuri telefoni arabisaba, yabyemererwa agahabwa telefoni bakavugana, abasirikare bakamuva iruhande bakamucungira kure kugira ngo batumva ibyo baganira.<\/p>\n<p> <strong>Gusurwa:<\/strong> <\/p>\n<p>Uburyo Kayihura afunzwemo bwabereye benshi amayobera, kuko itegeko rya Uganda rivuga ko nta muntu ugomba kurenza amasaha 48 ari mu maboko y\u2019inzego z\u2019umutekano, ataragezwa mu rukiko, ariko Kayihura amaze amezi abiri n\u2019icyumweru kimwe ataragezwa mu rukiko.<\/p>\n<p>Abunganira Kayihura mu by\u2019amategeko n\u2019ubwo nawe ari we, hamwe n\u2019abaganga bashinzwe gukurikirana ubuzima bwe, nibo bantu bemerewe kumugeraho umunsi ku wundi.<\/p>\n<p>Naho abandi bantu ngo bifuza kumusuura, barabisaba bagahabwa akanya ko kumugeraho iminsi ibiri mu cyumweru, ku wa Kabiri no ku wa Gatanu.<\/p>\n<p><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-111707 size-full\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/Kayihura2.jpg\" alt=\"\" width=\"750\" height=\"430\" \/><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-111707 size-full\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/Kayihura2.jpg\" alt=\"\" width=\"750\" height=\"430\" \/><\/p>\n<p>Ku wa 13 Kamena 2018, nibwo Gen Kayihura yafashwe ajyanwa mu Kigo cya gisirikare cya Makindye, uyu mugabo w\u2019imyaka 62 y\u2019amavuko, yahoze ari umuyobozi w\u2019igipolisi cya Uganda, muri Werurwe uyu mwaka nibwo Perezida Museveni yamuvanye kuri uyu mwanya amusimbuza Okoth Ochola.<\/p>\n<p>Ku buyobozi bwe, hagiye habaho ubwicanyi bwakorewe abayobozi mu nzego zitandukanye barimo AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi wa polisi n\u2019abandi.<\/p>\n<p>Gen Kayihura ni umutoni kuri Perezida Museveni imyaka myinshi, by\u2019umwihariko ni umusirikare ukomeye mu gisirikare cya Uganda, ari nayo mpamvu ngo atari umuntu wo guhubukirwa, abashinzwe gukurikirana ibyaha ashinjwa bakaba batangaza ko ibirego bye atari ibyo gubuhukirwa bisaba igihe cy\u2019iperereza gihagije.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Gen Kale Kayihura amaze amezi asaga abiri afungiye ibyaha bitaramenyekana, ubuzima uyu mujenerali abayemo aho afungiye ngo bukaba buhenze cyane ku buryo imfungwa zibufungwamo ari ntazo mu gihugu cya Uganda. Aho Gen Kayihura afungiye, muri gereza ya gisirikare ya Makindye, ngo ni mu nzu ifite ibyumba bibiri, ikaba inafite koridoli abasha gutemberamo uko ashaka, abasha [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-11387","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Gen Kale Kayihura amaze amezi asaga abiri afungiye ibyaha bitaramenyekana, ubuzima uyu mujenerali abayemo aho afungiye ngo bukaba buhenze cyane ku buryo imfungwa zibufungwamo ari ntazo mu gihugu cya Uganda. Aho Gen Kayihura afungiye, muri gereza ya gisirikare ya Makindye, ngo ni mu nzu ifite ibyumba bibiri, ikaba inafite koridoli abasha gutemberamo uko ashaka, abasha [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-08-20T09:12:46+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T12:04:34+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/igare.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose\",\"datePublished\":\"2018-08-20T09:12:46+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T12:04:34+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387\"},\"wordCount\":788,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/08\\\/igare.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387\",\"name\":\"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/08\\\/igare.jpg\",\"datePublished\":\"2018-08-20T09:12:46+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T12:04:34+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11387#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose - BWIZA","og_description":"Gen Kale Kayihura amaze amezi asaga abiri afungiye ibyaha bitaramenyekana, ubuzima uyu mujenerali abayemo aho afungiye ngo bukaba buhenze cyane ku buryo imfungwa zibufungwamo ari ntazo mu gihugu cya Uganda. Aho Gen Kayihura afungiye, muri gereza ya gisirikare ya Makindye, ngo ni mu nzu ifite ibyumba bibiri, ikaba inafite koridoli abasha gutemberamo uko ashaka, abasha [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-08-20T09:12:46+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T12:04:34+00:00","og_image":[{"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/igare.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose","datePublished":"2018-08-20T09:12:46+00:00","dateModified":"2025-02-12T12:04:34+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387"},"wordCount":788,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/igare.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387","name":"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/igare.jpg","datePublished":"2018-08-20T09:12:46+00:00","dateModified":"2025-02-12T12:04:34+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=11387"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#primaryimage","url":"","contentUrl":""},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11387#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Byinshi wamenya ku buzima buhenze Gen Kayihura abayemo butapfa kubona imfungwa ibonetse yose"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/11387","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=11387"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/11387\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=11387"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=11387"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=11387"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}