{"id":11509,"date":"2018-08-29T14:06:15","date_gmt":"2018-08-29T14:06:15","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/08\/29\/ubuhamya-bw-umugore-wabonye-neza-uburyo-umushoferi-wa-bobi-wine-yarashwe-n\/"},"modified":"2025-02-12T14:00:38","modified_gmt":"2025-02-12T12:00:38","slug":"ubuhamya-bw-umugore-wabonye-neza-uburyo-umushoferi-wa-bobi-wine-yarashwe-n","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509","title":{"rendered":"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Umugore urimo kuvurirwa mu ivuriro ryo muri Uganda birinze gutangaza amazina, yatanze ubuhamya bw\u2019urupfu rwa Yasin Kawuma \u00a0wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ariko akaba afite impungenge z\u2019umutekano we.<\/em> <\/strong>  <em>\u00a0<\/em> <\/p>\n<p>Kubera umutekano w\u2019ubuzima bwe, uyu mugore yasabye ikinyamakuru Monitor kudatangaza amazina ye, aho arwariye n\u2019ikindi cyose abona cyatuma hamenyekana ko ari we watanze ayo makuru.<\/p>\n<p>Avuga ko yari mu modoka uyu mushoferi yari atwaye ubwo yicwaga ku wa 13 Kanama 2018, umunsi wa nyuma wo kwiyamamariza umwanya w\u2019ubudepite bw\u2019uwagombaga guhagararira agace ka Arua mu Nteko Nshingamategeko ya Uganda ari nabwo habaga imyigaragambyo yahitanye ubuzima bwe.<\/p>\n<p>Uyu mugore uri mu kigero cy\u2019imyaka 20 y\u2019amavuko, avuga ko yari yicaye mu mwanya w\u2019inyuma ya shoferi, ndetse ko ubwo yaraswaga atari atwaye iyi modoka ya Bobi Wine ifite ibirango UAT 416K.<\/p>\n<p>Bitandukanye n\u2019amakuru yatangajwe n\u2019inzego z\u2019umutekano, uyu mugore ahamya ko Kawuma \u00a0atari we wari watwaye iyi modoka ya Bobi Wine, ahubwo ko yari itwawe n\u2019undi mushoferi atatangaje amazina, ndetse ko ubwo mugenzi we yaraswaga we[Uwo mushoferi] yari yinjiye muri Pacific Hotel iri muri ako gace ka Arua agiye kuzana telefoni ya sebuja, agenda n\u2019ibintu bye yari yagendanye.<\/p>\n<p>Yagize ati \u00ab\u00a0Nari nicaye ku ntebe y\u2019inyuma ya shoferi, Kawuma yari yicaranye na shoferi imbere, uwari utwaye imodoka yari asohotse \u00a0agiye gufata telefoni n\u2019ibindi bintu bya Bobi Wine cyangwa se abandi bantu.<\/p>\n<p>Hari icyo nerekaga \u00a0Yasin [Kawuma] muri telefoni ubwo iryo bara ryamubagaho, namushyize ikiganza mu maso, ndamwitegereza mbona amaraso ku mubiri we (Yasin)\u201d.<\/p>\n<p>Uyu mugore avuga ko yahise asohoka mu modoka ahunga nyuma yo kubona ko mugenzi we arashwe, abashinzwe umutekano bari bambaye imyenda ya gisisikare bahita bamufatira inyuma bamukubita hasi.<\/p>\n<p>Akomeza avuga ko haje abandi basirikare gufasha bagenzi babo bakomeza kumukubita imigeri aho yari aryamye, undi mugore yise \u2018impirimbanyi\u2019 yaje kumutabara ariko biba iby\u2019ubusa abo basirikare babarusha imbaraga.<\/p>\n<p>Ahamya ko ubwo yagaruraga ubwenge yabonye abakubitaga abantu barimo n\u2019abanyamakategeko banabakurura hasi, bari abasirikare n\u2019abapolisi. Ariko ngo bakomeje kwipfusha kugira ngo badatabwa muri yombi cyangwa ngo babe babahorahoza.<\/p>\n<p>Yagize ati \u201cBishoboke ko batwibagiwe cyangwa bakaba baracyekaga ko twapfuye\u201d ; akeka ko ari yo mpamvu babasize aho kuri hoteli batwara abo bagombaga gutwara.<\/p>\n<p> <strong>Uburyo batabawe<\/strong> <\/p>\n<p>Uyu mugore avuga ko yaje kuva kuri iyo hoteli mu buryo butoroshye abifashijwemo n\u2019umugiraneza w\u2019umugore ngo wahoze ari umudepite ariko ngo akaba yari yigize nk\u2019umutetsi muri iyo hoteli kugira ngo na we adatabwa muri yombi.<\/p>\n<p>Avuga ko yamujyanye mu ivuriro riri hafi aho, ariko ku bw\u2019ibyago ngo abashinzwe umutekano bakomeje gushakisha hafi aho uwo ari we wese ushobora kuba watanga amakuru y\u2019ibyabereye kuri iyo hoteli.<\/p>\n<p>Akomeza avuga ko ku bw\u2019iyo mpamvu, yahamuvanye akamujyana mu bitaro bikuru bya Kiryandongo biri mu birometero 276 uvuye i Arua, ahamara iminsi itanu, abaganga bamugira inama yo kujya i Kampala gushaka abaganga b\u2019inzobere bakamwitaho by\u2019umwihariko.<\/p>\n<p>Abanyamakuru b\u2019iki kinyamakuru cyamusuye, batangaza ko uyu mugore afite igikomere cy\u2019isasu ku ruhande rw\u2019iburyo rw\u2019agahanga ke, gusa aho arwariye bakemeza ko arimo kugenda yoroherwa bagereranyije n\u2019uko yahagejejwe.<\/p>\n<p>Ubwo abanyamakuru bamubazaga uko amerewe, uyu mugore yabasubije agira ati \u201cndaribwa cyane muri iki gikomere. Mva amaraso ariko ntabwo nzi aho aturuka, ntabwo mbasha gusinzira\u201d. Ngo abasha kuvugira aho aryamye ariko ntabwo yari yagira ubushobozi bwo gutambuka.<\/p>\n<p>Abo mu muryango batangarije iki kinyamakuru Monitor, ko abaganga babagiriye inama yo gushaka abaganga b\u2019inzobere mu gihe cyose byaba byagaragaye ko yaviriyemo imbere, gusa ngo bakaba bafite ubwoba bwo kumuvana mu buvuzi bwigenga bakamujyana muri Leta mu gihe bacyeka ko inzego z\u2019umutekano zamumenya zikamuta muri yombi.<\/p>\n<p>Ibyo uyu mugore avuga ku rupfu rw\u2019umushoferi wa Bobi Wine, bijya guhura n\u2019ibyo sebuja yatangaje ko abamurasiye umushoferi bari bazi ko ari we bishe[Wine].<\/p>\n<p>Kugeza ubu Bobi Wine ushinjwa icyaha cy\u2019ubugambanyi yarekuwe n\u2019urukiko kugira ngo abanze kwivuza dore ko inzego z\u2019umutekano zishinjwa kumukorera iyicarubozo.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umugore urimo kuvurirwa mu ivuriro ryo muri Uganda birinze gutangaza amazina, yatanze ubuhamya bw\u2019urupfu rwa Yasin Kawuma \u00a0wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ariko akaba afite impungenge z\u2019umutekano we. \u00a0 Kubera umutekano w\u2019ubuzima bwe, uyu mugore yasabye ikinyamakuru Monitor kudatangaza amazina ye, aho arwariye n\u2019ikindi cyose abona cyatuma hamenyekana ko ari we watanze [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-11509","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umugore urimo kuvurirwa mu ivuriro ryo muri Uganda birinze gutangaza amazina, yatanze ubuhamya bw\u2019urupfu rwa Yasin Kawuma \u00a0wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ariko akaba afite impungenge z\u2019umutekano we. \u00a0 Kubera umutekano w\u2019ubuzima bwe, uyu mugore yasabye ikinyamakuru Monitor kudatangaza amazina ye, aho arwariye n\u2019ikindi cyose abona cyatuma hamenyekana ko ari we watanze [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-08-29T14:06:15+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T12:00:38+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano\",\"datePublished\":\"2018-08-29T14:06:15+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T12:00:38+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509\"},\"wordCount\":653,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509\",\"name\":\"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2018-08-29T14:06:15+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T12:00:38+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=11509#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano - BWIZA","og_description":"Umugore urimo kuvurirwa mu ivuriro ryo muri Uganda birinze gutangaza amazina, yatanze ubuhamya bw\u2019urupfu rwa Yasin Kawuma \u00a0wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ariko akaba afite impungenge z\u2019umutekano we. \u00a0 Kubera umutekano w\u2019ubuzima bwe, uyu mugore yasabye ikinyamakuru Monitor kudatangaza amazina ye, aho arwariye n\u2019ikindi cyose abona cyatuma hamenyekana ko ari we watanze [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-08-29T14:06:15+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T12:00:38+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano","datePublished":"2018-08-29T14:06:15+00:00","dateModified":"2025-02-12T12:00:38+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509"},"wordCount":653,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=11509#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509","name":"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2018-08-29T14:06:15+00:00","dateModified":"2025-02-12T12:00:38+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=11509"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=11509#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ubuhamya bw\u2019umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/11509","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=11509"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/11509\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=11509"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=11509"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=11509"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}