{"id":12004,"date":"2018-10-04T10:45:10","date_gmt":"2018-10-04T10:45:10","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/10\/04\/anne-rwigara-avuga-ko-imitungo-yabo-yatejwe-mu-buryo-bw-ubusahuzi\/"},"modified":"2025-02-12T13:53:42","modified_gmt":"2025-02-12T11:53:42","slug":"anne-rwigara-avuga-ko-imitungo-yabo-yatejwe-mu-buryo-bw-ubusahuzi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004","title":{"rendered":"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Umuryango wo kwa Rwigara Assinapol uvuga ko watunguwe no kumva ko hatejwe imitungo yabo mu cyamunara cyabaye ku wa 3 Ukwakira 2018, bakaba babyita ubusahuzi.<\/em> <\/strong> <\/p>\n<p>Amakuru y\u2019itezwa mu cyamunara ry\u2019imitungo y\u2019umuryango wa Rwigara Assinapol bamwe bavuga ko ryatangiye guhwihwiswa cyane ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018, ariko bamwe batazi ikizagurishwa.<\/p>\n<p>N\u2019ubwo bavuga ko batigeze babimenyeshwa mbere, abo kwa Rwigara bavuga ko bacyekaga ko nubwo cyamunara yabaho, yabera ahazwi nka Rwandex, i Gikondo aho uruganda rw\u2019itabiri rwa Rwigara rwahose rukorera, ari naho cyamunara zabanje zabereye, ariko si ho byabereye kuko cyamunara yabereye i Masoro.<\/p>\n<p>Ahagana saa yine n\u2019igice z\u2019igitondo (10:30 AM) cyo ku wa Gatatu tariki ya 3 Ukwakira 2018, nibwo umwe mu bakozi b\u2019Ikigo cy\u2019Imisoro n\u2019Amahoro \u2018Rwanda Revenue Autority\u2019(RRA) utatangajwe amazina, yabwiye umunyamakuru wa Ijwi rya Amerika ko cyamunara yabereye i Masoro mu cyanya cy\u2019ingada, mu karere ka Gasabo.<\/p>\n<p>Umunyamakuru ubwo yanyarukiraga i Masoro, ahagana saa 10:37, abakozi ba RRA bamutangarije ko cyamunara imaze umwanya irangiye, iyi cyamunara ngo yiswe \u201cFonds de commerce ya Premier Tobacco Campany Ltd\u201d.<\/p>\n<p>Umuyobozi mukuru w\u2019ishami rya RRA i Masoro ngo wari mu mpuzankano n\u2019impeta by\u2019igipolisi cy\u2019u Rwanda, yakira umunyamakuru mu biro bye, yamutangarije ko hari abari mu mwanya wo kugira icyo batangaza kuri iyi cyamunara, ko aribo bafite amakuru ahagije. Akaba yavuze ko \u201ccyamunara yabaye ndetse yarangiye kandi yakozwe mu ituze\u201d.<\/p>\n<p>Umunyamakuru yakomereje i Kicukiro ahakorera urugaga rw\u2019abahesha b\u2019inkiko, agambiriye kubona Me Habimana Vedaste wari uhagarariye iyi cyamunara utitabaga Telefoni. Ku rugaga bamutangarije ko Me Habimana yagiye kurangiza izindi manza mu Ntara y\u2019Iburasirazuba ariko bamurangira ahandi afite ibiro aho muri Kicukiro.<\/p>\n<p>Ubwo yahageraga, umwe mu bahesha b\u2019inkiko wemera ko yahoze akorana na Me Habimana, yamutangarije ko yari afite indi cyamunara i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge, [aya makuru yose yayahabwaga nta gihe cy\u2019isaha iciyemo].<\/p>\n<p>Umunyamakuru yakomereje ku biro bya RRA ku Kimihurura maze bamutangariza ko cyamunara yabayeho mu gitondo, gusa bavuga ko akazi kabo ari ugushyira mu bikorwa icyo amategeko ateganya, ko kugira icyo bavuga ku byabaye bitari mu nshingano zabo.<\/p>\n<p>Me Habimana Vedaste, umuhesha w\u2019inkiko wa \u2018Rwanda Revenue Autority\u2019 bivugwa ko biri mu maboko ye kugira icyo atangaza kuri iyi cyamunara, uretse no kuba atitabaga telefoni ye, n\u2019ubutumwa yahorerejwe n\u2019umunyamakuru ngo ntabwo yasubije. Bivuze ko agaciro k\u2019amafaranga yavuye muri iyi cyamunara ndetse n\u2019uwayitsindiye ari we ugomba kubitangaza.<\/p>\n<p> <strong>Itangazo rya Cyamunara:<\/strong> <\/p>\n<p>Itangazo ryari rimanitse ku biro by\u2019akagari ka Masoro bigaragara ko ryashyizweho umukono\u00a0 ku wa 27 Nzeri 2018 na Me Habimana Vedaste, umuhesha w\u2019inkiko w\u2019umwuga,\u00a0 rigira riti \u201cabisabwe na RRA, amaze kubona ibyemezo bigena umusoro byahawe Tabacco Premier Company Ltd, hagamijwe kwishyura ibirarane by\u2019imisoro, umuhesha w\u2019inkiko w\u2019umwuga, aramenyesha abantu bose ko ku wa 3\/10\/2018 hazagurishwa mu cyamunara \u2018Fonds de commerce Tobacco Company Ltd\u2019, cyamunara ikazabera mu cyanya cy\u2019inganda i Masoro ahakorera ishami rya RRA.<\/p>\n<p> <strong>\u00a0\u2018Fonds de commerce\u2019 bivuze iki?<\/strong>  Umwe mu banyamategeko utifuje ko amazina ye atangazwa, avuga ko aba ari kampani yose, izina ryayo ndetse n\u2019ibyo icuruza (ikora), ibikorwa ikora n\u2019ibindi biyigize; ati \u201cni ibigize business y\u2019umuntu byose\u201d.<\/p>\n<p>Undi na we yagize ati \u201ciyo ari cyamunara ya Fonds de commerce, abafitiwe imyenda na nyiri ibikorwa byatejwe mu cyamunara hatirengagijwe n\u2019abakozi bamukoreraga abaye atarabishyura, bose baba bagomba kwishyurwa mu mafaranga yavuye muri iyo cyamunara\u201d.<\/p>\n<p> <strong>Abo kwa Rwigara barabivugaho iki?<\/strong> <\/p>\n<p>Anne Rwigara mu izina ry\u2019abagize umuryango wa Rwigara Assinapol avuga ko umuhesha w\u2019inkiko atigeze abamenyesha iby\u2019iyi cyamunara nk\u2019uko amategeko abiteganya.<\/p>\n<p>Ati \u201cNtabwo twigeze tubimenyeshwa nk\u2019uko amategeko abiteganya,\u2026 Ntabwo twabashije kumenya neza icyavuyemo, ntabwo twabashije kumenya icyagurishwaga, icyo nabashije kumenya ni uko ngo yari Fonds de commerce, ntabwo namenye Valeur [agaciro] bagihaye icyo kintu cyatezwaga cyamunara\u201d.<\/p>\n<p>Abajijwe n\u2019umunyamakuru wa VOA, niba koko batari bazi ko iyo cyamunara iraba, yakomeje agira ati \u201ctwagombaga kuba duhari, ariko ntabwo twari duhari bitewe n\u2019uko tutari tuzi ko biri buze kuhabera, nta nubwo batanze ya minsi itanu, hari amategeko menshi yishwe mu guteza iyi mitungo, \u2026 mbese ni nko kurangiza umugenzo, ni ukwihisha inyuma y\u2019amategeko bagateza n\u2019ibyo bari basanzwe bakoresha\u201d.<\/p>\n<p>Anne Rwigara avuga ko nyuma yo kugura imashini zo muri uru ruganda [zaguzwe mu cyamunara yabaye mbere y\u2019iyi], bahamagaye abakozi bari basanzwe bazikoresha bakomeza akazi, aha niho ahera avuga ko nabo ubwabo batumva uburyo abaguze imashini bahise batangira kuzikoresha mu ruganda rukiri mu maboko yabo, bakoresha n\u2019ibindi byangombwa byari bisanzwe ari ibyabo [kwa Rwigara].<\/p>\n<p>Akomeza avuga ko biciye mu mucyo, hatatezwa cyamunara ya Fonds de commerce nyirayo adahari, ati \u201cibyo rero bisaba ko nyiri kigo asinya impapuro zemeza ko ayo maporoduwi (Produits), ayo ma marike [marques], abishyize ku izina ry\u2019uwo muguzi, uwo muntu uje gufata iyo business, nta muntu rero wigeze anyegera ngo musinyire impapuro izo arizo zose,\u2026 ibyakozwe rero ni forode, ni ugusahura gukomeje, ntabwo rero twabifata ukundi , twatunguwe n\u2019uko tutari tuzi ko biza kuba ariko ntabwo twatunguwe mu by\u2019ukuri, ni ya gahunda ikomeje\u201d.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019iyi cyamubara, Bisobanuye ko uruganda rw\u2019itabi rwa Rwigara rutakiri mu maboko y\u2019umuryango, rufite uwarutsindiye mu cyamunara.<\/p>\n<p>Iyi cyamunara ije isanga izindi ebyiri zabaye kuri sitoki y\u2019itabi n\u2019imashini zarikoraga zahagaze asaga miliyari ebyiri z\u2019amanyarwanda, mu gihe RRA yishyuza uru ruganda akabakaba miliyari esheshatu z\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-115621 size-full\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/p1.jpg\" alt=\"\" width=\"700\" height=\"462\" \/><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuryango wo kwa Rwigara Assinapol uvuga ko watunguwe no kumva ko hatejwe imitungo yabo mu cyamunara cyabaye ku wa 3 Ukwakira 2018, bakaba babyita ubusahuzi. Amakuru y\u2019itezwa mu cyamunara ry\u2019imitungo y\u2019umuryango wa Rwigara Assinapol bamwe bavuga ko ryatangiye guhwihwiswa cyane ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018, ariko bamwe batazi ikizagurishwa. [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-12004","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umuryango wo kwa Rwigara Assinapol uvuga ko watunguwe no kumva ko hatejwe imitungo yabo mu cyamunara cyabaye ku wa 3 Ukwakira 2018, bakaba babyita ubusahuzi. Amakuru y\u2019itezwa mu cyamunara ry\u2019imitungo y\u2019umuryango wa Rwigara Assinapol bamwe bavuga ko ryatangiye guhwihwiswa cyane ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018, ariko bamwe batazi ikizagurishwa. [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-10-04T10:45:10+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T11:53:42+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/p1.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi\",\"datePublished\":\"2018-10-04T10:45:10+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:53:42+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004\"},\"wordCount\":883,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/10\\\/p1.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004\",\"name\":\"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/10\\\/p1.jpg\",\"datePublished\":\"2018-10-04T10:45:10+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:53:42+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12004#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi - BWIZA","og_description":"Umuryango wo kwa Rwigara Assinapol uvuga ko watunguwe no kumva ko hatejwe imitungo yabo mu cyamunara cyabaye ku wa 3 Ukwakira 2018, bakaba babyita ubusahuzi. Amakuru y\u2019itezwa mu cyamunara ry\u2019imitungo y\u2019umuryango wa Rwigara Assinapol bamwe bavuga ko ryatangiye guhwihwiswa cyane ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018, ariko bamwe batazi ikizagurishwa. [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-10-04T10:45:10+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T11:53:42+00:00","og_image":[{"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/p1.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi","datePublished":"2018-10-04T10:45:10+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:53:42+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004"},"wordCount":883,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/p1.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004","name":"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/p1.jpg","datePublished":"2018-10-04T10:45:10+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:53:42+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12004"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#primaryimage","url":"","contentUrl":""},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12004#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bw\u2019ubusahuzi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12004","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=12004"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12004\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=12004"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=12004"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=12004"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}