{"id":12499,"date":"2018-11-06T10:36:00","date_gmt":"2018-11-06T10:36:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/11\/06\/urupfu-rw-umubyeyi-iturufu-kuri-kayumba-mu-guhakana-gutera-gerenade-i-kigali\/"},"modified":"2018-11-06T10:36:00","modified_gmt":"2018-11-06T10:36:00","slug":"urupfu-rw-umubyeyi-iturufu-kuri-kayumba-mu-guhakana-gutera-gerenade-i-kigali","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499","title":{"rendered":"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Umuhuzabikorwa wa mbere w\u2019Ishyaka ritavuga rumwe na Leta y\u2019URwanda rya RNC, Kayumba Faustin Nyamwasa avuga ko ubwo mu duce dutandukanye two mu Mujyi wa Kigali haterwaga gerenade, yari mu Rwanda mu kiriyo cy\u2019umubyeyi we.<\/em> <\/strong> <\/p>\n<p>Kayumba Nyamwasa yari amabasaderi w\u2019U Rwanda mu buhinde. Yaje kuza mu Rwanda gushyingura umubyeyi we ari nabwo kuwa 19 Gashyantare \u00a02010 haterwaga gerenade mu Mujyi wa Kigali. Uyu mugabo kuwa 28 Gashyantare 2018 yahunze igihugu avuye mu Buhinde yererekeza \u00a0muri Afurika y\u2019Epfo.<\/p>\n<p>Mu mwaka wa 2011 urukiko rwamukatiye gufungwa adahari \u00a0imyaka 24 no kwamburwa impeta zose za gisirikare nyuma yo guhamwa n\u2019 ibyaha birimo kurema umutwe w\u2019iterabwoba, kubangamira umutekano w\u2019igihugu, kubiba amacakubiri no gutoroka igisirikare.<\/p>\n<p>Mu kiganiro yagiranye na BBC, Kayumba Nyamwasa\u00a0 yavuze ko \u00a0icyari cyamuvanye mu Buhinde ari ugushyingura umubyeyi we\u00a0 agahakana ibyo gucura umugambi wo gutera amagerenade.<\/p>\n<p>Ati\u201d (\u2026) Urabona Mugenzi (Umunyamakuru) \u00a0navuye mu Buhinde ngiye \u00a0gushyingura umubyeyi wanjye, urumva naravuye mu Buhinde nikoreye amagurunedi, kujya gutera amagurunedi mu Rwanda \u00a0no gushyingura.\u201d<\/p>\n<p>Kayumba yakomeje avuga \u00a0ko igihe ibi bisasu byaterwaga ku Kicukiro n\u2019ahandi mu Mujyi wa Kigali yari mu mwiherero \u00a0ku Gisenyi.<\/p>\n<p>Yagize ati\u201d Ibyo bavuga by\u2019amagurunedi byabaye twagiye \u00a0mu mwihererero ku Gisenyi na njye nari mpari.(\u2026) Twari mu nama n\u2019ibyo bintu byabaye. Nyuma y\u2019iyo nama twasubiye i Kigali, nahamaze iminsi. Urumva nari gutera amagerenade maze nkahamara iyo minsi yose.\u201d<\/p>\n<p> <strong>Mu Rukiko hagaragaye ibihabanye n\u2019ibyo Kayumba yavuze<\/strong> <\/p>\n<p>Mu rubanza rwabaye mu 2013 rw\u2019abagize uruhare mu bikorwa by\u2019iterwa rya za grenade ku Kicukiro, Lt Joel Mutabazi na Corporal Joseph Nshimiyimana wari uzwi nka Camarade, bagaragaje ibimenyetso bikomeye bishinja Kayumba Nyamwasa.<\/p>\n<p>Ubushinjacyaha bwashyikirije urukiko ubutumwa bwa WhatsApp, Skype na message zisanzwe za Kayumba na FDLR ndetse zigaragaza umugambi uhuriweho wo gutera grenade ku Kicukiro.<\/p>\n<p>Ikindi kandi ni uko ubushinjacyaha bwagaragaje ubutumwa bw\u2019ibiganiro bya WhatsApp na Skype bigaragaza uruhare rwa Kayumba Nyamwasa.<\/p>\n<p>Bivugwa ko Kayumba \u00a0yashakaga abantu akabafasha kubona ubumenyi mu gukoresha ibisasu byari kuzifashishwa mu gutera mu bice bimwe na bimwe by\u2019Umujyi wa Kigali, bakangiza ibikorwaremezo byawo.<\/p>\n<p>Abatanze ubuhamya bemeye ko bari barahawe inyandiko zigaragaza uko ibisasu bikorwa zagombaga kujya zifashishwa mu myitozo. Banerekanye kandi amafoto yaboherereje agaragaza amacupa ya acide \u2018sulfurique\u2019 n\u2019ibipimo hamwe n\u2019inyemezabwishyu zigaragaza ibikoresho bakeneye kugira ngo babe bakora ibisasu.<\/p>\n<p>[penci_related_posts taxonomies=&#8221;undefined&#8221; title=&#8221;Izindi nkuru wasoma&#8221; background=&#8221;&#8221; border=&#8221;&#8221; thumbright=&#8221;no&#8221; number=&#8221;4&#8243; style=&#8221;list&#8221; align=&#8221;none&#8221; displayby=&#8221;recent_posts&#8221; orderby=&#8221;random&#8221;]<\/p>\n<p>Ibi bigarutse mu mitwe ya benshi nyuma yaho ikinyamakuru cyo muri Uganda Virunga Post gitangaje ko Ubushinjacyaha bw\u2019u Rwanda buri muri gahunda yo kohereza muri Afurika y\u2019Epfo impapuro zisaba itabwa muri yombi rya Kayumba Nyamwasa akoherezwa mu Rwanda kugira ngo akurikiranweho ibijyanye n\u2019ibikorwa by\u2019iterabwoba by\u2019umutwe wa RNC abamo.<\/p>\n<p>Kayumba Nyamwasa \u00a0yigeze kuba umugaba w\u2019ingabo \u00a0z\u2019U Rwanda afite ipeti rya Lt. Gen kuva mu 1998 kugeza mu 2002. Uyu mugabo w\u2019imyaka 56 yaje guhungira mu gihugu cya Afurika y\u2019Epfo ndetse yifatanyije na bagenzi be bahoze mu gisirikare cy\u2019U Rwanda bashinga ishyaka ryitwa Rwanda National Congress (RNC).<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuhuzabikorwa wa mbere w\u2019Ishyaka ritavuga rumwe na Leta y\u2019URwanda rya RNC, Kayumba Faustin Nyamwasa avuga ko ubwo mu duce dutandukanye two mu Mujyi wa Kigali haterwaga gerenade, yari mu Rwanda mu kiriyo cy\u2019umubyeyi we. Kayumba Nyamwasa yari amabasaderi w\u2019U Rwanda mu buhinde. Yaje kuza mu Rwanda gushyingura umubyeyi we ari nabwo kuwa 19 Gashyantare \u00a02010 [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-12499","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umuhuzabikorwa wa mbere w\u2019Ishyaka ritavuga rumwe na Leta y\u2019URwanda rya RNC, Kayumba Faustin Nyamwasa avuga ko ubwo mu duce dutandukanye two mu Mujyi wa Kigali haterwaga gerenade, yari mu Rwanda mu kiriyo cy\u2019umubyeyi we. Kayumba Nyamwasa yari amabasaderi w\u2019U Rwanda mu buhinde. Yaje kuza mu Rwanda gushyingura umubyeyi we ari nabwo kuwa 19 Gashyantare \u00a02010 [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-11-06T10:36:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali\",\"datePublished\":\"2018-11-06T10:36:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499\"},\"wordCount\":504,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499\",\"name\":\"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2018-11-06T10:36:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12499#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali - BWIZA","og_description":"Umuhuzabikorwa wa mbere w\u2019Ishyaka ritavuga rumwe na Leta y\u2019URwanda rya RNC, Kayumba Faustin Nyamwasa avuga ko ubwo mu duce dutandukanye two mu Mujyi wa Kigali haterwaga gerenade, yari mu Rwanda mu kiriyo cy\u2019umubyeyi we. Kayumba Nyamwasa yari amabasaderi w\u2019U Rwanda mu buhinde. Yaje kuza mu Rwanda gushyingura umubyeyi we ari nabwo kuwa 19 Gashyantare \u00a02010 [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-11-06T10:36:00+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali","datePublished":"2018-11-06T10:36:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499"},"wordCount":504,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12499#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499","name":"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2018-11-06T10:36:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12499"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12499#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Urupfu rw\u2019umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12499","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=12499"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12499\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=12499"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=12499"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=12499"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}