{"id":12755,"date":"2018-11-24T13:34:26","date_gmt":"2018-11-24T13:34:26","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/11\/24\/jenoside-yabanje-gukorerwa-igeragerezwa-mu-ruhengeri-muri-za-90-cnlg\/"},"modified":"2025-02-12T13:45:19","modified_gmt":"2025-02-12T11:45:19","slug":"jenoside-yabanje-gukorerwa-igeragerezwa-mu-ruhengeri-muri-za-90-cnlg","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755","title":{"rendered":"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG"},"content":{"rendered":"<p>Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y\u2019Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bugaragaza ko yagiye ikorerwa igeragezwa muri iyi Perefegitura mu bihe bitandukanye kuva mu myaka ya 1990.<\/p>\n<p>Perefegitura ya Ruhengeri yakomokagamo abayobozi benshi bo mu nzego za Leta n\u2019iza gisirikare biganjemo abateguye Jenoside kandi bagashishikariza ishyirwa mu bikorwa ryayo.<\/p>\n<p>Ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, Abatutsi bagiye batotezwa, bicwa, bavutswa uburenganzira bwabo ku buryo bukabije guhera muri 1959 harimo kubatwikira, kubica, kubamenesha no kubacira mu Bugesera n\u2019ibindi.<\/p>\n<p>Kuva ubwo, ubutegetsi bwa Repubulika ya mbere n\u2019iya kabiri bukaba bwararanzwe no gukwirakwiza inyigisho zishishikariza Abahutu kwanga Abatutsi, kubakorera ibikorwa by\u2019urugomo, guha abasivili imyitozo no kubaha imbunda hagamijwe kubashora mu bwicanyi, ku buryo mu 1994 imyiteguro yose yari yaramaze kunozwa hasigaye gusa gutanga amabwiriza y\u2019itangizwa rya Jenoside.<\/p>\n<p>Mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, raporo zitandukanye zigaragaza ko Abatutsi bakorewe ibikorwa by\u2019urugomo no kwicwa mu bihe bitandukanye hagati ya 1990 na 1993. Aha twavuga nk\u2019ubwicanyi bwakorewe Abatutsi (Abagogwe) muri Komini Mukingo, Kinigi, Nkuli n\u2019ahandi.<\/p>\n<p>Ubu bushakashatsi bugaragaza ko kuva muri Mutarama 1991 hishwe Abatutsi benshi muri Komini Nkuli, Mukingo, Kinigi, Kigombe, Nkumba na Kidaho bababeshyera ko ari ibyitso bya FPR-Inkotanyi yari yatangije urugamba rwo kubohora Igihugu mu Ukwakira 1990.<\/p>\n<p>Mu makomini ya Ndusu, Cyabingo, Cyeru, Ruhondo, Nyamugari, Nyamutera na Butaro, ba Burugumesitiri cyangwa Konseye bafataga Abatutsi bakabafungira muri za Kasho za Komini, abo babona ari ngombwa bakabohereza muri parike.<\/p>\n<p>Ubu bushakashatsi bugaragaza ibimenyetso byinshi bigaragaza uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri.<\/p>\n<p>Ibi birimo Kunyaga Abatutsi imitungo yabo bababeshyera gukorana na FPR-Inkotanyi , Kwica Abatutsi binyuze mu gukora amarondo, n\u2019ubwicanyi bweruye bwakorewe Abatutsi hagati ya 1990 na 1993 mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri nyuma y\u2019aho RPF-Inkotanyi itangije urugamba rwo kubohora Igihugu mu Ukwakira 1990 n\u2019ibindi.<\/p>\n<p>Gutoteza Abatutsi byajyanaga no kubambura ibyabo ntibagire aho barega ababahohoteye aho abayobozi b\u2019inzego z\u2019ibanze n\u2019abashinzwe umutekano bazaga mu rugo rw\u2019Umututsi wishoboye, ikintu cy\u2019agaciro bahasanze bakagitwara. Imirima y\u2019Abatutsi yigaruriwe na bamwe mu baturanyi babo, bakabategeka kuyibagurisha ku mafaranga make. Hari n\u2019aho bategekaga Abatutsi kuva mu mirima yabo, igatwarwa n\u2019abitwaga abakode.<\/p>\n<p>Abatangabuhamya bavuga ko gutwara amatungo y\u2019Abatutsi cyangwa imirima yabo, <strong>\u00a0<\/strong> byakorwaga mu duce dutandukanye, bigakorwa na ba Konseye ndetse na ba membres ba Serire . Nta Mututsi wabashaga gukurikirana ibye cyangwa ngo arege abamuhohoteye<\/p>\n<p>Amarondo na yo ni bumwe mu buryo bwifashishijwe mu kwica Abatutsi aho guhera ku itariki ya 1 Ukwakira 1990, hashyizweho bariyeri ahantu hatandukanye mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, hashyirwaho gahunda yo gukora amarondo. Nubwo amarondo yashyizweho mu rwego rwo kugira ngo abaturage birindire umutekano, Abatutsi bo bahuye n\u2019akaga gakomeye, kuko uwajyaga ku irondo bamwiciragayo. Byageze aho Abatutsi bajya batanga amafaranga menshi yo kwigura ngo batajya gukora irondo.<\/p>\n<p>Ubwicanyi bweruye bwakorewe Abatutsi hagati ya 1990 na 1993 mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri Nyuma y\u2019aho RPF-Inkotanyi itangije urugamba rwo kubohora Igihugu mu Kwakira 1990:<\/p>\n<p>Abatutsi bo mu makomini atandukanye mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri baratotejwe bikaje, abandi bicwa rugikubita. Ubwicanyi mu buryo bweruye bwatangiye nyuma y\u2019aho ingabo za RPF-Inkotanyi zigabye igitero mu mujyi wa Ruhengeri ku itariki ya 23 Mutarama 1991.<\/p>\n<p>Guhera ubwo, ubwicanyi buteguwe bwahise butangira, bukaba bwaribasiye cyane cyane Abatutsi b\u2019Abagogwe bari batuye muri Komini Nkuli, Mukingo na Kinigi.<\/p>\n<p>Uretse ibi bikorwa by\u2019igerageza , ibindi bikorwa byaranze itegurwa rya Jenoside nyirizina yo mu 1994 mu yahoze ari perefegitura ya Ruhengeri\u00a0\u00a0birimo gushishikariza urwango, amacakubiri n\u2019ubwicanyi binyuze mu nama zakoreshwaga; gutegura lisiti y\u2019Abatutsi bagomba kwicwa; gushyiraho imitwe yitwara gisirikare harimo umutwe w\u2019Interahamwe, uw\u2019Amahindure, uw\u2019Abazulu, uw\u2019Intarumikwa, Turihose na Virunga Force.<\/p>\n<p>Ibindi bikorwa byakozwe mu gutegura Jenoside harimo Gutanga imbunda na za grenades mu mitwe yitwara gisirikare, mu baturage basanzwe no ku bayobozi nka ba Konseye na ba Burugumesitiri n\u2019undi wese wabyifuzaga.<\/p>\n<p>Ubushakashatsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bwakorewe mu Turere tune aritwo: Musanze, Nyabihu, Gakenke na Burera. Uturere twavuzwe haruguru nitwo twasimbuye Amakomini 16 yari agize Perefegitura ya Ruhengeri, ariyo: Kigombe, Kidaho, Kinigi, Mukingo, Nkuli, Nkumba, Nyakinama, Nyamutera, Ruhondo, Gatonde, Cyabingo, Ndusu, Nyarutovu, Cyeru, Butaro na Nyamugali.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y\u2019Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bugaragaza ko yagiye ikorerwa igeragezwa muri iyi Perefegitura mu bihe bitandukanye kuva mu myaka ya 1990. Perefegitura ya Ruhengeri yakomokagamo abayobozi benshi bo mu nzego za Leta n\u2019iza gisirikare biganjemo abateguye Jenoside kandi bagashishikariza [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-12755","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y\u2019Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bugaragaza ko yagiye ikorerwa igeragezwa muri iyi Perefegitura mu bihe bitandukanye kuva mu myaka ya 1990. Perefegitura ya Ruhengeri yakomokagamo abayobozi benshi bo mu nzego za Leta n\u2019iza gisirikare biganjemo abateguye Jenoside kandi bagashishikariza [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-11-24T13:34:26+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T11:45:19+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG\",\"datePublished\":\"2018-11-24T13:34:26+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:45:19+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755\"},\"wordCount\":691,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755\",\"name\":\"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2018-11-24T13:34:26+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:45:19+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12755#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG - BWIZA","og_description":"Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y\u2019Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bugaragaza ko yagiye ikorerwa igeragezwa muri iyi Perefegitura mu bihe bitandukanye kuva mu myaka ya 1990. Perefegitura ya Ruhengeri yakomokagamo abayobozi benshi bo mu nzego za Leta n\u2019iza gisirikare biganjemo abateguye Jenoside kandi bagashishikariza [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-11-24T13:34:26+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T11:45:19+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG","datePublished":"2018-11-24T13:34:26+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:45:19+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755"},"wordCount":691,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12755#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755","name":"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2018-11-24T13:34:26+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:45:19+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12755"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12755#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Jenoside yabanje gukorerwa igeragerezwa mu Ruhengeri muri za 90 \u2014 CNLG"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12755","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=12755"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12755\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=12755"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=12755"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=12755"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}