{"id":12925,"date":"2018-12-06T05:43:17","date_gmt":"2018-12-06T05:43:17","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/12\/06\/nyaruguru-kivu-hari-imanza-zirenga-mirongo-itanu-zitarangijwe\/"},"modified":"2018-12-06T05:43:17","modified_gmt":"2018-12-06T05:43:17","slug":"nyaruguru-kivu-hari-imanza-zirenga-mirongo-itanu-zitarangijwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925","title":{"rendered":"Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe"},"content":{"rendered":"<p>Ubwo umuyobozi w\u2019akarere ka Nyaruguru yitabiraga inteko y\u2019abaturage mu kagari ka Rugerero, umurenge wa Kivu kuri uyu wa kabiri, yakirijwe ibibazo byinshi byimakaza ruswa n\u2019akarengane cyane muri gahunda ya girinka, ndetse n\u2019imanza zitarangizwa. Ubuyobozi bw\u2019umurenge buvuga ko bumaze kwakira izirenga 50 kandi zikaba zikiza.<\/p>\n<p>Imwe mu mpamvu ngo ni uko umurenge wamaze umwaka n\u2019igice utagira umunyamabanga nshingwabikorwa.<\/p>\n<p>Uruzinduko rwa meya Habitegeko Francois mu murenge wa Kivu rwaje ruri muri gahunda yo gutangiza icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa, kuva tariki ya 4 kugeza ku ya 9 Ukuboza. Ruje kandi rukurikira urwabaye ku munsi w\u2019umuganda, ubwo perezida wa sena, guverineri w\u2019intara y\u2019amajyepfo baherekejwe n\u2019abameya bose bo muri iyi ntara bahuriraga muri uyu murenge.<\/p>\n<p>Uru rwabanje nirwo mbarutso y\u2019urwo kuri uyu wa kabiri, kuko ku munsi w\u2019umuganda abaturage bagaragaje ibibazo byinshi bikaburirwa umwanya, perezida wa sena Bernard Makuza na guverineri Emmanuel Gasana bagasaba meya Habitegeko kuzabishakira umwanya wihariye, kuko umurongo w\u2019abari bafite ibibazo wari ukomeje kuba muremure kandi amasaha atembera.<\/p>\n<p>Mu bibazo bya ruswa bivugwa muri uyu m urenge higanjemo ibyo muri gahunda ya girinka, ndetse n\u2019imitangire ya serivisi cyane ku rwego rw\u2019imidugudu. Uku kuregeza ngo kwaba kwaratewe n\u2019uko uyu murenge wamaze umwaka n\u2019igice utagira umunyamabanga nshingwabikorwa. Cyakora ngo hari umushya uhamaze amezi ane witwa Kanyarwanda Eugene.<\/p>\n<p> <strong>Imanza zitarangizwa zifite kashe mpuruza<\/strong> <\/p>\n<p>Imanza zimaze igihe zitarangizwa, bisobanurwa ko byatewe nyine n\u2019uko nta muhesha w\u2019inkiko ubitiye ububasha wari uhari, uyu ni Gitifu w\u2019umurenge bari bamaze umwaka n\u2019igice batagira.<\/p>\n<p>Umunyamabanga nshingwabikorwa Kanyarwanda Eugene ati, \u201c ubu tumaze kwakira imanza zigera kuri 50 zitarangijwe kandi zimwe zifite kasha mpuruza , ariko ziracyaza. Gusa zose twamaze gufata gahunda yo kuzirangiza mu gihe kitari gito. Ikibazo cy\u2019abaturage bangirijwe n\u2019umurongo w\u2019amashanyarazi bakaba batarabona ingurane nacyo kigiye gukorerwa ubuvugizi bakazishyurwa\u201d.<\/p>\n<p>Umuyobozi wese usuye uyu murenge kandi, ntataha atabajijwe ikibazo cy\u2019abantu batsindwa imanza bakinangira, ngo kuko baba batanyuzwe n\u2019imikirize yazo.<\/p>\n<p>Muri gahunda ya girinka, abazifata nabi bakazamburwa ngo ntibabyishimira bakabifata nk\u2019akarengane, akagambane na ruswa.<\/p>\n<p>Bamwe ngo bakeka ko abo bagiye kuziha baba batanze ruswa, cyane ko ngo urutonde rw\u2019abazihabwa ruva ku mudugudu rukagera ku kagari rwahindutse. Uyu muturage ati, \u201c ku rutonde rwavuye ku mudugudu nari uwa mbere, ariko byageze ku kagari nza ndi uwa nyuma numva atari gusa, ko ahari ari uko nta kantu natanze\u201d.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019akarere Habitegeko, asaba abaturage ba Kivu kwirinda kwirwa mu manza n\u2019ibibazo bidashira kuko bibateza ubukene. Ati, \u201c ikibazo cy\u2019imanza zitarangizwa cyo gifite ishingiro, ariko ubwo umuyobozi w\u2019umurenge yabonetse agomba gukora bike akazirangiza vuba uko bishoboka\u201d.<\/p>\n<p>Naho ku bijyanye na ruswa ivugwa muri uyu murenge, meya asaba abaturage kujya batanga amakuru ku muntu wese wagerageza kubaka ruswa ku bintu bagenewe cyangwa ku byangombwa, ngo kuko ruswa nta mumaro wayo, ahubwo ari ukwibuza uburenganzira.<\/p>\n<p> <strong>Ba gitifu nta mwanya n\u2019ubumenyi bafitiye imanza<\/strong> <\/p>\n<p>Ikibazo cy\u2019imanza zitinda kurangizwa si umwihariko wa Kivu na Nyaruguru, ahubwo kivugwa mu turere twinshi, cyane ko abahesha b\u2019inkiko batari ab\u2019umwuga batabibonera umwanya.<\/p>\n<p>Ibi ni bimwe mu byagarutsweho n\u2019ubushakashatsi bwamuritswe n\u2019umuryango urwanya ruswa n\u2019akarengane kuri uyu wa kabiri nyine.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019uyu muryango mu Rwanda, Ingabire Marie Immaculee ati, \u201c imanza nyinshi zitarangizwa ziterwa n\u2019uko abahesha b\u2019inkiko batari ab\u2019umwuga babihunga banga kwiteranya, kandi batabifitiye umwanya uhagije. Birakwiye ko izo nshingano bazamburwa, zigahabwa umukozi ushinzwe amategeko ku murenge wabyigiye\u201d.<\/p>\n<p>Ibi binashimangirwa na MAJ wa Gasabo, Rwigema Marie Louise, uhamya ko abanyamabanga nshingwabikorwa bagira imanza nyinshi, nawe agashyigikira ko ibyo kuzirangiza babibakuriraho.<\/p>\n<p>Ati, \u201c itegeko nirivugururwe irangiza ry\u2019imanza rijye rikorwa na legal advisor n\u2019ubundi hari aho Gitifu aza agasinya byo kurangiza umuhango kandi atari we warangije urubanza, nabyo bigatera urwikekwe mu baturage.<\/p>\n<p>Ibi ku bwa Ingabire Marie Immaculee ngo bifatwa nk\u2019amanyanga, gusinyira ibintu utarigeze uhagera. Ati, \u201cumuturage za akubwira ati n\u2019ikimenyimenyi dore ni Gitifu wasinye kandi ntiyigeze ahakandagira nta wamuciye iryera\u201d.<\/p>\n<p>Kuba Gitifu abazwa imihigo kandi imanza zitarimo, ni imwe mu mpamvu yashingirwaho bambura Gitifu ububasha bwo kurangiza imanza. Ikindi gikwiye kuzirikanwa ni uko uwo muturage akiriza urubanza ari we uzamufasha gushyira mu bikorwa imihigo yiyemeje ndetse na gahunda zindi za leta.<\/p>\n<p> <strong>Karegeya Jean Baptiste<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubwo umuyobozi w\u2019akarere ka Nyaruguru yitabiraga inteko y\u2019abaturage mu kagari ka Rugerero, umurenge wa Kivu kuri uyu wa kabiri, yakirijwe ibibazo byinshi byimakaza ruswa n\u2019akarengane cyane muri gahunda ya girinka, ndetse n\u2019imanza zitarangizwa. Ubuyobozi bw\u2019umurenge buvuga ko bumaze kwakira izirenga 50 kandi zikaba zikiza. Imwe mu mpamvu ngo ni uko umurenge wamaze umwaka n\u2019igice utagira [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-12925","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ubwo umuyobozi w\u2019akarere ka Nyaruguru yitabiraga inteko y\u2019abaturage mu kagari ka Rugerero, umurenge wa Kivu kuri uyu wa kabiri, yakirijwe ibibazo byinshi byimakaza ruswa n\u2019akarengane cyane muri gahunda ya girinka, ndetse n\u2019imanza zitarangizwa. Ubuyobozi bw\u2019umurenge buvuga ko bumaze kwakira izirenga 50 kandi zikaba zikiza. Imwe mu mpamvu ngo ni uko umurenge wamaze umwaka n\u2019igice utagira [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-12-06T05:43:17+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Nyaruguru\\\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe\",\"datePublished\":\"2018-12-06T05:43:17+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925\"},\"wordCount\":691,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925\",\"name\":\"Nyaruguru\\\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2018-12-06T05:43:17+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12925#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Nyaruguru\\\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe - BWIZA","og_description":"Ubwo umuyobozi w\u2019akarere ka Nyaruguru yitabiraga inteko y\u2019abaturage mu kagari ka Rugerero, umurenge wa Kivu kuri uyu wa kabiri, yakirijwe ibibazo byinshi byimakaza ruswa n\u2019akarengane cyane muri gahunda ya girinka, ndetse n\u2019imanza zitarangizwa. Ubuyobozi bw\u2019umurenge buvuga ko bumaze kwakira izirenga 50 kandi zikaba zikiza. Imwe mu mpamvu ngo ni uko umurenge wamaze umwaka n\u2019igice utagira [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-12-06T05:43:17+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe","datePublished":"2018-12-06T05:43:17+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925"},"wordCount":691,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12925#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925","name":"Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2018-12-06T05:43:17+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12925"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12925#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Nyaruguru\/Kivu: hari imanza zirenga mirongo itanu zitarangijwe"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12925","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=12925"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12925\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=12925"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=12925"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=12925"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}