{"id":12961,"date":"2018-12-08T14:10:18","date_gmt":"2018-12-08T14:10:18","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/12\/08\/rusizi-imiryango-5-irimo-iyari-imaze-imyaka-irenga-15-isembera-yashyikirijwe\/"},"modified":"2018-12-08T14:10:18","modified_gmt":"2018-12-08T14:10:18","slug":"rusizi-imiryango-5-irimo-iyari-imaze-imyaka-irenga-15-isembera-yashyikirijwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961","title":{"rendered":"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu"},"content":{"rendered":"<p> <em> <strong>Nyuma yo kumara igihe kinini isembera,imwe iba mu bikoni by\u2019abandi baturage, imiryango 5 yashyikirijwe inzu zo kuba mo n\u2019itorero ADEPR paruwasi ya Gihundwe,ku bufatanye n\u2019umushinga RWA 0380 ufashwa na Compassion international yishimira kutazongera kubunza akarago.<\/strong> <\/em> <\/p>\n<p>Muhoza Jonas ufite umugore n\u2019abana 5 yatangarije Bwiza.com ko yahungutse mu 1994 avuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo,kugeza ubu akaba atari yarigeze agira inzu ye bwite,ahubwo aba mu kazu kadashobotse k\u2019umuntu wamucumbikiye yishyuraga make yabonaga bigoranye cyane ,ariko ubwo umwana we yashyirwaga muri uyu mushinga ngo umufashe,akaba yarijejwe no kubakirwa inzu ayihawe ubu.<\/p>\n<p>Yagize ati\u2019\u2019 ni ubwa mbere natunga inzu muri iki gihugu mu myaka 24 mpamaze. Niswe ko mpungutse ariko nkomeza kurutwa n\u2019impunzi kuko ntaho nigeze ngira ndambika umusaya n\u2019umuryango wanjye hashobotse none ubu ndahabonye nyuma y\u2019imyaka 24, nkaba nshimiye cyane abayimpaye, noneho ngiye gutekana ngashaka ikinzamurira umuryango kuko nibazaga nk\u2019aho nawusiga igihe naba nitabye Imana,ariko ubu ngiye kuryama nsinzire.\u2019\u2019<\/p>\n<figure id=\"attachment_120841\" aria-describedby=\"caption-attachment-120841\" style=\"width: 1024px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-120841\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/Imiryango-yahawe-inzu-iri-kumwe-nabayobozi-batandukanye..jpg\" alt=\"\" width=\"1024\" height=\"768\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-120841\" class=\"wp-caption-text\"><strong>Imiryango yahawe inzu iri kumwe n&#8217;abayobozi batandukanye.<\/strong><\/figcaption><\/figure>\n<p>Mugenzi we Kadende Augustin ufite umugore n\u2019abana 7 avuga ko uwo yaberaga mu nzu yamwishyuraga kumuhingira kuko nta bundi bushobozi yari afite kandi iyo nzu ikaba yasaga n\u2019iyashize ishaje cyane, yahoraga yibaza iby\u2019imibereho ye n\u2019abana be bangana kuriya,ariko na we gushyikirizwa inzu byamubereye nk\u2019igitangaza.<\/p>\n<p>Ati\u2019\u2019 bayimpaye irimo n\u2019iby\u2019ibanze byose nk\u2019intebe,ibitanda n\u2019ibindi kandi nishimye cyane kuko ngiye kujya njya gushakisha imibereho ngize aho nsiga umuryango kuko nta cyica nko kutagira aho uba hafatika ufite umuryango munini,nta mahoro na make ushobora kugira.\u2019\u2019<\/p>\n<p>Bavuga icyakora ko nubwo bazihawe hari byinshi bagikeneye kuko nta mashanyarazi azirimo, nta mazi hafi aho, uburyo bwo gufata amazi y\u2019imvura na bwo ntabwo, bamwe bakavuga ko binjijwe no muri gahunda ya girinka bakazihabwa nk\u2019abandi banyarwanda bazorora abana bakanywa amata,ifumbire ikaboneka bakabaho neza, ngo barushaho kumva batekanye.<\/p>\n<p>Umushumba wa ADEPR paruwasi ya Gihundwe,R\u00e9v pasiteri Ndabibona Emmanuel yabwiye Bwiza.com ko bahabwa izi nzu kubera ko baba barafashe bamwe mu bana babo bakitabwaho n\u2019uyu mushinga kubera ubukene bukabije mu muryango, zikaba zitagomba kugurishwa ahubwo wa mwana ufashwa agomba gukura afite aho aba heza n\u2019umuryango we.<\/p>\n<p>Avuga kandi ko buri nzu irimo sima hose,ifite igikoni,ubwiherero n\u2019ubwogero,ikaba,hamwe n\u2019ibikoresho by\u2019ibanze birimo ifite agaciro ka hafi 3.000.000 z\u2019amanyarwanda, zikaba zije zisanga izindi 12 zashyikirijwe abandi batishoboye ubushize, mu ntangiriro z\u2019umwaka utaha itorero ku bufatanye n\u2019uyu mushinga rikazoroza abagera ku 130 amatungo magufi,bakaba banafasha abandi 40 gukora ubucuruzi buciriritse kandi byaranatangiye, ngo barebe ko aba bose bava ku ngoyi y\u2019ubukene ibagose bakagira imibereho myiza.<\/p>\n<p>Ku byerekeranye n\u2019ibi bibazo bagihanganye na byo,umunyamabanga nshingwabikorwa w\u2019umurenge wa Gihundwe,Nsengiyumva Vincent de Paul, yavuze ko bagiye gushaka uko byakemuka hakurikijwe ubushobozi n\u2019amategeko, bakaba bahabwa inka muri gahunda ya girinka, amashanyarazi n\u2019amazi na byo bikabagera ho, amazi yo ku nzu umuganda ukaba wabafasha bakayacukurira ibyobo biyafata.<\/p>\n<p>Umurenge wa Kamembe ngo uracyahanganye n\u2019ibibazo by\u2019abaturage bakirara rwantambi kubera kubura aho barambika umusaya, uyu muyobozi agashima amadini n\u2019amatorero n\u2019abandi bafatanyabikorwa babafasha gukemura ibi bibazo, kuko kubona icumbi ari uburenganzira bwa buri munyarwanda,ariko bisaba ubufatanye n\u2019inzego nyinshi kugira ngo abagisembera bose babone aho batura habahesha icyubahiro n\u2019amahoro yo mu mutima.<\/p>\n<figure id=\"attachment_120840\" aria-describedby=\"caption-attachment-120840\" style=\"width: 1024px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-120840\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/Abayobozi-banyuranye-bashyikiriza-aba-baturage-inzu-bubakiwe..jpg\" alt=\"\" width=\"1024\" height=\"768\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-120840\" class=\"wp-caption-text\"><strong>Abayobozi banyuranye bashyikiriza aba baturage inzu bubakiwe.<\/strong><\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Nyuma yo kumara igihe kinini isembera,imwe iba mu bikoni by\u2019abandi baturage, imiryango 5 yashyikirijwe inzu zo kuba mo n\u2019itorero ADEPR paruwasi ya Gihundwe,ku bufatanye n\u2019umushinga RWA 0380 ufashwa na Compassion international yishimira kutazongera kubunza akarago. Muhoza Jonas ufite umugore n\u2019abana 5 yatangarije Bwiza.com ko yahungutse mu 1994 avuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo,kugeza ubu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-12961","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Nyuma yo kumara igihe kinini isembera,imwe iba mu bikoni by\u2019abandi baturage, imiryango 5 yashyikirijwe inzu zo kuba mo n\u2019itorero ADEPR paruwasi ya Gihundwe,ku bufatanye n\u2019umushinga RWA 0380 ufashwa na Compassion international yishimira kutazongera kubunza akarago. Muhoza Jonas ufite umugore n\u2019abana 5 yatangarije Bwiza.com ko yahungutse mu 1994 avuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo,kugeza ubu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-12-08T14:10:18+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/Imiryango-yahawe-inzu-iri-kumwe-nabayobozi-batandukanye..jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu\",\"datePublished\":\"2018-12-08T14:10:18+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961\"},\"wordCount\":569,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/12\\\/Imiryango-yahawe-inzu-iri-kumwe-nabayobozi-batandukanye..jpg\",\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961\",\"name\":\"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/12\\\/Imiryango-yahawe-inzu-iri-kumwe-nabayobozi-batandukanye..jpg\",\"datePublished\":\"2018-12-08T14:10:18+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=12961#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu - BWIZA","og_description":"Nyuma yo kumara igihe kinini isembera,imwe iba mu bikoni by\u2019abandi baturage, imiryango 5 yashyikirijwe inzu zo kuba mo n\u2019itorero ADEPR paruwasi ya Gihundwe,ku bufatanye n\u2019umushinga RWA 0380 ufashwa na Compassion international yishimira kutazongera kubunza akarago. Muhoza Jonas ufite umugore n\u2019abana 5 yatangarije Bwiza.com ko yahungutse mu 1994 avuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo,kugeza ubu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-12-08T14:10:18+00:00","og_image":[{"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/Imiryango-yahawe-inzu-iri-kumwe-nabayobozi-batandukanye..jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu","datePublished":"2018-12-08T14:10:18+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961"},"wordCount":569,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/Imiryango-yahawe-inzu-iri-kumwe-nabayobozi-batandukanye..jpg","articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961","name":"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/Imiryango-yahawe-inzu-iri-kumwe-nabayobozi-batandukanye..jpg","datePublished":"2018-12-08T14:10:18+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=12961"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#primaryimage","url":"","contentUrl":""},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=12961#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rusizi: Imiryango 5 irimo iyari imaze imyaka irenga 15 isembera yashyikirijwe inzu"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12961","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=12961"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/12961\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=12961"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=12961"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=12961"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}