{"id":13476,"date":"2019-01-13T08:17:54","date_gmt":"2019-01-13T08:17:54","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/01\/13\/gatsinzi-wahutajwe-na-cmi-yasubije-umugande-barnabas-wandikiye-abakuru-ba\/"},"modified":"2025-02-12T13:17:42","modified_gmt":"2025-02-12T11:17:42","slug":"gatsinzi-wahutajwe-na-cmi-yasubije-umugande-barnabas-wandikiye-abakuru-ba","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476","title":{"rendered":"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Umunyarwanda wigeze gutabwa muri yombi n\u2019inzego z\u2019umutekano za Uganda zikamukorera iyicarubozo mbere yo kumuta ku mupaka wa Gatuna asa nk\u2019uwapfuye, yasubije Umugande, Barnabus Taremwa uherutse kwandikira Perezida Museveni na Perezida Kagame.<\/p>\n<p>Uyu mugabo uri mu bavuga rikijyana muri Uganda ndetse wabaye umukada ukomeye muri NRM, Dr Barnabas Taremwa yandikiye Perezida Kagame na mugenzi we, Yoweri Museveni abasaba \u00a0ko bavuga ibibazo biri hagati y\u2019ibihugu byombi we avuga ko bimeze nk\u2019uko abagabo babiri b\u2019uruhara barwanira igisokozo kandi bigaragara ko nta n\u2019umwe ugikeneye.<\/p>\n<p>Uyu Munyarwanda wahuriye n\u2019ingorane muri Uganda mu mwaka ushize witwa Fidel Gatsinzi yashinjwaga kuba intasi y\u2019u Rwanda ubwo yahatwaga ibibazo n\u2019ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI).<\/p>\n<p>Uyu mugabo nawe wabaye umukada ukomeye wa FPR mu Karere ka Mbarara mu myaka ya za 90, avuga ko azi neza Barnabas ndetse bombi bakoranye ubukada bwa NRM, akaba ari muri urwo rwego yafashe icyemezo cyo kumusubiza arushaho kumwereka ukuri kwe.<\/p>\n<p>Ibaruwa yandiye Barnabas amusubiza itangira igira iti: \u201c <em>Nasomanye nshinshikaye ibaruwa ifunguye y\u2019umuvandimwe wanjye Barnabus yandikiye Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Perezida Paul Kagame w\u2019u Rwanda yagaragaye muri Chimpreports kuwa Kane,itariki 10 Mutarama 2019. Nziranye na Barbas igihe kirekire nk\u2019abakada kandi twakomeje kuba inshuti imyaka myinshi. Turanavugana kenshi<\/em> \u201d.<\/p>\n<p>Gatsinzi akomeza mu ibaruwa ye avuga ku byavuzwe na mugenzi we Barnabas avuga ko yandikiye abakuru b\u2019ibihugu ashaka gukomoza ku bintu bibangamiye ibyagezweho n\u2019urugamba bombi barwanye muri Uganda no mu Rwanda.<\/p>\n<p>Akavuga ko yemeranya na Barnabas ko guceceka kuri iki kibazo byaba ari nko kugambanira igihugu no kutagikunda ndetse ko abimushimira, ariko ngo kuba yanditse ko abaturage basanzwe ari bo babigenderamo bwa mbere mu gihe intambara y\u2019ubutita yarushaho gukara, ngo byatumye nawe yumva agomba kugira icyo avuga.<\/p>\n<p>Yakomeje amwibutsa ko kuba yibuka ko nk\u2019abakada ba NRM na RPF bigishijwe indangagaciro z\u2019ukuri no gukunda igihugu, ari umwe mu bahutajwe n\u2019ibintu yavuze mu ibaruwa ye. Yibutsa kandi ko ari Fidel Gatsinzi wavukiye agakurira muri Uganda, ahoy amaze igihe cye kirekire mu burengerazuba bw\u2019iki gihugu.<\/p>\n<p>Avuga ko kimwe nk\u2019abandi benshi barimo na Barnabas bose bari urungano rw\u2019urubyiruko rwafashe icyemezo cyo kujya ku rugamba rwa NRM nk\u2019abakada kandi bakagira uruhare mu rugamba rwo kubohoza Uganda, kubw\u2019ibyo akaba afata Uganda nko mu rugo.<\/p>\n<p>Ati: \u201c <em>Kubw\u2019ibyo nita Uganda mu rugo<\/em> \u201d, ngo kuba yarize muri kiriya gihugu byamugiyemo ko abana be iyo bagejeje igihe abohereza kuba nabo ari ho biga.<\/p>\n<p>Agakomeza agira ati: \u201c <em>Ubusanzwe njya muri Uganda kenshi. Ariko, kuwa 09 Ukuboza, 2017, icyo kugeza icyo gihe natekerezaga ko ntawagitekereza cyambayeho\u2026Abagabo babiri bakiri bato baranyegereye mu isoko rya Ntinda aho nari nagiye mu iduka guhahira umuhungu wanjye, icyo gihe wari umunyeshuri kuri Christian University muri Mukono<\/em> \u201d<\/p>\n<p>\u201c  <em>Gapurali Abdul Karim Mukombozi, ukorera CMI, na Rugema Kayumba, umukozi wa RNC, banyinjije mu modoka yari itegereje banzengurukana Kampala, mbere yo kunjyana ku cyicaro cya CMI mu kigo cya gisirikare cya Mbuya. Bombi bari bafite imbunda byabaye ku manywa y\u2019ihangu. Byanabereye neza hafi ya station ya polisi<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Gatsinzi akomeza avuga ko ibintu utakwifuza ko byaba no ku mwanzi wawe byamubayeho aho yari afungiye kuri CMI, aho yakorerwaga iyicarubozo kabiri ku munsi.<\/p>\n<p>Ati: \u201cBakomezaga gukora ibyo kugeza ubwo nta ubwenge. Hanyuma bakagenda bakaza kugarukana uburyo bushya (iyicarubozo) burushijeho kuba ubwa kinyamanswa kurusha ubwa mbere.\u201d<\/p>\n<p>Avuga ubwoko butandukanye bw\u2019iyicarubozo yakorewe burimo kumukanda imyanya y\u2019ibanga, kumuheza umwuka bakoresheje amazi, kumutera inshinge atazi ibintu birimo, kugeza ubwo yabaye paralyze.<\/p>\n<p>Kuwa 22 Ukuboza nibwo yashyizwe mu modoka asa nk\u2019uwapfuye yumva bagiye kumurangiza, ahubwo baragenda bamujugunya ku Mupaka wa Gatuna, aho yakuwe n\u2019abayobozi b\u2019u Rwanda.<\/p>\n<figure id=\"attachment_123823\" aria-describedby=\"caption-attachment-123823\" style=\"width: 1024px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-123823 size-large\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/01\/FIDELE-1024x768-1024x768.jpg\" alt=\"\" width=\"1024\" height=\"768\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-123823\" class=\"wp-caption-text\">Gatsinzi Fidel yavuye muri Uganda yaramugajwe<\/figcaption><\/figure>\n<p>Muri iyi baruwa ndende Gatsinzi agera aho avuga ku byo Barnabas yavuze mu ibaruwa ye ati: \u201c <em>Niba Perezida Kagame afitanye ikibazo na Perezida Museveni, agomba kureka kukigira ikibazo cy\u2019igihugu ashishikariza Abanyarwanda kwanga Abagande<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Gatsinzi akagira ati: \u201c <em>Nk\u2019uko ibireba ndi inzirakarengane. Kandi nta kibazo mfitanye na Perezida Museveni cyangwa amagana y\u2019Abanyarwanda barenganira mu maboko y\u2019inzego z\u2019umutekano za Uganda, uzikuriye ari Perezida Yoweri Museveni<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Agaruka ku mpungenge za Barnabas z\u2019uko ibintu birushijeho kuba bibi byagira ingaruka ku mibreho myiza y\u2019abaturage basanzwe b\u2019ibihugu byombi, ariko akamubaza niba yarumvishe umugande wahohoterewe mu Rwanda.<\/p>\n<p>Ati: \u201c <em>Muvandimwe ntugira amatsiko y\u2019impamvu nta Mugande wari wahura n\u2019ihohoterwa nk\u2019iryo mu Rwanda? Kuba abashinzwe umutekano mu Rwanda batarashishikarije gusubiza ihohoterwa? Ntibitangaje kuba ibintu byaramaze kurenga kugeza aho bigira ingaruka ku mibereho y\u2019abaturage basanzwe mu gihugu kimwe bitari mu kindi<\/em> ?\u201d<\/p>\n<p>Gatsinzi arakomeza akagera na none ku byavuzwe na Barnabas ko umubano mwiza wari usanzwe hagati y\u2019ibihugu byombi udakwiye guhungabana, akamubwira ko ariko ibi bidakwiye kuba igikoresho cyo gufata abantu bugwate kuko gufata abantu neza ari byo bigaragaza uwo mubano.<\/p>\n<p>\u201c <em>Barnabas, nshobora kukwizeza ko nta hohoterwa nk\u2019iryo nahuye naryo ubwo na Mbuya rishobora kukubaho usuye Kigali, ku mpamvu iyo ari yo yose<\/em> ,\u201d uyu ni Gatsinzi akomeza yizeza barnabas ko ihohoterwa bamwe mu Banyarwanda bahura naryo muri Uganda nta Mugande wahura naryo mu Rwanda.<\/p>\n<p>Gatsinzi Fidel yasubije Barnabas mu gihe havugwa amakuru y\u2019undi Munyarwanda uherutse gufatwa n\u2019inzego z\u2019umutekano za Uganda. Moses Ishimwe Rutare w\u2019imyaka 33, wakoreraga mu Mujyi wa Kampala, yashimutiwe ahitwa Bugolobi n\u2019abantu bakora mu Rwego rwa Gisirikare rushinzwe Ubutasi muri Uganda (CMI).<\/p>\n<p>Inshuti n\u2019abo mu muryango we ni bo bavuze iby\u2019ishimutwa rye. Uyu Ishimwe ufite ikigo gikora ibijyanye no gutegura ibirori, yabuze ku wa 22 Ukuboza 2018 ahagana saa sita z\u2019amanywa.<\/p>\n<p>Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Amb. Nduhungirehe avuga ko iri tabwa muri yombi n\u2019ishimutwa rya hato na hato ari ukubanagamira uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu kandi bikaba bifite n\u2019izindi ngaruka.<\/p>\n<p>Ati \u201c  <em>Ese ni ryari ifatwa n\u2019iyicarubozo bikorerwa Abanyarwanda muri Ugaanda bizahagarara? Ibi ntibibangamiye uburenganzira bw\u2019ikiremwa muntu gusa ahubwo ni ikibazo ku mibanire n\u2019ubwisanzure ku rujya n\u2019uruza rwemejwe n\u2019ibihugu bigize umuryango wa Afurika y\u2019Iburasirazuba<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umunyarwanda wigeze gutabwa muri yombi n\u2019inzego z\u2019umutekano za Uganda zikamukorera iyicarubozo mbere yo kumuta ku mupaka wa Gatuna asa nk\u2019uwapfuye, yasubije Umugande, Barnabus Taremwa uherutse kwandikira Perezida Museveni na Perezida Kagame. Uyu mugabo uri mu bavuga rikijyana muri Uganda ndetse wabaye umukada ukomeye muri NRM, Dr Barnabas Taremwa yandikiye Perezida Kagame na mugenzi we, Yoweri [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-13476","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umunyarwanda wigeze gutabwa muri yombi n\u2019inzego z\u2019umutekano za Uganda zikamukorera iyicarubozo mbere yo kumuta ku mupaka wa Gatuna asa nk\u2019uwapfuye, yasubije Umugande, Barnabus Taremwa uherutse kwandikira Perezida Museveni na Perezida Kagame. Uyu mugabo uri mu bavuga rikijyana muri Uganda ndetse wabaye umukada ukomeye muri NRM, Dr Barnabas Taremwa yandikiye Perezida Kagame na mugenzi we, Yoweri [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-01-13T08:17:54+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T11:17:42+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/01\/FIDELE-1024x768-1024x768.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda\",\"datePublished\":\"2019-01-13T08:17:54+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:17:42+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476\"},\"wordCount\":986,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/01\\\/FIDELE-1024x768-1024x768.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476\",\"name\":\"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/01\\\/FIDELE-1024x768-1024x768.jpg\",\"datePublished\":\"2019-01-13T08:17:54+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:17:42+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13476#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda - BWIZA","og_description":"Umunyarwanda wigeze gutabwa muri yombi n\u2019inzego z\u2019umutekano za Uganda zikamukorera iyicarubozo mbere yo kumuta ku mupaka wa Gatuna asa nk\u2019uwapfuye, yasubije Umugande, Barnabus Taremwa uherutse kwandikira Perezida Museveni na Perezida Kagame. Uyu mugabo uri mu bavuga rikijyana muri Uganda ndetse wabaye umukada ukomeye muri NRM, Dr Barnabas Taremwa yandikiye Perezida Kagame na mugenzi we, Yoweri [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-01-13T08:17:54+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T11:17:42+00:00","og_image":[{"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/01\/FIDELE-1024x768-1024x768.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda","datePublished":"2019-01-13T08:17:54+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:17:42+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476"},"wordCount":986,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/01\/FIDELE-1024x768-1024x768.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476","name":"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/01\/FIDELE-1024x768-1024x768.jpg","datePublished":"2019-01-13T08:17:54+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:17:42+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=13476"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#primaryimage","url":"","contentUrl":""},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13476#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n\u2019u Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/13476","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=13476"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/13476\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=13476"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=13476"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=13476"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}