{"id":13873,"date":"2019-02-11T10:56:40","date_gmt":"2019-02-11T10:56:40","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/02\/11\/itsinda-ry-abashoramari-b-abanyamerika-rirashaka-ku-rwanda-indishyi-ya-miliyoni\/"},"modified":"2025-02-12T13:11:57","modified_gmt":"2025-02-12T11:11:57","slug":"itsinda-ry-abashoramari-b-abanyamerika-rirashaka-ku-rwanda-indishyi-ya-miliyoni","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873","title":{"rendered":"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$"},"content":{"rendered":"<p>Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika ryareze u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga rishaka indishyi ya miliyoni 95 z\u2019Amadolari nyuma y\u2019aho guverinoma bivugwa ko yigaruriye aho bacukuraga amabuye y\u2019agaciro igahita itesha agaciro impushya bari bafite zo gukora ubu bucukuzi.<\/p>\n<p>Ikirego cyajyanywe mu kigo mpuzamahanga gishinzwe gukemura amakimbirane ashingiye ku ishoramari (International Centre for Settlement of Investment Disputes (ICSID)) gisa nk\u2019ikije gusubiza inyuma urwego rw\u2019ubucukuzi bw\u2019amabuye y\u2019agaciro mu Rwanda rumaze iminsi mu mavugurura agamije kurushaho kureshya ishoramari muri uru rwego no kongera amafaranga aruturukamo.<\/p>\n<p>Aba Banyamerika bareze u Rwanda bakorera ku mazina ya Bayview Group na Natural Resources Development, batanze ikirego muri ICSID mu 2017 muri dosiye No.ARB\/18\/21 ariko hagati muri 2018 nibwo ikibazo cyabo cyatangiye gukurikiranwa nk\u2019uko inyandiko \u00a0The East African dukesha iyi nkuru ifitiye kopi ikomeza ivuga.<\/p>\n<p>Abacamanza batatu, babiri bakomoka mu Bwongereza, Barbara Dohman na Nicholas Phillips, ndetse n\u2019Umunyamerika Truman Bidwell nibo bazumva uru rubanza biteganyijwe ko ruzatangira kumvwa muri Werurwe rukaba rushobora kuzageza mu Ukuboza 2020.<\/p>\n<p>Bayview Group ivuga ko muri Mata 2017 ari bwo yamenyesheje umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi, ndetse n\u2019Umuyobozi w\u2019urwego rushinzwe mines, peteroli na gaz , Francis Gatare, ko bashaka kubarega. Iki kibazo kikaba kizitabwaho na minisiteri y\u2019ubutabera.<\/p>\n<p>Biravugwa ko ibi bigo by\u2019Abanyamerika kuva mu 2008 byacukuraga amabuye y\u2019agaciro arimo tantalum, tin na tungsten mu birombe bigera kuri bitanu mu Rwanda; mu Bisesero, Nemba, Mara, Giciye na Rutsiro-Sebeya byose ku masezerano ya miliyoni 20 z\u2019Amadolari.<\/p>\n<p>Aho bacukuraga hangana na hegitari 15,000 mu 2016 leta yagize itya irahabambura ihaha abandi bashoramari. Kuhisubiza kwa leta ngo kukaba kwaraje nyuma y\u2019aho impande zombi hari ibyo zari zimaze iminsi zitumvikanaho, leta y\u2019u Rwanda ishinja abo bashoramari gushora udufaranga duke ugereranyije n\u2019ibyo bari bumvikanye gukora.<\/p>\n<p>Icyo gihe leta ikaba yarabashinjaga kuba bakomeje kwangiza ahacukurwa amabuye bananirwa gushoramo imari nk\u2019uko babyemeranyije, ndetse no kwangiza ibidukikije bakoresha uburyo bubi mu gucukura.<\/p>\n<p>Nyuma yo kubambura ibyo birombe, leta yabihaye Tri Metals Mining, ikigo cyo muri Oman ku masezerano ya miliyoni 39 z\u2019Amadolari (hafi gukuba kabiri ayo bari bumvikanye n\u2019Abanyamerika).<\/p>\n<p>Aba bashoramari bo muri Amerika ariko bo bemeza ko Leta y\u2019u Rwanda yabambuye ibi birombe mu buryo bunyuranyije n\u2019amategeko yarangiza business zabo n\u2019ibikoresho byabo ikabyigarurira nta ndishyi ibahaye.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko ikirego batanze kivuga, aba bashoramari bashinja u Rwanda kuba rwararenze ku masezerano y\u2019ishoramari (BIT) bagiranye, bagasaba indishyi ya miliyoni 95$ kandi ICSID ikazatangaza ko u Rwanda rwarenze kuri ayo masezerano n\u2019itegeko mpuzamahanga. Barashaka kandi ko u Rwanda ruzishyura amafaranga y\u2019urubanza ndetse rukishyura abunganizi babo abarirwa muri miliyoni y\u2019amadorali.<\/p>\n<p>Aba bakomeza bavuga ko ibikorwa byabo mu Rwanda byabangamiwe n\u2019abacukura amabuye y\u2019agaciro mu buryo bunyuranyije n\u2019amategeko bavuga ko leta yashyigikiraga, ndetse ngo ikirengagiza raporo zabo ku bwambuzi n\u2019iterabwoba bavuga ko bakorerwaga n\u2019abantu babaga bashaka kwinjira mu birombe byabo.<\/p>\n<p>Mu mwaka ushize, nibwo Leta y\u2019u Rwanda yatangaje itegeko rishya rigenga ubucukuzi bw\u2019amabuye y\u2019agaciro hongerwa ikiguzi cy\u2019uruhushya rwo gucukura, aho urwa macye kuri ubu ruri kuri miliyoni 8$ ku kirombe kingana na hegitari 49 mu gihe cy\u2019imyaka 5.<\/p>\n<p>Mu 2017 u Rwanda rukaba rwarinjije miliyoni 373$ rurenzaho 55% ku ntego rwari rwihaye.<\/p>\n<p>Iki kirego cyarezwe u Rwanda kikaba kigaragaza imbogamizi ziri mu rwego rw\u2019ubucukuzi bw\u2019amabuye y\u2019agaciro mu karere mu gihe ibihugu bikomeje kuvugurura amategeko bigamije kurinda inyungu zabyo.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika ryareze u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga rishaka indishyi ya miliyoni 95 z\u2019Amadolari nyuma y\u2019aho guverinoma bivugwa ko yigaruriye aho bacukuraga amabuye y\u2019agaciro igahita itesha agaciro impushya bari bafite zo gukora ubu bucukuzi. Ikirego cyajyanywe mu kigo mpuzamahanga gishinzwe gukemura amakimbirane ashingiye ku ishoramari (International Centre for Settlement of Investment Disputes (ICSID)) gisa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-13873","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$ - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$ - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika ryareze u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga rishaka indishyi ya miliyoni 95 z\u2019Amadolari nyuma y\u2019aho guverinoma bivugwa ko yigaruriye aho bacukuraga amabuye y\u2019agaciro igahita itesha agaciro impushya bari bafite zo gukora ubu bucukuzi. Ikirego cyajyanywe mu kigo mpuzamahanga gishinzwe gukemura amakimbirane ashingiye ku ishoramari (International Centre for Settlement of Investment Disputes (ICSID)) gisa [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-02-11T10:56:40+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T11:11:57+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$\",\"datePublished\":\"2019-02-11T10:56:40+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:11:57+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873\"},\"wordCount\":555,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873\",\"name\":\"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$ - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-02-11T10:56:40+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T11:11:57+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=13873#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$ - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$ - BWIZA","og_description":"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika ryareze u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga rishaka indishyi ya miliyoni 95 z\u2019Amadolari nyuma y\u2019aho guverinoma bivugwa ko yigaruriye aho bacukuraga amabuye y\u2019agaciro igahita itesha agaciro impushya bari bafite zo gukora ubu bucukuzi. Ikirego cyajyanywe mu kigo mpuzamahanga gishinzwe gukemura amakimbirane ashingiye ku ishoramari (International Centre for Settlement of Investment Disputes (ICSID)) gisa [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-02-11T10:56:40+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T11:11:57+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$","datePublished":"2019-02-11T10:56:40+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:11:57+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873"},"wordCount":555,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=13873#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873","name":"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$ - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-02-11T10:56:40+00:00","dateModified":"2025-02-12T11:11:57+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=13873"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=13873#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Itsinda ry\u2019abashoramari b\u2019Abanyamerika rirashaka ku Rwanda indishyi ya miliyoni 95$"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/13873","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=13873"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/13873\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=13873"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=13873"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=13873"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}