{"id":14777,"date":"2019-04-14T12:38:38","date_gmt":"2019-04-14T12:38:38","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/04\/14\/ntabwo-ari-buri-muhutu-wifuzaga-ko-dupfa-uwimana-utaribagirwa-ko-yari-atwite\/"},"modified":"2025-02-12T12:44:21","modified_gmt":"2025-02-12T10:44:21","slug":"ntabwo-ari-buri-muhutu-wifuzaga-ko-dupfa-uwimana-utaribagirwa-ko-yari-atwite","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777","title":{"rendered":"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside"},"content":{"rendered":"<p>Nyuma y\u2019imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ibaye, Denise Uwimana arakibuka ukuntu muri Mata 1994 yari atwite inda y\u2019imvutsi kuko yari yujuje amezi acyenda, yihishe munsi y\u2019igitanda mu kizenga cy\u2019amaraso y\u2019abo mu muryango we bari bishwe nta hantu hatekanye afite ho kubyarira mu gihe umuhungu we mukuru yamubazaga niba ari ryo herezo ry\u2019Isi. Gusa ati: \u201c <em>Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa<\/em> !\u201d<\/p>\n<p>Ibi ni ibikubiye mu gitabo Denise Uwimana yise \u201c <strong>From Red Earth<\/strong> \u201d. Ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko \u2018 <strong>Guturuka\/Kuva mu Isi itukura<\/strong> \u2019.<\/p>\n<p>Nubwo hashize imyaka myinshi Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, bisa nk\u2019aho yabaye ejo ku barokotse.<\/p>\n<p>\u201c <em>Nahumekeye mu maraso<\/em> ,\u201d uyu ni Uwimana mu kiganiro yagiranye n\u2019Umunyamakuru Christiane Amanpour cyatambutse kuri CNN kuwa Gatanu ushize.<\/p>\n<p>Ngo hari ku itariki 16 Mata 1994. Iminsi 10 mbere yaho nibwo indege ya Perezida Juvenal Habyarimana yahanuwe birangiza amasezerano yo guhagarika intambara biba n\u2019imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw\u2019abantu basaga miliyoni mu minsi 100.<\/p>\n<p>Abahezanguni b\u2019Abahutu bibasiye Abatutsi n\u2019abahutu batari bahuje ibitekerezo bakoresheje intwaro zose zishoboka nk\u2019impiri, imipanga, imbunda n\u2019ibindi. Abagabo bihindutse abagore babo, insengero ziba amabagiro, amashuri ahinduka imva. N\u2019uruhinja ntirwagiriwe impuhwe.<\/p>\n<p> <strong>Abamalayika boherejwe n\u2019Imana<\/strong> <\/p>\n<p>Muri iki gitabo cye, \u201cFrom Red Earth\u201d, Denise Uwimana agira ati: \u201c <strong> <em>Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa<\/em> <\/strong> \u201d. Akomeza agira ati: \u201c <em>Ndabizi abana banjye nanjye tuba twarapfuye inshuro nyinshi, iyo hataba inshuti zanjye nkeya z\u2019Abahutu zaturindaga<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Uwimana akomeza avuga ko yabyaye arinzwe n\u2019umuturanyi we w\u2019Umuhutu. Nyuma yo kubyara, ngo inshuti ye y\u2019Umuhutu yamusabiye ku wari burugumesitiri nawe w\u2019Umuhutu kubareka bagatwara Uwimana n\u2019abana be ku ivuriro ryari mu giturage cy\u2019iwabo. Iri vuriro ngo ryabaye ubuhungiro bw\u2019Abatutsi, inshuti zabo z\u2019Abahutu zikajya zibashyira ibyo kurya, zikabamenyesha uko ibintu byifashe ndetse zikajya gukingiza uruhinja rwa Uwimana.<\/p>\n<p>\u201cNabonye ubufasha ntateganyaga ku Bahutu,\u201d ibi nibyo yakomeje abwira umunyamakuru. Ati: \u201c <em>Bamwe mu baturanyi banjye ntateganyaga ko baba ari bo bamfasha<\/em> .\u201d \u201c <em>Bari nk\u2019Abamalayika boherejwe n\u2019Imana<\/em> \u201d.<\/p>\n<p>Nubwo yishimira ko hari bamwe mu baturanyi be bamutabaye, uyu mwana we wabyawe muri jenoside wujuje imyaka 25 ntazi se, Charles, utari kumwe n\u2019umuryango we ubwo jenoside yatangiraga.<\/p>\n<p>Uwimana ati: \u201c <em>Ndabizi yishwe n\u2019intagondwa z\u2019Abahutu ariko sinzi aho bamushyize<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>\u201c <em>Ibi biracyari ihungabana kuri twe<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Ubwo yabazwaga niba yari yarateganyaga kuzaba umupfakazi ku myaka 29, Uwimana yasubije ko atigeze abiteganya. Ati: \u201c <em>Narotaga ibintu byinshi byiza n\u2019umugabo wanjye. Ariko bitunguranye byose byaracitse<\/em> ,\u201d<\/p>\n<p>Uwimana avuga ko bwa nyuma abona umugabo we hari ku itariki 05 Mata 1994. \u201c <em>Yarampobeye gusa arambwira ndagukunda, maze aragenda<\/em> .\u201d<\/p>\n<p> <strong>\u201cNabwiye Imana nti: Warantengushye\u2019<\/strong> <\/p>\n<p>Ku ruhande rw\u2019iwabo wa nyina wa Uwimana, benshi mu bo bafitanye isano ngo biciwe mu nsengero. Insengero nyinshi zabaye amabagiro muri jenoside, ibihumbi byabaga byahahungiye byumva ko nta watinyuka kwicira umuntu mu nzu y\u2019Imana basanga baribeshye.<\/p>\n<p>Ni mu gihe nyamara byavugwaga ko 90% by\u2019Abanyarwanda ari abakirisitu biganjemo Abagaturika ariko ntibyabuza n\u2019abapadiri n\u2019ababikira bicwa.<\/p>\n<p>Uwimana ati:\u201d <em>Sinashoboraga kwizera ko abantu bizeraga Imana, bitwaga abakirisitu, babigiramo uruhare ruziguye cyangwa rutaziguye. Nabwiye Imana nti: Warantengushye<\/em> \u201d.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019ibi byose ariko, Uwimana yiyemeje inzira yo kubabarira akuye imbaraga muri Bibiliya. Ati: \u201c <em>Nagombaga guha amahirwe aba Bahutu bishe, kugirango bumve ko bagize nabi<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yarangira, Uwimana ngo yitangiye kwamagana igitekerezo cy\u2019uko hari umuntu cyangwa itsinda ry\u2019abantu rifatwa nk\u2019aho atari abantu. Yashinze Iriba Shalom International, umuryango udaharanira inyungu ufasha abarokotse kubona imbabazi no mu bijyanye n\u2019ubwiyunge.<\/p>\n<p>Perezida Kagame muri iki cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi nawe yakomoje ku kamaro k\u2019ubwiyunge avuga ko mu 1994 nta cyizere cyari gihari usibye umwijima gusa, ariko umucyo wongeye kurasira u Rwanda. Ati: \u201c <em>U Rwanda rwongeye kuba umuryango na none<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Nyuma y\u2019imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ibaye, Denise Uwimana arakibuka ukuntu muri Mata 1994 yari atwite inda y\u2019imvutsi kuko yari yujuje amezi acyenda, yihishe munsi y\u2019igitanda mu kizenga cy\u2019amaraso y\u2019abo mu muryango we bari bishwe nta hantu hatekanye afite ho kubyarira mu gihe umuhungu we mukuru yamubazaga niba ari ryo herezo ry\u2019Isi. Gusa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-14777","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Nyuma y\u2019imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ibaye, Denise Uwimana arakibuka ukuntu muri Mata 1994 yari atwite inda y\u2019imvutsi kuko yari yujuje amezi acyenda, yihishe munsi y\u2019igitanda mu kizenga cy\u2019amaraso y\u2019abo mu muryango we bari bishwe nta hantu hatekanye afite ho kubyarira mu gihe umuhungu we mukuru yamubazaga niba ari ryo herezo ry\u2019Isi. Gusa [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-04-14T12:38:38+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T10:44:21+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside\",\"datePublished\":\"2019-04-14T12:38:38+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:44:21+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777\"},\"wordCount\":615,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777\",\"name\":\"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-04-14T12:38:38+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:44:21+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14777#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside - BWIZA","og_description":"Nyuma y\u2019imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ibaye, Denise Uwimana arakibuka ukuntu muri Mata 1994 yari atwite inda y\u2019imvutsi kuko yari yujuje amezi acyenda, yihishe munsi y\u2019igitanda mu kizenga cy\u2019amaraso y\u2019abo mu muryango we bari bishwe nta hantu hatekanye afite ho kubyarira mu gihe umuhungu we mukuru yamubazaga niba ari ryo herezo ry\u2019Isi. Gusa [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-04-14T12:38:38+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T10:44:21+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside","datePublished":"2019-04-14T12:38:38+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:44:21+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777"},"wordCount":615,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=14777#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777","name":"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-04-14T12:38:38+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:44:21+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=14777"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14777#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ntabwo ari buri Muhutu wifuzaga ko dupfa \u2014 Uwimana utaribagirwa ko yari atwite imvutsi muri jenoside"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/14777","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=14777"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/14777\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=14777"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=14777"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=14777"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}