{"id":14860,"date":"2019-04-19T15:21:37","date_gmt":"2019-04-19T15:21:37","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/04\/19\/opinion-amaraso-y-abatutsi-ntakwiye-kuba-ayo-gushakisha-icyubahiro-cyangwa\/"},"modified":"2019-04-19T15:21:37","modified_gmt":"2019-04-19T15:21:37","slug":"opinion-amaraso-y-abatutsi-ntakwiye-kuba-ayo-gushakisha-icyubahiro-cyangwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860","title":{"rendered":"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu"},"content":{"rendered":"<p>Taliki ya 14 Mata 2019, Akarere ka Rwamagana n\u2019Umuryango w\u2019Abasilamu mu Rwanda bifatanije n\u2019abandi banyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Uwo muhango wabereye i Mabare aho bumvise ubuhamya bw\u2019Abasilamu baho bayobowe na Imamu Rashidi Bagabo, maze bose bashima imyitwarire yabo mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi . Ni byo kandi birakwiye ko ubutwari bw\u2019Abasilamu b\u2019i Mabare bushimwa ku mugaragaro kuko babaye intangarugero mu rwego ruhebuje.<\/p>\n<p>Singamije kubivugaho kuko nyirubwite yabyivugiye, ariko icyo ngamije kwerekana ni ukwamagana icyo nita \u00ab Gushakira icyubahiro ku maraso y\u2019Abatutsi \u00bb.<\/p>\n<p>Umuryango wa RMC\/AMUR wifuje iteka kwigarurira ibigwi bya Rashid na bagenzi be, twabimenya tukabyamagana, bagatuza none bashyizwe babigezeho, maze biyitiririra ubutwari bw\u2019abasilamu b\u2019i Mabare babyambika abasilamu bose bo mu Rwanda. Ibi ni Agashinyaguro, ni amahano akwiye kwamaganwa ni ukwiba amateka.<\/p>\n<p> <strong> Ese ubundi abasilamu bijanditse mu bwicanyi ni ba nde koko ? <\/strong> <\/p>\n<p>Umuryango wa AMUR\/RMC kuva washingwa wagiye mu murongo wa politiki y\u2019ivangura ryari mu gihugu. None Coran ngo yabaye ikimenyetso cy\u2019inyigisho nziza. Umuntu yakwibaza niba aribwo icyaduka cyangwa se niba aribwo bakibuka ko bayitunze. Ndabaha ingero zifatika.<\/p>\n<p>Genoside irangiye inkuru zaramamaye ko abasilamu bitwaye neza kuruta abandi banyamadini. Harimo ukuri n\u2019amakabyankuru akwiye kugenzurwa neza maze hakamenyekana inkuru nyayo. Ndifashisha ubushakashatsi butatu kugirango tuve mu nkuru maze dushingire ku byavuye muri bwo.<\/p>\n<p>Ubushakashatsi bwa mbere bwakozwe n\u2019ikigo cy\u2019Abanyamerika cyitwa CDA (STEPS TOWARD CONFLIT PREVENTION PROJET: Resistance and Protection: Muslim Community Actions During the Rwandan Genocide CDA (Collaborative for Development Action) et Cambridge, Massachussets USA).<\/p>\n<p>Ubwa kabiri : ni M\u00e9moire nakoreye muri Universit\u00e9 ya Louvain la Neuve yitwa : \u201cLE R\u00e0\u201dLE DE L\u2019ISLAM DANS LA PR\u00e0\u2030VENTION ET LA LUTTE CONTRE LE G\u00e0\u2030NOCIDE DES TUTSI DE 1994. CAS DU CENTRE DE KIBAGABAGA AU RWANDA \u00bb.<\/p>\n<p>Ubwa gatatu ni igitabo cy\u2019umu Professeur Jacques Loisin cyitwa : DANS LA NUIT LA PLUS NOIRE SE CACHE L\u2019HUMANITE cyo kuri 14 Gicurasi 2018.<\/p>\n<p>Ibyavuye mu bushakashatsi buriya bwa mbere bubanza : Ni uko Abasilamu babonetsemo ibice bibiri<\/p>\n<ol>\n<li>Igice cy\u2019abasilamu bo mu muryango w\u2019 AMUR (Association des Musulmans au Rwanda) bagaragayemo abishoye mu bwicanyi, abarebereye ntibice ariko ntibanatabare (r\u00e9sistance passive). Mu bushakashatsi nakoze nerekanye abakatiwe n\u2019ubutabera bwo mu Rwanda, n\u2019Ubutabera Mpuzamahanga, ndetse n\u2019abagishakishwa..<\/li>\n<\/ol>\n<p>\u00a0<\/p>\n<ol start=\"2\">\n<li>Igice cy\u2019Abasilamu bo mu muryango w\u2019 ANSAR ALLAH aribo Rashid abarizwamo. Ibyo bakoze simbisubiramo, ahubwo ndongeraho ko barwanye n\u2019i Kibagabaga baranahagwa kuko ariho hari icyicaro cy\u2019inyigisho bahabwaga, maze abahaguye tubashyingura mu cyubahiro taliki ya 25\/06\/2005. Aya mateka ntawe ukwiye kuyiyitirira ngo ayahuguze bene yo kugirango akunde agire agaciro, maze agaragare neza mu Gihugu.<\/li>\n<\/ol>\n<figure id=\"attachment_131229\" aria-describedby=\"caption-attachment-131229\" style=\"width: 1024px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-131229 size-large\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/04\/RMC-1024x768.jpg\" alt=\"\" width=\"1024\" height=\"768\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-131229\" class=\"wp-caption-text\"><strong>Ubwo Abayobozi batandukanye bari mu muhango wo kwibuka i Mabare\/Photo src :umuyoboro<\/strong><\/figcaption><\/figure>\n<p> <strong>Amateka arandikwa ntiyibwa. <\/strong> <\/p>\n<p> <strong>Kuki Abasilamu bamwe batijanditse mu bwicanyi ?<\/strong> <\/p>\n<p>ubushakashatsi twakoze bugaragaza impamvu eshatu z\u2019ingenzi zatumye igice kimwe cy\u2019Abasilamu kitijandika mu bwicanyi bwa jenoside yakorewe Abatutsi. Kugirango dusobanure iki kibazo bisaba kugishyira mu mateka kugirango tubashe gusobanukirwa impamvu nyazo.<\/p>\n<p>Kugera mu Rwanda kw\u2019Abasilamu ba mbere, ishyirwa mu nkampi n\u2019ingaruka zabyo. Abasilamu ba mbere bahageze mu mwaka wa 1892 baturutse muri Tanzania, baza bikoreye imizigo y\u2019Abadage (man powers).<\/p>\n<p>Abandi bageze mu Rwanda ni icyiciro cy\u2019Abacuruzi, nabo bazanye n\u2019Abadage. Hafi muri 1901, nibwo binjiye I Nyanza banyuze i Shangi.<\/p>\n<p>Mu 1907, inkambi ya Shangi yimukira i Kigali gushinga Umurwa Mukuru. Bazana n\u2019abasilamu, ibikorwa by\u2019abasilamu bitangira k\u2019umugaragaro ahagana mu mwaka wa 1913 (cfr Heremans R. Introduction \u00e0\u00a0 l\u2019histoire du Rwanda 3\u00e8me \u00e9d revue et corrig\u00e9e. Et Kagabo J.Hamim \/ L\u2019islam et les Swahili au Rwanda \u00e9d. Ecole des hautes \u00e9tudes des sciences humaines Paris 1988). Abasilamu babana neza n\u2019Abadage n\u2019Ubutegetsi bwa Cyami.<\/p>\n<p>Mu mwaka wa 1916 Abadage birukanwa mu Rwanda basimburwa n\u2019Ababiligi, maze Ababiligi bikoma abasilamu. Kiliziya gatolika ishyiraho politiki yitwa kuzitira (quadrillage) Igihugu, yirinda Abaporoso n\u2019Abasilamu (cfr. Histoire du Rwanda des origines \u00e0\u00a0 la fin du XX\u00e8me si\u00e8cle : UNR 2011) , maze ishinga za Misiyoni mu mpande z\u2019igihugu. Ni uko Misiyoni zashinzwe ku Mipaka kuko Abaporoso baturukaga Uganda y\u2019Abongereza, naho abasilamu baturuka Tanzaniya (P. Rutayisire dans LA CHRISTIANISATION DU RWANDA 1900-1945 METHODE MISSIONNAIRE ET POLITIQUE selon Mgr Classe; Fribourg \u00e9d univest 1987).<\/p>\n<p>Taliki ya 25 Kamena 1925 hasohoka iteka ry\u2019abakoloni, bacira Abasilamu mu Nkambi (cit\u00e9s). Ni uko imidugudu ya Kisilamu ya Nyamirambo, Kamembe etc.. yashinzwe (arr\u00e0\u00aat\u00e9 coloniale). Ingaruka z\u2019icyo cyemezo : Benshi mu basilamu bari abanyamahanga, babacira mu midugudu, babatandukanya n\u2019abandi banyarwanda, maze basigara bashaka uburyo bw\u2019imibereho, (survie) bashyirwa kure y\u2019ubuzima bw\u2019Igihugu. Batakaza ibijyanye n\u2019Umuco, Politiki, ubuhanga etc. Basigarana kwirwanaho, nibwo bigiriye mu by\u2019ubucuruzi kenshi bwa magendu, ubukorikori n\u2019ibindi.<\/p>\n<p>Umuryango babonye wongera kubahuza n\u2019abandi ni igihe Parmehutu itereye imyivumbagatanyo, Abatutsi bacirwa mu makambi za Bugesera no mu Gisaka, noneho ba basilamu bajya gushaka Abakobwa b\u2019Abatutsikazi bari mu nkambi, cyane ko mw\u2019iyimurwa ryabo batwarwaga n\u2019imodoka z\u2019abayisilmu, Umubyeyi uri kumwe n\u2019abakobwa muri Tsetse agahitamo kubashyingira Umusilamu (umunyamahanga aho kumupfira mu maso). Ibi biri mu byiza ntibiri mu bibi byabo. Abahanga mu mibanire ya Muntu (sociologues) bavuga ko iyo abantu bari mu ngorane barushaho kwisungana. Aha twabonamo ubwisungane hagati y\u2019Abatutsi n\u2019Abasilamu.<\/p>\n<figure id=\"attachment_131230\" aria-describedby=\"caption-attachment-131230\" style=\"width: 800px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img decoding=\"async\" class=\"wp-image-131230 size-full\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/04\/Mufuti.jpg\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"534\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-131230\" class=\"wp-caption-text\"><strong>Mufti w\u2019u Rwanda Sheikh Hitimana Salim ubwo yari mu muhango wo kwibuka i Mabare\/Photo src :umuyoboro<br \/><\/strong><\/figcaption><\/figure>\n<p> <strong>Imyitwarire muri Jenoside yabaye iyihe ? <\/strong> <\/p>\n<p>Ingaruka zabyo mu gihe cya jenoside : 1. Nta cyo barengeraga kuko ntacyo bapfanaga n\u2019ubutegetsi (pas d\u2019enjeux politiques). Ibi bihamwa n\u2019uko abasilamu bagiye muri politiki bitwaye nk\u2019abandi bahutu bo mu Rwanda, baba Interahamwe, barica, barabohoza, barasahura&#8230;<\/p>\n<ol start=\"2\">\n<li>Kubera gushaka Abatutsikazi, abana babakomotseho barimo izo Nterahamwe, bari bafite ba Nyirarume, babyara babo na ba Nyina bari bahishe mu nzu, bityo bituma batitabira ubwicanyi.<\/li>\n<li>Inyigisho z\u2019idini. Muri rusange Ubusilamu bwigisha cyane kutarenganya n\u2019ubwo hari ubwo ibihe bituma batabyitaho. Ngizo impamvu eshatu zabaye impurirane bituma bamwe batitabira ubwicanyi.<\/li>\n<\/ol>\n<p>Ikinyuranyo ku banyamuryango ba AnsarAllah : guhinduka nyakuri !<\/p>\n<p>Umuryango wa Ansar Allah wigishije ubusilamu mu gihugu hagati, maze abanyarwanda basanzwe binjira idini bakomeza gutura iwabo, aho bakuriye mu myumvire ya kinyarwanda. Bari batandukanye n\u2019abasilamu bo muri cit\u00e9 badafitanye isano n\u2019amateka y\u2019u Rwanda, Umuco, ururimi. Aho baboneye inyigisho nziza zibabuza kwica, biyemeza kureka ibyo bari bazi, ibyo bakuriyemo. Abo nibo bahindutse kuko bataye ibyo bazi.<\/p>\n<p>Naho abandi ntabyo bari bazi : Ng\u2019uko uko i Mabare havutse ririya tsinda ryarwanye ; ni uko i Kibagabaga barwanye bashingiye k\u2019ubyo bize batojwe. Mu ijambo Rashid yavuze mu buhamya bwe ati : twagiye gutabara Abajiji , ndetse umwe yari yarahaye inka Papa. Birerekana umuntu utuye mu kinyarwanda, mu muco, mu mateka y\u2019igihugu.<\/p>\n<p>Uyu murimo wo kwirinda g\u00e9nocide umuryango Ansar Allah ubigaragariza mu nyandiko washyize hanze kw\u2019ilayidi yabanjirije jenocide yakorewe Abatutsi ibyumweru 3 mbere, (inyandiko irahari) n\u2019amahugurwa wakoresheje kuva taliki ya 2-30 Mutarama 1994 abuza abantu kwishora mu bwicanyi bikanyuzwa kuri Radio Rwanda (inyandiko irahari).<\/p>\n<figure id=\"attachment_131231\" aria-describedby=\"caption-attachment-131231\" style=\"width: 800px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img decoding=\"async\" class=\"wp-image-131231 size-full\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/04\/Rashid.jpeg\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"531\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-131231\" class=\"wp-caption-text\"><strong>Imam Bagabo Rashid washimiwe igikorwa yakoze\/Photo src :umuyoboro<br \/><\/strong><\/figcaption><\/figure>\n<p> <strong>Umwanzuro : Ngayo amateka n\u2019ukuli bikwiye kwigishwa !<\/strong> <\/p>\n<p>Ikindi kigaragaza ubucabiranya, ngirango mwabonye k\u2019umusigiti wa Mabare washenywe muri jenoside yakorewe Abatutsi , bariya basilamu b\u2019i Mabare bagerageje mu bushobozi bwabo bucye kwishingira ka shitingi basengeramo bakanahahurira nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi , iyo AMUR\/RMC yaraje irabisenya ibijugunya muri Mugesera ndetse inafungisha abasilamu b\u2019i Mabare, umugabo ntanga ni Afande Nkwaya Francis wari ushinzwe Polisi muri Kigali na Kigali Ngali. None uyu munsi baje kwiriza ay\u2019Ingona ngo ni abantu beza, Rashid wabo w\u2019Umusilamu. None se bamusenyera yari iki kiriya gihe. ?<\/p>\n<p>Bareke kugoreka amateka, Amaraso y\u2019Abatutsi si ayo kumara imanza z\u2019ubwikuze n\u2019izindi nyungu. Uwitwa Sheikh Sindayigaya yigishije uburyo Islam irwanya ingengabitekerezo y\u2019urwango. Nashimishwa no kubibona mu basilamu aho kubisoma muri islam. Islam ni ukwemera, ni ibyanditse, ariko ibyanditse nibigaragarire mu bayoboke tubibone, bye kuba indirimbo dusoma mu bitabo.<\/p>\n<p>Mu 1981 uwari umuyobozi w\u2019abasilamu yimishije passeport abana 6 bari batsindiye kujya kwiga muri Soudan ngo kubera ko benshi bari Abatutsi, hagenda uwabaye uwa kabiri n\u2019undi wahinduye irangamuntu, abo bose barahari. Icyo gihe se islam yari he? Islam nitwigishe kuvuga ukuri kuko ishingiye k\u2019ukuri kandi kuboneke mu bayoboke kuve mu bitabo. AMUR\/RMC\u00a0 nireke kwiyitirira ubutwari bwa Bagabo Rashid, kuko itamuzi ahubwo igiye gusarura ibyo itahinze.<\/p>\n<figure id=\"attachment_111775\" aria-describedby=\"caption-attachment-111775\" style=\"width: 800px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-111775 size-full\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/08\/Omar1.jpg\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"533\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-111775\" class=\"wp-caption-text\"><strong>Omar Servil Ntagengwa<\/strong><\/figcaption><\/figure>\n<p>\u00a0<\/p>\n<p> <strong>Mugire amahoro<\/strong> <\/p>\n<p> <strong>NTAGENGWA Servil OMAR<\/strong> <\/p>\n<p> <strong>Wahoze ari Umunyamabanga wa ANSAR ALLAH<\/strong> <\/p>\n<p> <strong>Ikitonderwa: ibitekerezo biri muri iyi nkuru ni iby&#8217;umwanditsi bwite<\/strong> <\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Taliki ya 14 Mata 2019, Akarere ka Rwamagana n\u2019Umuryango w\u2019Abasilamu mu Rwanda bifatanije n\u2019abandi banyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Uwo muhango wabereye i Mabare aho bumvise ubuhamya bw\u2019Abasilamu baho bayobowe na Imamu Rashidi Bagabo, maze bose bashima imyitwarire yabo mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[27],"tags":[],"class_list":["post-14860","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-kwibuka"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Taliki ya 14 Mata 2019, Akarere ka Rwamagana n\u2019Umuryango w\u2019Abasilamu mu Rwanda bifatanije n\u2019abandi banyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Uwo muhango wabereye i Mabare aho bumvise ubuhamya bw\u2019Abasilamu baho bayobowe na Imamu Rashidi Bagabo, maze bose bashima imyitwarire yabo mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-04-19T15:21:37+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/04\/RMC-1024x768.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu\",\"datePublished\":\"2019-04-19T15:21:37+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860\"},\"wordCount\":1401,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/04\\\/RMC-1024x768.jpg\",\"articleSection\":[\"kwibuka\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860\",\"name\":\"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/04\\\/RMC-1024x768.jpg\",\"datePublished\":\"2019-04-19T15:21:37+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14860#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu - BWIZA","og_description":"Taliki ya 14 Mata 2019, Akarere ka Rwamagana n\u2019Umuryango w\u2019Abasilamu mu Rwanda bifatanije n\u2019abandi banyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Uwo muhango wabereye i Mabare aho bumvise ubuhamya bw\u2019Abasilamu baho bayobowe na Imamu Rashidi Bagabo, maze bose bashima imyitwarire yabo mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-04-19T15:21:37+00:00","og_image":[{"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/04\/RMC-1024x768.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu","datePublished":"2019-04-19T15:21:37+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860"},"wordCount":1401,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/04\/RMC-1024x768.jpg","articleSection":["kwibuka"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860","name":"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/04\/RMC-1024x768.jpg","datePublished":"2019-04-19T15:21:37+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=14860"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#primaryimage","url":"","contentUrl":""},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14860#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Opinion : Amaraso y\u2019Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w\u2019Abasilamu"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/14860","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=14860"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/14860\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=14860"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=14860"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=14860"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}