{"id":14961,"date":"2019-04-26T11:41:44","date_gmt":"2019-04-26T11:41:44","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/04\/26\/umuyoboke-wa-fdu-inkingi-yavuze-ko-yari-kwemera-ko-ari-we-wahanuye-indege-ya\/"},"modified":"2025-02-12T12:39:17","modified_gmt":"2025-02-12T10:39:17","slug":"umuyoboke-wa-fdu-inkingi-yavuze-ko-yari-kwemera-ko-ari-we-wahanuye-indege-ya","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961","title":{"rendered":"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal"},"content":{"rendered":"<p> <strong>Urugereko rw\u2019Urukiko Rukuru ruzaburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka mu Karere ka Nyanza, rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ruregwamo <\/strong>  <em> <strong>abarwanashyaka 11 b\u2019ishyaka FDU-Inkingi ritemewe mu Rwanda.<\/strong> <\/em> <\/p>\n<p>Mu baregwa harimo Twagirayezu Fabien wemera ko yari ashinzwe ubukangurambaga ku rwego rw\u2019igihugu muri FDU-Inkingi, ubushinjacyaha bumushinja kubwira abo bari kumwe ko hari igisirikare kirimo gutegurwa hanze y\u2019u Rwanda abakangurira kukijyamo, gusa ku ruhade rwe arabihakana ahubwo akemeza ko yakorewe iyicarubozo.<\/p>\n<p>Mu rukiko humviswe Twagirayezu Fabien na Ufitamahoro Norbert wari umurwanashyaka usanzwe, na we uvuga ko yakorewe iyicarubozo ngo ku buryo yashoboraga no kuba yakwemera ko ariwe wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal ku wa 6 Mata 1994, akanabisinyira kugira ngo akize amagara ye.<\/p>\n<p>Muri iri burana ryo ku wa Kane tariki ya 25 Mata 2019, Twagirayezu yabwiye urukiko ko mu bugenzacyaha yabajijwe iby\u2019igisirikare P5 baregwa gushyiraho arabihakana ngo maze inzego z\u2019umutekano ziramukubita.<\/p>\n<p>Yavuze ko bamukandagiye ku gatuza ahera umwuka ngo biba ngombwa ko bamumenaho ibase y\u2019amazi abona kuzanzamuka, abwira urukiko ko ihuriro P5 ishyaka rye ribereye umunyamuryango naryo bataryemera ngo kuko iryo baregwa rigizwe n\u2019amashyaka atandatu mu gihe iryabo ririmo amashyaka atanu na FDU-Inkingi irimo.<\/p>\n<p>Kuba ashinjwa ko ari we wohereje abayoboke ba FDU Inking muri Congo kwiga igisirikare, abamenyera amafaranga n\u2019ibindi, Twagirayezu arabihakana.<\/p>\n<p>Yahakanye gukoresha inama bivugwa ko zacurirwagamo imigambi mibisha yo kugirira nabi ubutegetsi buriho kandi ko nta kimina yabagamo ubushinjacyaha bubarega ko cyari urwitwazo. Avuga ko ibyo yakoraga byose yaharaniraga ko ishyaka ryabo ryatera imbere kandi ko icyo bari bagamije muri P5 ari ukugera ku butegetsi mu mahoro biciye mu nzira ya politiki aho kuba intambara.<\/p>\n<p>Urukiko rwashatse kumenya impamvu mu itumanaho bakoreshaga na bagenzi be, bakoreshaga imvugo zizimije, abasubiza avuga ko kuva mu 2010 FDU-Inkingi yagiye ihura n\u2019ibizazane byinshi birimo gukubitwa, kwicwa, gushimutwa abandi bahunga igihugu, bityo ko bahisemo gukoresha imvugo zuje amarenga.<\/p>\n<p>VOA yakurikiranye iri buranisha, itangaza ko Twagirayezu yavuze ko ntacyo yavuga ku majwi n\u2019ubutumwa ngo yakoresheje kuri telefoni, ko azakivuga amaze kububona.<\/p>\n<p>Ufitamahoro Norbert we yavuze ko yafashwe mu ntangiriro z\u2019ukwezi kwa Cyenda mu 2017, afatirwa mu karere ka Rusizi. Imodoka ngo yari arimo harimo inzego z\u2019umutekano ngo zari zambaye sivile, zimukura mu bandi zimujyana kuri sitasiyo ya Rusizi.<\/p>\n<p>Yavuze ko yabajijwe ku barwanashyaka ba FDU-Inkingi avuga ko abazi kandi ko nawe ari umwe muri bo. Yavuze kandi ko yajyanwe i Kigali, ageze Nyabugogo yambikwa igitambaro mu maso ajyanwa ahantu hatazwi. Asobanura ko yakorewe ibikorwa by\u2019iyicarubozo bamuhatira kwemera ko yagiye kwiga igisirikare cya P5 muri Congo akabihakana.<\/p>\n<p>Avuga ko mu nzu y\u2019imbohe mu mujyi wa Kigali yahakubitiwe akabyimbagatana kugera aho ikabutura yambaraga itamukwiraga, aboshye amaboko n\u2019amaguru ngo ahatirwa kwemera ibyaha cyangwa gupfa.<\/p>\n<p>Yabwiye urukiko ko yahatiwe gushinja Gratien Nsabiyaremye bareganwa ko ariwe wamukanguriye kujya mu gisirikare cya P5 anamuha amafaranga ibihumbi 12 n\u2019amadolarin 60 bamusanganye, we avuga ko ahubwo bamusanganye ibihumbi 14 Frs n\u2019amadolari 60.<\/p>\n<p>Yavuze ko abamufashe bahise bafatamo amafaranga ibihumbi bibiri bayaguramo amakarita yo guhamagara kuri telefoni[ Ni imvugo yasekeje abumvaga urubanza], asobanura ko yakanzwe amaso kugira ngo yemere ibyaha bakanamukubita kugera aho ava amaraso mu mazuru.<\/p>\n<p>Urwandiko rw\u2019inzira yafatanwe agashinjwa kuba yarashakaga kwambuka ajya muri Congo, yavuze ko yarusabye anaruhabwa byemewe n\u2019amategeko, kandi ko yari afite uburenganzira bwo gutembera nk\u2019abandi banyarwanda.<\/p>\n<p>Umucamanza yamubajije aho yakuye ayo mafaranga mu gihe avuga ko aribwo yari akirangiza kwiga, avuga ko ubwo yari akiri umunyeshuri yajyaga akora ibiraka byo kwigisha abana mu masomo ya nijoro.<\/p>\n<p>Urukiko rwamubajije impamvu mu nyandiko mvugo ye yasoje asaba imbabazi ku byo aregwa, yasubije avuga ko bitewe n\u2019uburyo n\u2019aho yari ari yabikoze agira ngo akize ubuzima bwe. Yagize ati \u201cIgihugu cyacu cyagwiriwe n\u2019amahano ariko uwari bumbwire ko arinjye wahanuye indege ya Juvenal Habyarimana nari kubyemera nkanabisinyira\u201d. Iyi mvugo ngo ikaba yakuriye amarangamutima mu rukiko.<\/p>\n<p>Kugeza ubu hamaze kwiregura abantu umunani muri 11 baregwa mu gihe Baniface Twagirimana, Visi Perezida wa Mbere w\u2019iri shyaka, hatazwi irengero rye kuva mu mwaka wa 2018, bivuze ko hasigaye babiri kugira ngo urubanza rwabo rugere ku musozo.<\/p>\n<p>Abamaze kwiregura bose bashinjwa ibyaha by\u2019ubwinjiracyaha mu kurema umutwe w\u2019ingabo utemewe, gushaka guhirika ubutegetsi bw\u2019u Rwanda bakoresheje inzira y\u2019intambara no gukorana n\u2019imitwe y\u2019iterabwoba irwanya Leta y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n<p> <strong>\u00a0<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Urugereko rw\u2019Urukiko Rukuru ruzaburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka mu Karere ka Nyanza, rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ruregwamo abarwanashyaka 11 b\u2019ishyaka FDU-Inkingi ritemewe mu Rwanda. Mu baregwa harimo Twagirayezu Fabien wemera ko yari ashinzwe ubukangurambaga ku rwego rw\u2019igihugu muri FDU-Inkingi, ubushinjacyaha bumushinja kubwira abo bari kumwe ko hari igisirikare kirimo gutegurwa hanze y\u2019u Rwanda abakangurira [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-14961","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Urugereko rw\u2019Urukiko Rukuru ruzaburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka mu Karere ka Nyanza, rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ruregwamo abarwanashyaka 11 b\u2019ishyaka FDU-Inkingi ritemewe mu Rwanda. Mu baregwa harimo Twagirayezu Fabien wemera ko yari ashinzwe ubukangurambaga ku rwego rw\u2019igihugu muri FDU-Inkingi, ubushinjacyaha bumushinja kubwira abo bari kumwe ko hari igisirikare kirimo gutegurwa hanze y\u2019u Rwanda abakangurira [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-04-26T11:41:44+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T10:39:17+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal\",\"datePublished\":\"2019-04-26T11:41:44+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:39:17+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961\"},\"wordCount\":701,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961\",\"name\":\"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-04-26T11:41:44+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:39:17+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=14961#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal - BWIZA","og_description":"Urugereko rw\u2019Urukiko Rukuru ruzaburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka mu Karere ka Nyanza, rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ruregwamo abarwanashyaka 11 b\u2019ishyaka FDU-Inkingi ritemewe mu Rwanda. Mu baregwa harimo Twagirayezu Fabien wemera ko yari ashinzwe ubukangurambaga ku rwego rw\u2019igihugu muri FDU-Inkingi, ubushinjacyaha bumushinja kubwira abo bari kumwe ko hari igisirikare kirimo gutegurwa hanze y\u2019u Rwanda abakangurira [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-04-26T11:41:44+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T10:39:17+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal","datePublished":"2019-04-26T11:41:44+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:39:17+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961"},"wordCount":701,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=14961#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961","name":"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-04-26T11:41:44+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:39:17+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=14961"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=14961#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/14961","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=14961"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/14961\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=14961"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=14961"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=14961"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}