{"id":15610,"date":"2019-06-06T13:54:48","date_gmt":"2019-06-06T13:54:48","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/06\/06\/amazi-mu-rwanda-yabaye-igicuruzwa-kibyara-inyungu-aho-kuba-icyo-abantu-bafiteho\/"},"modified":"2025-02-12T12:31:12","modified_gmt":"2025-02-12T10:31:12","slug":"amazi-mu-rwanda-yabaye-igicuruzwa-kibyara-inyungu-aho-kuba-icyo-abantu-bafiteho","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610","title":{"rendered":"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza"},"content":{"rendered":"<p>\u201c <em>Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba ikintu abantu bafiteho uburenganzira,<\/em> \u201d Uyu ni Depite Frank Habineza uvuga ko amazi ari ikintu cy\u2019ingenzi cyane waba uri umukire cyangwa umukene, kuko buri wese akenera amazi, yaba ayo kunywa, ayo gutekesha, ayo gukaraba, ayo gukoresha indi mirimo itandukanye.<\/p>\n<p>Mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na Bwiza Tv, aho yabajijwe uko abona ibibazo bitandukanye byugarije igihugu muri iki gihe n\u2019uko byakemurwa, Hon. Dr Frank Habineza, Perezida w\u2019ishyaka Green Party, ritavuga rumwe n\u2019ubutegetsi, yagarutse ku kibazo cy\u2019igiciro cy\u2019amazi giherutse kuzamurwa mu minsi ishize, asobanura ko RURA yarengereye kuko n\u2019ubusanzwe hari abaturage batabashaga kubona amazi none bikaba byahumiye ku mirari.<\/p>\n<p>Dr Frank Habineza agira ati: \u201c <em>Twebwe twemera y\u2019uko amazi ari ikintu cyagombye kuba ari uburenganzira bwa muntu\u2026ndetse nigeze no kukivugaho rimwe no mu nteko, y\u2019uko amazi nayo yagombye kuba muri bya bindi bita uburenganzira\u2026kuko itegeko nshinga rivuga y\u2019uko Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kugira ahantu heza ho kuba (clean environment)<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Akomeza agira ati: \u201c <em>Dushingiye kuri iyo ngingo iri mu itegeko nshinga, twashyiramo n\u2019indi ivuga ko abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kugira amazi meza<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Bwana Frank habineza atanga urugero rwo mu gihugu cya Afurika y\u2019Epfo, aho mu itegeko nshinga ry\u2019iki gihugu bashyizemo uburenganzira bwo kugira amazi ndetse bagateganya litiro runaka umuturage agomba kubonera ubuntu atishyuye.<\/p>\n<p>Ati: \u201c <em>Nanjye kuba mbivuga hano mu Rwanda n\u2019uko nzi n\u2019ahandi biri ndetse nabaye no muri za association ku isi zijyanye n\u2019ibintu byo kurengera uburenganzira bw\u2019amazi ku Isi yose<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Yatanze urugero rwa International Rivers network ndetse International Water Association, amashyirahamwe avuga ko aharanira gutuma uburenganzira ku mazi bwubahirizwa.<\/p>\n<p>Dr Habineza avuga ko igiciro cy\u2019amazi cyari gisanzwe mu Rwanda nacyo kitari cyoroshye, ariko noneho hakiyongeraho ko n\u2019amazi ubwayo atabonekera igihe. Ati: \u201c <em>Noneho ubu igiciro kikubye inshuro zirenze eshatu. Ku buryo noneho n\u2019umuntu wari usanzwe bigoye kubona ayo mafaranga, ubu noneho bizamugora kurushaho<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Iyi ntumwa ya rubanda ikomeza ivuga ko iyo uvuganye n\u2019inzego zibishinzwe nka RURA bakubwira ko ngo ari ukubera ibikoresho bihenze n\u2019ibindi bitandukanye ari yo mpamvu bazamuye ibiciro ariko we ntabyumva neza.<\/p>\n<p>Ati: \u201c <em>Ibyo twari kubyumva. Ariko iyo babizamuye bagakuba inshuro eshatu, ntabwo bishobora kumvikana. Nibura tuvuge bavuze ngo barongeje bakongeraho 10% cyangwa 20% wavuga uti yego hari ikintu kiyongereyeho. Ariko niba ikintu cyaguraga 50 ukagihindura 150 cyangwa 200, icyo gihe biba birenze kwa kuvuga ngo hari ikintu kiyongereyeho ku byo wakoreshaga<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Yakomeje agira ati: \u201c <em>Bigaragara y\u2019uko ahubwo byabaye uburyo bwo gukora business cyane nicyo navuga, ni ukuvuga ngo amazi yabaye igikoresho cy\u2019ubucuruzi aho kugirango abe ikintu Abanyarwanda bose bafiteho uburenganzira bwo kuba babona<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Yaboneyeho gusaba Ikigo cy\u2019igihugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro, RURA, kureba uko cyasubiramo iki cyemezo ikongera ikakigaho.<\/p>\n<p>Ati: \u201c <em>Icyo twasaba RURA n\u2019uko yakongera ikabyigaho, eh..abantu babivuzeho byinshi, ariko natwe turangeramo iryacu, turasaba ko bino biciro byasubirwamo, bakabisuzuma neza, ndetse mu gihe itegeko ritarabaho rivuga ko amazi ari uburenganzira bwacu, ariko nabo babimenye ko n\u2019ubundi amazi ari uburenganzira bwacu babigabanye,\u00a0 bijyane n\u2019ubushobozi bw\u2019Abanyarwanda<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Frank Habineza yemera ko abakoresha amazi menshi koko bakwiye kwishyura nabo amafaranga menshi ariko bidakwiye kurenga kugeza aho bigera kuri 300%.<\/p>\n<p>Yakomeje yizeza Abanyarwanda ko iki kibazo bagihagurukiye ndetse baganiriye n\u2019abayobozi bamwe babishinzwe nubwo ngo ikigaragara ari uko batabyumva kimwe, ariko bazakomeza ubuvugizi.<\/p>\n<p>Kuwa 13 Gicurasi, nibwo Ikigo gishinzwe kugenzura imirimo imwe n\u2019imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) n\u2019ikigo gishinzwe amazi, isuku n\u2019isukura (WASAC) basobanuye ibijyanye n\u2019ibiciro bishya by\u2019amazi, ngo byashyizweho hitawe kuri buri kiciro Umunyarwanda abarizwamo mu gukoresha amazi.<\/p>\n<p>Bwana Franka Habineza yasabye ko na Perezida wa Repubulika yakwinjira muri iki kibazo akavugira Abanyarwanda kuko we bamwumva kurushaho.<\/p>\n<p>Ati: &#8221; <em>Turasaba Perezida wa Repubulika ngo abe nawe yabijyamo kuko ndizera cyane ko we abigiyemo RURA yamwumvira kurusha abandi bose kuko ndumva abantu benshi babivuzeho ariko RURA ntiyigeze ibumvira<\/em> .&#8221;<\/p>\n<p>RURA yagabanyijemo ibyiciro bitatu abagura amazi ya WASAC. Harimo ukoresha litiro ziri hagati ya zero na 5000 (0m<sup>3\u00a0<\/sup>\u00a0-5m<sup>3<\/sup>) mu kwezi, uyu azajya yishyura Frw340\/1m<sup>3<\/sup>\u00a0(litiro 1000).<\/p>\n<p>Ikiciro cya kabiri kigizwe n\u2019abakoresha guhera kuri litiro 5000 kugeza kuri litiro 20 000 bazishyura Frw 720 kuri litiro 1000.<\/p>\n<p>Ikiciro cya gatatu kigizwe n\u2019abakoresha hagati ya litiro 20 000 na litiro 50 000 mu kwezi, bazajya yishyura 845Frw kuri litiro 1000 bakoresheje.<\/p>\n<p>Lt Col Patrick Nyirishema ukuriye RURA yavuze ko igiciro cyariho cyashyizweho tariki 01 Gashyantare, 2019.<\/p>\n<p>Avuga ko amazi Umuturarwanda agura, yishyura amafaranga agera kuri 26.2% y\u2019ayo yakabaye atanga andi Leta ikaba ari yo iyamwishyurira.<\/p>\n<p> <strong>Umva hano hasi ikiganiro kirambuye na Hon. Dr Frank Habineza<\/strong> <\/p>\n<div class=\"epyt-video-wrapper\">\n<div  id=\"_ytid_79727\"  width=\"1170\" height=\"658\"  data-origwidth=\"1170\" data-origheight=\"658\" data-facadesrc=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/8fttq6iMNTM?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;disablekb=0&#038;\" class=\"__youtube_prefs__ epyt-facade epyt-is-override  no-lazyload\" data-epautoplay=\"1\" ><img decoding=\"async\" data-spai-excluded=\"true\" class=\"epyt-facade-poster skip-lazy\" loading=\"lazy\"  alt=\"YouTube player\"  src=\"https:\/\/i.ytimg.com\/vi\/8fttq6iMNTM\/maxresdefault.jpg\"  \/><button class=\"epyt-facade-play\" aria-label=\"Play\"><svg data-no-lazy=\"1\" height=\"100%\" version=\"1.1\" viewBox=\"0 0 68 48\" width=\"100%\"><path class=\"ytp-large-play-button-bg\" d=\"M66.52,7.74c-0.78-2.93-2.49-5.41-5.42-6.19C55.79,.13,34,0,34,0S12.21,.13,6.9,1.55 C3.97,2.33,2.27,4.81,1.48,7.74C0.06,13.05,0,24,0,24s0.06,10.95,1.48,16.26c0.78,2.93,2.49,5.41,5.42,6.19 C12.21,47.87,34,48,34,48s21.79-0.13,27.1-1.55c2.93-0.78,4.64-3.26,5.42-6.19C67.94,34.95,68,24,68,24S67.94,13.05,66.52,7.74z\" fill=\"#f00\"><\/path><path d=\"M 45,24 27,14 27,34\" fill=\"#fff\"><\/path><\/svg><\/button><\/div>\n<\/div>\n<p>\u00a0<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>\u201c Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba ikintu abantu bafiteho uburenganzira, \u201d Uyu ni Depite Frank Habineza uvuga ko amazi ari ikintu cy\u2019ingenzi cyane waba uri umukire cyangwa umukene, kuko buri wese akenera amazi, yaba ayo kunywa, ayo gutekesha, ayo gukaraba, ayo gukoresha indi mirimo itandukanye. Mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-15610","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"\u201c Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba ikintu abantu bafiteho uburenganzira, \u201d Uyu ni Depite Frank Habineza uvuga ko amazi ari ikintu cy\u2019ingenzi cyane waba uri umukire cyangwa umukene, kuko buri wese akenera amazi, yaba ayo kunywa, ayo gutekesha, ayo gukaraba, ayo gukoresha indi mirimo itandukanye. Mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-06-06T13:54:48+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T10:31:12+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza\",\"datePublished\":\"2019-06-06T13:54:48+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:31:12+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610\"},\"wordCount\":759,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610\",\"name\":\"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-06-06T13:54:48+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:31:12+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=15610#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza - BWIZA","og_description":"\u201c Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba ikintu abantu bafiteho uburenganzira, \u201d Uyu ni Depite Frank Habineza uvuga ko amazi ari ikintu cy\u2019ingenzi cyane waba uri umukire cyangwa umukene, kuko buri wese akenera amazi, yaba ayo kunywa, ayo gutekesha, ayo gukaraba, ayo gukoresha indi mirimo itandukanye. Mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-06-06T13:54:48+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T10:31:12+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza","datePublished":"2019-06-06T13:54:48+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:31:12+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610"},"wordCount":759,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=15610#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610","name":"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-06-06T13:54:48+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:31:12+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=15610"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=15610#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Amazi mu Rwanda yabaye igicuruzwa kibyara inyungu aho kuba icyo abantu bafiteho uburenganzira \u2014 Hon. Frank Habineza"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/15610","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=15610"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/15610\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=15610"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=15610"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=15610"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}