{"id":16215,"date":"2019-07-12T10:56:34","date_gmt":"2019-07-12T10:56:34","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/07\/12\/nyanza-bahinga-bahendwa-bagasarura-bahendwa\/"},"modified":"2025-02-12T12:18:09","modified_gmt":"2025-02-12T10:18:09","slug":"nyanza-bahinga-bahendwa-bagasarura-bahendwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215","title":{"rendered":"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa"},"content":{"rendered":"<p> <em><b>Abahinzi bo mu karere ka Nyanza bavuga ko bahendwa ku ifumbire n\u2019imbuto, aho batanga amafaranga 800 ku bishyimbo n\u2019ibihumbi umunani ku mashaza. Mu isarura batanga umusoro w\u2019ubukode bw\u2019igishanga ku bihumbi ijana ubundi ngo \u201cbagataha amara masa\u201d, ibintu bifuza ko byahinduka.<\/b><\/em> <\/p>\n<p>Ni mu kiganiro cyahuje abahinzi n&#8217;aborozi bo mu karere ka Nyanza bafashwa mu rwego rw&#8217;ibiganiro mpaka bihuza abaturage n&#8217;abayobozi ndetse n&#8217;itangazamakuru, ibiganiro bitegurwa ku bufatanye bw&#8217;umuryango w&#8217;abanyamakuru baharanira amahoro PAXPRESS, n&#8217;umuryango Transparency International Rwanda mu mushinga wayo ugamije gufasha abaturage kugira uruhare mu mihigo y&#8217;akarere.<\/p>\n<p>Bamwe mu bahinzi biganjemo abo mu mirenge ya Busasamana, Rwabicuma, Muyira, Ntyazo, Kibirizi, Mukingo ndetse na Busoro, bakaba bagaragaza ko nta terambera bageraho mu gihe ababagurisha imbuto zo guhinga nk&#8217;ibishyimbo n&#8217;amashaza bahanika ibiciro buri munsi nta no kubagisha inama.<\/p>\n<p>Marigarita avuga ko babategeka kugura ibishyimmbo bya 800, nyamara we agahitamo kwihingira ibye yita \u2018ruhoro\u2019, maze ati, \u201cejo bundi twagiye guhinga badutegeka guhinga ibishyimbo byabo tubigura ku mafaranga 800, njye narabyanze nsubira kuri \u2018ruhoro\u2019 yanjye. Ubu mu ihingwa ry\u2019amashaza, badutuyeho ibiciro ngo tuyagure ibihumbi 8, ayo mafaranga wayavamo? Niyo mpamvu duhora mu bihombo\u201d.<\/p>\n<p>Uyu muhinzi avuga ko aherutse gusarura agahabwa amafaranga 54.780; ariko muriyo yageranye murugo 7500 nyuma yo gutanga ayo asabwa muri serivisi zinyuranye. Maze ati, \u201cn\u2019ayo 7500 nahise nyishyura \u2018Tubura\u2019 ntahira aho\u201d.<\/p>\n<p>Umuyobozi w&#8217;ishami ry&#8217;ubuhinzi n&#8217;umutungo kamere mu karere ka Nyanza Nzungize Gustave, nawe ntiyiyumvisha ukuntu ikilo cy&#8217;amashaza cyava ku mafranga 1500 kigahita gishyirwa ku 8000. Uyu muyobozi akavuga ko abahenda abaturage babikora ku giti cyabo atari gahunda ya Leta, kandi ko bitakagombye gutera ikibazo kuko umuhinzi muri aka karere afite uburenganzira bwo kubika imbuto y&#8217;ibishyimbo cyangwa iy&#8217;amashaza ku musaruro we akazayitera mu gihembwe cy&#8217;ihinga\u00a0 gikurikiyeho.\u00a0<\/p>\n<p>Gusa ati, \u201cubikora aba agamije izindi nyungu cyangwa guteza imbere umucuruzi runaka tutabizi, kuko si gahunda ya Leta. Ntabwo imbuto y\u2019amashaza yarenga amafaranga 1500\u201d.<\/p>\n<p><b>Ubukode bw\u2019igishanga bwikubye 25<\/b><\/p>\n<p>Mu bindi bibazo bibaremereye kandi bibashyira mu gihombo harimo imisoro y&#8217;ubutaka ndetse n&#8217;imisanzu bakwa n&#8217;amwe mu makoperative acunga ibishanga bahingamo.<\/p>\n<p>Nyiridandi Elia wo mu murenge wa Busoro, avuga ko basoreraga igishanga ku mafaranga ibihumbi 15 kuri hegitari ku mwaka.<\/p>\n<p>Nyamara ngo batunguwe no kumva bishyuzwa ibihumbi 100, mu gihe hari ibaruwa ya Minisitiri w\u2019intebe ivuga ko hegitari yagombye kwishyurwa ibihumbi 4 ku mwaka.<\/p>\n<p>Nyiridandi ati, \u201ctwibaza ukuntu njyanama y\u2019akarere ikuba incuro 25 ibiciro bigenwa n\u2019itegeko, tukanibaza niba njyanama yemerewe kuvuguruza Minisitiri w\u2019intebe\u201d.<\/p>\n<p>Naho Nikuze Immaculee, uhinga ibirayi mu gishanga cya Nganzo, avuga ko kuba umuhinzi asoreshwa ibihumbi ijana, hakiyongeraho n\u2019ibikenerwa byose kugira ngo ibyo yahinze byere, birangira umuhinzi nta nyungu abonye.<\/p>\n<p>Ati\u00a0<br \/>\n&#8220;Ubu ndakubwiza ukuri ko ubu turi mu marira kubera imisoro yikubye kuburyo bw\u2019umurengera. Urabona nishyura umukozi umpingira, nyuma nkagura imbuto, ifumbire ndetse n\u2019umuti wica udukoko, ibi bikiyongeraho guhemba umukozi uzabagara n\u2019ibindi. Ikintangaza ni uko nkatwe abahinzi duhingira rubanda ngo barye, dusoreshwa kurusha umucuruzi&#8221;<br \/>\n.<\/p>\n<p>Uyu muhinzi avuga ko kuba ubutaka basoreraga ibihumbi bine basigaye babusoreshwa ibihumbi ijana, ngo ni nko kubabwira ngo \u201cbareke kongera guhinga\u201d.<\/p>\n<p>Mu gahinda akomeza agira ati\u00a0<br \/>\n&#8221; Muri iki gishanga turahingira imisoro gusa. Iyo ufashe igishoro nshyira mu murima wanjye kugeza nsaruye byose birangira amafaranga y\u2019umusoro aruta ayo nkuye mu buhinzi. Niba mpinze ibigori ngakuramo ibihumbi mirongo icyenda cyangwa se ijana, bikarangira ntanze umusoro ugana n\u2019ibihumbi ijana, nawe urumva ko ntacyo nkuramo. &#8221;<\/p>\n<p>Aya maganya, abahinzi bayasangiye na<br \/>\nMunyampara Sylvestre, uyobora wa Koperative Urumuri rw\u2019Abahinzi ikorera muri iki gishanga cya Nganzo.<\/p>\n<p>Avuga ko bitewe n\u2019imisoro abanyamuryango basabwa ku mwaka, birangira bose batabonye inyungu y\u2019ibyo bakora bityo we n\u2019abahinzi bakifuza ko imisoro yagabanurwa.<\/p>\n<p>Ati\u00a0<br \/>\n&#8220;Iyi misoro irenze urwego rw\u2019umuhinzi niyo mpamvu twifuza ko imisoro yabaganuka nibura ahasoreshwa ibihumbi bine, hagasoreshwa igihumbi naho ahasoreshwa ibihumbi ijana hagakomeza gusoreshwa ibihumbi bine nkuko byahoze. &#8221;<\/p>\n<p>Aya mafaranga yose bakwa aca intege umurimo wabo, ku uburyo ngo usanga gahunda yo guhinga wongera umusaruro banasagurira isoko itabageraho uko bikwiye.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019 Akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme yabwiye ikinyamakuru UKWEZI ko bitarenze tariki 15 Nyakanga 2019(kuwa mbere utaha), mu karere ka Nyanza hazaba inama ya Njyanama y\u2019 akarere izafatirwamo umwanzuro wo kugabanya uyu musoro.<\/p>\n<p>Meya Ntazinda kandi avuga ko akarere ka Nyanza kandikiye Ikigo cy\u2019 Igihugu cy\u2019 Imisoro n\u2019 amahoro bagisaba kuba kiretse kwishyuza abaturage umusoro w\u2019 ibishanga kugeza iki kibazo kibanje gukemuka.\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abahinzi bo mu karere ka Nyanza bavuga ko bahendwa ku ifumbire n\u2019imbuto, aho batanga amafaranga 800 ku bishyimbo n\u2019ibihumbi umunani ku mashaza. Mu isarura batanga umusoro w\u2019ubukode bw\u2019igishanga ku bihumbi ijana ubundi ngo \u201cbagataha amara masa\u201d, ibintu bifuza ko byahinduka. Ni mu kiganiro cyahuje abahinzi n&#8217;aborozi bo mu karere ka Nyanza bafashwa mu rwego rw&#8217;ibiganiro [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-16215","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Abahinzi bo mu karere ka Nyanza bavuga ko bahendwa ku ifumbire n\u2019imbuto, aho batanga amafaranga 800 ku bishyimbo n\u2019ibihumbi umunani ku mashaza. Mu isarura batanga umusoro w\u2019ubukode bw\u2019igishanga ku bihumbi ijana ubundi ngo \u201cbagataha amara masa\u201d, ibintu bifuza ko byahinduka. Ni mu kiganiro cyahuje abahinzi n&#8217;aborozi bo mu karere ka Nyanza bafashwa mu rwego rw&#8217;ibiganiro [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-07-12T10:56:34+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T10:18:09+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa\",\"datePublished\":\"2019-07-12T10:56:34+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:18:09+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215\"},\"wordCount\":710,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215\",\"name\":\"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-07-12T10:56:34+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:18:09+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16215#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa - BWIZA","og_description":"Abahinzi bo mu karere ka Nyanza bavuga ko bahendwa ku ifumbire n\u2019imbuto, aho batanga amafaranga 800 ku bishyimbo n\u2019ibihumbi umunani ku mashaza. Mu isarura batanga umusoro w\u2019ubukode bw\u2019igishanga ku bihumbi ijana ubundi ngo \u201cbagataha amara masa\u201d, ibintu bifuza ko byahinduka. Ni mu kiganiro cyahuje abahinzi n&#8217;aborozi bo mu karere ka Nyanza bafashwa mu rwego rw&#8217;ibiganiro [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-07-12T10:56:34+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T10:18:09+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa","datePublished":"2019-07-12T10:56:34+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:18:09+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215"},"wordCount":710,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=16215#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215","name":"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-07-12T10:56:34+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:18:09+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=16215"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16215#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/16215","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=16215"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/16215\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=16215"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=16215"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=16215"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}