{"id":16321,"date":"2019-07-18T14:54:43","date_gmt":"2019-07-18T14:54:43","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/07\/18\/uko-mbibona-amaraso-mashya-n-impinduka-muri-dipolomasi-y-u-rwanda\/"},"modified":"2019-07-18T14:54:43","modified_gmt":"2019-07-18T14:54:43","slug":"uko-mbibona-amaraso-mashya-n-impinduka-muri-dipolomasi-y-u-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321","title":{"rendered":"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Tariki ya 15 Nyakanga 2019, umukuru w\u2019igihugu Nyakubahwa Paul Kagame, yakoze impinduka zikomeye muri diplomasi y\u2019u Rwanda aho yashyizeho abamuhagararira bashya, n\u2019abahinduriwe kumuhagararira muri za Ambasade. Iki si igikorwa umukuru w\u2019igihugu akunze gukora kenshi cyane ko kohereza, kugarura no kwimura umudiplomate ari igikorwa gihenze cyane kikaba gitwara akayabo k\u2019umutungo w\u2019igihugu bityo kigasaba kugitegura neza n\u2019ingengo y\u2019imari ishyitse kandi ijyanye nacyo, ari nayo mpamvu ishobora kuba itumye gikorwa mu ntangiriro y\u2019umwaka w\u2019ingengo y\u2019imari ya 2019-2020.<\/p>\n<p>Umwihariko w\u2019iki gikorwa ikaba ari uko aribwo bwa mbere ashyiriyeho abadiplomate benshi icyarimwe. Umuntu akaba yabibonamo gushaka gushyira imbaraga nyinshi muri uru rwego kuko uko u Rwanda rugenda ruzamuka mu nzego zinyuranye rugomba no kwagura amarembo mu mibanire yarwo n\u2019ibindi bihugu by\u2019amahanga.<\/p>\n<p>Twibutse ko intego ya politiki y\u2019ububanyi n\u2019amahanga y\u2019u Rwanda igizwe n\u2019inkingi ebyiri nk\u2019uko twigeze kubigarukaho umwaka ushize tuvuga kubo twabonaga bashobora kuyobora minisiteri y\u2019ububanyi n\u2019amahanga ubwo Louise Mushikiwabo yari amaze gutorerwa kuyobora OIF.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n<p>1.Inkingi ya mbere, guhagarara neza no kumenyekanisha igihugu mu karere, no mu mahanga maze u Rwanda rukaba igihugu gikomeye kandi cyubashywe, kitavogerwa kandi gifite ijambo;<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n<ol start=\"2\">\n<li>Inkingi ya kabiri, kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw\u2019igihugu hareshywa abashoramari, ba mukerarugendo no gushaka inkunga zo kunganira ubushobozi igihugu cyibonamo hagamijwe iterambere.<\/li>\n<\/ol>\n<p>Buri mu diplomate izo nkingi ebyiri agomba kuzigenderaho nk\u2019amahame atabigeraho akaba yabiryozwa. Niyo mpamvu muri izi mpinduka ziherutse kuba umuntu yazita ko zarimo ubuhanga cyane ( stategic appointments) kuko urebye abahawe izo nshingano ari abantu bashobora gutuma ziriya ntego zigerwaho.<\/p>\n<p>Ntarondoye buri wese uko yahawe umwanya mureke dutange ingero nkeya. Ibihugu bikikije u Rwanda usibye u Burundi hatari uhagarariye Umukuru w\u2019Igihugu, ba Ambasaderi ni Abasirikari bakuru. Aha nta gushidikanya ko byakozwe ku nyungu z\u2019umutekano w\u2019u Rwanda mu karere ahakunzwe kugaragara urujya n\u2019uruza rw\u2019abifuza guhungabanya umutekano w \u2018igihugu baba cyangwa banyura muri ibyo bihugu bituranyi.<\/p>\n<p>Kuhashyira abasirikari rero bishobora gutuma hamenyekana amakuru y\u2019abo babangamira igihugu. Muri DRC Kinshasa ho hashyizwe umusivili Amb. Vincent Karega w\u2019inararibonye muri politiki ariko cyane cyane muri diplomasi kuko abikozemo igihe kinini kandi akaba ari umuhanga mu byo akora n\u2019intyoza mu kuvuga neza indimi z\u2019amahanga harimo n\u2019izivugwa muri Congo.<\/p>\n<p>Uyu ashobora kuzatuma habaho imigenderanire myiza hagati y\u2019u Rwanda na Congo bityo ubukungu bw\u2019icyo gihugu gikungahaye ku mabuye y\u2019agaciro bigire ingaruka nziza ku bukungu bw u Rwanda. Ashobora kandi gutuma umubano w\u2019ibihugu byombi wongera kuba mwiza nyuma y\u2019imyaka itari mike warajemo agatotsi. Ibi bikazatuma n\u2019imitwe yitwara gisirikari irwanya u Rwanda ifite ibirindiro muri icyo gihugu ibasha guhashywa.<\/p>\n<p>Wareba nk\u2019uwari Umunyamabanga wa Leta Jean de Dieu Uwihanganye yoherezwa muri Singapore ni uko hagenderewe kugira ngo azabashe gutuma haboneka abashoramari muri icyo gihugu mu rwego rw\u2019ibikorwaremezo n\u2019ingufu. N\u2019abandi tutarondoye ariko hakaba n\u2019abashyizweho ubona nta nyungu nyinshi zitezwe usibye imibanire myiza n\u2019ubucuti hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibyo bihugu.<\/p>\n<p>Usibye rero za nkingi ebyiri buri mudiplomate yitwaza mu gikapu cye agiye guhagararira Umukuru w\u2019Igihugu, zombi ntizihagije kuko hari ibindi byiyongeraho bituma umudiplomate yuzuza inshingano ze uko bikwiye. Ibyo n\u2019ibijyanye n imyitwarire cyangwa imiterere ye.<\/p>\n<p>Umudiplomate agomba kuba intyoza mu kuvuga neza kugira ngo ibyo yatumwe abashe kubisobanurira amahanga akabyumva. Agomba kuba yicisha bugufi, yubaha buri wese umugana, atiremereza no kwirata, agomba kuba inyangamugayo ntajye mu busambanyi cyangwa ubusinzi, mbese umudiplomate akora uko ashoboye akarangwa n\u2019imyifatire myiza akaba nta makemwa. Ibi iyo ubyujuje nta kabuza uba uhagarariye igihugu uko bikwiye.<\/p>\n<p>Amasezerano mpuzamahanga arebana na diplomasi avuga ko nta mudiplomate ugomba kurenza imyaka ine mu gihugu runaka ariko kuko atari itegeko akenshi ntibyubahirizwa cyane ko nk\u2019uko nabivuze hejuru bitwara akayabo. Ibi kandi ntibibuza igihugu cyakohereje kuguhamagaza mbere y\u2019iyo myaka ine kubera impamvu zinyuranye.<\/p>\n<p>Guhamagarwa k\u2019umudiplomate rero byumvikane ko biba bishingiye kuri imwe cyangwa impamvu zirenze izo navuze ziba zitubahirijwe. Uko byagenda kose abadiplomate basimbuwe ntibongere guhabwa indi myanya bishobora gushingira kuri izo mpamvu navuze hejuru. Ibyo ariko si igitangaza kuko byagaragaye ko niyo batashye bashobora guhabwa izindi nshingano ziremereye cyangwa bagashyirwa ku gatebe igihe runaka.<\/p>\n<p>Nsoza umuntu yakwifuriza imirimo mishya abo ba diplomate nibutsa nk\u2019uko nabivuze umwaka ushize ko urebye iki gikorwa kigikomeza kuko hari n\u2019abandi bamaze imyaka myinshi muri iyo mirimo bakenewe guhindurirwa inshingano cyangwa guhamagarwa ubu batagitanga umusaruro hashingiwe kuri za nkingi navuze cyangwa barangwa n\u2019imyitwarire mibi bakaba basebya igihugu kuko birirwa mu matiku n\u2019intambara mu bakozi ba Ambasade aho gukorera urwababyaye.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Tariki ya 15 Nyakanga 2019, umukuru w\u2019igihugu Nyakubahwa Paul Kagame, yakoze impinduka zikomeye muri diplomasi y\u2019u Rwanda aho yashyizeho abamuhagararira bashya, n\u2019abahinduriwe kumuhagararira muri za Ambasade. Iki si igikorwa umukuru w\u2019igihugu akunze gukora kenshi cyane ko kohereza, kugarura no kwimura umudiplomate ari igikorwa gihenze cyane kikaba gitwara akayabo k\u2019umutungo w\u2019igihugu bityo kigasaba kugitegura neza n\u2019ingengo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":6,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[25],"tags":[],"class_list":["post-16321","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-tubamenye"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Tariki ya 15 Nyakanga 2019, umukuru w\u2019igihugu Nyakubahwa Paul Kagame, yakoze impinduka zikomeye muri diplomasi y\u2019u Rwanda aho yashyizeho abamuhagararira bashya, n\u2019abahinduriwe kumuhagararira muri za Ambasade. Iki si igikorwa umukuru w\u2019igihugu akunze gukora kenshi cyane ko kohereza, kugarura no kwimura umudiplomate ari igikorwa gihenze cyane kikaba gitwara akayabo k\u2019umutungo w\u2019igihugu bityo kigasaba kugitegura neza n\u2019ingengo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-07-18T14:54:43+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Munyakayanza Samuel\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Munyakayanza Samuel\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321\"},\"author\":{\"name\":\"Munyakayanza Samuel\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83\"},\"headline\":\"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda\",\"datePublished\":\"2019-07-18T14:54:43+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321\"},\"wordCount\":751,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"tubamenye\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321\",\"name\":\"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-07-18T14:54:43+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=16321#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83\",\"name\":\"Munyakayanza Samuel\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=6\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda - BWIZA","og_description":"Tariki ya 15 Nyakanga 2019, umukuru w\u2019igihugu Nyakubahwa Paul Kagame, yakoze impinduka zikomeye muri diplomasi y\u2019u Rwanda aho yashyizeho abamuhagararira bashya, n\u2019abahinduriwe kumuhagararira muri za Ambasade. Iki si igikorwa umukuru w\u2019igihugu akunze gukora kenshi cyane ko kohereza, kugarura no kwimura umudiplomate ari igikorwa gihenze cyane kikaba gitwara akayabo k\u2019umutungo w\u2019igihugu bityo kigasaba kugitegura neza n\u2019ingengo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-07-18T14:54:43+00:00","author":"Munyakayanza Samuel","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Munyakayanza Samuel","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321"},"author":{"name":"Munyakayanza Samuel","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83"},"headline":"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda","datePublished":"2019-07-18T14:54:43+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321"},"wordCount":751,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["tubamenye"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=16321#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321","name":"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-07-18T14:54:43+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=16321"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=16321#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uko mbibona: Amaraso mashya n\u2019impinduka muri dipolomasi y\u2019u Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83","name":"Munyakayanza Samuel","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=6"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/16321","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/6"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=16321"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/16321\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=16321"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=16321"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=16321"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}