{"id":17059,"date":"2019-08-30T09:23:12","date_gmt":"2019-08-30T09:23:12","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/08\/30\/abatuye-039-bannyahe-039-bagiye-gutangira-kwimurwa-baba-babishaka-cyangwa\/"},"modified":"2025-02-12T12:06:31","modified_gmt":"2025-02-12T10:06:31","slug":"abatuye-039-bannyahe-039-bagiye-gutangira-kwimurwa-baba-babishaka-cyangwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059","title":{"rendered":"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka"},"content":{"rendered":"<p>Mu mezi abiri, imiryango igera ku 2,000 izatangira kwimurwa ivanwa aho Umujyi wa Kigali wita mu &#8216;manegeka&#8217;, mu gihe bamwe muri iyo miryango bo bavuga ko bagiye guhohoterwa mu nyungu z&#8217;abashoramari bashaka ubutaka bwabo.<\/p>\n<p>Ni imiryango ituye mu gace k&#8217;akajagari kazwi nka &#8220;Bannyahe&#8221; gatuwe n&#8217;ab&#8217;amikoro macye, begeranye cyane n&#8217;abakire mu gace kazwi cyane ka Nyarutarama mu mujyi wa Kigali.<\/p>\n<p>Abaturage bavuga ko bemera kwimurwa aha hantu ariko babanje guhabwa ingurane ikwiriye iteganywa n&#8217;itegeko.<\/p>\n<p>Umushoramari we yubatse umudugudu w&#8217;inzu zigerekaranye mu kandi gace ka Kigali ahitwa mu Busanza.<\/p>\n<p>Aha abategetsi bavuga ko ariho aba baturage bagomba kwimurirwa, bo bakavuga ko ibi ubutegetsi n&#8217;abashoramari babikoze batabyumvikanye.<\/p>\n<p>Bamwe muri aba baturage ngo basanga Umujyi wa Kigali ushaka kubimura ku butaka bwabo bufite agaciro ko hejuru utabishyuye kugira ngo bugurishwe abashoramari.<\/p>\n<p>Pudence Rubingisa, Umuyobozi mushya w&#8217;Umujyi wa Kigali kuwa gatatu yabwiye abanyamakuru ko guhera mu kwezi kwa 11 aba baturage batangira kuvanwa aho batuye bajyanwa aho ziriya nzu ziri kuzura.<\/p>\n<p>Bwana Rubingisa yagize ati: &#8220;Batuye ahantu rwose hateye inkeke\u2026 ubwo ni ukubavana aho bari babajyana aho bagomba gutura heza hari ibisabwa.<\/p>\n<p>&#8220;Turi gushyiramo imbaraga kugira ngo iyo miryango yimurwe, gahunda ni uko mu kwa 11 amazu agera kuri 360 azaba arangiye imiryango ya mbere igende&#8221;.<\/p>\n<p>Kuvuga ko batuye ahateye inkeke ngo ni urwitwazo rw&#8217;ubutegetsi rwo kubambura ubutaka bwabo nk&#8217;uko bamwe muri aba baturage babivuga, bagasaba ko hubahirizwa amategeko.<\/p>\n<p>Umwe mu batuye muri aka gace yabwiye BBC ati: &#8220;Ubutaka bwacu burahenze, biragaragara ko ikiguzi cyabwo cyabagoye kukibona akaba ariyo mpamvu baba bashaka kubutunyaga ku ngufu&#8221;.<\/p>\n<p>Uyu muturage akomeza ati: &#8220;Ubu noneho kugira ngo twemere no kwimurwa ni uko bagomba gukora irindi genagaciro rishya.<\/p>\n<p>&#8220;Ibyo mvuga ndabishingira ku itegeko ryo kwimura abantu rivuga ko indishyi ikwiye yishyurwa mu gihe kitarenze iminsi 120 none ubu iminsi ibaye 600 ntabwo dushobora kongera kugirana ibiganiro bataratwishyura 5% y&#8217;ubukerererwe&#8221;.<\/p>\n<p>Itegeko ryo kwimura abantu ku bw&#8217;inyungu rusange mu Rwanda rivuga ko abantu bimurwa bahawe inyungu ikwiriye yumvikanyweho n&#8217;impande zombi, nyuma yo gukorerwa igenagaciro ry&#8217;umutungo w&#8217;abimurwa.<\/p>\n<p>Iri tegeko rivuga ko &#8216;umuntu wisubiyeho akareka igikorwa cyo kwimura abantu ku mpamvu z&#8217;inyungu rusange cyangwa warengeje igihe cyo kwishyura indishyi ikwiye yishyura indishyi ya 5% y&#8217;ubukerererwe bwo kwishyura indishyi ikwiye&#8217;.<\/p>\n<p>Aba baturage bageze aho biyambaza ubutabera, ku ikubitiro baratsindwa mu bijyanye n&#8217;uburyo bw&#8217;ikirego cyabo.<\/p>\n<p>Rimwe mu magenagaciro yakozwe ku mitungo yabo ryerekanye imitungo yabo bose hamwe ibarirwa kuri miliyari 14 z&#8217;amafaranga y&#8217;u Rwanda.<\/p>\n<p>Aho guhabwa amafaranga nk&#8217;uko bo babyifuzaga, umushoramari, ushyigikiwe n&#8217;ubuyobozi, yabubakiye uriya mudugudu w&#8217;amagorofa atabyumvikanyeho n&#8217;abagomba kwimuka nk&#8217;uko babivuga.<\/p>\n<p>Ipfundo ry&#8217;ikibazo rikaba rishingiye ku itegeko ryo kwimura abantu ku bw&#8217;inyungu rusange rivuga ko inyungu ikwiye ari iyumvikanyweho n&#8217;impande zombi.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu mezi abiri, imiryango igera ku 2,000 izatangira kwimurwa ivanwa aho Umujyi wa Kigali wita mu &#8216;manegeka&#8217;, mu gihe bamwe muri iyo miryango bo bavuga ko bagiye guhohoterwa mu nyungu z&#8217;abashoramari bashaka ubutaka bwabo. Ni imiryango ituye mu gace k&#8217;akajagari kazwi nka &#8220;Bannyahe&#8221; gatuwe n&#8217;ab&#8217;amikoro macye, begeranye cyane n&#8217;abakire mu gace kazwi cyane ka Nyarutarama [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":5,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-17059","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu mezi abiri, imiryango igera ku 2,000 izatangira kwimurwa ivanwa aho Umujyi wa Kigali wita mu &#8216;manegeka&#8217;, mu gihe bamwe muri iyo miryango bo bavuga ko bagiye guhohoterwa mu nyungu z&#8217;abashoramari bashaka ubutaka bwabo. Ni imiryango ituye mu gace k&#8217;akajagari kazwi nka &#8220;Bannyahe&#8221; gatuwe n&#8217;ab&#8217;amikoro macye, begeranye cyane n&#8217;abakire mu gace kazwi cyane ka Nyarutarama [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-08-30T09:23:12+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T10:06:31+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Karegeya Omar Jean Baptiste\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Karegeya Omar Jean Baptiste\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059\"},\"author\":{\"name\":\"Karegeya Omar Jean Baptiste\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/04c164dbaad10bcacc13d7771cdebf54\"},\"headline\":\"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka\",\"datePublished\":\"2019-08-30T09:23:12+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:06:31+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059\"},\"wordCount\":456,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059\",\"name\":\"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-08-30T09:23:12+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T10:06:31+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17059#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/04c164dbaad10bcacc13d7771cdebf54\",\"name\":\"Karegeya Omar Jean Baptiste\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=5\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka - BWIZA","og_description":"Mu mezi abiri, imiryango igera ku 2,000 izatangira kwimurwa ivanwa aho Umujyi wa Kigali wita mu &#8216;manegeka&#8217;, mu gihe bamwe muri iyo miryango bo bavuga ko bagiye guhohoterwa mu nyungu z&#8217;abashoramari bashaka ubutaka bwabo. Ni imiryango ituye mu gace k&#8217;akajagari kazwi nka &#8220;Bannyahe&#8221; gatuwe n&#8217;ab&#8217;amikoro macye, begeranye cyane n&#8217;abakire mu gace kazwi cyane ka Nyarutarama [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-08-30T09:23:12+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T10:06:31+00:00","author":"Karegeya Omar Jean Baptiste","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Karegeya Omar Jean Baptiste","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059"},"author":{"name":"Karegeya Omar Jean Baptiste","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/04c164dbaad10bcacc13d7771cdebf54"},"headline":"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka","datePublished":"2019-08-30T09:23:12+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:06:31+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059"},"wordCount":456,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=17059#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059","name":"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-08-30T09:23:12+00:00","dateModified":"2025-02-12T10:06:31+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=17059"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17059#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abatuye &#039;Bannyahe&#039; bagiye gutangira kwimurwa baba babishaka cyangwa batabishaka"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/04c164dbaad10bcacc13d7771cdebf54","name":"Karegeya Omar Jean Baptiste","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=5"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/17059","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/5"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=17059"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/17059\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=17059"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=17059"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=17059"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}