{"id":17772,"date":"2019-10-15T12:07:29","date_gmt":"2019-10-15T12:07:29","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/10\/15\/igisirikare-cya-uganda-gikomeje-imyiteguro-yo-kurwana-n-u-rwanda\/"},"modified":"2019-10-15T12:07:29","modified_gmt":"2019-10-15T12:07:29","slug":"igisirikare-cya-uganda-gikomeje-imyiteguro-yo-kurwana-n-u-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772","title":{"rendered":"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Igisirikare cya Uganda cyakajije imyiteguro igihugu by\u2019umwihariko uburengerazuba bwa Uganda bivugwa ko bwaba bugiye guterwa n\u2019Igisirikare cy\u2019u Rwanda, RDF ngo n\u2019indi mitwe bikorana.<\/p>\n<p>Umujyanama wa Perezida Museveni ushinzwe ibikorwa bidasanzwe, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, aherutse gutangaza ko hari abanzi bari gutegura gutera Uganda ariko bagomba kwitegura kuzagirwa ivu.<\/p>\n<p>Yakomeje avuga ko nta watsinda Uganda avuga ko ari \u201cIgihugu cy\u2019Imana.\u201d<\/p>\n<p>Lt Gen. Muhoozi, umuhungu wa Perezida Museveni akaba yarahoze ayobora umutwe ushinzwe kumurinda, ko abanzi ba Uganda bazahura n\u2019 \u201cUmunsi Mubi\u201d nibagerageza kubangamira umutekano w\u2019igihugu.<\/p>\n<p>Kuva ubwo, ikinyamakuru Chimpreports, kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda bivugwaho gukorera ubutasi bw\u2019iki gihugu mu mugambi wo gukomeza kwibasira u Rwanda, kivuga ko hatangiye kugaragara amakuru agaragaza ko u Rwanda rukomeje kurunda abasirikare muri Kivu y\u2019Amajyepfo no muri Kivu y\u2019Amajyaruguru. Mu burasirazuba bwa Congo.<\/p>\n<p>Ngo biravugwa ko ibi bice birimo ingabo z\u2019u Rwanda, zimwe muri zo zambaye imyambaro y\u2019igisirikare cya Congo kandi ziri ku mupaka wa Uganda. Aha koko niba aya makuru ari ukuri umuntu akaba yakwibaza impamvu Uganda idashinja n\u2019Igisirikare cya Congo, FARDC, gushaka kuyitera, kuko ukurikije ibi wumva ko Igisirikare cy\u2019u Rwanda cyaba gikorana n\u2019icya Congo mu gushaka gutera Uganda!<\/p>\n<p>Iyi nkuru ikomeza ivuga ko igisirikare cy\u2019u Rwanda cyohereje abasirikare benshi hafi y\u2019umupaka wa Uganda bias nko kwitegura intambara.<\/p>\n<p>Mu minsi ishize nibwo ibirindiro by\u2019abarwanyi ba RNC, mu burasirazuba bwa Congo byagabweho igitero mu gikorwa cy\u2019ingabo za Congo, FARDC, bamwe bemeza ko ingabo z\u2019u Rwanda zagize uruhare muri iki gikorwa ariko Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yemeza ko ari igikorwa cy\u2019ingabo zayo gusa kandi gikomeje ku mitwe yose yitwara gisirikare, nk\u2019uko byaje kugaragara ku iyicwa ry\u2019uwari umugaba mukuru wa FDLR, Lt. Gen. Sylvestre Mudacumura.<\/p>\n<p>Iki kinyamakuru ariko cyo gikomeje gushimangira ko ndetse u Rwanda rwarekeye abasirikare 10,000 mu burasirazuba bwa Congo, ikindi kintu cyakagombye gutuma Uganda ishinashinja ubutegetsi bwa Congo ariko igakomeza gushinja u Rwanda gusa.<\/p>\n<p>Uganda rero irakomeza kuvuga ko u Rwanda rufite ibirindiro ahitegeye imijyi ya Kasese, Bundibugyo na Fort Portal, Kabale na Kisoro.<\/p>\n<p>Ese koko ni u Rwanda rushaka gutera Uganda cyangwa ni Uganda yitegura gutera u Rwanda?<\/p>\n<p>Iyi nkuru ikomeza igaragaza ko impamvu u Rwanda rwohereza abasirikare muri Congo ari uko ruzi ko rutabasha guhangana na Uganda mu ntambara yemewe n\u2019amategeko.<\/p>\n<p>Baratanga urugero rw\u2019uko Kigali iherereye mu isaha imwe uvuye ku mupaka wa Gatuna uri mu modoka, kubw\u2019ibyo ukaba uri ahantu ushobora kuraswaho n\u2019ibitwaro bya Uganda.<\/p>\n<p>U Rwanda rukaba ngo rwarahisemo Congo (bakomeje kugaragaza nk\u2019igihugu kitagira umuyobozi, ubuyobozi, abaturage mbese ikindi gihugu cyakoreramo icyo gishatse ) kuko RDF yabona ubwinyagamburiro mu gihe u Rwanda rwaba rugiye mu ntambara na Uganda.<\/p>\n<p>Muri Kamena 2019 ariko, Perezida Kagame yavuze ko atabona u Rwanda rwarwana na Uganda kuko \u201cntekereza ko Uganda yumva neza ikiguzi cyabyo\u201d.<\/p>\n<p>Umuvugizi w\u2019ingabo wa Uganda, Brig. Richard Karemire we yijeje ko igihugu kirinzwe kandi gitekanye UPDF yiteguye gukomeza kukirinda.<\/p>\n<p>Abajijwe niba abaturanyi ba Uganda baba bari n\u2019imitwe yitwaje intwaro, yasubije agira ati: Niba bari kubikora, bazi neza impamvu. Inshingano zacu ni ukurinda ubutaka bwacu\u201d.<\/p>\n<p>Yongeyeho ko Uganda ikomeje gukorana bya hafi n\u2019inzego zashyizweho zo gusangira ubutasi mu rwego rwo kurwanya ibikorwa by\u2019imitwe mibi mu Congo<\/p>\n<p>Brig. Karemire kandi yakomoje ku nama iherutse kuba hagati y\u2019Umugaba w\u2019ingabo wungirije wa UPDF, Lt. Gen. Wilson Mbasu Mbadi na Komanda wa Monusco, Lt. Gen. Elias Rodrigues Martin Filho, aho bemarnyirije kongera imikoranire mu rwego rwo kurandura ADF.<\/p>\n<p>Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019amahanga, Olivier Nduhungirehe, akaba aherutse kuvuga ko muri Uganda hakomeje poropaganda zigamije kwibasira u Rwanda ahanini zinyuzwa mu itangazamakuru rya leta nk\u2019iherutse gutambuka mu kinyamakuru The New Vision ivuga kuri Rwigema.<\/p>\n<p>Ibi bije mu gihe intumwa z\u2019u Rwanda zenda guhura n\u2019iza Uganda, aho byari biteganyijwe guhurira i Kampala nyuma y\u2019iminsi 30 ubwo bahuriraga mu nama ya mbere i Kigali kuwa 16 Nzeri 2019, mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti ibibazo biri hagati y\u2019ibihugu byombi nk\u2019uko byagiyemeje mu myanzuro y\u2019Amasezerano y\u2019Ubwumvikane ya Luanda.<\/p>\n<p>Mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com abazwa kuri gahunda yo gukomereza ibiganiro kuri iyi gahunda muri Uganda yavuze ko \u201cI Kampala twiteguye kujyayo gukomeza inzira z\u2019ibiganiro; ariko Uganda haribyo yarenzeho\u201d.<\/p>\n<p>Kimwe mu byo u Rwanda rushinja Uganda kurengaho, harimo ingingo yo kubuza ibinyamakuru gusebanya, aho ikinyamakuru cya Leta ya Uganda na none cyasebeje Umukuru w\u2019igihugu cy\u2019uRwanda Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ko yahuriye n\u2019umwe mu batavuga rumwe na Leta ya Uganda Dr.Kiiza Besigye muri Amerika kandi ari ibihuha.<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n<p>\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Igisirikare cya Uganda cyakajije imyiteguro igihugu by\u2019umwihariko uburengerazuba bwa Uganda bivugwa ko bwaba bugiye guterwa n\u2019Igisirikare cy\u2019u Rwanda, RDF ngo n\u2019indi mitwe bikorana. Umujyanama wa Perezida Museveni ushinzwe ibikorwa bidasanzwe, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, aherutse gutangaza ko hari abanzi bari gutegura gutera Uganda ariko bagomba kwitegura kuzagirwa ivu. Yakomeje avuga ko nta watsinda Uganda avuga [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-17772","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Igisirikare cya Uganda cyakajije imyiteguro igihugu by\u2019umwihariko uburengerazuba bwa Uganda bivugwa ko bwaba bugiye guterwa n\u2019Igisirikare cy\u2019u Rwanda, RDF ngo n\u2019indi mitwe bikorana. Umujyanama wa Perezida Museveni ushinzwe ibikorwa bidasanzwe, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, aherutse gutangaza ko hari abanzi bari gutegura gutera Uganda ariko bagomba kwitegura kuzagirwa ivu. Yakomeje avuga ko nta watsinda Uganda avuga [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-10-15T12:07:29+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda\",\"datePublished\":\"2019-10-15T12:07:29+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772\"},\"wordCount\":762,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772\",\"name\":\"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-10-15T12:07:29+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=17772#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda - BWIZA","og_description":"Igisirikare cya Uganda cyakajije imyiteguro igihugu by\u2019umwihariko uburengerazuba bwa Uganda bivugwa ko bwaba bugiye guterwa n\u2019Igisirikare cy\u2019u Rwanda, RDF ngo n\u2019indi mitwe bikorana. Umujyanama wa Perezida Museveni ushinzwe ibikorwa bidasanzwe, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, aherutse gutangaza ko hari abanzi bari gutegura gutera Uganda ariko bagomba kwitegura kuzagirwa ivu. Yakomeje avuga ko nta watsinda Uganda avuga [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-10-15T12:07:29+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda","datePublished":"2019-10-15T12:07:29+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772"},"wordCount":762,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=17772#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772","name":"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-10-15T12:07:29+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=17772"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=17772#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Igisirikare cya Uganda gikomeje imyiteguro yo kurwana n\u2019u Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/17772","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=17772"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/17772\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=17772"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=17772"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=17772"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}