{"id":18411,"date":"2019-11-09T14:27:27","date_gmt":"2019-11-09T14:27:27","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/11\/09\/drc-prezida-tchisekedi-mu-rugabangabo-minembwe-ihurizo-ry-ibibazo\/"},"modified":"2019-11-09T14:27:27","modified_gmt":"2019-11-09T14:27:27","slug":"drc-prezida-tchisekedi-mu-rugabangabo-minembwe-ihurizo-ry-ibibazo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411","title":{"rendered":"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo"},"content":{"rendered":"<p>Ubwo prezida Tchisekedi aherutse i Bukavu mu murwa mukuru wa Kivu y\u2019amajyepfo, mu ijambo yagejeje ku baturage baho, yivugiye ko yiteguye gupfa ariko hakaboneka umutekano n\u2019amahoro muri Kivu y\u2019Iburasirazuba.<\/p>\n<p>Abumvise aya magambo bamukomeye amashyi abandi baramukwena bibaza niba koko azagarura amahoro kandi akayageraho akigira mu ijuru cyangwa aho ibihe bidashira.Imvugo nk\u2019iyi ikunze kuvugwa mu mbwirwaruhame z\u2019abanyapolitiki n\u2019impirimbanyi z\u2019abasirikari cyangwa abandi baharanira impinduramatwara bagamije kwigarurira no gushaka amajwi y\u2019abaturage aribyo bita ( discours populistes).<\/p>\n<p>Si kenshi ibyo bivugwa bigerwaho, kuko niyo yaba umwana wawe ukunda udashobora guhara ubuzima bwawe umwitangira ukamupfira. Hari uwo mwigeze mwumva yitangira umuvandimwe we wa hafi akajyana nawe mu mva? Amagambo nkaya aba yoroshye kuyavuga ariko akagira uburemere bukomeye kuko aba yuzuyemo uburyarya ni ibinyoma, kuko bivugira ibitagerwaho.<\/p>\n<p>Muribuka nyakwigendera Gadhaffi avuga ko azarwana kugeza ku musirikari wa nyuma ariko yaguye muri ruhurura. Muribuka Bagbo nawe avuga amagambo asa nayo kugeza afatiwe mu mwobo? Muribuka umuminisitiri w\u2019u Rwanda wigeze kubwira umukuru w\u2019igihugu ko aho kumugwa inyuma azamugwa imbere? Abo bose barihe ubu?<\/p>\n<p>Hari amagambo twebwe abaturage tudakwiriye gutaho umwanya kuko akenshi aturangaza, kuko aba agamije kuturoga ubwonko kugira ngo abayobozi bigumire ku ntebe y\u2019icyubahiro no kugendera kuri tapi y\u2019umutuku.<\/p>\n<p>Abaturage tugomba kujya twitondera bene izo mbwirwaruhame zuzuyemo ndabakunda, muri abanjye, ntawadukora mu ijisho muhari, ibyagezweho nimwe tubikesha, n\u2019andi menshi nkayo. Mugakoma amashyi ubudahagarara kandi bo birirwa bakaramuka naho twe inda yarafatanye n\u2019umugongo cyangwa se byaratandukanye twiyicira isazi ku mazuru. Ibyo byose igihe cyagera bikagenda nka nyomberi!<\/p>\n<p>Ngarutse ku mutwe w\u2019iyi nkuru ese koko musanga ibyavugiwe i Bukavu bishoboka?<br \/>\nReka mvuge ko bishoboka kuko umutekano w\u2019igihugu burya uba mu biganza by\u2019inzego z\u2019umutekano mbere na mbere. Izo nzego zigomba kuba zifite ubushobozi bwo gukora neza inshingano zazo, zarahuguwe mu byo gucunga umutekano w\u2019abaturage, kurinda ubusugire bw\u2019igihugu ndetse na politiki byose , ariko bigashingira ku myitwarire myiza na disipulini. Hejuru y\u2019ibyo byose hakabaho ubushake bwa politiki ku bayobozi bakuru.<\/p>\n<p>Nkiri aho rero ushobora kwibaza niba inzego z\u2019umutekano waho zifite ubushobozi? Ushatse wasubiza ngo yego! Nanjye nkakubaza nti ese niba ubushobozi buhari, byashoboka bite kandi gusaba ubufasha ibihugu bituranyi n\u2019umuryango w\u2019abibumbye kuza kugarura umutekano mu gihugu cyawe? Nkomereje kuri iki gitekerezo natanze hejuru ushatse wasubiza ko amagambo yavugiwe i Bukavu, bidashoboka kugarura umutekano no kwitanga kugeza upfuye.<\/p>\n<p>Mwirebere namwe rero icyanteye kuvuga ko umukuru w\u2019igihugu cya Congo ari mu rugabangabo kubwo umutekano w\u2019iburasirazuba bwicyo gihugu muri rusange. Mpereye ku magambo ya Me Moise Nyarugabo, nk\u2019intumwa ya rubanda yo muri Kivu y\u2019amajyepfo ikomoka mu bwoko bw\u2019abanyamurenge, ashimangira ko ntako atagize atabaza inzego zose kugeza ku umukuru w\u2019igihugu ariko akaba yaravomeye mu rutete. Inzego zose zanze kumwumva none ageze aho avuga ko ibirimo kubera i Murenge hatazagira uvuga ko bitamenyeshejwe.<\/p>\n<p>Igitangaje ni uko n\u2019ingabo zari zishinzwe kurinda abanyamurenge zahakuwe zikajyanwa kure i Kalemie kugeza ubu twandika iyi nkuru zikaba zitarasimburwa kandi abanyamurenge bugarijwe n\u2019ibitero by\u2019andi moko abakikije, abagabaho ibitero akabica, nyuma yo kubasahura<\/p>\n<p>Ikibazo gikomeye kigomba kwibazwa ese inzego z\u2019umutekano na perezida ubwe barasanga bitihutirwa gutabara abo baturage no guhagarika mu maguru mashya ubwicanyi burimo kubera i Minembwe? Harabura iki ngo abaturage batabarwe?<br \/>\nUku guceceka nibyo mperutse kwita &#8221; jenoside&#8221; kuko ari ubwicanyi bugamije kurimbura ubwoko runaka nkuko ba nyiri kubikora babyigamba ku mbugankoranyambaga zitandukanye. <\/p>\n<p>Ikindi wakwibaza, izo ngabo zivugwa ko zifuza gufatanya na Tchisekedi mu kugarura amahoro n\u2019umutekano muri Kivu zombi ndasanga ahihutirwa ari mu  Minembwe kuko ho bifite isura y\u2019itsembabwoko hagakurikira cyangwa bikajyana na Beni, usibye ko ho bifite isura y\u2019ubwicanyi ariko butagambiriye kurimbura ubwoko runaka. Uko ubutegetsi bwa Congo bwitwara mu kugarura umutekano bigomba gukorerwa abaturage bose hatabayemo kubogama.<\/p>\n<p>Ibyo perezida Tchisekedi nabigeraho nibwo amagambo yavugiye i Bukavu ko no gupfa azapfa kubera umutekano w\u2019abaturage ari bwo azagira agaciro. Ubwitange bwiza azagira muri iki kibazo nibyo bizamuhesha ishema haba imbere mu gihugu ndetse no mu mahanga kuko azaba akoze ikintu kidasanzwe uwo yasimbuye yananiwe kugeraho imyaka 18 yose yamaze ari ku ubutegetsi.<\/p>\n<p>Urupfu rwiza ni urwo gusiga izina ryiza imusozi, kuko bitazibagirana mu mateka y\u2019isi nyuma yo gupfa urupfu rusanzwe, urw\u2019ikirago cyangwa urundi rupfu. Ibyo nibyo bita urupfu rwiza, gutabaruka cyangwa kuryamira akaboko k\u2019abagabo umugani w\u2019abarundi. Ibitandukanye n\u2019ibyo byaba ari amahamba. Turatabaza Tchisekedi ngo yikure mu rugabangabo afate inzira imwe isobanutse ibanisha amoko yose agize DRCongo harimo n\u2019abanyamurenge.<\/p>\n<p>Twamagane jenoside ikorerwa abanyamurenge. #Save#Minembwe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubwo prezida Tchisekedi aherutse i Bukavu mu murwa mukuru wa Kivu y\u2019amajyepfo, mu ijambo yagejeje ku baturage baho, yivugiye ko yiteguye gupfa ariko hakaboneka umutekano n\u2019amahoro muri Kivu y\u2019Iburasirazuba. Abumvise aya magambo bamukomeye amashyi abandi baramukwena bibaza niba koko azagarura amahoro kandi akayageraho akigira mu ijuru cyangwa aho ibihe bidashira.Imvugo nk\u2019iyi ikunze kuvugwa mu mbwirwaruhame [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":6,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[135,131,140,141,127,142,137],"class_list":["post-18411","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw","tag-amakuru","tag-in-slide-rw","tag-mashya","tag-minembwe","tag-rwanda","tag-tchisekedi","tag-tv-one-rwanda"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ubwo prezida Tchisekedi aherutse i Bukavu mu murwa mukuru wa Kivu y\u2019amajyepfo, mu ijambo yagejeje ku baturage baho, yivugiye ko yiteguye gupfa ariko hakaboneka umutekano n\u2019amahoro muri Kivu y\u2019Iburasirazuba. Abumvise aya magambo bamukomeye amashyi abandi baramukwena bibaza niba koko azagarura amahoro kandi akayageraho akigira mu ijuru cyangwa aho ibihe bidashira.Imvugo nk\u2019iyi ikunze kuvugwa mu mbwirwaruhame [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-11-09T14:27:27+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Munyakayanza Samuel\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Munyakayanza Samuel\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411\"},\"author\":{\"name\":\"Munyakayanza Samuel\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83\"},\"headline\":\"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo\",\"datePublished\":\"2019-11-09T14:27:27+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411\"},\"wordCount\":744,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amakuru\",\"In Slide - Kinyarwanda\",\"Mashya\",\"Minembwe\",\"Rwanda\",\"Tchisekedi\",\"TV ONE RWANDA\"],\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411\",\"name\":\"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-11-09T14:27:27+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18411#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83\",\"name\":\"Munyakayanza Samuel\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=6\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo - BWIZA","og_description":"Ubwo prezida Tchisekedi aherutse i Bukavu mu murwa mukuru wa Kivu y\u2019amajyepfo, mu ijambo yagejeje ku baturage baho, yivugiye ko yiteguye gupfa ariko hakaboneka umutekano n\u2019amahoro muri Kivu y\u2019Iburasirazuba. Abumvise aya magambo bamukomeye amashyi abandi baramukwena bibaza niba koko azagarura amahoro kandi akayageraho akigira mu ijuru cyangwa aho ibihe bidashira.Imvugo nk\u2019iyi ikunze kuvugwa mu mbwirwaruhame [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-11-09T14:27:27+00:00","author":"Munyakayanza Samuel","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Munyakayanza Samuel","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411"},"author":{"name":"Munyakayanza Samuel","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83"},"headline":"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo","datePublished":"2019-11-09T14:27:27+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411"},"wordCount":744,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amakuru","In Slide - Kinyarwanda","Mashya","Minembwe","Rwanda","Tchisekedi","TV ONE RWANDA"],"articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=18411#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411","name":"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-11-09T14:27:27+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=18411"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18411#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"DRC: Prezida Tchisekedi mu rugabangabo, Minembwe ihurizo ry\u2019ibibazo"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83","name":"Munyakayanza Samuel","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=6"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/18411","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/6"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=18411"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/18411\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=18411"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=18411"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=18411"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}