{"id":18440,"date":"2019-11-10T13:17:57","date_gmt":"2019-11-10T13:17:57","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/11\/10\/ibaruwa-ifunguye-yadikiwe-umunyamabanga-mukuru-w-umuryango-w-abibumbye-un\/"},"modified":"2019-11-10T13:17:57","modified_gmt":"2019-11-10T13:17:57","slug":"ibaruwa-ifunguye-yadikiwe-umunyamabanga-mukuru-w-umuryango-w-abibumbye-un","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440","title":{"rendered":"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge"},"content":{"rendered":"<p>Nyakubahwa Munyamabanga Mukuru<\/p>\n<p>Mbandikiye iyi barwa ifunguye ngamije kugira ngo mbatabaze, ku bwo ubushobozi bwanyu, kugira icyo mukora cyihutirwa mugatabara abaturage b\u2019abanyamulenge muri Congo bugarijwe n\u2019ubwicanyi n\u2019ibindi bikorwa by\u2019ubunyamaswa bibagirirwa muri iki gihe turimo.<\/p>\n<p>Ikinteye kubatabaza ni uko nzi kandi nizera ko mubifitiye ububasha n\u2019ubushobozi cyane ko mufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zabasha gutabara abo baturage mugihe urwego muyobora rwaziha amabwiriza. Munyemerere mvuge ko ibirimo bikorerwa abanyamulenge ari ubwicanyi umuntu atatinya kwita &#8220;jenoside&#8221;, kuko bicwa bazira uko bavutse, ubwoko bwabo.<\/p>\n<p>Nyakubahwa ijambo &#8220;jenoside&#8221; riraremereye ariko nk\u2019uko mwabyemeje, rishaka kuvuga ubwicanyi ndengakamere bukorwa n\u2019abantu cyangwa ubutegetsi barimbura ubwoko runaka.<\/p>\n<p>Ibi rero ntibigombera ko byitwa jenoside ari uko hapfuye umubare munini w\u2019abantu. Abamaze guhitanwa n\u2019ubu bwicanyi bw\u2019i Mulenge babarirwa mu magana, cyangwa ibihumbi uhereye muri za 96 kugeza uyu munsi. Muribuka  ko hari abapfuye mu Gatumba ya Bujumbura, muribuka abapfuye mu gihe cy\u2019intambara za AFDL, RCD, Mai Mai no mu bindi bihe bitandukanye by\u2019intambara. Abaturage bakuwe mu byabo n\u2019intambara ntibagira ingano nyuma yo gucucurwa, gusahurwa, kunyagwa no gutwikirwa ubu bakaba bari mu kangaratete.<\/p>\n<p>Ibyo byose bakabikorerwa bivugwa ko abo baturage ari abanyarwanda ko bagomba gusubira mu gihugu bafitemo inkomoko. Iyi mitekerereze Nyakubahwa murabizi ko ipfuye kuko atariyo na gato kuko koko abanyamulenge bageze muri Congo kimwe n\u2019abandi bahasanze n\u2019abahageze babakurikira mu bihe bitandukanye, nk\u2019uko tubisoma mu mateka ya Congo.<\/p>\n<p>Urwango ubwo bwoko bufitiwe ruri hejuru cyane kuko umuntu yibaza igituma bwibasirwa n\u2019andi moko baturanye , iki kibazo ntikibe cyagaragara ahandi mu bindi bice bya Congo.<\/p>\n<p>Hose ku mipaka ya Congo niba atari muri Africa yose ntaho utasanga amoko hirya no hino yiyo mipaka, aho abaturage bavuga ururimi rumwe rubahuza ariko batandukanye ku bwenegihugu. Ingero ni nyinshi murabizi Nyakubahwa: Uhereye muri Kinshasa, no mu nkengero zaho abaturage bavuga ururimi &#8216; Lingala&#8221;, ni narwo ruvugwa hakurya yaho muri Brazzaville ya Congo. Aho mufite icyicaro gikuru muri Amerika bivugwa ko abaturage b\u2019iki gihugu ari abimukira. Aho ho birarenze kuko usibye kuba hari abazungu hari n\u2019abirabura bahageze mu myaka ya kera mu gihe cy\u2019ubucakara.<\/p>\n<p>Tuvuze ingero ntitwazirangiza; gusa icyo umuntu yabivugaho ni uko baticana cyangwa ngo habeho gahunda yo kurimbura ubwoko runaka. Ngarutse ku moko atera abanyamulenge nayo ubwayo bivugwa ko ashobora kuba afite inkomoko muri Tanzaniya. Mu gihe tugezemo isi irimo gushyira imbere politiki y\u2019ukwishyira hamwe mu by\u2019ubukungu na politiki. Ibyo kureba ikiremwamuntu nkaho nta gaciro gifite birumvikana ko ataribyo kandi bitakigezweho.<\/p>\n<p>Kunyuranya nayo mahame agenga uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu, bigize icyaha gikomeye kandi biri mu masezerano yasinywe n\u2019ibihugu by\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye muyobora, na Congo irimo. Byaba biteye isoni n\u2019ikimwaro kuri mwe by\u2019umwihariko ndetse na Loni muri rusange ko mu gihe kitarenze imyaka 25 ku isi hongera kuvugwa jenoside kandi mu gihe cyanyu cy\u2019ubuyobozi. <\/p>\n<p>Mugenzi wanyu nyakwigendera Boutros Ghali yaratabajwe nk\u2019uko ubu turimo tubikora yirengagiza nkana cyangwa atinda gufata icyemezo vuba, maze mu Rwanda hicwa abatutsi barenga miliyoni imwe. Uwayoboraga MINUAR, ingabo za Loni icyo gihe, General Rom\u00e9o Dallaire, yaratabaje biba iby\u2019ubusa kugeza ingabo yayoboraga zitaye abatutsi barimo kwicwa.<\/p>\n<p>None Nyakubahwa, harabura iki ku bwanyu n\u2019Umuryango muyobora, kuri Guverinoma ya Congo kugira ngo muhagarike ibibera imulenge? Mutegereje kuzasohora amatangazo yamagana abakoze ubwo bwicanyi? Uko kwamagana musanga guhagije kuburyo byatabara bikanakiza abanyamulenge?<br \/>\nUwabereka akaga n\u2019ubuzima abanyamulenge barimo biteye agahinda, aho abantu b\u2019abanyantege nke nk\u2019abana, abasaza, abakecuru, abarwayi n\u2019abafite ubumuga bicwa bunyamaswa batagira ubutabazi ubwo aribwo bwose.<\/p>\n<p>Ubu abo baturage bagizwe impunzi mu gihugu cyabo no mu mahanga. Nta buvuzi bafite, amashuri, amasoko byose byarahahaze ntibikibaho. Ibyo si ibimenyetso bihagije biganisha kuri jenoside? Nsoza rero Nyakubahwa ndagira ngo mbasabe ko hakorwa iperereza ryihuse kandi ryimbitse kuri ubwo bwicanyi kugira ngo ababuri inyuma bashyikirizwe ubutabera, gutabatara no guhagarika mu maguru mashya ubwo bwicanyi, gusaba guverinoma ya Congo kutarebera ubwo bwicanyi no kurengera abaturage bayo; no guha imfashanyo zibikoresho by\u2019ibanze birimo ibiribwa, imiti n\u2019amahema kugira ngo n\u2018abarokotse badahitanwa n\u2019imibereho mibi y\u2019ubuzima barimo.<\/p>\n<p>Ibyo nimubigeraho Nyakubahwa, muzaba mwanditse amateka akomeye kuri mwe ubwanyu, ku  Umuryango muyobora no kubaturiye isi.<\/p>\n<p>Imana ibibafashemo kandi mugire amahoro y Imana.<\/p>\n<p><strong>Samuel Munyakayanza<br \/>\nUmusesenguzi mu bya politiki\/<br \/>\nImpirimbanyi y amahoro<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Nyakubahwa Munyamabanga Mukuru Mbandikiye iyi barwa ifunguye ngamije kugira ngo mbatabaze, ku bwo ubushobozi bwanyu, kugira icyo mukora cyihutirwa mugatabara abaturage b\u2019abanyamulenge muri Congo bugarijwe n\u2019ubwicanyi n\u2019ibindi bikorwa by\u2019ubunyamaswa bibagirirwa muri iki gihe turimo. Ikinteye kubatabaza ni uko nzi kandi nizera ko mubifitiye ububasha n\u2019ubushobozi cyane ko mufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":6,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[132,127,142],"class_list":["post-18440","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-ibitekerezo-rw","tag-featured-post","tag-rwanda","tag-tchisekedi"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Nyakubahwa Munyamabanga Mukuru Mbandikiye iyi barwa ifunguye ngamije kugira ngo mbatabaze, ku bwo ubushobozi bwanyu, kugira icyo mukora cyihutirwa mugatabara abaturage b\u2019abanyamulenge muri Congo bugarijwe n\u2019ubwicanyi n\u2019ibindi bikorwa by\u2019ubunyamaswa bibagirirwa muri iki gihe turimo. Ikinteye kubatabaza ni uko nzi kandi nizera ko mubifitiye ububasha n\u2019ubushobozi cyane ko mufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-11-10T13:17:57+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Munyakayanza Samuel\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Munyakayanza Samuel\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440\"},\"author\":{\"name\":\"Munyakayanza Samuel\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83\"},\"headline\":\"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge\",\"datePublished\":\"2019-11-10T13:17:57+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440\"},\"wordCount\":705,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Featured Post\",\"Rwanda\",\"Tchisekedi\"],\"articleSection\":[\"Ibitekerezo\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440\",\"name\":\"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-11-10T13:17:57+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=18440#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83\",\"name\":\"Munyakayanza Samuel\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=6\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge - BWIZA","og_description":"Nyakubahwa Munyamabanga Mukuru Mbandikiye iyi barwa ifunguye ngamije kugira ngo mbatabaze, ku bwo ubushobozi bwanyu, kugira icyo mukora cyihutirwa mugatabara abaturage b\u2019abanyamulenge muri Congo bugarijwe n\u2019ubwicanyi n\u2019ibindi bikorwa by\u2019ubunyamaswa bibagirirwa muri iki gihe turimo. Ikinteye kubatabaza ni uko nzi kandi nizera ko mubifitiye ububasha n\u2019ubushobozi cyane ko mufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-11-10T13:17:57+00:00","author":"Munyakayanza Samuel","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Munyakayanza Samuel","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440"},"author":{"name":"Munyakayanza Samuel","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83"},"headline":"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge","datePublished":"2019-11-10T13:17:57+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440"},"wordCount":705,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Featured Post","Rwanda","Tchisekedi"],"articleSection":["Ibitekerezo"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=18440#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440","name":"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-11-10T13:17:57+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=18440"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=18440#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/8570238bee9764d66dc989f72748cb83","name":"Munyakayanza Samuel","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=6"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/18440","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/6"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=18440"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/18440\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=18440"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=18440"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=18440"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}