{"id":20159,"date":"2019-12-23T12:05:54","date_gmt":"2019-12-23T12:05:54","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/12\/23\/ni-nde-mugore-wazasimbura-perezida-kagame-igihe-azaba-yavuye-ku-butegetsi-mu\/"},"modified":"2019-12-23T12:05:54","modified_gmt":"2019-12-23T12:05:54","slug":"ni-nde-mugore-wazasimbura-perezida-kagame-igihe-azaba-yavuye-ku-butegetsi-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159","title":{"rendered":"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024?"},"content":{"rendered":"<p>Paul Kagame yatangiye kuyobora u Rwanda nka Perezida ahereye ku nzibacyuho yemejwe n\u2019inteko ishinga amategeko kuva kuwa 17 Mata 2000 kugeza kuwa 25 Kanama 2003. <\/p>\n<p>Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kwegura ku bushake k\u2019uwari Perezida icyo gihe Pasiteri Bizimungu tariki 23 Werurwe 2000. Kagame yari asanzwe ari Visi- Perezida akaba na Minisitiri w\u2019Ingabo kuva tariki 19 Nyakanga 1994, nyuma gato y&#8217;aho FPR- Inkotanyi ifatiye ubutegetsi.<\/p>\n<p>Inzibacyuho irangiye, Paul Kagame yatorewe gukomeza kuba Perezida w\u2019u Rwanda manda y\u2019imyaka irindwi kuva kuwa 25 Kanama 2003 kugeza kuwa 09 Kanama 2010.<\/p>\n<p>Yongeye gutorerwa  manda ya kabiri iteganywa n\u2019itegekonshinga kuva kuwa 09 Kanama 2010 kugeza mu mwaka wa 2017. Asoje iyo manda ya kabiri habayeho kamarampaka yahinduye itegekonshinga ku birebana na manda,  bityo nyuma yo kubisabwa n abanyarwanda  batari bake, yongerarwa indi manda aho azageza mu 2024.<\/p>\n<p>Itegeko nshinga mu ngingo yaryo y\u2019ijana na rimwe nk\u2019uko ryavuguwe kugeza ubu, riteganya ko noneho ushaka kuba umukuru w\u2019igihugu mu Rwanda, yiyamamariza manda ebyiri z\u2019imyaka itanu zitongerwa.<\/p>\n<p>Hagendewe kuri iyi ngingo, Perezida Kagame wavutse kuwa 23 Ukwakira 1957, yemerewe kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida nyuma y\u2019umwaka wa 2024 ndetse akaba yakwiyongeza no mu 2029 bityo akageza muri 2034.<\/p>\n<p>Gusa kuri iyi ngingo, ubwo yari mu nama mu gihugu cya Qatar i Doha yabwiye umunyamakuru ko  \u201c hari igihe atakongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.\u201d<\/p>\n<p>Ubwo  yatangizaga Inama y Igihugu  y\u2019Umushykirano ya 17 yateraniye i Kigali kuva kuwa Kane tariki 19-20 Ukuboza 2019, Kagame mu ijambo rye, yagarutse kuri iyi ngingo, avuga ko yifuza kuzasimburwa n\u2019umugore.<\/p>\n<p>Aha Perezida Kagame yagize ati &#8220;Mwongere vitensi,..njya nifuza rimwe ko uyu mwanya mwampaye ubukurikira uzatwarwa n\u2019umugore, abagabo ntabwo nzi uko mubyumva.\u201d<\/p>\n<p>Ni muri urwo rwego Bwiza.com yatereye ijisho mu bagore b\u2019Abanyarwanda bari muri politiki muri iki gihe ngo harebwe ko haba harimo ushobora kuzasimbura Perezida Kagame igihe azaba avuye ku butegetsi mu 2024 nk&#8217;uko abivuga.<\/p>\n<p>Uru rutonde si ihame kuko igitekerezo cya perezida kagame kiramutse kibaye impamo nta handi warebera usibye mu bagore bagaragaraho ubushobozi kandi bagiye bigaragaza muri politiki y&#8217;u Rwanda no mu bundi bumenyi.<\/p>\n<p>1) <strong>Louise Mushikiwabo<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20150\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\" alt=\"louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\" align=\"center\" width=\"640\" height=\"290\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg 640w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped-300x136.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/p>\n<p>Ni umunyapolitiki wavukiye i Jabana mu karere ka Gasabo tariki 22 Gicurasi 1961.<\/p>\n<p>Ni mushiki wa Lando Ndasingwa wari umunyapolitiki n&#8217;umucuruzi ukomeye, akaza kwicwa muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n&#8217;abandi bamwe bo mu muryango we.<\/p>\n<p>Mushikiwabo yakuriye i Kigali mu bwana bwe, aho yigiye amashuri abanza n&#8217;ayisumbuye, nyuma aza gukomereza muri Kaminuza Nkuru y&#8217;u Rwanda i Butare mu mwaka wa 1981.<\/p>\n<p>Nkuko bigaragara ku rubuga rwa interineti ruvuga ku buzima bwe, nyuma yaje gukomereza amasomo muri Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika kuri Kaminuza ya Delaware aho yize indimi no kuzisemura, ahavana impamyabumenyi y&#8217;icyiciro cya gatatu cya kaminuza.<\/p>\n<p>Yabaye muri Amerika imyaka ibarirwa muri 20 akora imirimo ijyanye n&#8217;ubusemuzi nko mu Muryango w Abibumbye. Yaje kuhava ajya gukorera banki nyafurika y&#8217;iterambere muri Tuniziya, mu buyobozi bushinzwe itangazamakuru.<\/p>\n<p>Prezida Kagame yamugize Minisitiri w&#8217;Itangazamakuru ahava ajya kuyobora  Minisiteri y\u2019Ububanyi n&#8217;Amahanga y\u2019u Rwanda kuva mu mwaka wa 2009. Ibi bimugira umwe mu bayoboye iyi minisiteri igihe kirekire kurusha abandi bose nyuma ya jenoside.<\/p>\n<p>Mu Kwakira 2018, Mushikiwabo yatorewe kuba umunyamabanga mukuru wa Francophonie, umuryango uhuza ibihugu bivuga Igifaransa. Ni we mu nyarwanda wa mbere watorewe kuyobora uyu muryango mu myaka ine. <\/p>\n<p>Ku bw\u2019ubushobozi, ubunararibonye muri politiki y\u2019u Rwanda ndetse n\u2019amahanga, uyu mugore afite ubushobozi bwo kuba mu bagore basimbura Perezida Kagame igihe yaba asimbuwe n\u2019umuntu w\u2019igitsinagore.<\/p>\n<p>Azwiho cyane gucengera no gukora &#8216;lobbying&#8217; kugira ngo agere ku cyo ashaka. Ikindi afite cyihariye usibye kuba yarize indimi azi kuzivuga neza hamwe benezo bamukurikira barushaho kumwishimira iyo avuga. Ni umuntu uhora yishimye kandi utera urwenya iyo yabishatse.<\/p>\n<p>2) <strong>Madamu Jeannette Kagame<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20151\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/jeannette-kagame-673x430.jpg\" alt=\"jeannette-kagame-673x430.jpg\" align=\"center\" width=\"640\" height=\"409\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/jeannette-kagame-673x430.jpg 640w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/jeannette-kagame-673x430-300x192.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/p>\n<p>Jeannette Nyiramongi ni yo mazina yiswe n\u2019ababyeyi be, ni umufasha wa Perezida w\u2019u Rwanda Paul Kagame. Yavutse tariki 10 Kanama 1962. Kubera amateka mabi yaranze u Rwanda ashingiye ahanini ku ivanguramoko, Jeannette n\u2019umuryango we babaye mu buhungiro ari naho yize amashuri ye mu bihugu nk\u2019u Burundi na Kenya.<\/p>\n<p>Jeannette Kagame afite impamyabumenyi mu bigendanye n\u2019ubukungu n\u2019icungamutungo, akaba yaragiye atanga ibitekerezo n\u2019ibiganiro mbwirwaruhame byaba ibyo ku rwego rw\u2019igihugu cyangwa se mpuzamahanga mu ngeri zitandukanye harimo ibijyanye n\u2019Imiyoborere myiza, Ubukungu, ubuzima, imibereho myiza y\u2019umwana n\u2019umugore, kurwanya sida no kurengera umugore ndetse n\u2019umuryango muri rusange.<\/p>\n<p>Mu 2010, Madamu Jeannette Kagame yabonye impamyabumenyi y\u2019icyubahiro y\u2019ikirenga muri Kaminuza ya gikiristu ya Oklahoma kubera uruhare yagize mu kurwanya agakoko gatera SIDA no kurwanya ubukene, muri uwo mwaka ahita anashingwa guhagararira ibikorwa by\u2019imirire ku bana muri gahunda y\u2019ibiribwa (PAM cyangwa WFP) mu muryango mpuzamahanga w\u2019ibihugu ku isi (ONU).<\/p>\n<p>Mu Rwanda, agira uruhare mu guteza imbere uburenganzira bw\u2019umugore, uburezi , imibereho myiza y\u2019abaturage cyane  imfubyi n\u2019abapfakazi bari bazahajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.<\/p>\n<p>Mu mwaka wa 2002 yashinze umuryango udaharanira inyungu wa Imbuto Foundation, anabereye umuyobozi kugeza ubu. Ni umuryango wagize uruhare runini mu gushyira imbaraga mu buzima n\u2019uburezi bw\u2019abana b\u2019Abanyarwanda by\u2019umwihariko abana b\u2019abakobwa batishoboye.<\/p>\n<p>Jeannette Kagame yagiye ayobora imiryango mpuzamahanga itandukanye igamije ibikorwa twagiye tugarukaho tutibagiwe no gukumira icyorezo cya SIDA ku mugabane wa Afurika no gutanga ubufasha bw\u2019ibanze ku bagezweho n\u2019icyo cyorezo.<\/p>\n<p>Mu Ukuboza 2011 yafashije mu itangizwa ry\u2019ihuriro ry\u2019abafasha b\u2019abakuru b\u2019ibihugu muri Africa rigamije guhuriza hamwe imbaraga mu gukemura ibyo bibazo twavuze haruguru.<\/p>\n<p>Birumvikana ko ari umwe mu bantu bazi ibibazo Abanyarwanda bafite ndetse azi byinshi muri politiki y\u2019igihugu bityo yaba umwe mu basimbura Perezida Kagame. Nawe avuga adategwa kandi neza indimi z&#8217;amahanga zikoreshwa cyane ku isi igifaransa n&#8217;icyongereza.<\/p>\n<p>3) <strong>Amb. Valentine Sendanyoye Rugwabiza<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20152\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/rwabiza.jpg\" alt=\"rwabiza.jpg\" align=\"center\" width=\"640\" height=\"360\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/rwabiza.jpg 640w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/rwabiza-300x169.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/p>\n<p>Yavutse kuwa 25 Nyakanga 1963 muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ni umucuruzi akaba n\u2019umunyapolitiki ufite impamyabumenyi y\u2019icyiciro cya gatatu cya Kaminuza muri siyansi, yakuye muri Kaminuza ya Zaire mu 1988.<\/p>\n<p>Imwe mu mirimo ikomeye yakoze mbere yo guhagararira u Rwanda mu Muryango w\u2019Abibumbye  i New York kuva  mu 2016.<\/p>\n<p>Yabaye Minisitiri ushinzwe umuryango w\u2019ibihugu by\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba,<br \/>\nAba Umuyobozi Mukuru w\u2019Ikigo cy\u2019Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB) aho yari n umwe mu bagize guverinoma.<\/p>\n<p>Icyo gihe yari avuye ku mwanya yari asanzwe yungirije umuyobozi mukuru w Ikigo Mpuzamahanga cy\u2019Ubucuruzi ku Isi (WTO:World Trade Organization) kuva mu mwaka wa 2005. <\/p>\n<p>Yanabaye umujyanama mu by\u2019ubukungu mu biro by\u2019umukuru w\u2019igihugu ndetse yakoreye ikigo gikomeye cy\u2019Abasuwisi mu bihugu bya Cameroun na Cote d Ivoire.<\/p>\n<p>Ni na we wabaye umugore wa mbere wabonye uyu mwanya, aho yakoranye na Alejandro Jara ukomoka muri Chile, Harsha Singh ukomoka mu Buhinde na Rufus Yerxa ukomoka muri Amerika.<\/p>\n<p>Rugwabiza  kandi yabaye Umuyobozi Mukuru muri Ambasade y\u2019u Rwanda mu Busuwisi mu mwaka wa 2002. Rugwabiza akaba yari asanzwe ahagarariye u Rwanda muri WTO.<\/p>\n<p>Mu bindi, Rugwabiza asanzwe ari mu batangije Urugaga rw\u2019abikorera mu Rwanda(PSF), Urugaga rwa ba rwiyemezamirimo b\u2019abagore mu Rwanda, no mu rugaga b\u2019abagore rw\u2019abayobozi mu Rwanda.<\/p>\n<p>Rugwabiza yabaye umwe mu bagore babiri bahagarariye ibihugu bikiri mu nzira y\u2019amajyambere mu miryango itandukanye ishinzwe ku rwanya ubukene, akaba ari nawe wanawutangije mu Rwanda.<\/p>\n<p>Ni umwe mu bagore bafite umwirondoro (CV) uremereye ndetse akaba ari inararibonye muri politiki, ubukungu ku buryo yaba umwe mu bagore basimbura Perezida Kagame. Nawe avuga adategwa kandi neza igifaransa n&#8217;icyongereza.<\/p>\n<p>4) <strong>Claire Akamanzi<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20153\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/kamanzi.jpg\" alt=\"kamanzi.jpg\" align=\"center\" width=\"480\" height=\"514\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/kamanzi.jpg 480w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/kamanzi-280x300.jpg 280w\" sizes=\"(max-width: 480px) 100vw, 480px\" \/><\/p>\n<p>Yavutse mu  1979 ni umunyamategeko, umucuruzi akaba n&#8217;umunyapolitiki.Yatangiye kwigaragaza mu ruhando mpuzamahanga akiri muto.<\/p>\n<p>Kuva mu 2006 kugeza mu 2008, yabaye umuyobozi wungirije mu kigo gishinzwe ishoramari n\u2019ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga, RIEPA.<\/p>\n<p>Mu 2008, Akamanzi yabaye umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu kigo cy\u2019igihugu cy\u2019iterambere, RDB kugeza mu wa 2015, aho yavuye ajya gukurikirana amasomo yo ku rwego rwo hejuru muri kaminuza rurangiranwa ya Havard muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yavanye impamyabumenyi y\u2019icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu masomo y\u2019imiyoborere rusange (Public administration)<\/p>\n<p>Mu 2012 yaje mu bantu 192 bahawe igihembo n\u2019ihuriro mpuzamahanga ry\u2019ubukungu ku Isi (World Economic Forum) nk\u2019umwe mu bayobozi bakiri bato bagaragaje ibikorwa by\u2019indashyikirwa mu guhindura Isi (Young Global Leaders).Akamanzi kandi yaje no gushingwa imirimo ijyanye n\u2019ibya dipolomasi y\u2019u Rwanda mu by\u2019ubucuruzi i London mu Bwongereza.<\/p>\n<p>Mu mwaka wa 2013 yaje mu bagore 25 bavuga rikijyana kandi bagira impinduka mu guteza imbere ubushabitsi muri Afurika. Mu mwaka wa 2015, umuryango uhuriwemo n\u2019ibinyamakuru byandika ku bucuruzi bikorera muri Afurika y\u2019Epfo, CEO Communications, wahaye Akamanzi igihembo cy\u2019umugore uvuga rikijyana mu karere k\u2019ibiyaga bigari.<\/p>\n<p>Akamanzi yashimiwe gushyiraho ingamba zitandukanye no kuzishyira mu bikorwa, ibintu byaje korohereza no kongera umubare w\u2019abakora ubushabitsi mu Rwanda, biza no gukurura cyane abashoramari b\u2019abanyamahanga<\/p>\n<p>Akamanzi yabonye impamyabumenyi y\u2019icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu mategeko muri Uganda ndetse n\u2019iy\u2019icyiciro cya gatatu mu bucuruzi mpuzamahanga na gahunda z\u2019ishoramari n\u2019amategeko muri Afurika y\u2019Epfo no mu Buholandi. Akamanzi kandi yabaye umunyamategeko mpuzamahanga mu bucuruzi n\u2019ishoramari.<\/p>\n<p>Yabaye umuyobozi wa RDB aza kuva kuri uwo mwanya ajya kwiga, nyuma ahabwa inshingano zo kuba Umuyobozi w\u2019Ishami rishinzwe Ingamba na Politiki (Policy &#038; Strategy Unit) mu biro by\u2019Umukuru w\u2019Igihugu.<\/p>\n<p>Muri 2015 yegukanye igihembo cy\u2019umugore uvuga rikijyana mu Karere k\u2019Ibiyaga Bigari yahawe na CEO Communications, umuryango uhuriwemo n\u2019ibinyamakuru byandika ku bucuruzi bikorera muri Afurika y\u2019Epfo.<\/p>\n<p>5) <strong>Ange Kagame<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20154\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/ange_kagame_2014.jpg\" alt=\"ange_kagame_2014.jpg\" align=\"center\" width=\"477\" height=\"640\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/ange_kagame_2014.jpg 477w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/ange_kagame_2014-224x300.jpg 224w\" sizes=\"(max-width: 477px) 100vw, 477px\" \/><\/p>\n<p>Yavutse mu 1993. Ni umwana wa kabiri wa Perezida Paul Kagame na Jeannette Kagame, akaba ari we mukobwa wenyine muri uyu muryango ugwizwe n\u2019abandi bana b\u2019 abahungu batatu.<\/p>\n<p>Yize ibyijyanye na politiki mu kiciro cya kabiri cya Kaminuza ndetse na politiki mpuzamahanga mu cyiciro cya gatatu.<\/p>\n<p>Ni umwe mu bana b&#8217;umukuru w&#8217;igihugu ugaragara kenshi atanga ibitekerezo ku bivugwa ku buzima bw&#8217;igihugu kandi akagaragara cyane iruhande rwa Se mu gihe abandi bana usibye abiga abarangije utapfa kumenya ibyo babamo.<\/p>\n<p>Ni kenshi agaragara mu ruhame ari kumwe na se mu bikorwa bya politiki no gusubiza kuri twitter ku bintu bimwe bireba politiki y igihugu.<\/p>\n<p>Gusa nta burambe bwe buzwi haba mu bya politiki cyangwa indi mirimo isanzwe. Gusa bivugwa ko yari umuhanga cyane aho yize.<\/p>\n<p>6) <strong>Sayinzoga Kampeta Pichette<br \/>\n<em><\/h2>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20155\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nirda_kigali_today_2.jpg\" alt=\"nirda_kigali_today_2.jpg\" align=\"center\" width=\"640\" height=\"480\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nirda_kigali_today_2.jpg 640w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nirda_kigali_today_2-300x225.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/p>\n<p>Pichette Kampeta Sayinzoga ni umwe mu bagore bari kuzamuka cyane muri politiki y&#8217;igihugu cy&#8217;u Rwanda. Yakoze imirimo itandukanye  muri  Minisiteri y&#8217;Imari n&#8217;Igenamigambi harimo Umunyamabanga Uhoraho n&#8217;indi inyuranye. Mbere yo gukora muri Leta yakoze no muri Banki y&#8217;Isi.<\/p>\n<p>Icyiciro cya mbere cya Kabiri cya kaminuza yize iby&#8217;iterambere ry&#8217;ubukungu na politiki mpuzamahanga muri Kaminuza yitwa  Witwatersrand muri Afurika y&#8217;Epfo naho icya gatatu yize iby&#8217;ubukungu na politiki zabyo muri Kaminuza ya  Nottingham mu Bwongereza.<\/p>\n<p>Mu 2017 yagizwe Umuyobozi Mukuru w\u2019Ikigo cy\u2019Igihugu cy\u2019Ubushakashatsi n\u2019Iterambere mu byerekeye inganda (NIRDA).<\/p>\n<p>Mu minsi micye ishize,  Abafite imigabane muri BRD ni bo bahisemo Kampeta Sayinzoga ngo asimbure Eric Rutabana ku buyobozi bw\u2019iyo banki, hakaba hategerejwe ko Inama y\u2019Ubutegetsi y\u2019iyo banki na yo ibyemeza.<\/p>\n<p>Umwe mu bakorana na we yabwiye Bwiza.com ko ari umuyobozi akaba n\u2019umukozi w\u2019intangarugero. Bishimira urwego yari amaze kugezaho NIRDA, ku bwabo bakaba bifuzaga ko yagumana na bo.<\/p>\n<p>Kampeta azwiho ubuhanga cyane kuko ari umwe mu bagize uruhare mu mizamukire y ubukungu bw u Rwanda.<\/p>\n<p>7) <strong>Esp\u00e9rance Nyirasafari<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20156\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nyi.jpg\" alt=\"nyi.jpg\" align=\"center\" width=\"640\" height=\"427\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nyi.jpg 640w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nyi-300x200.jpg 300w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nyi-330x220.jpg 330w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nyi-420x280.jpg 420w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/nyi-615x410.jpg 615w\" sizes=\"(max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/p>\n<p>Ni umunyamategeko akaba n&#8217;umunyapolitiki.<\/p>\n<p>Yabaye umudepite mu nteko ishinga amategeko y\u2019u Rwanda, inshingano yahawe nyuma yo kuba umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y\u2019ubutabera yari yaragezemo muri 2009.<\/p>\n<p>Yagizwe Minisitiri w\u2019Uburinganire n\u2019iterambere ry\u2019umuryango MIGEPROF, kuva ku wa 05 Ukwakira 2016.<\/p>\n<p>Yabaye Minisitiri w&#8217;Umuco na Siporo kugeza mu 2019 ubwo yagirwaga umusenateri.<\/p>\n<p>Ni umwe mu bagore bashoboye kandi bamaze igihe muri politiki y&#8217;u Rwanda. Nyirasafari ni umuntu ucisha make, usabana kandi uhora yishimye kuburyo azi kubana neza n abandi.<\/p>\n<p>Uko kwicisha bugufi bituma abantu bamugana batamwishisha kandi mu buryo busanzwe akomeye. Ibyo bigatuma aha umwanya abamugana akabatega amatwi no kubakemurira ibibazo. <\/p>\n<p>Ni inararibonye mu byo amategeko kubera imirimo inyuranye yakoze, yize muri Kaminuza y&#8217;u Rwanda i Butare nyuma gato ya jenoside.<\/p>\n<p>8) <strong>Alvera Mukabaramba<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20157\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/muk.png\" alt=\"muk.png\" align=\"center\" width=\"873\" height=\"491\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/muk.png 873w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/muk-300x169.png 300w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/muk-768x432.png 768w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/muk-860x484.png 860w\" sizes=\"(max-width: 873px) 100vw, 873px\" \/><\/p>\n<p>Yavutse mu 1960. Ni umuganga akaba n&#8217;umunyapolitiki wo mui Ishyaka PPC.  Yabaye umwe mu bagize Inteko y&#8217;inzibacyuho mu 1999 kugeza mu 2003. Yaje kuba umusenateri  kugeza mu 2011 ndetse kuwa 10 Ukwakira agirwa Umunayambanga wa Leta muri Minisiteri y&#8217;Ubutegetsi bw&#8217;Igihugu ushinzwe Imibereho myiza y&#8217;abaturage.<\/p>\n<p>Uyu yigeze kwiyamamariza kuba Perezida mu matora ya 2003 aho yavanyemo kandidatire ye,yifatanya n&#8217;umukandida w&#8217;Ishyaka FPR- Inkotanyi riri ku butegetsi mu Rwanda naho mu 2010 yaje gutsindwa. Mu 2012, yagizwe umuyobozi w&#8217;imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda. Muri uyu mwaka yagizwe umusenateri. <\/p>\n<p>N&#8217;ubwo atari umurwanashyaka wa FPR-Inkotanyi, ni umwe mu bagore bagaragaje ko nabo bafite ubushake bwo kuba bayobora u Rwanda. Agiriwe icyo kizere ubunanaribonye afite muri politiki bimushyira mu bagore bagirirwa ikizere bakaba basimbura Perezida Kagame.<\/p>\n<p>9) <strong>Donatille Mukabalisa<br \/>\n<\/strong><br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-20158\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/don.jpg\" alt=\"don.jpg\" align=\"center\" width=\"600\" height=\"342\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/don.jpg 600w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/don-300x171.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 600px) 100vw, 600px\" \/><\/p>\n<p>Yavutse muri Nyakanga 1960. Avukira i Nyamata mu Karere ka Bugesera mu Ntara y&#8217;Iburasirazuba. Ni umunyamategeko ndetse ayigisha muri imwe muri kaminuza za hano mu Rwanda.<\/p>\n<p>Yinjiye muri politiki mu 2,000. Yinjiye mu ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL). Mu 2003 aba umudepite kugeza mu 2008. Mu 2011 kugeza mu 2013 yabaye umusenateri, ariko mu 2013 yongera kuba umudepite aho yaje kuba umuyobozi w&#8217;inteko ishinga amategeko umutwe w&#8217;abadepite, umwanya yongeye gutorerwa muri Nzeri 2018.<\/p>\n<p>Pl na PS ni amashyaka yakunze kwifatanya na FPR mu matora kunuryo abaye umukandida agashyugikirwa bitamubuza gutambuka ku mwanya w umukuru w igihugu.<\/p>\n<p>10) <strong> Dr Mukasine Marie Claire<\/strong><\/p>\n<p>Afite impamyabumenyi y&#8217;ikirenga mu by&#8217;amategeko ndetse n&#8217;ikiciro cya gatatu mu bijyanye no gucunga imari.  Yabaye umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y&#8217;Ibikorwaremezo (MININFRA) n&#8217;iy&#8217;uburinganire n&#8217;Iterambere ry&#8217;Umuryango (MIGEPROF) Umuyobozi Mukuru w&#8217;Ikigo cy&#8217;Igihugu cy&#8217;Ishoramari (RIG).<\/p>\n<p>Uyu kandi yabaye uburanira abantu mu mategeko ndetse n&#8217;umucamanza. Yabaye Umunyamabanga Nshinwabikorwa w&#8217;Umuryango Haguruka ndetse yakoze no mu zindi nzego zigenga zinyuranye.<\/p>\n<p>Nkuko twabivuze dutangira uru rutonde rugizwe n&#8217;ibitekerezo by&#8217;umwanditsi  ariko bitari ihame kuko buri wese yagira uwo aruzanaho.<\/p>\n<p> Muribuze gusanga hinganjemo abagore bakomoka mu ishyaka rya FPR, kuko burya ku isi hose intego nyamukuru aba ari ugutegeka.<br \/>\n Hashobora guhinduka umuntu ariko umurongo ( system) ugakomeza akaba ariyo mpamvu tutazanyemo abo mu yandi mashyaka.<\/p>\n<p>Muzarebe neza kuva Chama cha Mapinduzi cyabaho ni cyo kiyobora muri Tanzaniya, abakandida baryo  ( umukirisitu asimbura umusilamu) bagakomeza.<\/p>\n<p>Ibi ni ibitekerezo byacu uko tubyumva, n&#8217;ubwo umukuru w&#8217;igihugu yagena undi utari kuri uru rutonde kuko hari  Abanyarwandakazi benshi bashoboye. <\/p>\n<p>Kubera ko abo twavuze bose hejuru ari abasivili nta musirikari mukuru ubarimo wayobora ingabo z&#8217;igihugu zikamwubaha zikanamwumvira nk&#8217;umugaba mukuru w&#8217;ikirenga w&#8217;ingabo, iby&#8217;uko umukuru w&#8217;igihugu yavuze yufuza ko yazasimburwa n&#8217;umugore biramutse ari byo, nta gushidikanya byazasaba kuvugurura amategeko amwe n&#8217;amwe arebana  n&#8217;imitegekere y&#8217;igihugu.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Paul Kagame yatangiye kuyobora u Rwanda nka Perezida ahereye ku nzibacyuho yemejwe n\u2019inteko ishinga amategeko kuva kuwa 17 Mata 2000 kugeza kuwa 25 Kanama 2003. Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kwegura ku bushake k\u2019uwari Perezida icyo gihe Pasiteri Bizimungu tariki 23 Werurwe 2000. Kagame yari asanzwe ari Visi- Perezida akaba na Minisitiri w\u2019Ingabo kuva tariki [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":12,"featured_media":20150,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[18],"tags":[131],"class_list":["post-20159","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-zicukumbuye","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024? - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024? - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Paul Kagame yatangiye kuyobora u Rwanda nka Perezida ahereye ku nzibacyuho yemejwe n\u2019inteko ishinga amategeko kuva kuwa 17 Mata 2000 kugeza kuwa 25 Kanama 2003. Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kwegura ku bushake k\u2019uwari Perezida icyo gihe Pasiteri Bizimungu tariki 23 Werurwe 2000. Kagame yari asanzwe ari Visi- Perezida akaba na Minisitiri w\u2019Ingabo kuva tariki [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-12-23T12:05:54+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"640\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"290\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Fred Rugira\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Fred Rugira\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"11 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159\"},\"author\":{\"name\":\"Fred Rugira\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55\"},\"headline\":\"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024?\",\"datePublished\":\"2019-12-23T12:05:54+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159\"},\"wordCount\":2376,\"commentCount\":96,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/12\\\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\",\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Zicukumbuye\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159\",\"name\":\"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024? - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/12\\\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\",\"datePublished\":\"2019-12-23T12:05:54+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/12\\\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2019\\\/12\\\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\",\"width\":640,\"height\":290,\"caption\":\"louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20159#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55\",\"name\":\"Fred Rugira\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=12\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024? - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024? - BWIZA","og_description":"Paul Kagame yatangiye kuyobora u Rwanda nka Perezida ahereye ku nzibacyuho yemejwe n\u2019inteko ishinga amategeko kuva kuwa 17 Mata 2000 kugeza kuwa 25 Kanama 2003. Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kwegura ku bushake k\u2019uwari Perezida icyo gihe Pasiteri Bizimungu tariki 23 Werurwe 2000. Kagame yari asanzwe ari Visi- Perezida akaba na Minisitiri w\u2019Ingabo kuva tariki [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-12-23T12:05:54+00:00","og_image":[{"width":640,"height":290,"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"Fred Rugira","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Fred Rugira","Est. reading time":"11 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159"},"author":{"name":"Fred Rugira","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55"},"headline":"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024?","datePublished":"2019-12-23T12:05:54+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159"},"wordCount":2376,"commentCount":96,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg","keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Zicukumbuye"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159","name":"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024? - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg","datePublished":"2019-12-23T12:05:54+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=20159"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2019\/12\/louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg","width":640,"height":290,"caption":"louise-mushikiwabo_850x385_acf_cropped.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20159#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ni nde mugore wazasimbura Perezida Kagame igihe azaba yavuye ku butegetsi mu 2024?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55","name":"Fred Rugira","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=12"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/20159","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/12"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=20159"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/20159\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/20150"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=20159"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=20159"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=20159"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}