{"id":20249,"date":"2019-12-27T08:13:28","date_gmt":"2019-12-27T08:13:28","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2019\/12\/27\/ubukene-n-amikoro-make-bituma-abaturage-bahuka-ishyamba-rya-gabiro\/"},"modified":"2019-12-27T08:13:28","modified_gmt":"2019-12-27T08:13:28","slug":"ubukene-n-amikoro-make-bituma-abaturage-bahuka-ishyamba-rya-gabiro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249","title":{"rendered":"Ubukene n&#8217;amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro"},"content":{"rendered":"<p>Mu karere ka Gatsibo, mu murenge wa Rwimbogo, abaturage babeshejweho n\u2019ubuhinzi  bw\u2019ibigori, ibishyimbo, amasaka n&#8217;urutoki. Abafite ubushobozi bwisumbuyeho bahinga inyanya, umuceri, ubunyobwa na Soya. Abarorora, borora inka, ihene ndetse n\u2019ingurube.<\/p>\n<p>Ni agace k\u2019amayaga nk\u2019uko bisanzwe bizwi mu cyahoze ari Umutara, aho ubuzima bugoye iyo izuba ryavuye cyane. Muri iki gihe, abaturage bavuga ko imvura yabaye nyinshi, ibishyimbo birapfa, ibigori na byo hari abahinduriwe imbuto, bava ku ya gakondo, ubu bahinze \u2018hybrid\u2019 bavuga ko izera muri Gashyantare cyangwa Werurwe 2020.<\/p>\n<p>Ikigori ni cyo kiribwa k\u2019ingenzi ku batuye muri aka karere  nk\u2019uko babyivugira kuko bashobora kunywamo igikoma, bagatekamo umutsima (bamwe barakoboza, abandi ntibabikore) ndetse bagatekamo n\u2019impungure bazivanze n\u2019ibishyimbo. Iyo ibigori bibuze, inzara iba ari yose.<\/p>\n<p>Tumaze kubona impamvu eshatu nyamukuru zitera inzara muri uyu murenge. Abaturage bitwara bate muri iki gihe? <\/p>\n<p>Mu mateka y\u2019Umutara, abaturage bari bazwiho kugira ubutaka bwinshi burimo ubuhingwa n\u2019ubudahingwa (bwo bwari bwinshi) bwiganjemo ibikuyu biragirwamo inka, gusa abimukira baturutse mu mpande zose z\u2019igihugu baje kuhatura, ubutaka buba buke, ubu hakaba hari abariho batagira aho kuba (barakodesha), abandi bakagira ibibanza batuyemo gusa harimo n\u2019ibipima nka metero 20 ku 10.<\/p>\n<p>Akenshi mu gihe cy\u2019inzara, abaturage benshi begereye ishyamba rya Gabiro abasirikare basanzwe bitorezamo, abana, abakuru n\u2019abakuze bayoboka iri shyamba bakajya gutashya inkwi (babyita gusenya), umubare w\u2019abajyamo ukiyongera mu gihe abanyeshuri bari mu biruhuko. Gusenyera mu iri shyamba ntibyemewe nk\u2019uko abasirikare basanzwe babibwira abaturage mu nama ziba kenshi gusa na bo (abaturage) bararahira bakavuga ko n\u2019iyo babica badashobora kuricikaho kuko ari ryo bakesha ubuzima. Iyo bavuye gutashya, bamwe barazicana, abandi bakajya kuzigurisha mu dusoko turi ku ntera kugeza mu bilometero bisaga 9 bagenda n\u2019amaguru bikoreye ku mutwe, uwikoreye inkwi nyinshi ntashobora kwishyurwa amafaranga arenze 600 RWF.<\/p>\n<p>Imbogamizi abaturage bagaragaza zituma bavuga ko badashobora kureka gutashya muri iri shyamba ngo ni uko: nta masambu bagira yo guteramo amashyamba [n\u2019ubwo na yo adakura neza muri iki gice] ku buryo byajya biborohera kubona inkwi no kuba ari bwo buryo bwonyine bwo kubona amafaranga mu gihe ibikorwa by\u2019ubuhinzi bakesha ubuzima bwabo byahagaze.<\/p>\n<p>Abaturage begereye ishyamba rya Gabiro bamaze igihe kinini baritahirizamo. Batangiye babonera inkwi hafi y\u2019aho batuye, gusa ubu ngo basigaye bajya gutahiriza mu ntera igera ku bilometero 7 mu ishyamba hagati. Hari ubwo abasirikare bajya babafata, bakabihanangiriza bababwira ko bashobora gukandagira ibisasu bajugunya ahantu bitoreza cyangwa bakaba babarasa mu buryo bw\u2019impanuka mu gihe bari muri Gabiro. Ibi babibwiwe kenshi ariko ngo \u2018kuko ari ho bakura ubuzima, nta cyababuza kujyamo\u2019 gusa umuntu akibaza aho bazaturiza niba bagenda binjiramo, ibilometero byiyongera.<\/p>\n<p>Hari ibindi bikorwa byakorerwaga muri Gabiro gusa byo bisa n\u2019aho biri gucika. Ibyo birimo kuragiriramo inka nyuma y\u2019aho hari izafashwe mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare, zigatezwa na cyamunara. Ikindi ni ugucukura amabuye y\u2019agaciro yo mu bwoko bwa \u2018Colta\u2019, aho abasirikare bigeze no kurasa abakoraga iki gikorwa; bamwe bagapfa, abandi bagacika. Hari abarahiye kudasubira muri Gabiro bajya gucukura \u2018colta\u2019, abandi bacika ku byo kuragiramo, gusa hari abakomeje kunangira.<\/p>\n<p>Gucukura amabuye ya Colta birasa n\u2019ibiri gucika, gucana amakara muri Gabiro na byo ni uko, kuragiramo inka na byo bigiye kuba amateka ariko ikizere cy\u2019uko gutashyamo kuzacika kiracyari hasi cyane. Abatashya babwirwa ko \u2018bajya batekereza ko 50% bataha, akandi 50% bahera mu ishyamba\u2019 bitewe n\u2019ibikorwa bikorerwamo hiyongeyemo inyamaswa zibamo harimo n\u2019imbogo, imvubu ndetse n\u2019amasatura. Hari amakuru avuga ko \u2018bagiye kujya batangirirwa mu nzira banyuramo bajya kugurisha inkwi, bagafatwa\u2019.<\/p>\n<p>Guca abaturage mu ishyamba rya Gabiro ni byiza kuko birinda umutekano n\u2019ubuzima bwabo nk\u2019uko bigaragara mu bika biri hejuru. Gusa nk\u2019ubuyobozi bufatanyije n\u2019inzego z\u2019umutekano harimo RDF bafite mu nshingano iri shyamba, hiyongereho abaturage cyane cyane abaturiye iri shyamba, bakwiriye gushakira umuti ikibazo cy\u2019ibura ry\u2019ibicanwa, byaba ngombwa bagahabwa ibikoresho bigezweho byo gucanisha. Ikibazo cy\u2019ubutaka ndetse n\u2019izuba rimaze igihe rihavugwa kigashakirwa umuti cyane ko biri mu ntandaro y\u2019inzara.<\/p>\n<p>Akarere ka Gatsibo gafite ubuso bungana na na kilometero kare 1,585.3 (1,585.3 Km2). Gafite imirenge 14, Utugari 69, n&#8217;imidugudu 603. Ibarura ryakozwe mu 2012 ryagaragaje ko aka karere kari gatuwe n&#8217;abaturage barenga 433,000. Ishyamba rya Gabiro rikora ku gice cy&#8217;uburasirazuba bw&#8217;aka karere kimwe na Nyagatare ndetse na Kayonza. Gabiro kandi ihura na Pariki y&#8217;Akagera, imwe muri Pariki zicumbikiye inyamaswa z&#8217;inkazi zirimo intare, amasatura, inkura, imvubu n&#8217;ingona.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu karere ka Gatsibo, mu murenge wa Rwimbogo, abaturage babeshejweho n\u2019ubuhinzi bw\u2019ibigori, ibishyimbo, amasaka n&#8217;urutoki. Abafite ubushobozi bwisumbuyeho bahinga inyanya, umuceri, ubunyobwa na Soya. Abarorora, borora inka, ihene ndetse n\u2019ingurube. Ni agace k\u2019amayaga nk\u2019uko bisanzwe bizwi mu cyahoze ari Umutara, aho ubuzima bugoye iyo izuba ryavuye cyane. Muri iki gihe, abaturage bavuga ko imvura yabaye [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[18],"tags":[],"class_list":["post-20249","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-zicukumbuye"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ubukene n&#039;amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ubukene n&#039;amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu karere ka Gatsibo, mu murenge wa Rwimbogo, abaturage babeshejweho n\u2019ubuhinzi bw\u2019ibigori, ibishyimbo, amasaka n&#8217;urutoki. Abafite ubushobozi bwisumbuyeho bahinga inyanya, umuceri, ubunyobwa na Soya. Abarorora, borora inka, ihene ndetse n\u2019ingurube. Ni agace k\u2019amayaga nk\u2019uko bisanzwe bizwi mu cyahoze ari Umutara, aho ubuzima bugoye iyo izuba ryavuye cyane. Muri iki gihe, abaturage bavuga ko imvura yabaye [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-12-27T08:13:28+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Ubukene n&#8217;amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro\",\"datePublished\":\"2019-12-27T08:13:28+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249\"},\"wordCount\":718,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Zicukumbuye\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249\",\"name\":\"Ubukene n'amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2019-12-27T08:13:28+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=20249#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ubukene n&#8217;amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ubukene n'amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ubukene n'amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro - BWIZA","og_description":"Mu karere ka Gatsibo, mu murenge wa Rwimbogo, abaturage babeshejweho n\u2019ubuhinzi bw\u2019ibigori, ibishyimbo, amasaka n&#8217;urutoki. Abafite ubushobozi bwisumbuyeho bahinga inyanya, umuceri, ubunyobwa na Soya. Abarorora, borora inka, ihene ndetse n\u2019ingurube. Ni agace k\u2019amayaga nk\u2019uko bisanzwe bizwi mu cyahoze ari Umutara, aho ubuzima bugoye iyo izuba ryavuye cyane. Muri iki gihe, abaturage bavuga ko imvura yabaye [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2019-12-27T08:13:28+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Ubukene n&#8217;amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro","datePublished":"2019-12-27T08:13:28+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249"},"wordCount":718,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Zicukumbuye"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=20249#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249","name":"Ubukene n'amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2019-12-27T08:13:28+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=20249"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=20249#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ubukene n&#8217;amikoro make bituma abaturage bahuka ishyamba rya Gabiro"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/20249","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=20249"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/20249\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=20249"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=20249"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=20249"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}