{"id":21287,"date":"2020-02-02T17:53:36","date_gmt":"2020-02-02T17:53:36","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/02\/02\/rdc-imwe-mu-mitwe-y-inyeshyamba-yarashegeshwe-adf-irushaho-gukomera-no-kwica\/"},"modified":"2020-02-02T17:53:36","modified_gmt":"2020-02-02T17:53:36","slug":"rdc-imwe-mu-mitwe-y-inyeshyamba-yarashegeshwe-adf-irushaho-gukomera-no-kwica","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287","title":{"rendered":"RDC: Imwe mu mitwe y&#8217;inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki?"},"content":{"rendered":"<p><strong>Kuva F\u00e9lix Tshisekedi Tshilombo yajya ku butegetsi, imwe mu mitwe yitwaje intwaro yatangiye kuzirambika. Byari muri Operasiyo Sokola 2 yatangijwe tariki ya 30 Ukwakira 2019 igamije kurandura burundu imitwe myinshi yasigaye iri mu mashyamba y\u2019uburasirazuba bw\u2019iki gihugu ariko umutwe wa ADF ukomeza kwica abaturage benshi muri Beni, imibare ikaba yarazamutse cyane ugereranyije n\u2019uko byari bimaze mbere.<em><\/h2>\n<p>Amakuru ya vuba dukesha Interview.CD avuga ko kuva tariki ya 28 Mutarama 2020 kugeza iya 1 Gashyantare, ADF yishe abaturage 81 muri Beni, muri iki gihe cya vuba. Imibare y\u2019abamaze kwicwa kuva mu mpera za 2019, ijaba igeze kuri 339. ADF ikomeje kwica abaturage mu gihe imitwe yiganjemo iy\u2019ubwoko bwa Mai Mai iri kurambika intwaro kuko ubu na Gen. Bilikoliko Mingenya wari uyoboye umutwe wa &#8220;Union des Patriotes pour la D\u00e9fense du Congo&#8221; (UPDC) yarambitse intwaro n\u2019abarwanyi be barenga 290 mu gihe abandi barenga 150 bari mu nzira yo kuzirambika.<\/p>\n<p>Muri Operasiyo Sokola 2, ingabo za RD Congo zigabye muri teritwari zitandukanye tumeze nk&#8217;indiri y\u2019imitwe yitwaje intwaro yiganjemo ikomoka mu mahanga, muri Kivu y\u2019Amajyaruguru ndetse n\u2019iy\u2019Amajyepfo. Zageze kuri byinshi, bijyanye n\u2019intego zihaye yo kuyirandura burundu. Ku mabwiriza ya Perezida Tshisekedi, zishe abarwanyi, abandi barambika intwaro ariko aba ADF basa n\u2019aho ari bo kibazo gikomeye kuko basa n\u2019abafite izindi mbaraga zitagaragara muri iki gihe, zituma itajegajega. Mu mpera za 2019, Perezida Tshisekedi yategetse Umugaba Mukuru w\u2019Ingabo, Gen. C\u00e9l\u00e9stin Mbala Munsense gushinga ibiro bye muri Beni, asaba n\u2019ingabo za MONUSCO gufatanya n\u2019iz\u2019igihugu gufatanya guhashya umutwe wa ADF ariko bisa n\u2019ibiri kunanirana.<\/p>\n<p><em> <strong>Intego ya ADF biragoye kuyimenya<\/strong> <\/em><\/p>\n<p>Ni umutwe wavutse mu 1996 witwa ADF NALU. Wari ihuriro ry\u2019imitwe yari yarigometse ku butegetsi bwa Uganda, rigizwe Allied Democratic Movement, National Army for the Liberation of Uganda (NALU), uwegamiye kuri Islam witwaga Uganda Muslim Liberation Army (UMLA) ndetse n\u2019abo mu mutwe wa Tablighi Jamaat.<\/p>\n<p>Muri za 1990, abarwanyi ba ADF ni bwo binjiye ku butaka bwa RD Congo mu ntara ya Kivu y\u2019Amajyaruguru, aho yagiye yinjiriza n\u2019urubyiruko mu gisirikare, bivugwa ko yafashwaga n\u2019imwe mu mitwe itaravugaga rumwe n&#8217;ubutegetsi bw&#8217;iki gihugu.<\/p>\n<p>Mu 2007 no mu 2008, abarwanyi ba ADF bahanganye cyane n\u2019ingabo za Uganda (UPDF), bigera aho leta ya Uganda yemera gusinya amasezerano y\u2019amahoro i Nairobi muri Kenya, abarwanyi bamwe barambika intwaro, abandi barabyanga. Nyuma y\u2019iki gihe, ADF ntiyongeye kumvikana irwanira ku butaka bwa Uganda, ahubwo ibikorwa byayo byose yabyimuriye muri RD Congo, ubu yibasira cyane teritwari ya Beni. Yica ikoresheje intwaro zigezweho ndetse n\u2019iza gakondo gusa byose ibikora utamenya icyo igamije.<\/p>\n<p>Ni umutwe buvugwa ko ufitanye isano ya Isilamu ndetse bamwe bavuga ko ugendera ku matwara y\u2019iri dini ariko urebye imikorere y\u2019indi mitwe ikomeye nka Al Qaeda, Al Shabaab, ISIS na Hezzbollah, ADF ihabanye nayo. Iyi mitwe yindi kandi ikomeye ivuga ko urugamba irwana ari \u2018Djihad\u2019 cyangwa se intambara yera igamije guhindurira abantu kuyoboka idini rya Isilamu, hakaba n\u2019ubwo yigamba ibitero yagabye, cyangwa se igashyira hanze amafoto cyangwa amashusho y\u2019abo yashimuse.<\/p>\n<p>ADF irasa n&#8217;umwicanyi ucecetse kandi bigoye kumenya ikiri mu muntu ucecetse. Ntabwo yigera yigamba ibitero igaba mu duce twa RD Congo. Umurego yakajije mu kwica abatuye Beni kandi nabi muri iki gihe ingabo z\u2019igihugu zatangiye Operasiyo Sokola 2, usa n\u2019aho ari \u2018ukwihorera\u2019 birenze ukwaba ku iyicwa ry\u2019abakomanda bawo barimo \u2018Mzee wa Kazi\u2019, Sarah, Mohamed Mukubwa biciwe muri Mopobu mu ntango z\u2019Ugushyingo, ahubwo bimeze nk\u2019aho iri guhorera n\u2019indi mitwe yashegeshwe. <\/p>\n<p>Ingabo za RD Congo (FARDC) zigamba gushegesha imwe mu mitwe nka FDLR, CNRD,&#8230; aho yishe, irakomeretsa ndetse ifata mpiri abarwanyi bayo kandi zirabishimirwa gusa hibazwa igituma inanirwa kurwanya ADF yibasira bikomeye Beni kandi ari ho FARDC ifite icyicaro gikuru kandi ifashwa byeruye na MONUSCO. Ese kwaba ari ugukomera kwa ADF cyangwa ibona inkunga ituruka muri bamwe mu basirikare ba FARDC, MONUSCO, mu mitwe y&#8217;iterabwoba cyangwa urundi ruhande? Niba ADF ikomeye, FARDC na MONUSCO bagakwiye kongera imbaraga zikoreshwa mu kuyirwanya. Kuki ADF itagaba ibitero muri Uganda kandi yitwa ko irwanya ubutegetsi bwayo, ikica abaturage badafite aho bahuriye n&#8217;ikibazo cyayo. Aha ni ho bibereye amayobera kumenya icyo ADF ishaka.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuva F\u00e9lix Tshisekedi Tshilombo yajya ku butegetsi, imwe mu mitwe yitwaje intwaro yatangiye kuzirambika. Byari muri Operasiyo Sokola 2 yatangijwe tariki ya 30 Ukwakira 2019 igamije kurandura burundu imitwe myinshi yasigaye iri mu mashyamba y\u2019uburasirazuba bw\u2019iki gihugu ariko umutwe wa ADF ukomeza kwica abaturage benshi muri Beni, imibare ikaba yarazamutse cyane ugereranyije n\u2019uko byari bimaze [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-21287","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>RDC: Imwe mu mitwe y&#039;inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki? - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"RDC: Imwe mu mitwe y&#039;inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki? - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Kuva F\u00e9lix Tshisekedi Tshilombo yajya ku butegetsi, imwe mu mitwe yitwaje intwaro yatangiye kuzirambika. Byari muri Operasiyo Sokola 2 yatangijwe tariki ya 30 Ukwakira 2019 igamije kurandura burundu imitwe myinshi yasigaye iri mu mashyamba y\u2019uburasirazuba bw\u2019iki gihugu ariko umutwe wa ADF ukomeza kwica abaturage benshi muri Beni, imibare ikaba yarazamutse cyane ugereranyije n\u2019uko byari bimaze [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-02-02T17:53:36+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"RDC: Imwe mu mitwe y&#8217;inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki?\",\"datePublished\":\"2020-02-02T17:53:36+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287\"},\"wordCount\":693,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287\",\"name\":\"RDC: Imwe mu mitwe y'inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki? - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-02-02T17:53:36+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=21287#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"RDC: Imwe mu mitwe y&#8217;inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"RDC: Imwe mu mitwe y'inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki? - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"RDC: Imwe mu mitwe y'inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki? - BWIZA","og_description":"Kuva F\u00e9lix Tshisekedi Tshilombo yajya ku butegetsi, imwe mu mitwe yitwaje intwaro yatangiye kuzirambika. Byari muri Operasiyo Sokola 2 yatangijwe tariki ya 30 Ukwakira 2019 igamije kurandura burundu imitwe myinshi yasigaye iri mu mashyamba y\u2019uburasirazuba bw\u2019iki gihugu ariko umutwe wa ADF ukomeza kwica abaturage benshi muri Beni, imibare ikaba yarazamutse cyane ugereranyije n\u2019uko byari bimaze [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-02-02T17:53:36+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"RDC: Imwe mu mitwe y&#8217;inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki?","datePublished":"2020-02-02T17:53:36+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287"},"wordCount":693,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=21287#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287","name":"RDC: Imwe mu mitwe y'inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki? - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-02-02T17:53:36+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=21287"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=21287#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"RDC: Imwe mu mitwe y&#8217;inyeshyamba yarashegeshwe, ADF irushaho gukomera no kwica abaturage-biterwa n\u2019iki?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/21287","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=21287"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/21287\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=21287"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=21287"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=21287"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}