{"id":22575,"date":"2020-03-23T17:47:53","date_gmt":"2020-03-23T17:47:53","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/03\/23\/imyitwarire-y-umwungeri-mwiza-mu-gihe-isega-yateye\/"},"modified":"2020-03-23T17:47:53","modified_gmt":"2020-03-23T17:47:53","slug":"imyitwarire-y-umwungeri-mwiza-mu-gihe-isega-yateye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575","title":{"rendered":"Imyitwarire y&#8217;Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye"},"content":{"rendered":"<p>Muri iki gihe, Isi itewe impungenge n\u2019ahazaza hayo mu gihe icyorezo cya Coroanavirus cyaba kitagabanyije umurego kiriho. Ibihumbi by\u2019abantu birenga 15 (15,000) bimaze gupfa, ibindi birenga 350 (350,000) byamaze kwandura iki cyorezo.<\/p>\n<p>Ni igihe gihangayikishije ibihugu bitandukanye birimo u Rwanda kuko byamaze guhagarika ibikorwa hafi ya byose byinjiriza abantu amafaranga cyangwa ibindi bintu bituma bashobora kwitunga. Ingendo z\u2019indege mpuzamahanga zarahagaze, amasomo mu mashuri na kaminuza yarahagaze, ingendo zo ku butaka zarahagaze ; ubu aho bigeze abizera bavuga ngo \u00ab Ni ah\u2019Imana ! \u00bb<\/p>\n<p>Ni ah\u2019Imana cyane ko n\u2019aho abizera Imana bateraniraga n\u2019ahandi hahuza abantu benshi hamaze gufungwa, abasenga babikorera mu ngo zabo, nabwo nk\u2019umuryango, cyangwa se bakabikorera ku mitima yabo, batakambira Imana ngo ibahe \u2018ibyo kurya uyu munsi n\u2019ejo\u2019 kuko isoko bakuragamo yakamye.<\/p>\n<p>Muri Bibiliya, igihe nk\u2019iki cyagereranwa n\u2019isega yateye intama, kikaba ikigeragezo ku mwungeri cyangwa se umushumba uziragiye. Umwiza yitwara ate? Umubi we yitwara ate? Abashumba dukomozaho ni abo mu matorero n\u2019amadini nk\u2019uko bamwe muri bo bahawe iryo zina.<\/p>\n<p><strong>Umushumba mwiza muri iki gihe yitwara ate imbere y\u2019intama yaragijwe ?<\/strong><\/p>\n<p>Ubu ntabwo byashoboka ko umushumba (Pasiteri, Sheikh cyangwa se Padiri) yongera kujya imbere y\u2019abayoboke, abagezaho bwa butumwa, mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo cyakwirakwira. Bamwe babitekereje neza, bategura uburyo bajya bageza ubutumwa bwabo ku bakirisito babucishije ku bitangazamakuru (Radio, Televiziyo cyangwa se kuri interineti), batanga ubutumwa bw\u2019ihumure, ubwa leta busaba abantu kwirinda iki cyorezo ndetse n\u2019ubundi bwiza basanzwe bagenera abayoboke.<\/p>\n<p>Itorero rya ADEPR ryateguye amasengesho amara icyumweru, ariko abantu bakayakora bari mu ngo iwabo, bitandukanye n\u2019uko bayakoreraga mu byumba by\u2019amasengesho cyangwa se mu nsengero, bitewe n\u2019iki cyorezo. Ni byiza ko ubu basengera abatuye Isi, basaba Imana ko yakiza abantu iki cyorezo, ikanacyirukana ariko \u2018urusyo rurakomwa, ingasire ntisigare\u2019.<\/p>\n<p>ADEPR ni itorero rimaze imyaka irenga 75 mu Rwanda, ubu rikaba rifite abayoboke barenga miliyoni 2 muri iki gihugu. Rifite ubuyobozi bukuru ku rwego rw\u2019igihugu, buvugirwa na Rev. Karuranga Ephrem ku wa 20 Werurwe 2020 washyize hanze itangazo rigenewe abashumba b\u2019indembo bose rifite umutwe w\u2019 \u2019Uburyo bwo kwakira amaturo muri ibi bihe bidasanzwe\u2019.<\/p>\n<p><em>ADEPR yashyizeho uburyo butatu nkuko bigaragara muri iri tangazo:<\/em><\/p>\n<ul>\n<li> Gukoresha uburyo bw\u2019umudiyakoni (agasanduku k\u2019amaturo kaba mu rusengero);<\/li>\n<li> Gukoresha uburyo bwa konti yo muri banki ya Paruwasi, igahabwa abakirisito;<\/li>\n<li> Gukoresha uburyo bwa Mobile Money na Airtel Money, itorero ry\u2019akarere rigakoresha nimero zizahabwa n\u2019ibiro bikuru, zikamenyesha abakirisito.<\/li>\n<\/ul>\n<p>Iri tangazo ryakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y\u2019Umuco n\u2019Urubyiruko, Bamporiki Edouard agira ati : \u00ab &#8220;Mushumba wacu, muri iyi minsi idasanzwe twari dukwiriye gutekereza uko abashumba batunga intama, kurusha uko intama zatunga abashumba, kuko ni zo zifite intege nkeya.&#8221;<\/p>\n<p>Uyu muyobozi usanzwe asengera muri ADEPR, yasabye abayobozi b\u2019iri torero ko bakora mu kigega cy\u2019amafaranga bamaze imyaka baturamo, maze bagafasha abakirisito babo b\u2019abakene.<\/p>\n<p><em>Andi matorero:<\/em><\/p>\n<p>Usibye na ADEPR kandi, hari irindi tangazo ry\u2019Umuyobozi w\u2019Itorero ry\u2019Abadivantisiti b\u2019Umunsi wa 7, mu Ntara y\u2019Ivugabutumwa ya Gitarama, Past. Habyarimana Jean Fran\u00e7ois aha amabwiriza abo ayoboye ku buryo amasengesho azajya akorerwa mu miryango. Muri aya mabwiriza agizwe n\u2019ingingo eshanu; uyu muyobozi yageze ku rya gatanu, agira ati : \u00ab Ku Isabato buri muryango uzateranira mu rugo kandi gahunda zose nk\u2019uko zikorwa zizakurikizwe (ishuri ryo ku Isabato, indirimbo, gutanga icya cumi n\u2019amaturo,\u2026 buri muryango ni itorero. \u00bb<\/p>\n<p>Yakomeje ati : \u00ab Ayo maraporo azashyikirizwe abayobozi b\u2019igihande, nabo bayageze ku mubitsi. Abatabona uko bahura n\u2019umubitsi w\u2019itorero ariko bakaba babona uburyo bagera kuri bank, turabaha nimero za compte mwashyiraho ibyera by\u2019Uwiteka. Mwakoresha n\u2019ubundi buryo bw\u2019ikoranabuhanga. \u00bb<\/p>\n<p>Amaturo yakomeje kwakwa na bamwe mu bavugabutumwa bigishiriza kuri zimwe muri televiziyo hano mu Rwanda, aho byagaragaye hasi kuri televiziyo (ecran), bashyizeho nimero ya telefone ndetse n\u2019iya konti ya banki byo koherezaho amaturo y\u2019Icya Cumi, umuntu atanga bitewe n\u2019amafaranga cyangwa urundi rwunguko yagize mu kazi akora cyangwa se umusaruro yakuye mu bikorwa bye nk\u2019ubuhinzi n\u2019ubworozi.<\/p>\n<p><strong>Icyo abandi bavuga ku baka amaturo muri iki gihe<\/strong><\/p>\n<p>Nyuma y\u2019ubutumwa bwafotowe bwaciye ku mbuga nkoranyambaga busaba abakirisito gutanga amaturo muri ibi bihe ndetse n\u2019iri tangazo rya ADEPR, usibye no kunenga bikomeye ba nyir\u2019ugutanga ubu butumwa, hari uko babona umushumba akwiriye kwitwara.<\/p>\n<p>Umwe yagize ati : \u00ab Niba akazi kahagaze, amaduka akaba afunze, abadoda batakidoda, nta muriro ugikoreshwa ku rusengero ndetse nta na \u2018transport\u2019 aba bashumba bagikoresha bajyayo. Ni gute bifata ngo barashaka ko abantu babashyira amaturo? \u00bb<\/p>\n<p>Mugenzi we aribaza ati : \u00ab Ariko ubu barabura gusengera itorero n\u2019igihugu, bagata umwanya ngo baraka amaturo ? Bibiliya ivuga ko uzana amaturo ari uje mu nzu y\u2019Imana, abandi barayaka izo nzu zifunze ?\u00bb<\/p>\n<p>Uwa gatatu avuga ku Maganya ya Yeremiya muri Bibiliya, aho umuhanuzi Yeremiya yaririye igihugu cye mu bihe bikomeye, ati : \u00ab Bakagombye kuba nka Yeremiya, bakaririra igihugu cyabo. \u00bb<\/p>\n<p><strong>Bibiliya ibivugaho iki ?<\/strong><\/p>\n<p>Mu bitabo by\u2019Isezerano Rishya, muri Yohana 10:11-15 haravuga hati : \u00ab Ni njye mwungeri mwiza. Umwungeri mwiza apfira intama ze, ariko uragirira ibihembo, utari umwungeri bwite kandi n\u2019intama atari ize, iyo abonye isega rije, asiga intama agahunga, isega rikazifata, rikazitatanya. Kuko ari ubw\u2019ibihembo, arahunga ntiyite ku ntama. Ni njye mwungeri mwiza kandi menya izanjye, izanjye zikamenya nk\u2019uko Data amenya, nanjye nkamumenya, kandi mfira intama zanjye.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko bigaragara muri ubu butumwa, Yesu ni we wavugaga aya magambo, agaragaza ko umwungeri cyangwa se uyobora abandi, agomba kubitangira. Aha aremera akababara, akaba yanapfa ariko abo ayoboye bagakomeza bakabaho. Utabigenje atya, ntabwo aba akiri umushumba\/umwungeri mwiza, ndetse n\u2019abo ayoboye ntabwo aba abakwiye (si abe).<\/p>\n<p>Birakwiye ko abashumba cyangwa se abungeri nk\u2019uko muri Yohana habivuga, bigira kuri iri somo, ni bwo bazaba yujuje inshingano bahawe cyangwa se biyemeje, cyane cyane muri ibi bihe bikomereye abayituye Isi.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Muri iki gihe, Isi itewe impungenge n\u2019ahazaza hayo mu gihe icyorezo cya Coroanavirus cyaba kitagabanyije umurego kiriho. Ibihumbi by\u2019abantu birenga 15 (15,000) bimaze gupfa, ibindi birenga 350 (350,000) byamaze kwandura iki cyorezo. Ni igihe gihangayikishije ibihugu bitandukanye birimo u Rwanda kuko byamaze guhagarika ibikorwa hafi ya byose byinjiriza abantu amafaranga cyangwa ibindi bintu bituma bashobora [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[131],"class_list":["post-22575","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Imyitwarire y&#039;Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Imyitwarire y&#039;Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Muri iki gihe, Isi itewe impungenge n\u2019ahazaza hayo mu gihe icyorezo cya Coroanavirus cyaba kitagabanyije umurego kiriho. Ibihumbi by\u2019abantu birenga 15 (15,000) bimaze gupfa, ibindi birenga 350 (350,000) byamaze kwandura iki cyorezo. Ni igihe gihangayikishije ibihugu bitandukanye birimo u Rwanda kuko byamaze guhagarika ibikorwa hafi ya byose byinjiriza abantu amafaranga cyangwa ibindi bintu bituma bashobora [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-03-23T17:47:53+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Imyitwarire y&#8217;Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye\",\"datePublished\":\"2020-03-23T17:47:53+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575\"},\"wordCount\":938,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575\",\"name\":\"Imyitwarire y'Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-03-23T17:47:53+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=22575#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Imyitwarire y&#8217;Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Imyitwarire y'Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Imyitwarire y'Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye - BWIZA","og_description":"Muri iki gihe, Isi itewe impungenge n\u2019ahazaza hayo mu gihe icyorezo cya Coroanavirus cyaba kitagabanyije umurego kiriho. Ibihumbi by\u2019abantu birenga 15 (15,000) bimaze gupfa, ibindi birenga 350 (350,000) byamaze kwandura iki cyorezo. Ni igihe gihangayikishije ibihugu bitandukanye birimo u Rwanda kuko byamaze guhagarika ibikorwa hafi ya byose byinjiriza abantu amafaranga cyangwa ibindi bintu bituma bashobora [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-03-23T17:47:53+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Imyitwarire y&#8217;Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye","datePublished":"2020-03-23T17:47:53+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575"},"wordCount":938,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=22575#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575","name":"Imyitwarire y'Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-03-23T17:47:53+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=22575"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=22575#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Imyitwarire y&#8217;Umwungeri mwiza mu gihe isega yateye"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/22575","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=22575"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/22575\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=22575"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=22575"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=22575"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}