{"id":23477,"date":"2020-04-26T11:16:58","date_gmt":"2020-04-26T11:16:58","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/04\/26\/covid-19-kudahuza-ingamba-bizateza-akaga-muri-eac\/"},"modified":"2020-04-26T11:16:58","modified_gmt":"2020-04-26T11:16:58","slug":"covid-19-kudahuza-ingamba-bizateza-akaga-muri-eac","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477","title":{"rendered":"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC"},"content":{"rendered":"<p><strong>Isi yugarijwe n\u2019icyorezo cya Coronavirus, imigabane yose ndetse n\u2019uturere ni uko. Ibihugu bigize Akarere k\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba (EAC) kimwe n\u2019ahandi byafashe ingamba bishyiraho amabwiriza atandukanye byo kukirwanya ariko igiteye impungenge ni uburyo bidahuza umurongo, bishobora guteza akaga kagira ingaruka kuri buri kinyamuryango.<\/strong><\/p>\n<p>Si ikintu gishya kumva ko ibihugu bidahuje umurongo, byaba ibyafashe ingamba nziza n\u2019ibigaragara ko bikijenjetse, byose bigezweho n\u2019ingaruka mbi kuko no mu Masezerano ya Paris 2016 yo kurwanya ihumana ry\u2019ikirere byagenze, ubwo Perezida Donald Trump tariki ya 1 Kamena 2017 yatangaje ko igihugu ayoboye cyivanyemo. Byateje icyuho gikomeye mu musaruro aya masezerano yateganyaga kugeraho kuko Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika ziri mu bihugu bifite inganda nyinshi, kandi zigira uruhare runini mu gusohora imyotsi ihumanya ikirere.<\/p>\n<p>Imbaraga ziri mu guhuza umurongo umwe ni zo zatumye ibihugu biri mu majyaruguru y\u2019uburengerazuba bw\u2019Afurika: Burkina Faso, Chad, Mali, Mauritania na Niger; byihuriza muri gahunda ya G5 Sahel igamije guhuriza hamwe imbaraga zo guhangana n\u2019ikibazo cy\u2019umutekano muke giterwa n\u2019imitwe y\u2019iterabwoba. Gusa ariko ibi bihugu biranengerwa kugenza gake intego byihaye, imbaraga z\u2019iyi mitwe zikaba zikomeje kwiyongera, byatewe ahanini no kudahuza umurongo.<\/p>\n<p>Guhuza imbaraga ni cyo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bwifuje, ubwo bwasabaga ibihugu bigize Akarere k\u2019Ibiyaga Bigari gufatanya, bikarwanyiriza hamwe imitwe yitwaje intwaro imaze igihe iteza umutekano muke mu burasirazuba bw\u2019iki gihugu. N\u2019ubwo ibihugu bigize uyu muryango byiyemeje kujya bihanahana amakuru (biri mu itangazo ry\u2019Intumwa y\u2019akanama k\u2019umutekano ya ONU muri aka karere, Huan Xia ryo ku wa 22 Mata 2020 dufitiye kopi), hari ibyakuyemo akarenge, byanga kohereza ingabo zabyo ngo zifatanye na RDC, ikaba imwe mu mpamvu iyi mitwe ikibarizwa kuri buriya butaka.<\/p>\n<p><strong>Ni nko kwirukana umwanzi, undi akamucumbikira<\/strong><\/p>\n<p>U Rwanda, Uganda na Kenya bisa n\u2019ibyahuje ingamba zo kurwanya icyorezo cya Covid-19, by\u2019umwihariko ku kuba byarashyizeho ibihe bidasanzwe, abaturage bagasabwa guhagarika ibikorwa byabo mu buryo bw\u2019itegeko. Ariko kandi muri  Tanzaniya no mu Burundi, ibikorwa bihuriza hamwe imbaga y\u2019abantu nko gusenga biracyakomeje n\u2019ubwo abayobozi babyo batangaje ko amabwiriza yo gukumira iki cyorezo naho bayashyizeho.<\/p>\n<p>Hejuru y\u2019izi ngamba zafashwe, ibikorwa by\u2019ubucuruzi bwambukiranya imipaka biracyakomeje, kuko amakamyo atwara ibicuruzwa yemerewe kuzenguruka ibi bihugu; ibintu bigaragara ko biteye inkeke ariko bitewe n\u2019aho aba bashoferi baba baturutse. Ikindi kandi, byagaragaye ko muri aka karere, hari abaturage baca mu rihumye abayobozi babo ndetse n\u2019abashinzwe umutekano, bakajya mu bihugu bituranye, bakagaruka mu miryango yabo, bamwe bazana ubu burwayi, abandi baza ari bazima ku bw\u2019amahirwe.<\/p>\n<p>Kwambukiranya ibihugu biracyahari [n\u2019ubwo bikorwa na bake] kandi bigaragara ko ubwandu muri ibi bihugu buri kwiyongera ariko nta ngamba zikakaye zirafatwa, mu gihe ibindi bimaze igihe kirenga amezi abiri byarazifashe. Ibi ni byo byagereranwa no gucumbikira umwanzi umuturanyi yirukanye, cyangwa se kumugarura aho yakubitiwe.<\/p>\n<p><strong>Ingaruka zo kudahuza ingamba<\/strong><\/p>\n<p>Bishoboka cyane ko igihugu kimwe kigize uyu muryango cyangwa se ibirenze kimwe byashobora guhashya burundu iki cyorezo, abaturage bakemererwa gusubukura ibikorwa byabo imbere mu bihugu ariko ntabwo byakwemera gutanga ubuzima bw\u2019abaturage babyo ngo bifungure imipaka, ubuhahirane n\u2019imigenderanire bikomeze. Hazabaho gutekerezwa niba abaturage baramutse bemerewe kujya mu bindi bihugu by\u2019akarere cyangwa se kwemerera abaturutse hanze kwinjira bitatuma habaho kwanduzanya; abaturage bagasubira mu bihe bibi. <\/p>\n<p>Kuba hari ibihugu bitarafata ingamba zikakaye, byoroshya inzira yo kwanduzanya hagati y\u2019abakora ingendo mu bihugu by\u2019Akarere, iki cyorezo bakagikwirakwiza. Urugero rwa hafi ni muri Uganda, aho bakomeje gutahura abatwazi b\u2019amakamyo baturuka mu karere banduye Covid-19. Imibare dukesha Chimp Reports igaragaza ko Uganda yakira amakamyo 2000 ku munsi, muri buri imwe haba harimo abantu batatu. Ubuyobozi bw\u2019iki gihugu bwafashe ingamba zo kujya zipima aba bantu bose ndetse bagashyirwa mu kato, ukaba undi mutwaro cyongerewe.<\/p>\n<p><strong>EAC ishobora guhuza ingamba zo kurwanya Covid-19?<\/strong><\/p>\n<p>Iki ni ikibazo cyibazwa na benshi kuri uyu muryango ugizwe n\u2019ibihugu bimwe na bimwe bitumvikana, utegura gahunda zitandukanye ariko bikarangira zidashyizwe mu bikorwa kubera impamvu buri gihugu kinyamuryango cyagiye gitanga. <\/p>\n<p>Kimwe n\u2019indi miryango nk\u2019Ubumwe bw\u2019u Burayi, ibihugu 20 bikize ku Isi (G20) na Afurika Yunze Ubumwe (AU) byasabwe kunga ubumwe kugira ngo bishobore guhashya iki cyorezo. Byabisabwe kandi n\u2019Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (WHO). Umurongo bikwiriye guhurizaho ni ingamba zifatwa, gutanga inkunga ndetse n\u2019imisanzu itandukanye ku bikorwa byo guhangana na Covid-19.<\/p>\n<p>WHO kandi iherutse kuburira ibihugu bigize Isi ko bitakwihurira kugabanya ingamba byafashe zo guhangana no gukumira iki cyorezo; by\u2019umwihariko kureka abaturage bagasubukura ibikorwa byabo. Ibitarashyiraho izi ngamba kandi bikomeje kugaragaramo ubu bwandu bizakora iki?<\/p>\n<p>Iki ni igihe gikomeye cyatumye ibihugu byirengagiza inzigo bifitanye, bihuza imbaraga kuko byabonye ko ubwabyo bitashobora guhashya Covid-19. Byagaragaye ko ibihugu nk\u2019u Bushinwa byiyemeje gufatanya n\u2019Amerika, u Burusiya nab wo bwemera gutera inkunga Amerika kandi ubusanzwe byari bizwi ko bidacana uwaka, birangwa n\u2019ubwumvikane buke kuva mu mateka ya nyuma y\u2019Intambara ya Kabiri y\u2019Isi (1939-1945).<\/p>\n<p>EAC iramutse igendeye ku ngero z\u2019indi miryango ndetse n\u2019ibi bihugu by\u2019ibihangange, ibihugu biyigize byashyiraho ingamba zimwe zo kurwanya iki cyorezo, ntihabemo igisa no kuvuguruzanya [n\u2019ubwo byaba atari ko bibibona] bityo cyazagenda, kigacikira rimwe kandi byatwara igihe gito ugereranyije n\u2019icyo byatwara ubu, abaturage bagasubira mu buzima busanzwe, batabaye ab\u2019igihugu runaka ahubwo bakaba abo mu muryango w\u2019ibihugu. Ibi byagabanya n\u2019umutwaro igihugu kimwe cyikoreza ikindi mu  buryo buziguye, urwikekwe hagati y\u2019abaturage bo mu karere narwo rukavaho.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Isi yugarijwe n\u2019icyorezo cya Coronavirus, imigabane yose ndetse n\u2019uturere ni uko. Ibihugu bigize Akarere k\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba (EAC) kimwe n\u2019ahandi byafashe ingamba bishyiraho amabwiriza atandukanye byo kukirwanya ariko igiteye impungenge ni uburyo bidahuza umurongo, bishobora guteza akaga kagira ingaruka kuri buri kinyamuryango. Si ikintu gishya kumva ko ibihugu bidahuje umurongo, byaba ibyafashe ingamba nziza n\u2019ibigaragara ko [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,131],"class_list":["post-23477","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Isi yugarijwe n\u2019icyorezo cya Coronavirus, imigabane yose ndetse n\u2019uturere ni uko. Ibihugu bigize Akarere k\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba (EAC) kimwe n\u2019ahandi byafashe ingamba bishyiraho amabwiriza atandukanye byo kukirwanya ariko igiteye impungenge ni uburyo bidahuza umurongo, bishobora guteza akaga kagira ingaruka kuri buri kinyamuryango. Si ikintu gishya kumva ko ibihugu bidahuje umurongo, byaba ibyafashe ingamba nziza n\u2019ibigaragara ko [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-04-26T11:16:58+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC\",\"datePublished\":\"2020-04-26T11:16:58+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477\"},\"wordCount\":878,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477\",\"name\":\"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-04-26T11:16:58+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23477#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC - BWIZA","og_description":"Isi yugarijwe n\u2019icyorezo cya Coronavirus, imigabane yose ndetse n\u2019uturere ni uko. Ibihugu bigize Akarere k\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba (EAC) kimwe n\u2019ahandi byafashe ingamba bishyiraho amabwiriza atandukanye byo kukirwanya ariko igiteye impungenge ni uburyo bidahuza umurongo, bishobora guteza akaga kagira ingaruka kuri buri kinyamuryango. Si ikintu gishya kumva ko ibihugu bidahuje umurongo, byaba ibyafashe ingamba nziza n\u2019ibigaragara ko [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-04-26T11:16:58+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC","datePublished":"2020-04-26T11:16:58+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477"},"wordCount":878,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=23477#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477","name":"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-04-26T11:16:58+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=23477"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23477#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Covid-19: Kudahuza ingamba bizateza akaga muri EAC"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/23477","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=23477"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/23477\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=23477"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=23477"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=23477"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}