{"id":23980,"date":"2020-05-15T18:44:58","date_gmt":"2020-05-15T18:44:58","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/05\/15\/abakozi-bo-mu-nzego-z-ubuzima-bakoreye-jenoside-mu-turere-tw-intara-y-amajyepfo\/"},"modified":"2020-05-15T18:44:58","modified_gmt":"2020-05-15T18:44:58","slug":"abakozi-bo-mu-nzego-z-ubuzima-bakoreye-jenoside-mu-turere-tw-intara-y-amajyepfo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980","title":{"rendered":"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw&#8217;Intara y&#8217;Amajyepfo"},"content":{"rendered":"<p>Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, abaganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zibafata, ubu bakaba bari mu bashakishwa na Interpol. Gusa bose bageze hanze bariyoberanya, bakomeza umurimo wo kuvura mu bihugu bahungiyemo.<\/p>\n<p>Tariki ya 14 Gicurasi 2020, Komisiyo y&#8217;igihugu yo kurwanya Jenoside yabagejejeho abo mu mujyi wa Butare, mu Karere ka Huye.<\/p>\n<p>Muri iyi nyandiko CNLG iragaragaza uruhare rwa bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abakozi b\u2019inzego z\u2019ubuzima bakoreraga mu bitaro, mu bigo nderabuzima no mu mavuriro mu Turere tw\u2019Intara y\u2019Amajyepfo.<\/p>\n<p>           I.        IBITARO<\/p>\n<p>1)      Ibitaro bya Kabgayi biri muri Muhanga<\/p>\n<p> Dr Niyitegeka Th\u00e9oneste yavukiye i Cyeza mu Karere ka Muhanga muri 1964. Amashuri yisumbuye yayarangirije i Rilima mu 1984 na ho kaminuza ayiga mu Burusiya aho yaminuje mu kuvura abana. Mu 1994 yakoraga ku bitaro by\u2019i Kabgayi ndetse na nyuma yaho yakomeje gukorera muri ibyo bitaro. Ku wa 05\/02\/2008, Urukiko Gacaca rw\u2019Ubujurire rwa Gihuma rwo mu Murenge wa Nyamabuye (Muhanga) rwamuhamije icyaha cy\u2019ubufatanyacyaha muri Jenoside yakoreye mu bitaro bya Kabgayi ahanishwa igifungo cy\u2019imyaka cumi n\u2019itanu (15).  Dr Niyitegeka Th\u00e9oneste afungiye muri gereza ya Rubavu.<\/p>\n<p>2)      Ibitaro bya Nyanza, Nyanza<\/p>\n<p>Dr Higiro Petero Celestin bitaga Majambe ari mu bateguye bakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside i Nyanza. Yari umuyoboke ukomeye wa CDR. Ku wa 02\/06\/2009, Urukiko Gacaca rwo mu Mujyi wa Nyanza rwahamije Dr Higiro Pierre Celestin icyaha cya jenoside kigizwe no gutanga abari abakozi b\u2019abatutsi b\u2019ibitaro bakicwa, kugaragaza umugambi wo gutegura jenoside atega igisasu aho yari atuye nyuma agakwiza ko cyatezwe n\u2019abatutsi abeshya agamije kubicisha no gukora urutonde rw\u2019abatutsi bagombaga kwicwa. Dr Higiro yarezwe mu rubanza rumwe na Basomingera Wellars wahanishijwe igifungo cy\u2019imyaka 19 na Mwemezi Bertin wahanishijwe igihano cy\u2019igifungo cy\u2019imyaka irindwi. Aba bafatanyije mu bwicanyi mu bitaro no mu Mujyi wa Nyanza. Dr Higiro Pierre Celestin urukiko Gacaca rwamuhanishije igifungo cya burundu y\u2019umwihariko. Yaburanye afungiye muri gereza ya Nyanza. Mu bo bareganwaga, Basomingera yahanishijwe igifungo cy\u2019imyaka 19 na ho Mwemezi Bertin ahanishwa igifungo cy\u2019imyaka irindwi. Yaguye muri gereza.<\/p>\n<p> 3)      Ibitaro bya Kaduha, Nyamagabe<\/p>\n<p>Nta muganga wahakoze jenoside keretse abandi bakozi barimo umuforomo witwaga Rutaboba Tasiyani wavukaga i Cyangugu. Yarireze yemera icyaha arafungurwa, ndetse akanatanga ubuhamya mu Nkiko Gacaca, aza gupfa ku buryo butunguranye bikavugwa ko yaba yararozwe n\u2019abatinyaga ko abavuga. Abandi ni abaforomokazi babiri bitwa Mukamana Lidia wakatiwe imyaka19 na Nyiramana Catherine wakatiwe imyaka 25. Bombi bafungiye muri gereza ya Nyamagabe.<\/p>\n<p>4)      Ibitaro bya Kigeme, Nyamagabe<\/p>\n<p>Dr Twagiramungu Edson yayoboraga ibitaro bya Kigeme yahakoreye Jenoside. Aba muri Kenya. Muri ibyo bitaro, hari n\u2019abaforomo bitwa Munyentwari Rodrigue na Mutiganda Evariste bagize uruhare mu iyicwa ry\u2019abatutsi mu bitaro bya Kigeme.<\/p>\n<p> 5)      Munini, Nyaruguru<\/p>\n<p>Nta muganga wahakoze Jenoside. Umuforomo witwa Nyirinkindi Thomas ni we wagiye mu bwicanyi ku Munini n\u2019i Kibeho. Yakatiwe adahari na Gacaca.<\/p>\n<p> II.                IBIGO NDERABUZIMA<\/p>\n<p> 1)      Ruhashya, Huye<\/p>\n<p>Leopold Munyakayanza yari umuforomo, akaba n&#8217;umuyobozi w\u2019ikigo nderabuzima cya Ruhashya kuva mu myaka ya 1980. Yabaye umusilikare mu ngabo za Leta ya Habyarimana hanyuma avamo ajya gukora nk\u2019umuforomo. Yari atuye ahitwa i Mahembe muri Komini Rusatira, i Butare. Yakoze Jenoside ku buryo bukomeye afatanyije na Nyawenda Esdron wari burugumesitiri wa Rusatira wahungiye mu Bubiligi. Leopold Munyakayanza hamwe na Burugumesitiri Esdron Nyawenda ni bo babaye ku isonga yo gukoresha inama zitegura Jenoside i Rusatira ku buryo perezida Theodore Sindikubwabo na Minisitiri w\u2019intebe Jean Kambanda bayoboye Guverinoma yakoze Jenoside, baje kuyitangiza i Butare ku wa 19 mata 1994 basanga Leopold Munyakayanza na Esdron Nyawenda baramaze kwitegura.<\/p>\n<p>Ku itariki 23 mata 1994, Leopold Munyakayanza yayoboye ibitero bikomeye byicishije Abatutsi i Rusatira harimo Twagiramutara Laurent wari veterineri muri ISAR Rubona wishwe n\u2019umuryango we wose, Kanyandekwe Charles wari umucungamari muri ISAR Rubona n\u2019umuryango we wose, Ruzindana wari agronome wa Komini Rusatira n\u2019umuryango we, n\u2019abandi Batutsi batagira ingano, barimo abiciwe i Kinkanga ari we ubigizemo uruhare rukomeye.<\/p>\n<p>Umugore wa Leopold Munyakayanza witwaga Iyamuremye Apolinariya wari umuyobozi wa serivisi ishinzwe imibereho myiza (assistante sociale) ku Kigo nderabuzima cya Rusatira, na we yagize uruhare rukomeye mu kwica Abatutsi muri Jenoside. Aba bombi bahunze igihugu. Munyakayanza bivugwa ko yaba yarapfuye na ho umugore we Iyamuremye Apolinariya aba mu Bufaransa.<\/p>\n<p>2)      Mugina, Kamonyi<\/p>\n<p>Budengeri Jean Chrysostome yari umuforomo akaba yari anashinzwe porogaramu yo gukingira abana muri Komini Mugina na Ntongwe. Yakoze Jenoside muri Mugina na Kinazi afatanyije na burugumesitiri Martin Ndamage, Major Pierre Claver Karangwa, umucuruzi Francois Twagiramungu, burugumesitiri wa Ntongwe Charles Kagabo n\u2019izindi nterahamwe. Akiva mu Rwanda yabanje gutura muri Zambiya, aba umwe mu bashinze FDLR muri icyo gihugu, anayibera visi perezida wa mbere. Nyuma yahungiye ubutabera muri Norv\u00e8ge kugeza ubu. Undi muforomo wakoze jenoside muri icyo kigo ni Umurerwa Annonciata warangije igihano.<\/p>\n<p>3)      Kinazi, Ruhango<\/p>\n<p>Umuyobozi wa disipanseri ya Kinazi mu cyahoze ari komini Ntongwe, KAGABO Charles yagizwe burugumesitiri wa Ntogwe muri jenoside hagati, ashyizweho na Guverinoma y\u2019Abatabazi, burugumesitiri Habumugisha Alfred amaze kwicwa. Kagabo Charles yavukiye mu yahoze ari segiteri Nyakabungo ya Ntongwe, yiga i Butare mu Indatwa (GSOB) mu ishami ry\u2019abafasha b\u2019abaganga. Yabanje gukora mu bitaro bya Nyanza. Yamamaye mu kurimbura Abatutsi muri Komini Ntongwe yayoboraga no muri Komini Mugina. Yazengurutse komini abwira Abatutsi ngo bajye ku biro bya Komini babarinde, bamaze kuhaba benshi abambura intwaro za gakondo bari bahunganye, aboherereza abasirikare, interahamwe n\u2019Abarundi. Ashinjwa kandi ubwicanyi bwakorewe ahitwa Nyamukumba ku kibuga cy\u2019umupira aho Abatutsi benshi yari yohereje mu Ruhango biciwe.<\/p>\n<p>Muri 2008 yaburanishijwe adahari n\u2019Inteko Gacaca nyinshi: Inteko ya Gikoma mu Murenge wa Ruhango, inteko ya Gitisi mu Murenge wa Bweramana; Inteko ya Rutabo mu Murenge wa Kinazi n\u2019Inteko ya Nyakabungo mu Murenge wa Ntongwe. Izo Nteko zose zimukatira igihano cya burundu y\u2019umwihariko.<\/p>\n<p>4)      Gatagara, Nyanza<\/p>\n<p>Dr Hakizimana Jean Marie Vianney wayoboraga icyo kigo yagize uruhare mu kwica abarwayi ndetse no mu bwicanyi bwabereye mu kigo cy\u2019abafite ubumuga (HVP Gatagara) afatanyije na Furere Jean Baptiste Rutihunza wakiyoboraga. Dr Hakizimana aba muri Uganda na ho Furere Rutihunza Jean Baptiste aba mu Butaliyani.<\/p>\n<p>5)      Nyamure, Nyanza<\/p>\n<p>Ndahimana Matayo, umuyobozi w\u2019icyo kigo, avuka i Mbuye mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Kibilizi. Yarangije amashuri yisumbuye mu Rwunge rw\u2019amashuri rwa Butare (GSOB) muri 1985 mu ishami ry\u2019abafasha b\u2019abaganga.   Yakoze muri CHUB no muri CHK i Kigali ariko muri jenoside yari yaragizwe umuyobozi w\u2019icyo kigo nderabuzima cya Nyamure mu yahoze ari Komini Muyira. Yabaye ruharwa mu bwicanyi bwabereye muri ako Karere. Ndahimana yahungiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) no muri Congo Brazaville, nyuma ajya muri Gabon. Yagarutse mu Rwanda azi neza ko byanze bikunze azabazwa uruhare rwe muri jenoside. Afungiye muri gereza ya Nyanza (Mpanga) kuva muri 1997.<\/p>\n<p>Muri Gacaca yaburanye yemera uruhare rwe muri Jenoside, akagaragaza ko yakoresheje ambulance y\u2019ibitaro mu bwicanyi, akajya mu bitero byinshi i Nyanza, Kibilizi, Nyamure, Rwezamenyo, Karama n\u2019ahandi henshi mu bice bya Nyanza n\u2019Amayaga. Ni we wagiye i Nyanza guhuruza no kuzana abajandarume bo kujya gutsimbura Abatutsi bari babanje kwirwanaho ku Mayaga aho bari bahungiye. Yaburanye ibyaha yakoreye henshi. Inteko y\u2019Ubujurire bw\u2019Umurenge ya Nyamure imukatira imyaka 30 mu kwezi kwa 12 muri 2009.<\/p>\n<p> 6)      Ntyazo, Nyanza<\/p>\n<p>Kabanda Alexis wari umuyobozi w\u2019ikigo, yayoboraga inama zitegura jenoside. Yarangije igihano.<\/p>\n<p>7)      Kibilizi, Nyanza<\/p>\n<p>Karasanyi Esdras wari umuyobozi w\u2019icyo kigo yishe inkomere z\u2019abatutsi zazanwaga ku ivuriro, anitabira ubwicanyi mu bitero. Yarapfuye.<\/p>\n<p>8)      Gikongoro, Nyamagabe<\/p>\n<p>Rwasa Eugene wari umuforomo ukomoka mu Karere ka Nyaruguru (Ruramba). Yahamijwe n\u2019Urukiko Gacaca rw\u2019Umurenge wa Ngiryi (mu Murenge wa Gasaka) ku wa 05\/03\/2010 ibyaha byo kuba yaratanze abakobwa b\u2019Abatutsikazi bari bahungiye mu kigo nderabuzima cya Nyamagabe bakicwa, bamaze no gusambanywa ku gahato. Akimara gukatirwa igifungo cya burundu yahise acika. Bivugwa ko yahungiye muri Uganda.Umugore we Kabarere Venantie wakoraga muri SOS\/ Gikongoro akatiye burundu kubera guhamwa n\u2019ibyaha byo kwicisha abana b\u2019imfubyi 29 bahahungiye baturutse i Kigali muri SOS Kacyiru. Afungiye muri gereza ya Nyamagabe.<\/p>\n<p>9)      Jenda, Nyamagabe<\/p>\n<p>Mugwaneza L\u00e9onard yari umuyobozi w\u2019icyo kigo nderabuzima. Akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu muri Komini Kirambo. Yagize uruhare mu iyicwa ry\u2019abatutsi bari baharwariye mu kigo nderabuzima cya Musange n\u2019abahungiye ku biro bya Komini Musange. Yahawe igihano cyo gufungwa burundu adahari. Aba i Bugande (Kampala). Akora mu ivuriro.<\/p>\n<p>10)  Kibeho, Nyaruguru<\/p>\n<p>Mutazihana Nathanael yari umuyobozi wa disipanseri ya Kibeho. Yakatiwe kuwa 05\/7\/2007 n\u2019urukiko Gacaca rw\u2019umurenge wa Kibeho igifungo cy\u2019imyaka 25 rwemeza ko igihano cye azagikora mu buryo bukurikira: azatangirira kuri TIG ayikore imyaka 12,5 akurikizeho igihano cy\u2019igifungo cy\u2019imyaka 8,5 hanyuma arangirize ku isubikagifungo rizamara imyaka 4. Igifungo yaragikoze ariko nta TIG arakora. Ubu akora i Rwinkwavu.<\/p>\n<p>11)  Busanze, Nyaruguru<\/p>\n<p>Munyankindi Thomas wari umuforomo (assistant medical)yakoze jenoside mu yahoze ari Komini Nshili. Yahungiye i Burundi.<\/p>\n<p> Uru rutonde rwa bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abakozi bo mu bitaro n\u2019amavuriro CNLG yashoboye kumenya bijanditse muri Jenoside, rukaba rwiyongera ku rwagaragajwe ku wa 14 Gicurasi rurebana n\u2019Umujyi wa Butare.<\/p>\n<p>Rurerekana ko benshi mu bari bashinzwe kuvura abantu batatiye igihango cy\u2019umwuga wabo. Rurerekana kandi uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye icyaha ndengakamere aho abaganga n\u2019abaforo bareka umwuga wabo wo kurengera ubuzima bagahitamo kwica.<\/p>\n<p>CNLG irasaba ibihugu bicumbikiye aba baganga, abaforomo n\u2019abakozi b\u2019inzego z\u2019ubuzima bakoze jenoside, kandi bikaba byarabahaye akazi ko kuvura, ko bahagarikwa ku murimo wo kuvura, bakavanwa ku rutonde rw\u2019abaganga n\u2019abaforomo bemerewe gukora umwuga wo kuvura kandi bagashyikirizwa ubutabera mu gihe cya vuba.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, abaganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zibafata, ubu bakaba bari mu bashakishwa na Interpol. Gusa bose bageze [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-23980","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abakozi bo mu nzego z&#039;ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw&#039;Intara y&#039;Amajyepfo - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abakozi bo mu nzego z&#039;ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw&#039;Intara y&#039;Amajyepfo - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, abaganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zibafata, ubu bakaba bari mu bashakishwa na Interpol. Gusa bose bageze [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-05-15T18:44:58+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"8 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw&#8217;Intara y&#8217;Amajyepfo\",\"datePublished\":\"2020-05-15T18:44:58+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980\"},\"wordCount\":1557,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980\",\"name\":\"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw'Intara y'Amajyepfo - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-05-15T18:44:58+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=23980#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw&#8217;Intara y&#8217;Amajyepfo\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw'Intara y'Amajyepfo - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw'Intara y'Amajyepfo - BWIZA","og_description":"Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, abaganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zibafata, ubu bakaba bari mu bashakishwa na Interpol. Gusa bose bageze [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2020-05-15T18:44:58+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"8 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw&#8217;Intara y&#8217;Amajyepfo","datePublished":"2020-05-15T18:44:58+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980"},"wordCount":1557,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=23980#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980","name":"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw'Intara y'Amajyepfo - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-05-15T18:44:58+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=23980"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=23980#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside mu turere tw&#8217;Intara y&#8217;Amajyepfo"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/23980","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=23980"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/23980\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=23980"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=23980"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=23980"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}