{"id":24010,"date":"2020-05-16T18:17:39","date_gmt":"2020-05-16T18:17:39","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/05\/16\/uruhare-rw-abakoraga-mu-nzego-z-ubuzima-mu-ntara-y-amajyaruguru-iburasirazuba-n\/"},"modified":"2020-05-16T18:17:39","modified_gmt":"2020-05-16T18:17:39","slug":"uruhare-rw-abakoraga-mu-nzego-z-ubuzima-mu-ntara-y-amajyaruguru-iburasirazuba-n","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010","title":{"rendered":"Uruhare rw&#8217;abakoraga mu nzego z&#8217;ubuzima mu ntara y&#8217;amajyaruguru, Iburasirazuba n&#8217;Uburengerazuba muri Jenoside"},"content":{"rendered":"<p>Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo.<\/p>\n<p>Ibyo byerekana ko abari bashinzwe kuvura abantu batatiye igihango cy\u2019umwuga wabo, n\u2019ukuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye icyaha ndengakamere aho abaganga n\u2019abaforomo bareka umwuga wabo wo kurengera ubuzima bagahitamo kwica.<\/p>\n<p> Ku matariki ya 14 na 15 gicurasi 2020, Komisiyo y&#8217;igihugu yo kurwanya Jenoside yagaragaje abagize uruhare muri jenoside bakoreraga mu Mujyi wa Butare, n\u2019abakoreraga mu tundi Turere tw\u2019Intara y\u2019Amajyepfo.<\/p>\n<p>Inyandiko iyi Komisiyo yasohoye kuri uyu wa 16 Gicurasi, igaragaza uruhare rwa bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abakozi bakoreraga mu bitaro, mu bigo nderabuzima, mu mavuriro no mu nzego z\u2019ubuzima mu Turere tw\u2019Intara y\u2019Amajyaruguru, Intara y\u2019Iburasirazuba n\u2019Intara y\u2019Uburengerazuba.<\/p>\n<p> I.                   IBITARO<\/p>\n<p> 1)      Ibitaro bya Ruhengeri, Musanze<\/p>\n<p>Dr Birihanze Gervais<\/p>\n<p>Yari umuyobozi w\u2019ibitaro. Afatanyije na Dr Bigirankana Aloys ni bo bayoboye ibikorwa byo gushakisha Abatutsi bihishe mu bitaro bya Ruhengeri, kubaha Interahamwe bakicwa, harimo urupfu rwa Nzitabimfura Paul n\u2019abandi bari barokotse ubwicanyi bwakorewe ku Rukiko rw\u2019Ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d\u2019Appel). Dr Birihanze Gervais yakatiwe igifungo cy\u2019imyaka 15 n\u2019Urukiko Gacaca rw\u2019Umurenge wa Kabaya, Umujyi wa Ruhengeri ku wa 18\/04\/2007. Ubu yavuye muri gereza arangije igihano, yasubiye mu buzima busanzwe.<\/p>\n<p> Dr Bigirankana Aloys:<\/p>\n<p>Yavutse muri 1952, avukira mu cyahoze ari komini Cyeru mu Murenge wa Rugendabari, ubu ni mu Karere ka Burera. Yize amashuri yisumbuye kuri Shyira, i Gahini n\u2019i Mburabuturo muri College Officiel de Kigali (COK) aho yarangije muri 1973, agahita akomereza mu ishami ry\u2019ubuganga muri Kaminuza y\u2019u Rwanda i Butare. Yakoze muri CHK kugeza muri 1982 ubwo yajyaga kwiga i Dakar (S\u00e9n\u00e9gal), agaruka mu Rwanda muri 1986 ari inzobere mu kubaga (chirurgie). Mbere ya jenoside yari yarabaye umuyoboke wa CDR. Ari mu bari barahawe imbunda.<\/p>\n<p>Nyuma ya jenoside yakoze muri CHK akanigisha mu ishuri rikuru rya Gitwe kugeza ubwo yahamagawe muri Gacaca. Yabanje gukatirwa igifungo cy\u2019imyaka 26 ariko arajurira. Ku wa 18\/04\/2007, Urukiko rw\u2019ubujurire rw\u2019Umurenge wa Kabaya, mu Ruhengeri, rwamukatiye igifungo cy\u2019imyaka 16 rumaze kumuhamya kwicisha abarwayi n\u2019abantu b\u2019inkomere bari barokotse Jenoside ku Rukiko rw\u2019Ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d\u2019Appel), harimo uwitwa Nzitabimfura Paul wishwe akuwe muri serivisi ya Chirurgie yayoborwaga na Dr Bigirankana.  Uyu muganga kandi yahamijwe kuba ari we wategetse ko mu bitaro bya Ruhengeri habamo isaka ryo gushaka abo bitaga \u201cInyenzi\u201d ni ukuvuga Abatutsi. Arakorera igihano yakatiwe muri gereza ya Musanze.<\/p>\n<p> 2)      Ibitaro ya Kiziguro, Gatsibo<\/p>\n<p>Dr Rwamakuba Emmanuel yavuzwe mu bitero byagabwe mu gace ka Kiziguro harimo n\u2019icyo kuwa 11 Mata 1994 kuri paruwasi. Abatutsi bari bahungiye kwa padiri babajugunywe mu cyobo gifite ubujyakuzimu bwa metero zigera kuri 30. Ku wa 07\/12\/2007, Urukiko Gacaca rw\u2019Akagari k\u2019Agakomeye, Umurenge wa Kiziguro (Gatsibo) rwahamije uyu muganga icyaha cya jenoside kigizwe guhagararira ubwicanyi bwabereye kuri paruwasi Gatorika ya Kiziguro, guta abatutsi mu rwobo ruhari ari bazima, kwica urubozo no gushinyagurira imirambo. Urukiko rwamukatiye adahari igifungo cy\u2019imyaka 30 amaze gutoroka. Hari n\u2019abaforomo babiri bo muri ibyo bitaro, Mutabazi Cyprien na Gatsinzi, bafatanyije na Dr Rwamakuba Emmanuel.<\/p>\n<p> 3)      Ibitaro bya Kibungo, Ngoma<\/p>\n<p>Dr Karangwa Amuri yarireze yemera icyaha, akatirwa ku wa 08\/08\/2006 n\u2019Urukiko Gacaca rw\u2019Umurenge wa Kibungo igifungo cy\u2019imyaka 12. Ku bitaro bya Kibungo, hari kandi Sindano Emmanuel ukomoka mu gihugu cy\u2019u Burundi na we wagize uruhare muri Jenoside. Abaforomo Bizimana D\u00e9ogratias na Ruzindana D\u00e9ogratias bakoraga ku bitaro bya Kibungo bishe abarwayi b\u2019Abatutsi, bagiye mu bitero byishe ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kibungo no gukangurira abaturage kwica Abatutsi.<\/p>\n<p>By\u2019umwihariko, Sindano Emmauel ukomoka mu gihugu cy\u2019u Burundi yamamaye mu bwicanyi mu bitaro bya Kibungo, ku Cyasemakamba no muri Economat g\u00e9n\u00e9ral ya Diyosezi gatolika ya Kibungo, gushinga za bariyeri no kuzigenzura atoranya Abatutsi bo kwicwa.<\/p>\n<p>Ku wa 23\/10\/2007, yakatiwe n\u2019Urukiko Gacaca rw\u2019Akagali rwa Karenge, Umurenge Kibungo, Akarere ka Ngoma, igifungo cy\u2019imyaka 30 adahari, kuko Jenoside ikimara guhagarikwa yahise atorokera i Burundi aho akomoka.<\/p>\n<p> 4)      Ibitaro bya Rwinkwavu, Kirehe<\/p>\n<p>Dr Bizimungu Charles yari umuyobozi w\u2019ibitaro bya Rwinkwavu muri Jenoside, yagize uruhare mu kwica no gutanga Abatutsi bahungiye mu bitaro barimo umuryango wa Muramutsa, n\u2019undi muntu wiciwe ahitwa Mpirindi amuhaye Interahamwe.<\/p>\n<p>Ku wa 15\/11\/2007, Urukiko Gacaca rwa Cyabajwa II, Umurenge wa Rwinkwavu, rwamukatiye igifungo cy\u2019imyaka 15, akaba yararangije igihano. Aba iwabo mu Karere ka Gicumbi.<\/p>\n<p> 5)      Ibitaro bya Rwamagana, Rwamagana<\/p>\n<p>Dr Ngongo Gabriel ukomoka mu gihugu cy\u2019u Burundi, yari umwe mu bagize umutwe w\u2019intagondwa wa CDR. Jenoside muri 1994 yabaye amaze igihe gito avuye i Rwamagana, ariko bivugwa ko ari mu bateguye ubwicanyi muri ako gace n\u2019ubwo Inkiko Gacaca mu Karere ka Rwamagana zitamubonye ngo zimuburanishe.<\/p>\n<p> 6)      Ibitaro bya Mibilizi, Rusizi<\/p>\n<p>Abaforomo babiri bo muri ibi bitaro, Ndagijimana G\u00e9rard na Habimana L\u00e9on bahamijwe n\u2019Inkiko Gacaca uruhare muri jenoside harimo kwica abatutsi ku bitaro no kuri paruwasi ya Mibilizi. Barangije ibihano bakatiwe.<\/p>\n<p> 7)      Ibitaro bya Bushenge, Nyamasheke<\/p>\n<p>Abakozi baho bakoze jenoside ni abaforomo barimo Kubwimana Jean Marie Vianney bitaga Gatuza wahunze igihugu Inteko ya Gashirabwoba II yamukatiye igifungo cy\u2019imyaka 30 ku wa 30\/08\/2007. Hari kandi Ntambiye Anicet wakatiwe adahari igifungo cya burundu y\u2019umwihariko na Ngabo Th\u00e9odore wapfuye.<\/p>\n<p> 8)      Ibitaro bya Kibogora, Nyamasheke<\/p>\n<p>Dr Habiyeze Lawurenti yagize uruhare mu bwicanyi bwabereye i Kibogora. Yahamijwe n\u2019urukiko Gacaca icyaha cya Jenoside akatirwa igifungo cy\u2019imyaka 30. Yaguye muri gereza.<\/p>\n<p>Kuri ibyo bitaro bya Kibogora hari abaforomo bamamaye muri Jenoside: Munyarukiko Filipo wakatiwe imyaka icumi akaba yararangije igihano, Bizimana Yohani bitaga Gisura wakatiwe imyaka 12 na we akaba yararangije igihano. Aba bombi bafatanyije n\u2019undi mukozi w\u2019ibitaro witwa Kanyaru Asiyeli wahanishijwe imyaka 15 na we akaba yararangije igihano.<\/p>\n<p> 9)      Ibitaro bya Mugonero, Karongi<\/p>\n<p>Ku Mugonero (Kibuye) ubwicanyi bwayobowe n\u2019uwayoboraga ibitaro by\u2019Itorero ry\u2019Abadivantisiti, Dr Ntakirutimana G\u00e9rard wavukiye kuri Ngoma (Kibuye) mu mwaka wa 1957. Yafatanije na mwene nyina Esdras Ntakirutimana, na se Pasteur Ntakirutimana Elizaphan wayoboraga Itorero ry\u2019abadivantisti rya Mugonero. Yafatiwe mu gihugu cya Cote d\u2019Ivoire kuwa 29\/10\/1996 ashyikirizwa Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR\/ ICTR) rwari Arusha (Tanzaniya) kuwa 30\/11\/1996, atangira kuburana kuwa 18\/09\/2001. Yahamijwe ibyaha bya Jenoside n\u2019ibyaha byibasiye inyokomuntu n\u2019Urukiko, akatirwa igifungo cy\u2019imyaka 25.<\/p>\n<p>Dr Ntakirutiman G\u00e9rad yoherejwe gufungirwa i Cotonou mu gihugu cya Benin, igihano yagombaga kuzarangiza mu Ukwakira 2021 nyamara umucamanza Theodor Meron ku wa 29\/04\/2014 atarangije igihano. Yari afungiye muri gereza y\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye kuva tariki 27 Kamena 2009, akaba yaragombaga kurangiza igihano cye mu Ukwakira 2021.<\/p>\n<p> 10)  Ibitaro bya Kibuye, Karongi<\/p>\n<p>Dr Twagira Charles yari Umuyobozi w\u2019Akarere k\u2019Ubuzima ka Kibuye (R\u00e9gion sanitaire) akuwe mu bitaro bya Kabaya ubwo amashyaka menshi yemerwaga mu Rwanda. Yahamwe n\u2019ibyaha bya Jenoside yakoreye ku Kibuye, Urukiko Gacaca rwa Bwishyura rumukatira igifungo cya burundu.<\/p>\n<p>Yageze mu Bufaransa muri 2006, atangira gukurikiranwa n\u2019ubutabera bw\u2019ubufaransa muri 2014. Muri icyo gihe akurikiranwa, yavuraga mu bitaro bya Paul Doumer, nyuma yo kumwamagana yahagaritswe ku mirimo ye muri 2018. <\/p>\n<p>Dr Kayishema Cl\u00e9mentyamamaye mu bwicanyi ubwo yari perefe wa Kibuye. Yavukiye muri Komini Gitesi (Kibuye) mu Murenge wa Bwishyura w\u2019ubu (Karongi) muri 1954. Yakoze mu bitaro bya Kibuye ahava muri 1992 agizwe Perefe wa Kibuye kugeza muri 1994. Niwe wayoboye ubwicanyi bwose bwakorewe mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye. Tariki 12\/06\/1994 yandikiye ubwe minisitiri w\u2019ingabo asaba ibikoresho bya gisirikare byo gutoza urubyiruko mu rwego rwo kongerera imbaraga Interahamwe hateganywa kuzajya kwica mu Bisesero Yahungiye muri Zaire aza gufatirwa muri Zambiya kuwa 02\/05\/1996 ajyanwa mu Rukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR\/ ICTR) i Arusha mu gihugu cya Tanzaniya.<\/p>\n<p>Ku wa 21\/05\/1999 Dr Kayishema yakatiwe igifungo cya burundu mu rubanza yari ahuriyemo na Obed RUZINDANA nawe wamamaye mu bwicanyi, agakatirwa igifungo cy\u2019imyaka makumyabiri n\u2019itanu (25). Dr Kayishema yarajuriye ariko kuwa 1 Kamena 2001, urugereko rw\u2019Ubujurire rwashimangiye ibihano yari yakatiwe mbere.<\/p>\n<p>Yaguye muri Gereza y\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye muri Mali ku wa 29\/10\/2016 azize SIDA. <\/p>\n<p>Eliane Mukahirwa ni umuforomokazi wamamaye mu bwicanyi mu bitaro no kuri sitade Gatwaro. Yishe abana b\u2019abatutsi bari bahungishirijwe mu bitaro bya Kibuye barimo abana bane ba Kabagwiza Caritas na Jean Berchmans Rwakabayiza wari umukozi wa douanes i Kigali ariko abana be akaba yari yabahungirishije kwa sebukwe mu Mujyi wa Kibuye.<\/p>\n<p> 11)  Ibitaro bya Kirinda, Karongi<\/p>\n<p>Dr Kamanzi Antoine yari umuyobozi w\u2019ibitaro bya Kirinda. Ni umwe mu bayoboye ubwicanyi bwakorewe ku bitaro bya Kirinda no mu Ishuri ry\u2019abaforomokazi, bakica abatutsi babata muri Nyabarongo. Ku wa 28\/10\/2008, Urukiko Gacaca rwa Shyembe (Karongi) rwamukatiye adahari igifungo cya burundu y\u2019umwihariko.<\/p>\n<p>Dr Nkurunziza Edouard ni Umurundi, nawe yari umuganga wakoraga ku bitaro bya Kirinda muri jenoside yakorewe Abatutsi. Ku wa 13\/09\/2007, Urukiko Gacaca rw\u2019Akagali ka Shyembe rwamukatiye adahari igifungo cy\u2019imyaka 30 kigizwe no kujya mu bitero no kuba yarishe ubwe umututsi waje ahungiye i Kirinda avuye i Kaduha.<\/p>\n<p> 12)  Ibitaro bya Gisenyi, Rubavu<\/p>\n<p>Dr Zirimwabagabo Charles alias Gakara yabaye perefe wa Gisenyi hagati ya Nzeri 1993 n\u2019Ukuboza 1994. Yagize uruhare mu itegurwa n\u2019ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi. Yahamijwe icyo cyaha n\u2019Inkiko Gacaca, ahabwa igihano cy\u2019igifungo cya burundu. Afatanyije n\u2019agatsiko k\u2019abicanyi barimo Colonel Anatole Nsengiyumva, Bernard Munyagishali n\u2019abandi yari yarashinze Umutwe w\u2019abicanyi mu Mijyi wa Gisenyi witwaga \u201cIntarumikwa\u201d. Twibutse ko Dr Zirimwabagabo yari visi perezida wa 2 mu gace k\u2019intagondwa k\u2019Ishyaka riharanira Kwishyira ukizana (P.L. power) kari kayobowe na Justin Mugenzi (perezida), Agnes Ntamabyaliro (visi perezida wa 1) na Emmanuel Rwagasana (umunyamabanga mukuru).<\/p>\n<p>Dr Ndererimana V\u00e9daste yari umuyobozi w\u2019ibitaro akomoka mu Ruhengeri. Yahamwe n\u2019ibyaha bya Jenoside yakoreye mu Mujyi wa Gisenyi, ahabwa igifungo cya burundu n\u2019Inkiko zisanzwe mbere y\u2019uko Inkiko Gacaca zitangira imirimo. Yaguye muri Gereza.<\/p>\n<p>Hari n\u2019abaforomo bakoraga mu bitaro bya Gisenyi bafatanyije n\u2019umuyobozi wabo Dr Ndererimana Vedaste kwica abatutsi. Abo ni Nkundabanyanga Fidele,Mukarugaba Christiane uzwi nkaVumbura uvuka mu Karere ka Rusizi akaba yararangije igihano yakatiwe cy\u2019imyaka cumi n\u2019ibiri (12) na Sindayikengera Fabien wakatiwe igifungo cy\u2019imyaka cumi n\u2019icyenda (19) akaba yaratorotse ubutabera.<\/p>\n<p> 13)  Ibitaro bya Muhororo, Ngororero<\/p>\n<p>Dr Mugiraneza Fr\u00e9d\u00e9ric<\/p>\n<p>Yabaye muganga mukuru w\u2019ibitaro bya Muhororo, akaba umuyoboke ukomeye wa sederi (CDR), Ishayaka ry\u2019Impuzamugambi ziharanira Repubulika (Coalition pour la D\u00e9fense de la R\u00e9publique &#8211; CDR) ry\u2019intagondwa z\u2019Abahutu. Niwe wazamuye bwa mbere ibendera rya Sederi ku Muhororo.<\/p>\n<p>Nteziryayo Jean Baptiste bitaga Solide<\/p>\n<p>Yakoze ku bitaro bya Muhororo ari umufasha w\u2019abaganga mbere yo kuba burugumesitiri wa Komini Kibilira. Yavukiye muri segiteri ya Rongi, ubu ni mu Murenge wa Muhoro mu Karere ka Ngororero. Yagize uruhare cyane mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi muri Kibilira hagati ya tariki 10 na 15\/101990, urugamba rwo kwibora rugitangira ari burugumesitiri wa Komini Kibilira. Leta ya HABYALIMANA yemeje ko ari umwicanyi akurwaho ku wa 17\/10\/1990 aranafungwa kimwe n\u2019abandi barimo Ndayambaje. NTEZIRYAYO yafunzwe amezi make agaruka gukora ku bitaro bya Muhororo. Inkiko Gacaca ntizamuburanishije kuko yashyizwe mu cyiciro cya mbere.<\/p>\n<p> II.                IBIGO NDERABUZIMA <\/p>\n<p>1)      Rwankeri, Nyabihu<\/p>\n<p>Ikigo nderabuzima cya Rwankeri ni icya \u00ab eglise adventiste \u00bb, cyubatse mu cyahoze ari komini Nkuli, ubu ni mu Karere ka Nyabihu. Ubwicanyi bwakozwe hagati ya 1991 na 1994. Uwari burugumesitiri wa Nkuli, Mathias Mpiranya yari atuye mu marembo ya misiyoni y\u2019abadivantisiti, Kajelijeli Juvenal warii burugumesiiri wa komini Mukingo, wamaze Abatutsi bo muri iyo kimini nawe yari ahafite urugo, Nzirorera Joseph wabaye minisitiri, akaba n\u2019munyamabanga Mukuru wa MRND, wari ku isonga rya Jenoside muri ako gace, nawe niho yari atuye. Colonel Setako wahamijwe icyaha cya Jenoside n\u2019Urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda niho avuka.<\/p>\n<p>Ikigo nderabuzima cya Rwankeri cyakunze kuyoborwa n\u2019abapasitori b\u2019abahezanguni kugeza igihe haziye uwitwa Kanyabukamba, wari avuye i Mudende.<\/p>\n<p>Kanyabukamba yafatanije na Ndekezi wayoboraga ishuri ryisumbuye rya Rwankeli, ubu aba muri Canada, Nzarora yigishaga muri iryo shuri, ubu aba muri Uganda, hamwe n\u2019abandi bakozi bakorga muri icyo kigo. Hishwe pasitoro Mutabazi n\u2019umuhungu we Havugimana wigishaga muri College, pasteur Kanamugire, Masabo wakoraga mu bitaro bya Rwankeri, umuryango wa Pasteur Rwakana. Ubwicanyi bwabaye tariki ya 7 Mata 1994 bwatangijwe na Col. Ephrem Setako wategetse ko bica Pasteur Semisabike wari umuhutu wanze ko bica umugore we, Setako yamurasiye imbere y\u2019Interahamwe, iruhande rw\u2019urusengero rw\u2019abadivantisiti, mu Rwankeri. Nyuma Kanyabukamba n\u2019izindi Nterahamwe bakomeje ubwicanyi aho mu Rwankeri no mu tundi duce tuhakikije.<\/p>\n<p>Nzirorera Joseph yaguye muri gereza y\u2019Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ataburanye, Kajelijeli Juvenal yahamijwe icyaha cya Jenoside ahanishwa igifungo cy\u2019imyaka 45 n\u2019urwo rukiko afungiye muri Mali, Col Setako yahamijwe icyaha cya Jenoside nawe n\u2019urwo rukiko, ahanishwa igifungo cy\u2019imyaka 25, yapfuye atarangije igihano. Mpiranya Matthias yapfuye ataburanye.<\/p>\n<p>Kanyabukamba bivugwa ko yahungiye muri Nigeria aho yakomeje kwiga. Hari n\u2019abandi bakozi mu bigo binyuranye by\u2019idini adivantisiti bakoze Jenoside ubu bakaba baba muri Amerika.<\/p>\n<p>2)      Murambi, Rulindo<\/p>\n<p>Mukarwego Verediyana yari umuforomokazi. Yavukiye i Kabuye mu Karere ka Gasabo muri 1966 yiga amashuri yisumbuye mu ishuri ry\u2019Abaforomokazi i Kabgayi, aho yayarangije muri 1989 ari nawo mwaka yatangiriye akazi mu kigo nderabuzima cya Murambi ahahoze ari muri Komini Mugambazi.<\/p>\n<p>Kuwa 28\/10\/2008 Urukiko Gacaca, Inteko ya Kabuye mu bujurire rwamukatiye igifungo cy\u2019imyaka cumi n\u2019icyenda (19) kubera ubwicanyi burimo no gutema umugabo witwaga Ntigurirwa. Afungiye muri gereza ya Ngoma.<\/p>\n<p>Umugabo we Mutsindashyaka Placide, nawe wakoze jenoside, yarangije igihano cy\u2019igifungo cy\u2019imyaka cumi n\u2019icyenda (19).<\/p>\n<p>3)      Shyorongi, Rulindo<\/p>\n<p>Uzamukunda Josp\u00e9hine ni umubikira wo mu Muryango w\u2019aba Penitentes de Saint Francois wavuraga mu kigo nderabuzima cya Shyorongi ari naho avuka. Yahamwe n\u2019icyaha cya Jenoside, arafungwa, akora n\u2019imirimo nsimburagifungo i Rusiga\/ Rulindo, nayo arayirangiza. Ubu yasubiye mu bubikira.<\/p>\n<p>4)      Nyange, Ngoma<\/p>\n<p>Habimana Laurent muri 1994 yungirije umuyobozi w\u2019ikigo nderabuzima cya Nyange iwabo mu cyahoze ari Komini Mugesera. Yize mu ishuri ry\u2019abafasha b\u2019abaforomo i Kigali (EAM) arangiza amashuri yisumbuye muri 1983 akora akazi mu bigo nderabuzima bitandukanye nka Kirehe na Nyamugali mu Karere ka Kirehe ubu, Rukoma na Nyange mu Karere ka Ngoma.<\/p>\n<p>Yafunzwe muri 1997 kubera ibyaha bya jenoside agihunguka avuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Yaburanishijwe bwa mbere muri 2000 n\u2019Urukiko rwa mbere rw\u2019Iremezo rwa Kibungo akatirwa burundu ashinjwa jenoside. Aho Inkiko Gacaca zitangiriye, yaburanishijwe n\u2019Inteko y\u2019Umurenge wa Mugesera ndetse n\u2019Inteko y\u2019Ubujurire bwa Gatare, igihano gikomeza kuba burundu n\u2019ubwo imirimo y\u2019Inkiko Gacaca yashojwe agitegereje gusubirishamo. Igihano aragikorera muri gereza ya Rwamagana.<\/p>\n<p>5)      Congo Nil, Rutsiro<\/p>\n<p>Twagirayezu Denis yahamwe n\u2019icyaha cya Jenoside yakoreye kuri Paruwasi Gatorika ya Congo Nil afatanyije na padiri Gabriel Maindron na padiri Urbain Twagirayezu.<\/p>\n<p>6)      Kinunu, Rutsiro <\/p>\n<p>Mbarushimana Ephrem yakoreye Jenoside kuri paruwasi gatorika ya Kinunu. Yavukaga mu yahoze ari Komini Kayove (Gisenyi). Yarahunze.<\/p>\n<p>7)      Nyundo, Rubavu<\/p>\n<p> Iki kigo cyagize abaforomo bamamaye mu bwicanyi.<\/p>\n<p>Umubikira wo mu Muryango w\u2019Abenebikira witwaga Soeur C\u00e9line Bamporiki yagize uruhare runini mu iyicwa ry\u2019abatutsi ku Nyundo afatanyije na Padiri Edouard Nturiye bitaga Simba. Soeur C\u00e9line yaguye muri gereza ya Musanze muri 2018 yarakatiye igifungo cy\u2019imyaka 19; Nyiranzubahimana Laurence wahungiye Uganda urubanza rutararangira. Ni umugore wa Nkundabanyanga Fideli, umuforomo mu bitaro bya Gisenyi nawe wishe abatutsi; Hari na Libonande Anastase nawe wahunze na KanyarengwePatirisiya wakoraga mu cyumba cy\u2019ababyeyi ku Nyundo.<\/p>\n<p>Abandi bo ku Nyundo bahamwe n\u2019ibyaha bya jenoside ni abasosiyari Bendantarama Agathe na Dusabemariya Patricie. Bombi bize mu ishuri ry\u2019abasosiyari ku Karubanda (Huye) kandi bombi bafungiye muri gereza ya Musanze. BendantaramaAgathe yavutse muri 1958 mu cyahoze ari komini Ruhondo, ubu ni mu Karere ka Musanze. Ahungutse ava muri Kongo, yakoze mu kigo cy\u2019imfubyi ku Nyundo kuva muri 1997 kugeza muri 2009 afungwa kubera ibyaha bya jenoside. Inteko ya Nyarugunga (Kanombe) yamukatiye igihano cy\u2019igifungo cy\u2019imyaka 30.<\/p>\n<p>Dusabemariya Patricie yavukiye muri komini Mutura (Akarere ka Rubavu) mu 1960. Yahungutse ava muri Kongo muri 1996 asubira mu kazi muri 2001 mu ishuri ry \u2018ubugeni ku Nyundo kugeza muri 2009 afungwa. Yarezwe ibyaha byinshi bya jenoside birimo bwicanyi, gutoteza Abatutsi, kwitabira inama zitegura ubwicanyi no gushishikariza gukora jenoside ku Nyundo no mu nkengero. Akatiye burundu. Muri gereza azwi ku kabyiniriro ka Kanyankiko.<\/p>\n<p> 8)      Rambura, Nyabihu<\/p>\n<p>Ngaboyisonga F\u00e9licien yari umuforomo kuri centre de Sant\u00e9 ya Rambura, yakatiwe adahari n\u2019Urukiko Gacaca rwa Cyahafi, Akarere ka Nyarugenge, igifungo cy\u2019imyaka 30 rumaze kumuhamya ubwicanyi bwakorewe abapadiri batatu bo muri paruwasi ya Rambura no gusahura umutungo wayo urimo imodoka n\u2019amafranga.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Ibyo byerekana ko abari bashinzwe kuvura abantu batatiye igihango cy\u2019umwuga wabo, n\u2019ukuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye icyaha ndengakamere aho abaganga n\u2019abaforomo bareka umwuga wabo wo kurengera ubuzima bagahitamo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-24010","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Uruhare rw&#039;abakoraga mu nzego z&#039;ubuzima mu ntara y&#039;amajyaruguru, Iburasirazuba n&#039;Uburengerazuba muri Jenoside - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uruhare rw&#039;abakoraga mu nzego z&#039;ubuzima mu ntara y&#039;amajyaruguru, Iburasirazuba n&#039;Uburengerazuba muri Jenoside - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Ibyo byerekana ko abari bashinzwe kuvura abantu batatiye igihango cy\u2019umwuga wabo, n\u2019ukuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye icyaha ndengakamere aho abaganga n\u2019abaforomo bareka umwuga wabo wo kurengera ubuzima bagahitamo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-05-16T18:17:39+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"13 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Uruhare rw&#8217;abakoraga mu nzego z&#8217;ubuzima mu ntara y&#8217;amajyaruguru, Iburasirazuba n&#8217;Uburengerazuba muri Jenoside\",\"datePublished\":\"2020-05-16T18:17:39+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010\"},\"wordCount\":2618,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010\",\"name\":\"Uruhare rw'abakoraga mu nzego z'ubuzima mu ntara y'amajyaruguru, Iburasirazuba n'Uburengerazuba muri Jenoside - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-05-16T18:17:39+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24010#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uruhare rw&#8217;abakoraga mu nzego z&#8217;ubuzima mu ntara y&#8217;amajyaruguru, Iburasirazuba n&#8217;Uburengerazuba muri Jenoside\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uruhare rw'abakoraga mu nzego z'ubuzima mu ntara y'amajyaruguru, Iburasirazuba n'Uburengerazuba muri Jenoside - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uruhare rw'abakoraga mu nzego z'ubuzima mu ntara y'amajyaruguru, Iburasirazuba n'Uburengerazuba muri Jenoside - BWIZA","og_description":"Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa n\u2019abaganga n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Ibyo byerekana ko abari bashinzwe kuvura abantu batatiye igihango cy\u2019umwuga wabo, n\u2019ukuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye icyaha ndengakamere aho abaganga n\u2019abaforomo bareka umwuga wabo wo kurengera ubuzima bagahitamo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2020-05-16T18:17:39+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"13 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Uruhare rw&#8217;abakoraga mu nzego z&#8217;ubuzima mu ntara y&#8217;amajyaruguru, Iburasirazuba n&#8217;Uburengerazuba muri Jenoside","datePublished":"2020-05-16T18:17:39+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010"},"wordCount":2618,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=24010#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010","name":"Uruhare rw'abakoraga mu nzego z'ubuzima mu ntara y'amajyaruguru, Iburasirazuba n'Uburengerazuba muri Jenoside - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-05-16T18:17:39+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=24010"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24010#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uruhare rw&#8217;abakoraga mu nzego z&#8217;ubuzima mu ntara y&#8217;amajyaruguru, Iburasirazuba n&#8217;Uburengerazuba muri Jenoside"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/24010","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=24010"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/24010\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=24010"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=24010"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=24010"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}