{"id":24028,"date":"2020-05-17T17:03:28","date_gmt":"2020-05-17T17:03:28","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/05\/17\/abakozi-bo-mu-nzego-z-ubuzima-bakoreye-jenoside-muri-kigali\/"},"modified":"2020-05-17T17:03:28","modified_gmt":"2020-05-17T17:03:28","slug":"abakozi-bo-mu-nzego-z-ubuzima-bakoreye-jenoside-muri-kigali","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028","title":{"rendered":"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali"},"content":{"rendered":"<p>Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa na bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, benshi muri abo baganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. <\/p>\n<p>Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zisaba kubashakisha bagashyikirizwa ubutabera, ubu bakaba bari mu bashakishwa na Polisi Mpuzamahanga (Interpol). Ikibabaje ni uko bose bageze hanze bakiyoberanya, bamwe bagakomeza umurimo wo kuvura mu bihugu bahungiyemo kandi barakoze Jenoside.<\/p>\n<p>Guhera tariki ya 14 gicurasi 2020, CNLG imaze gutangaza abamenyekanye bakoreraga mu mujyi wa Butare mu Karere ka Huye, mu bindi bitaro, ibigo nderabuzima n\u2019amavuriro yo mu Ntara y\u2019Amajyepfo, mu Ntara y\u2019Iburengerazuba, mu Ntara y\u2019Amajyaruguru n\u2019abakoreraga mu Ntara y\u2019Iburasirazuba.<\/p>\n<p>Inyandiko y&#8217;iyi Komisiyo yo kuri uyu wa 17 Gicurasi, igaragaza uruhare rwa bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abakozi bakoreraga mu bitaro, mu bigo nderabuzima, no mu nzego z\u2019ubuzima no mu miryango mpuzamahanga mu Mujyi wa Kigali.<\/p>\n<p>Iyi nyandiko ni yo ishoje uruhare rw\u2019abaganga n\u2019abaforomo bari bashinzwe kubungabunga ubuzima ariko bagahitamo kuba abicanyi ku rugero ruremereye irerekana uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ubakana bukomeye. Nta hantu na hamwe Abatutsi bari bafite ubuhungiro, nta cyiciro na kimwe cy\u2019abaturage b\u2019Abahutu kidafite abantu bijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Abaminuje mu mashuri bari mu nzego z\u2019ubutegetsi ni bo babaye ba ruharwa mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu kubaka igihugu, u Rwanda rumazemo imyaka makumyabiri n\u2019itandatu (26) ni ngombwa ko twese abanyarwanda dufatanyije twumva ko ari inshingano ireba buri wese.<\/p>\n<p><strong>Abaganga<\/strong><\/p>\n<p>Mu Mujyi wa Kigali by\u2019umwihariko, n\u2019ahandi mu gihugu muri rusange, abaganga bose ntibakoreye Jenoside mu bitaro no mu mavuriro gusa. Hari abari mu myanya mikuru ya politiki, aho bagize uruhare mu gutegura Jenoside, kuyishishikariza, gutanga amabwiriza n\u2019ibikoresho byo kuyikora n\u2019ibindi bikorwa byose byari bigamije kurimbura Abatutsi. Mu babigizemo uruhare rukomeye twavuga: Dr Sindikubwabo Theodore wari Perezida wa Repuburika, Dr Butera Jean Baptiste wari umuyobozi w\u2019Ishyaka ry\u2019intagondwa zafatanyaga na MRND ryitwaga Parti Ecologique (PECO) ryashinzwe ku wa 30\/11\/1991, ubu akaba aba mu Bubiligi; Dr Bizimungu Casimir wari Minisitiri w\u2019ubuzima muri Guverinoma y\u2019abicanyi, Dr Andre Rwamakuba wari Minisitiri w\u2019amashuri abanza n\u2019ayisumbuye muri Guverinoma yakoze Jenoside. Aba bombi bagizwe abere ku buryo butumvikana n\u2019Urukiko rwa Arusha.<\/p>\n<p>Hari n\u2019abaganga bakoze Jenoside ari abayobozi b\u2019Uturere tw\u2019ubuzima muri za perefegitura. Bamwe mu baganga bageze no mu mahanga bakomeza ibikorwa byo kwamamaza ingengabitekerezo ya Jenoside, harimo no gushyigikira imitwe igendera ku rwango ikoresheje intwaro na FDLR, FDU-Inkingi, RUD-URUNANA n\u2019indi.<\/p>\n<p>Barimo nka Dr Jacques Gasekurume ukomoka i Kiziguro wayoboye FDU-Inkingi mu Buholandi, binemezwa ko n\u2019ubutagondwa bwe yari abufite muri 1973 yiga mu Iseminari ntoya i Zaza; Dr D\u00e9ogratias Twagirayezu, nyuma ya Jenoside yahungiye mu Buholandi ahagararira umutwe w\u2019iterabwoba RUD-Urunana ku mugabane w\u2019Uburayi.<\/p>\n<p>Hari n\u2019irindi tsinda ry\u2019abaganga bahungiye muri Zambia ryafashije mu ishingwa rya FDLR no gukomeza kuyiha ubufasha ririmo Dr Ignace Gashongore wabaye umuganga mu bitaro bya Ndola General Hospital, nyuma ahabwa akazi mu mushinga uterwa inkunga na \u201cUniversity of Maryland, School of Medecine\u201d wo kurwanya Sida, Dr Francois Niyonsenga wari umuyobozi w\u2019Akarere k\u2019Ubuzima ka Gitarama na Dr Francois Nkurikiyinka. Iyo umuganga ashyigikiye Imitwe y\u2019iterabwoba nka FDLR, FDU-INKINGI, RUD URUNANA n\u2019indi yose igendera ku ngengabitekerezo ya Jenoside kandi agakomeza umwuga we wo kuvura biba ari ugutatira indahiro iranga umuganga wese iyo atangiye umwuga we.<\/p>\n<p>? Dr Gakire Marcel<\/p>\n<p>Yavukiye mu Karere ka Nyarugenge i Nyamirambo aho bitaga mu Gatare mu mwaka wa 1948. Ni umuganga wabanje gukorera muri CHUK ariko muri 1994 yakoreraga Umuryango utabara imbabare wo mu Bubiligi (Croix Rouge de Belgique) i Kigali. Yari impuguke mu buzima rusange (Sant\u00e9 publique).  Yaburanishijwe n\u2019Inkiko Gacaca nyinshi kugeza ubwo ku wa 27\/12\/2009 yakatiwe n\u2019Inteko y\u2019Urukiko Gacaca ya Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge, igihano cy\u2019igifungo cya burundu y\u2019umwihariko ahamijwe ibyaha byo gusambanya abagore n\u2019abakobwa ku gahato, kwangiza imyanya ndangagitsina yabo, kuba icyitso mu gusambanya abagore n\u2019abakobwa ku gahato no kwangiza imyanya ndangabitsina yabo. Afungiye muri gereza ya Mageragere.<\/p>\n<p>? Dr Rugina Nzeyimana Emmanuel <\/p>\n<p>Akomoka mu cyahoze ari perefegitura ya Ruhengeri. Yigishije muri Kaminuza y\u2019u Rwanda, Ishami ry\u2019ubuvuzi ariko nyuma anakorera muri bitaro bya Kigali (CHUK) nk\u2019umuganga w\u2019inzobere. Muri kaminuza i Butare azwi cyane kuba yari yararahiye ko nta Mututsi uzatsinda amasomo yigishaga, hakaba n\u2019Abanyenduga yafataga nk\u2019Abatusti babigenderagamo.<\/p>\n<p>Mu gihe yakoreraga i Kigali, Leta yamugiriye icyizere imushinga gukorana n\u2019Itsinda ry\u2019indorerezi z\u2019abasirikare zakurikiranaga iby\u2019urugamba hagati y\u2019ingabo za Leta ya Habyalimana n\u2019ingabo za FPR \u2013 Inkotanyi (Groupe d\u2019Observateurs Militaires Neutres-GOMN\/ Neutral Military Observers Group-NMOG), Itsinda ryemejwe n\u2019Umuryango w\u2019Ubumwe bwa Afurika (OUA). Yahawe ako kazi agafitemo n\u2019inshingano yo kwirenza abasirikare ba FPR-Inkotanyi.<\/p>\n<p>Ku wa 20\/11\/2009, Urukiko Gacaca rw\u2019Umurenge wa Butare Ville, rwakatiye Dr Rugina igihano cya burundu y\u2019umwihariko rumaze kumuhamya icyaha cya Jenoside kigizwe no gutoteza abanyeshuri b\u2019Abatutsi abima amanota kubera urwango yari abafitiye, gukoresha inama iwe zo kwica abanyeshuri b\u2019abatutsi babaga muri home CYIZA, kujya mu nama zateguraga Jenoside muri CHUB, gutanga abarwayi b\u2019abatutsi abaha abasilikare bo muri ESO bakicwa, gushishikariza abanyeshuri kwica abandi abinyujije mu nama. Aba muri Leta Zunze ubumwe za Amerika (USA).<\/p>\n<p>? Dr Rutegesha Misago Antoine <\/p>\n<p>Yavukiye i Shyogwe (Rukaza) mu cyahoze ari Komini Nyamabuye mu mwaka wa 1957, ubu ni mu Karere ka Muhanga. Muri 1979 akirangiza amashuri yisumbuye mu Ishami ry\u2019abafasha b\u2019abaganga mu Rwunge rw\u2019amashuri rwa Butare (GSOB) yakoze mu kigo nderabuzima cya Ntyazo, ubu ni mu Karere ka Nyanza, kugeza muri 1982 ajya gukomeza amashuri muri Kaminuza ya Butare mu Ishami ry\u2019Ubuzima Rusange ryabarizwaga muri ESTM (Ecole Sup\u00e9rieure des techniques Medicales). Yakomereje amashuri mu gihugu cya Misiri avayo muri 1986.<\/p>\n<p>Rutegesha Misago Antoine azwi cyane nk\u2019umuhutu w\u2019intagondwa kuruta uko yari azwi nk\u2019umuganga kuko ari mu bantu icumi bashinze ishyaka ry\u2019Impuzamugambi Ziharanira Repubulika (Coalition pour la D\u00e9fense de la R\u00e9publique \u2013 CDR) ry\u2019intagondwa z\u2019Abahutu mu nama yabereye muri Village Urugwiro ku wa 22\/02\/1992. Muri iyo nama RUTEGESHA yari hamwe na Bucyana Martin, Nahimana Th\u00e9oneste, Mugimba Jean Baptiste, Uwamariya B\u00e9atrice, Higiro C\u00e9l\u00e9stin, Nzaramba C\u00e9l\u00e9stin, Akimanizanye Emmanuel, Hitimama Athanase na Simbizi Stanislas. RUTEGESHA yari visi perezida wa mbere wa CDR ku rwego rw\u2019igihugu.<\/p>\n<p>Muri 1994 yakoraga i Kigali muri CARITAS International ariko aza kugirwa superefe i Gitarama muri Jenoside, akaba yaranakomeje kuba visi perezida wa mbere wa CDR ku rwego rw\u2019igihugu.<\/p>\n<p>Nyuma ya Jenoside yahungiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, aba umusirikare agera ku ipeti rya majoro. Yaje kuva mu mashyamba ajya kwigisha mu ishuri rikuru ry\u2019ubuganga muri Kivu y\u2019Amajyaruguru, aza gufatwa yoherezwa mu Rwanda muri 2010.<\/p>\n<p>Yaburanishijwe n\u2019Inteko Gacaca ya Gitarama muri uwo mwaka, akatirwa igihano cy\u2019igifungo ya burundu kubera ibyaha by\u2019ubwicanyi muri Jenoside bwabereye iwabo i Shyogwe no kuyobora ibikorwa by\u2019ubwicanyi mu Mujyi wa Gitarama. Afungiye muri gereza ya Rwamagana.<\/p>\n<p>? Dr Bajinya Vincent <\/p>\n<p>Ni umuganga wakoraga mu kigo cya Leta cyari gishinzwe ibikorwa byo kuringaniza imbyaro mu gihugu (ONAPO), yavutse muri 1952. Akurikiranyweho n\u2019ubushinjacyaha bw\u2019u Rwanda uruhare rwe muri Jenoside, cyane cyane ubwicanyi bwakorewe muri segiteri ya Rugenge, ubu ni mu Karere ka Nyarugenge, aho yashyize bariyeri yiciweho Abatutsi akanayiyobora. Yahungiye mu Gihugu cy\u2019Ubwongereza.<br \/>\nIbitaro Bikuru bya Kigali (CHUK).<\/p>\n<p>? Dr Ntezayabo Benoit<\/p>\n<p>Yakoraga mu nzu y\u2019ababyeyi (maternite) kuva muri 1977 avuye gukora mu nzu y\u2019imbagwa (chirurgie). Ni umuyoboke ukomeye wa MRND kugeza aho CDR iziye ahita ayiyoboka. Avukana na Col. Joseph MURASAMPONGO wanamuhaye intwaro zabitswe mu bitaro. Mu kugenzura uko ubwicanyi bwakorwaga mu bitaro yakoranye bya hafi na Dr Col Baransalitse Laurent wari umuganga mu  bitaro bya gisilikare bya Kanombe.<br \/>\nKu wa 21\/06\/2008, Urukiko Gacaca rw\u2019Umurenge wa Nyarugenge rwamuhamije icyaha cya Jenoside muri CHUK n\u2019ubufatanyacyaha n\u2019abandi bicanyi bo muri CHUK barimo abaforomokazi Ndayambaje Sitefaniya na Bananeza Marie Jos\u00e9e. Urwo rukiko rwamukatiye adahari igifungo cy\u2019imyaka mirongo itatu (30). Yahungiye mu gihugu cya Canada.<\/p>\n<p>? Dr Habyarimana Th\u00e9oneste <\/p>\n<p>Ni umuganga wagize ubugome bwinshi muri Jenoside. Ku wa 19\/03\/2009, Urukiko Gacaca rw\u2019Umurenge wa Rugenge, Akarere ka Nyarugenge, rwamuhamije adahari ibyaha bya Jenoside bigizwe no gusambanya ku gahato Marie Jeanne Mukarango yarangiza akamwica, urupfu rwa Murwanyashyaka Antoine rwabaye ku wa 12\/05\/1994 no kuba yarayoboraga amarondo na bariyeri. Urukiko rwamuhaye igihano cy\u2019igifungo cya burundu y\u2019umwihariko.<\/p>\n<p>? Dr Cyimana Augustin<\/p>\n<p>Ni inzobere mu kuvura indwara z\u2019abagore (Gynecologie). Yakoze Jenoside muri CHUK cyane cyane mu gutanga abatutsi abashyikiriza abasirikare n\u2019interahamwe bakicwa, akomereza iwabo i Gitarama aho yafatanyije ubwicanyi na burugumesitiri wa Mugina Martin Ndamage. Nyuma ya Jenoside yahungiye muri Zambia, aba n\u2019umwe mu bashinze FDLR muri icyo gihugu, anayibera umuyobozi. Ageze muri Zambiya yakoze mu bitaro bya Lusaka, akaba akiba muri iki gihugu.<\/p>\n<p>? Dr Munyakazi Christophe<\/p>\n<p>Akomoka i Cyangugu, yari umuganga uvura abana. Ni intagondwa yabarizwaga mu Ishyaka ry\u2019Impuzamugambi ziharanira Repubulika (CDR). Mu gihe cya Jenoside yahoraga mu bikorwa byo gutunga agatoki ababaga bihishe mu byumba by\u2019abana. Aho yari atuye muri Rugenge mu Mujyi wa Kigali, yari mu bayobozi batangaga amabwiriza yo guhiga no kwica abatutsi no gutanga intwaro. Mu bo yicishije ubwe harimo Kanakintama umugore wa Mugiraneza Vincent, abana babo batatu (03) n\u2019umukozi wabo Rutayisire. Yakatiwe n\u2019Inteko Gacaca ya Rugenge B gufungwa imyaka mirongo itatu (30) ku wa 03\/11\/2007.<\/p>\n<p>? Dr Munyarukato Norbert<\/p>\n<p>Na we akomoka i Cyangugu kandi nawe yari umuyoboke wa CDR akora mu nzu y\u2019imbagwa. Yicishije abana bari barahungiye kwa mugenzi we Dr Jules Kabahizi mu nzu y\u2019indembe (urgences) n\u2019abandi babaga bihishe mu nzu y\u2019ababyeyi (maternit\u00e9) harimo n\u2019uwo yirasiye ubwe.<\/p>\n<p>? Dr Batungwanayo Jean<\/p>\n<p>Ni umuganga w\u2019umurundi akaba na mukuru w\u2019umunyapolitiki Nyangoma Leonard. Ubugome n\u2019urwango rwe ku Batutsi byagaragaye nyuma y\u2019urupfu rw\u2019uwari perezida w\u2019u Burundi Ndadaye Melchior mu Ukwakira 1993. Yageze igihe yanga kujya avura abatutsi. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 yagiye mu Bubiligi akorerayo, aza kuvayo ajya mu mashyamba ya Kongo agiye gutanga ubufasha muri FDLR no mu mpunzi z\u2019Abarundi muri Tanzaniya. Bivugwa ko yapfuye muri 2000.<\/p>\n<p>? Dr Ntawuruhunga Juv\u00e9nal <\/p>\n<p>Yavukiye mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero muri 1956. Uretse gutoteza abatutsi bakoraga muri CHUK kuva urugamba rwo kwibohora rutangiye muri 1990, muri 1994 yayoboraga bariyeri yari imbere y\u2019iwe i Gikondo. Iyo bariyeri ni nayo yaguyeho ari mu basilikare no mu nterahamwe ahangana n\u2019Inkotanyi zari ku i Rebero.<br \/>\nIbitaro bya gisirikare bya Kanombe<\/p>\n<p>? Dr Col. Baransaritse Laurent<\/p>\n<p>Ni we wari umuyobozi mukuru w\u2019Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe. Ari mu gatsiko kateguye Jenoside ku rwego rw\u2019igihugu afatanyije na Colonel Bagosora Theoneste, Colonel L\u00e9onard Nkundiye, Major Protais Mpiranya, major Aloys Ntabakuze n\u2019abandi. Bivugwa ko yaba yaraguye mu mashyamba ya Kongo. Muri Jenoside Col. Baransaritse Laurent yagaragaye ayobora kandi agakurikirana iyicwa ry\u2019abatusi mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK). Yasabiye bamwe mu bakozi bo muri CHUK ko bahabwa imbunda zikabikwa mu bitaro imbere. Yakoranaga bya hafi na Dr Ntezayabo Benoit n\u2019umuforomokazi Ndayambaje Sitefaniya.<\/p>\n<p>? Dr Col. Mugemanyi Froduald<\/p>\n<p>Akomoka muri Komini Mudasomwa ku Gikongoro, mu Karere ka Nyamagabe. Yagize uruhare mu bikorwa bya Jenoside i Kanombe. Mu buhungiro muri Kongo, ari mu bashinze umutwe witwara gisilikare wari ugamije gukomeza Jenoside no gutera u Rwanda. Yarasiwe mu bacengezi ahahoze ari Komini Nyarutovu.<\/p>\n<p><strong>Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal<\/strong><\/p>\n<p>? Dr Ndarihoranye Jean-Baptiste <\/p>\n<p>Avuka mu yahoze ari Komini Giciye (Gisenyi). Yabaye Minisitiri w\u2019Ubuzima muri Guverinoma yagiyeho ku wa 30\/12\/1991 iyobowe na Minisitiri w\u2019Intebe Sylvestre Nsanzimana. Muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, Dr Ndarihoranye yari umuyobozi mukuru w\u2019ibitaro byitiriwe umwami Faycal (King Faycal Hospital) biri ku Kacyiru. Yahawe kuyobora ibi bitaro kugira ngo bibe akarima kihariye ka MRND na CDR kuko amasezerano ya Arusha yahaga FPR \u2013 Inkotanyi Minisiteri y\u2019ubuzima. Yatwarwaga n\u2019umusederi Ingabire Alphonse Marie alias Katumba, yaje kumugira ushinzwe imodoka z\u2019ibitaro (chef du charroi). Dr Ndarihoranye yicishije abarwayi anakomereza ubwicanyi ku Gisenyi. Yahungiye mu gihugu cy\u2019Ububiligi.<\/p>\n<p><strong>Abaforomo n\u2019abandi bakozi<\/strong><\/p>\n<p>? Murengezi Gabriel <\/p>\n<p>Ni mwene Mbyaliyehe Gabriel, umucuruzi wo hambere mu Mujyi wa Kigali akaba na konseye wa Nyarugenge warezwe ibyaha bya Jenoside. Murengezi yavukiye mu mugi rwagati muri 1968, yiga mu Ishuri ry\u2019abafasha b\u2019abaganga rya Kigali (EAM) aharangiza muri 1990. Yakoze muri farumasi yitwaga SODEPHAR no mu yitwaga RAMJI. Yayoboraga agatsiko k\u2019Interahamwe zikomeye zayogoje Umujyi wa Kigali, cyane cyane ahitwa \u201cQuartier commercial\u201d no mu nkengero zayo kitwaga \u201csagesse\u201d. Yabaye interahamwe yamamaye mu bikorwa byinshi bibi yafatanyaga na bagenzi be, birimo no gusambanya ku gahato abakobwa b\u2019Abatutsikazi.<\/p>\n<p>Yafashwe tariki 12\/10\/1994 agezwa muri gereza ya Kigali (yitwaga Prison Centrale de Kigali\/ PCK). Kuwa 06\/01\/1995, Inteko Gacaca ya Gikondo yamukatiye igihano cya burundu y\u2019umwihariko, nyuma muri 2010 Inteko ya Rwamagana imukatira igihano cyo gufungwa burundu.<\/p>\n<p>? Ndayambaje Sitefaniya<\/p>\n<p>Yari umuforomokazi mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK). Yavukiye i Gihinga mu Karere ka Rutsiro muri 1944 akavukana n\u2019umugore wa Colonel Rwagafirita Petero Selesitini wabaye Umugaba Mukuru Wungirije wa Jandarumori (Chef d\u2019Etat Major adjoint) igihe kirekire. Ni we wari umuyobozi w\u2019abaforomo n\u2019abaforomokazi muri CHUK (Nursing) akaba n\u2019umuyoboke w\u2019Ishyaka riharanira Demokarasi rya Gikristu (PDC).<\/p>\n<p>Yagize uruhare mu iyicwa rya bagenzi be b\u2019abakozi b\u2019abatutsi n\u2019abarimu bo mu Ishuri rya Lyc\u00e9e Notre Dame des Citeaux i Kigali. Yakoranaga n\u2019abasilikare barindaga CHUK akabaha lisiti z\u2019abatutsi nyuma bakicwa. Ibyaha yamahijwe na Gacaca ni ibi: ubufatanyacyaha mu gukora lisiti z\u2019abatutsi bazicwa, gushinyagurira abatutsi abizi neza ko bahigwaga, kujya mu bitero byahigaga Abatutsi muri CHUK, kwicisha umukobwa wari wasizwe muri CHUK n\u2019ababikira. Ku wa 07\/10\/2009 Urukiko rw\u2019Umurenge wa Nyarugenge rwamuhanishije igifungo cy\u2019imyaka mirongo itatu (30). Yaguye muri gereza.<\/p>\n<p>? Bananeza Marie Jos\u00e9e <\/p>\n<p>Akomoka muri Komini Bulinga (Gitarama). Yicishije abatutsi b\u2019abarwayi, abakozi ba CHUK n\u2019abahahungiye. Hamwe na Mukakabera Edith na Philomene Mukandamage bari bagize itsinda ryazengurukaga ibitanda byose by\u2019abarwayi bababaza indangamuntu bityo bagakora lisiti bashyikirizaga abasirikare.<\/p>\n<p>? Karuhije Emmanuel <\/p>\n<p>Akomoka muri perefegiyura ya Gisenyi. Nawe yakoraga muri CHUK ari umutekinisiye muri radiographie. Yicishije Abatutsi benshi mu bitaro bya Kigali ndetse mu guhunga akomereza ubwicanyi bwe iwabo i Gisenyi. Yakatiwe igihano cya burundu.<\/p>\n<p><strong>Ikigo Nderabuzima cya Kayanga, Gasabo<\/strong><\/p>\n<p>? Kamanzi Etienne <\/p>\n<p>Yakoraga mu kigo nderabuzima cya Kayanga, ni mu Karere ka Gasabo. Yavukiye mu cyahoze ari komini Gikomero muri 1953, ubu ni mu Karere ka Gasabo. Ni umuforomo wize muri Groupe Scolaire i Butare aho yarangirije amashuri yisumbuye muri 1976. Mbere yo gukora muri komini Gikomero yakoze no mu bigo nderabuzima bya Karama mu Karere ka Bugesera na Rubona mu Karere ka Rwamagana. Muri 1994 yahungiye i Muhondo (Shyorongi) ntiyasubira aho yakoreraga ariko muri Mutarama 1995 arafatwa afungirwa ibyaha bya Jenoside. Yakatiwe n\u2019Inteko ya Jabana muri 2005 igihano cya burundu ahamwe n\u2019ubwicanyi bwakorewe kuri Centre de Sante ya Kayanga no mu nkengero zayo. Afungiye muri gereza ya Rwamagana.<br \/>\nIkigo nderabuzima cya Butamwa, Nyarugenge<\/p>\n<p>? Dusabe Tereza<\/p>\n<p>Uyu mugore muri 1994 yari umubyaza (accoucheuse) kuri Centre de Sante ya Butamwa mu Karere ka Nyarugenge, akaba ari nyina wa Ingabire Victoire Umuhoza. Dusabe Tereza yafatanyije na Burugumesitiri wa Komini Butamwa gutegura no kuyobora inama zose zateguraga kugaba ibitero ku batutsi. Ubuhamya bwatangiwe mu rukiko Gacaca rwa Mageragere bwerekanye ko Dusabe Tereza bamwitaga \u201cmuganga w\u2019urupfu\u201d kubera ubugome bwe. Dusabe Tereza yishe ahereye ku bagore batwite b\u2019abatutsikazi, akurikizaho impinja yicaga azikubita ku rukuta. Muri 2009 Inkiko Gacaca zamukatiye igifungo cya burundu nyuma yo kumuhamya iyicarubozo yakoreraga Abatutsikazi bajyaga kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Butamwa.<\/p>\n<p>Ingabire Victoire Umuhoza wiyita umunyapolitiki, ariko mu by\u2019ukuri akaba yarahamijwe n\u2019inkiko ibyaha bikomeye birimo icy\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside, yageze mu Rwanda muri 2010 avuye mu Buholandi, abazwa n\u2019ikinyamakuru \u00ab The East African \u00bb, icyo avuga ku bihano byatanzwe n\u2019Inkiko Gacaca, Ingabire asubiza ko atemera Gacaca, ngo kuko ikorwamo n\u2019abantu badafite ubushobozi. Ngo abacamanza yemera ni ab\u2019Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda rwakoreraga Arusha. Abajijwe kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n\u2019uruhare rwa nyina rwo kuba yarahamijwe icyaha cyo kwica Abatutsi, Ingabire yarasetse asubiza umunyamukuru ngo: \u201cHashize imyaka 16 ikozwe abantu bakwiye kujya muri Demokarasi.\u201d<\/p>\n<p>Uburemere bw\u2019ibyaha biri kuri uru rutonde burerekana ko mu bari bashinzwe kuvura abantu batatiye igihango cy\u2019umwuga wabo. Rurerekana kandi n\u2019ukuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye icyaha ndengakamere aho abaganga n\u2019abaforomo bareka umwuga wabo wo kurengera ubuzima bagahitamo kwica.<\/p>\n<p>Muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana Abatutsi barenga miliyoni, CNLG irasaba ibihugu bicumbikiye aba baganga n\u2019abaforomo bakoze Jenoside, kandi bikaba byarabahaye akazi ko kuvura, ko bahagarikwa ku murimo wo kuvura, bakavanwa ku rutonde rw\u2019abaganga n\u2019abaforomo bemerewe gukora umwuga wo kuvura kandi bagashyikirizwa ubutabera mu gihe cya vuba.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa na bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, benshi muri abo baganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zisaba kubashakisha bagashyikirizwa ubutabera, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-24028","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abakozi bo mu nzego z&#039;ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abakozi bo mu nzego z&#039;ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa na bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, benshi muri abo baganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zisaba kubashakisha bagashyikirizwa ubutabera, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-05-17T17:03:28+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"14 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali\",\"datePublished\":\"2020-05-17T17:03:28+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028\"},\"wordCount\":2714,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028\",\"name\":\"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-05-17T17:03:28+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=24028#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali - BWIZA","og_description":"Mu bitaro no mu bigo nderabuzima binyuranye byo mu Rwanda, hiciwe Abatutsi benshi, bicwa nabi kandi byose bitegurwa na bamwe mu baganga, abaforomo n\u2019abandi bakozi b\u2019ibitaro n\u2019amavuriro bari mu buyobozi bwabyo. Nyuma ya Jenoside, benshi muri abo baganga bakoze Jenoside batorotse ubutabera. Kuri bamwe muri bo Urwego Rukuru rw\u2019Ubushinjacyaha rwatanze impapuro zisaba kubashakisha bagashyikirizwa ubutabera, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2020-05-17T17:03:28+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"14 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali","datePublished":"2020-05-17T17:03:28+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028"},"wordCount":2714,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=24028#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028","name":"Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-05-17T17:03:28+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=24028"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=24028#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abakozi bo mu nzego z&#8217;ubuzima bakoreye Jenoside muri Kigali"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/24028","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=24028"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/24028\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=24028"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=24028"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=24028"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}