{"id":25867,"date":"2020-07-14T22:30:00","date_gmt":"2020-07-14T22:30:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/07\/14\/maj-sankara-yabwiye-urukiko-ko-yabatijwe-mu-idini-ry-ibigarasha-rikamukoraho\/"},"modified":"2020-07-14T22:30:00","modified_gmt":"2020-07-14T22:30:00","slug":"maj-sankara-yabwiye-urukiko-ko-yabatijwe-mu-idini-ry-ibigarasha-rikamukoraho","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867","title":{"rendered":"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu &#8216;idini ry&#8217;Ibigarasha&#8217; rikamukoraho"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Callixte Nsabimana wamenyekanye nka \u201cMajor Sankara\u201d ushinjwa ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba, yahishuye ko yaguye mu mutego w&#8217;abazwi nk &#8220;Ibigarasha&#8221; bikarangira abatijwe mu idini yabo.<\/strong><\/p>\n<p>Yabitangaje ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga ubwo yitabiraga iburanisha mu rukiko Rukuru mu rugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza. Maj. Nsabimana yemeye ibyaha byinshi ashinjwa anabisabira imbabazi.<\/p>\n<p>Uyu mugabo w&#8217;imyaka 38 y&#8217;amavuko yavuze ko mu 2013 ari bwo yageze muri Afurika y\u2019Epfo afite gahunda yo kwiga amategeko, ahahurira n\u2019abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda bibumbiye muri RNC batangira kumwumvisha uburyo abasirikare bakomeye n\u2019abayoboke ba FPR bemera Gen. Kayumba kuruta Perezida Kagame, kandi ko bari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi buriho.<\/p>\n<p>Nsabimana wakunze kwiregura akoresha imvugo zikururura amarangamutima, mu byaha ashinjwa harimo icyo gucengeza amatwara yangisha u Rwanda mu bihugu by&#8217;amahanga. Kuri iki cyaha yavuze ko kuri we yumva ari umunyacyaha ruharwa, yemeza ko yabitewe no kubatizwa mu idini ya RNC y&#8217;Ibigarasha.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Ni byo rwose kuri iki cyaha ho ndi ruharwa kuko nabikoze imyaka itandatu. Nagiye muri RNC ndabatizwa muri iryo dini ry\u2019ibigaragasha, [gucengeza amatwara] nabikoze ku maradiyo menshi atandukanye.&#8221;<\/p>\n<p><strong>Ibigarasha ni ba nde?<\/strong><\/p>\n<p>Kumva Sankara uvuga ko Ibigarasha bifite idini ntawe bitatera amatsiko yo kumenya neza imigirire n\u2019imyemerere y\u2019abayoboke b\u2019iryo dini, na cyane ko mu gihe amaze aburana ku byaha bitandukanye birimo kurema umutwe witwaje intwaro hari amazina yakunze kugarukaho.<\/p>\n<p>Ijambo \u2019Ikigarasha\u2019 cyangwa \u2019Ibigarasha\u2019 rizwi cyane mu bakina amakarita, rigasobanura inka zifite agaciro hafi ya ntako, ku buryo nta musanzu na busa zatanga mu gutsinda umukino. <\/p>\n<p>Muri Politiki ryakoreshejwe ubwo Faustin Kayumba Nyamwasa yari amaze guhunga igihugu, rigasobanura &#8220;abarwanya leta&#8221; cyangwa abakunze kwitwa &#8220;abanzi b\u2019igihugu&#8221;.<\/p>\n<p>Ikigarasha nk\u2019ikarita ifite amanota ya hafi ya ntayo, ntaho gitandukaniye n\u2019umwanzi ku buryo ushishoje wasanga ari amagambo afite icyo ahuriyeho. Ikigarasha ushatse wanacyita umugome, kubera ko we n\u2019umwanzi bombi bahora bashaka kugira nabi gusa.<\/p>\n<p>Umuntu yakwerura akavuga ko Ibigarasha ari abantu bari hanze batifuriza u Rwanda amahoro, n\u2019ubwo nta wahakana ko no mu gihugu imbere bishobora kuba byarivanzemo.<\/p>\n<p><strong>Abategetsi batera inkunga ibigarasha ngo bihirike ubutegetsi bw\u2019u Rwanda bo si ibigarasha?<\/strong><\/p>\n<p>Sankara yahishuriye urukiko ko &#8220;Zambia yahaye FLN 150,000$ biciye ku bucuti Perezida wayo Edgar Lungu yari afitanye na Paul Rusesabagina&#8221;, nk\u2019inkunga yageneye uriya mutwe mu bitero bitandukanye wagabye ku Rwanda.<\/p>\n<p>Yavuze ko muri 2018 uwo mutegetsi yari afite gahunda yo guha uriya mutwe inkunga ya miliyoni imwe y&#8217;Amadorali y&#8217;Amerika, gusa akaza gukomwa mu nkokora no kuba Perezida Kagame yari umuyobozi w&#8217;Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, ibyatumye agira amakenga y&#8217;uko umugambi we ushobora kumenyekana.<\/p>\n<p>Perezida Lungu si we mutegetsi wenyine Major Sankara wahoze ari umuvugizi wa FLN yashyize mu majwi, dore ko no mu minsi yatambutse yemeye imikoranire n\u2019abasirikare bakomeye mu bihugu by\u2019u Burundi na Uganda, mu nyungu z\u2019umutwe w\u2019inyeshyamba yavugiraga.<\/p>\n<p>Abavuzwe na Nsabimana ni Major Bertin alias Moses ukora mu butasi bw\u2019u Burundi na Colonel Kanyemera na we wo mu gisirikare cy\u2019icyo gihugu.<\/p>\n<p>Havuzwe kandi Maj. Gen. Abel Kandiho uyobora Urwego rw\u2019Ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI), na Captain Sande Charles wo muri UPDF.<\/p>\n<p>Si bwo bwa mbere abategetsi b\u2019ibyo bihugu bari bashyizwe mu majwi n\u2019abarwanya u Rwanda.<\/p>\n<p>Nkaka Ignace ari hamwe na Nsekanabo Jean Pierre uzwi nka Lt Col Theophile Camara bahoranye mu mutwe wa FDLR na wo ufite umugambi wo guhirika ubutegetsi bw\u2019u Rwanda, na bo bemereye ubutabera bw\u2019u Rwanda imikoranire na bamwe mu bategetsi ba Uganda, dore ko banatabwa muri yombi n\u2019igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ari yo bari bavuye mu rwego rwo kunoza imikoranire na RNC babifashijwemo na Kampala.<\/p>\n<p>Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na we yigeze kwandikira Perezida Kagame amuhishurira iby\u2019umuhuro we na Charlotte Mukankusi ushinzwe Dipolomasi muri RNC, mbere yo kumuha Passeport ya Uganda yaje kwamburwa mu minsi yashize.<\/p>\n<p>Nkaka na Nsekanabo izina bemereye urukiko mu kubafasha mu mupangu wabo ni Philemon Mateke, Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe ubutwererane n\u2019akarere.<\/p>\n<p>Abo bagabo bombi kimwe na Nsabimana, banemeye imikoranire n\u2019umutwe wa RNC uyobowe n\u2019abafatwa nk\u2019ibigarasha bikuru.<\/p>\n<p>Umunyarwanda ati: &#8220;Mbwira uwo ugendana na we ndamenya uwo uri we.&#8221;<\/p>\n<p>Nawe se niba umutegetsi w\u2019igihugu runaka atera inkunga ibigarasha ngo bafatanye guhirika ubutegetsi bw\u2019u Rwanda, ubwo we uwamwita Ikigarasha yaba ateye Ingoma icumu? Ubu yaba aciye inka amabere Koko? Nta gushidikanya ko abategetsi nkabo ari ibigarasha mu bindi ndetse bo bakaba ari ibya rutura.<\/p>\n<p>Bene abo na bo ni abanzi b\u2019igihugu, abanzi b\u2019iterambere, ubusugire n\u2019umutekano by\u2019Abanyarwanda.<\/p>\n<p><strong>Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka<\/strong><\/p>\n<p>Icyiza Abanyarwanda bemera ni ko &#8220;Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka&#8221;, bigatanga icyizere cy\u2019uko ibigarasha uko byangana kose bizarwanwa kandi bigatsindwa, mu gihe cyose Umunyarwanda azemera kutumva amabwire ahubwo akagendera ku murongo w\u2019imiyoborere y\u2019igihugu.<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Callixte Nsabimana wamenyekanye nka \u201cMajor Sankara\u201d ushinjwa ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba, yahishuye ko yaguye mu mutego w&#8217;abazwi nk &#8220;Ibigarasha&#8221; bikarangira abatijwe mu idini yabo. Yabitangaje ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga ubwo yitabiraga iburanisha mu rukiko Rukuru mu rugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza. Maj. Nsabimana yemeye ibyaha [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-25867","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu &#039;idini ry&#039;Ibigarasha&#039; rikamukoraho - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu &#039;idini ry&#039;Ibigarasha&#039; rikamukoraho - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Callixte Nsabimana wamenyekanye nka \u201cMajor Sankara\u201d ushinjwa ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba, yahishuye ko yaguye mu mutego w&#8217;abazwi nk &#8220;Ibigarasha&#8221; bikarangira abatijwe mu idini yabo. Yabitangaje ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga ubwo yitabiraga iburanisha mu rukiko Rukuru mu rugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza. Maj. Nsabimana yemeye ibyaha [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-07-14T22:30:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu &#8216;idini ry&#8217;Ibigarasha&#8217; rikamukoraho\",\"datePublished\":\"2020-07-14T22:30:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867\"},\"wordCount\":803,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867\",\"name\":\"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu 'idini ry'Ibigarasha' rikamukoraho - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-07-14T22:30:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=25867#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu &#8216;idini ry&#8217;Ibigarasha&#8217; rikamukoraho\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu 'idini ry'Ibigarasha' rikamukoraho - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu 'idini ry'Ibigarasha' rikamukoraho - BWIZA","og_description":"Callixte Nsabimana wamenyekanye nka \u201cMajor Sankara\u201d ushinjwa ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba, yahishuye ko yaguye mu mutego w&#8217;abazwi nk &#8220;Ibigarasha&#8221; bikarangira abatijwe mu idini yabo. Yabitangaje ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga ubwo yitabiraga iburanisha mu rukiko Rukuru mu rugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n\u2019ibyambukiranya imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza. Maj. Nsabimana yemeye ibyaha [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2020-07-14T22:30:00+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu &#8216;idini ry&#8217;Ibigarasha&#8217; rikamukoraho","datePublished":"2020-07-14T22:30:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867"},"wordCount":803,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=25867#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867","name":"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu 'idini ry'Ibigarasha' rikamukoraho - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-07-14T22:30:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=25867"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=25867#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Maj. Sankara yabwiye urukiko ko yabatijwe mu &#8216;idini ry&#8217;Ibigarasha&#8217; rikamukoraho"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/25867","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=25867"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/25867\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=25867"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=25867"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=25867"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}