{"id":26640,"date":"2020-08-08T09:58:17","date_gmt":"2020-08-08T09:58:17","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/08\/08\/amagambo-atoroshye-ya-museveni-na-ndayishimiye-ku-rwanda-mu-cyumweru-kimwe\/"},"modified":"2020-08-08T09:58:17","modified_gmt":"2020-08-08T09:58:17","slug":"amagambo-atoroshye-ya-museveni-na-ndayishimiye-ku-rwanda-mu-cyumweru-kimwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640","title":{"rendered":"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Mu minsi itatu gusa y\u2019iki cyumweru, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Evariste Ndayishimiye w\u2019u Burundi batangaje amagambo yafatwa ko \u2018atoroshye\u2019 ku Rwanda, aya akaba yerekana ko kubana neza n\u2019iki gihugu (u Rwanda) byari byitezwe bishobora kuba biri kure nk\u2019ukwezi [niba atari ibya politiki bitungurana buri kanya].<\/strong><\/p>\n<p>Tariki ya 4 Kanama 2020, Perezida Museveni uyoboye Uganda imyaka 34 yandikiye abayobozi b\u2019uturere abicishije kuri Minisitiri muri Perezidansi, Hon. Esther Mbayo, abatuma kubuza Abagande kongera kugenderera u Rwanda.<\/p>\n<p>Impamvu yatumye Museveni atanga ubu butumwa, ngo ni abacuruzi ba magendu baturuka muri Uganda bakaraswa n\u2019inzego z\u2019umutekano z\u2019u Rwanda. Kuri we, ngo n\u2019ubwo ubwo bucuruzi buba butemewe, kuraswa si yo nzira yo gukemura iki kibazo. \u201cAbazabikora bagomba kubyirengera\u201d aya ni amagambo ya Museveni mu izina rya Hon. Mbayo.<\/p>\n<p>Hadashize iminsi irenze itatu, kuri uyu wa 6 Kanama 2020 Perezida Ndayishimiye uyoboye u Burundi na we yatangaje andi magambo ku Rwanda, arusaba kohereza Abarundi basize bakoreyeyo ibyaha mu 2015, ibi bigakorwa kugira ngo ibihugu byombi byongere kubana neza.<\/p>\n<p>Yakomozaga ku  ngingo y\u2019ububanyi n\u2019amahanga yakomeje kwitsaho kuva yajya ku butegetsi, agaragaza ko leta y\u2019u Burundi yiteguye kubana n\u2019ibindi bihugu. Gusa kuri uwo munsi hari ibyo yashinje uburyarya [n\u2019ubwo atigeze abivuga mu mazina], avuga no ku bihugu byanze kurekura impunzi zabwo zahunze mu 2015.<\/p>\n<p><strong>Ibi bihugu bisanzwe bifitanye amasinde<\/strong><\/p>\n<p>Ubusanzwe u Rwanda na Uganda ntibibanye neza bitewe n\u2019ibibazo bifite aho bihuriye n\u2019umutekano w\u2019ibihugu  byombi n\u2019abaturage babyo. Guhera muri Nyakanga 2019, byagerageje kungwa n\u2019andi mahanga, haterwa intambwe nziza zirimo kurekura abaturage bari bafungiwe mu gihugu n\u2019ikindi nyuma yo guhagarikirwa ibirego no kurangiza ibihano.<\/p>\n<p>Ifungwa ry\u2019Abanyarwanda muri Uganda ni ingingo ikomeye yateje umwuka mubi hagati ya Uganda n\u2019u Rwanda. Hari kandi kuba u Rwanda rushinja Uganda gufasha imitwe irurwanya nka RNC, ibyo Uganda yabihakanye kenshi. <\/p>\n<p>Ku Burundi, umwuka mubi hagati yabwo n\u2019u Rwanda wazamutse mu 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamariza kuyobora igihugu, manda 2015-2020. Icyo gihe igihugu cyabayemo imvururu, habamo ibikorwa by\u2019ubwicanyi, icyabaye nk\u2019igikomeye cyane ni uko Gen. Godefroid Niyombare yageregeje guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza.<\/p>\n<p>Ntihazibagirana umubare munini w\u2019Abarundi babarirwa mu 430,000 bahungiye mu bihugu bahana imbibi nabyo, cyane nk\u2019u Rwanda rwakiriye abarenga 72,000 nk\u2019uko ishami ry\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryabitangaje.<\/p>\n<p>Guverinoma y\u2019u Burundi yemeza ko mu bahunze mu 2015 harimo abagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza, tariki ya 13 Gicurasi 2015 bayobowe na Gen. Niyombare. Aba bose bivugwa ko bakiriho, u Rwanda rugashinjwa kuba rucumbikiye bamwe.<\/p>\n<p><strong>Icyizere cy\u2019umubano mwiza gisa n\u2019ikiyoyoka<\/strong><\/p>\n<p>Mu gihe hari icyizere cy\u2019uko Uganda n\u2019u Rwanda byakongera kubana neza bitewe n\u2019intambwe impande zombi zamaze gutera, byari byitezwe ko ubutegetsi bushya bw\u2019u Burundi nabwo bwagendera muri uyu mujyo, bugakora igishoboka cyose igihugu buyoboye kikongera kikabana neza n\u2019u Rwanda, cyane ko na Perezida Kagame yigeze kugaragaza ko amarembo afunguye.<\/p>\n<p>Kuba Perezida Museveni yabujije Abagande kugera mu Rwanda bitewe n\u2019uko \u2018baraswa\u2019 nk\u2019uko yabitangaje, byaba bisa no kuzura akaboze kuko iki kibazo kiri mu byari mu nzira yo gushakirwa umuti, cyiyongera muri za ntambwe zatewe hubahirizwa amasezerano ya Angola yo muri Kanama 2019, agamije kunga ibihugu byombi. <\/p>\n<p>Perezida Ndayishimiye na we arasaba u Rwanda abasize bakoreye ibyaha mu Burundi, mu gihe Guverinoma y\u2019u Rwanda nayo yagiye igaragaza ko abo icumbikiye ari impunzi, kandi ubusanzwe mu mategeko arengera impunzi azemerera kuba mu gihugu zumva zitekaniyemo. Guverinoma y\u2019u Rwanda iramutse izohereje ku ngufu (zitabyifuza), yaba itubahirije uburenganzira bwazo, bikaba nk\u2019uko byavuzwe kuri Tanzania.<\/p>\n<p>Amagambo ya Museveni yagereranwa no gushaka kwica ku Rwanda burundu, ubusabe bwa Evariste Ndayishimiye bukaba bwagereranwa n\u2019amananiza; byose bikayoyora icyizere Abanyarwanda, Abarundi n\u2019Abagande bari bafite cy\u2019uko bakongera kugenderana, guhahirana no gusabana.<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu minsi itatu gusa y\u2019iki cyumweru, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Evariste Ndayishimiye w\u2019u Burundi batangaje amagambo yafatwa ko \u2018atoroshye\u2019 ku Rwanda, aya akaba yerekana ko kubana neza n\u2019iki gihugu (u Rwanda) byari byitezwe bishobora kuba biri kure nk\u2019ukwezi [niba atari ibya politiki bitungurana buri kanya]. Tariki ya 4 Kanama 2020, Perezida Museveni uyoboye [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,131],"class_list":["post-26640","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu minsi itatu gusa y\u2019iki cyumweru, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Evariste Ndayishimiye w\u2019u Burundi batangaje amagambo yafatwa ko \u2018atoroshye\u2019 ku Rwanda, aya akaba yerekana ko kubana neza n\u2019iki gihugu (u Rwanda) byari byitezwe bishobora kuba biri kure nk\u2019ukwezi [niba atari ibya politiki bitungurana buri kanya]. Tariki ya 4 Kanama 2020, Perezida Museveni uyoboye [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-08-08T09:58:17+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe\",\"datePublished\":\"2020-08-08T09:58:17+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640\"},\"wordCount\":622,\"commentCount\":22,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640\",\"name\":\"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-08-08T09:58:17+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26640#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe - BWIZA","og_description":"Mu minsi itatu gusa y\u2019iki cyumweru, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Evariste Ndayishimiye w\u2019u Burundi batangaje amagambo yafatwa ko \u2018atoroshye\u2019 ku Rwanda, aya akaba yerekana ko kubana neza n\u2019iki gihugu (u Rwanda) byari byitezwe bishobora kuba biri kure nk\u2019ukwezi [niba atari ibya politiki bitungurana buri kanya]. Tariki ya 4 Kanama 2020, Perezida Museveni uyoboye [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-08-08T09:58:17+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe","datePublished":"2020-08-08T09:58:17+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640"},"wordCount":622,"commentCount":22,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=26640#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640","name":"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-08-08T09:58:17+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=26640"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26640#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/26640","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=26640"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/26640\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=26640"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=26640"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=26640"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}