{"id":26694,"date":"2020-08-09T14:42:46","date_gmt":"2020-08-09T14:42:46","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/08\/09\/gukurwaho-kw-inteko-y-ururimi-n-umuco-byaba-bishyira-ikinyarwanda-mu-marembera\/"},"modified":"2020-08-09T14:42:46","modified_gmt":"2020-08-09T14:42:46","slug":"gukurwaho-kw-inteko-y-ururimi-n-umuco-byaba-bishyira-ikinyarwanda-mu-marembera","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694","title":{"rendered":"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera?"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Itegeko No. 01\/2010 ryo ku wa 29\/01\/2010 ni ryo ryashyizeho Inteko Nyarwanda y\u2019Ururimi n\u2019Umuco (RALC), rigena inshingano, imiterere n\u2019imikorere yayo nk\u2019uko bigaragara mu igazeti ya leta y\u2019u Rwanda yo ku wa 05\/02\/2010.<\/strong><\/p>\n<p>Tariki ya 3 Kanama 2020, Inteko ishinga amategeko yatoye itegeko rikuraho iri tegeko, ryemejwe bidasubirwaho na Komisiyo ibishinzwe muri iyi nteko, byemezwa ko iyi nteko ihuzwa n\u2019ibindi bigo bitatu bifite inshingano zo guteza imbere umuco, ururimi n\u2019amateka.<\/p>\n<p>Ibyo bigo bindi ni icy\u2019Ingoro Ndangamurage z\u2019igihugu n\u2019Ishyinguranyandiko na Serivisi z\u2019Inkoranyabitabo.<\/p>\n<p>Imwe mu mpamvu zikomeye zatumye abadepite batora iri tegeko, ni ukugira ngo hirindwe isesagura ry\u2019umutungo wa leta nk\u2019uko byemejwe na Minisitiri w\u2019Abakozi ba Leta n\u2019Umurimo, Rwanyindo Fanfan kuri uwo munsi.<\/p>\n<p>Itegeko rishyiraho RALC ryanayihaye inshingano zihariye nk\u2019uko biteganywa n\u2019ingingo ya 5 y\u2019iri tegeko. Izo nshingano zirimo: <\/p>\n<ul>\n<li> Kurengera no guteza imbere ururimi n\u2019umuco, <\/li>\n<li> Gusesengura ururimi n\u2019umuco nyarwanda, <\/li>\n<li> Gushima ibikorwa by\u2019ikirenga mu rwego rw\u2019ururimi n\u2019umuco,<\/li>\n<li> Gutanga inama ibisabwe cyangwa ibibwirije mu byerekeye ururimi n\u2019umuco, <\/li>\n<li> Gufata ibyemezo mu byerekeye ururimi n\u2019umuco,<\/li>\n<li> Kugaragaza imiterere y\u2019ururimi rw\u2019Ikinyarwanda, <\/li>\n<li> Kuboneza no kurengera ubusugire bw\u2019ururimi mu mvugo n\u2019izindi zitandukanye zijyanye n\u2019ururimi n\u2019umuco nyarwanda.<\/li>\n<\/ul>\n<p><strong>Ibyo RALC yakoze bitazibagirana<\/strong><\/p>\n<p>Iyi nteko ibigizemo uruhare runini, hashyizweho itegeko No. 001\/2014 ryo ku wa 08\/10\/2014 rigenga imyandikire mishya y\u2019Ikinyarwanda. Iyi myandikire yateje impaka n\u2019ubu zitarashira.<\/p>\n<p>Umwanditsi Ntwali John Williams mu nkuru y\u2019ubusesenguzi yanditse mu kinyamakuru IGIHE, yavuze ko iri tegeko risenya ururimi rw\u2019Ikinyarwanda, ati: \u201cHasohowe itegeko ryangiza, rishwanyaguza, rihuhura, rinogonora Ikinyarwanda.\u201d Uyu mwanditsi yabonye ko impamvu yaba yarabiteye ari ubumenyi buke mu rurimi, kutagisha inama inzobere mu rurimi, guhuzagurika n\u2019ibindi.<\/p>\n<p>Yagaragaje ihinduka ryabaye ku myandikire y\u2019amagambo nk\u2019 AMAJYEPFO yahindutse \u2018AMAGEPFO\u2019, UMUJYI ryahindutse UMUGI, ICYIBO, ryahindutse IKIBO, hamwe agaragaza ko hagiye habamo kwivuguruza, ahanini ashingiye ku gicumbi cyangwa umuzi w\u2019amagambo.<\/p>\n<p>RALC izibukirwa ku ruhare yagize mu iremwa ry\u2019amagambo mashya y\u2019Ikinyarwanda yasimbuye ay\u2019indimi z\u2019amahanga yitabwazwaga. Aha ni ho hamenyekaniye amagambo nka: mwandikisho\/keyboard, indahuzo\/chargeur, injombyo\/agrafeuse n\u2019andi.<\/p>\n<p>Izibukirwa kandi kuri gahunda y&#8217;Ikeshamvugo ya &#8216;Ntibavuga, Bavuga&#8217; itambuka mu itangazamakuru, yigisha ikanakosora imivugire y&#8217;amagambo y&#8217;Ikinyarwanda ndetse n&#8217;interuro. Ishingira ahanini ku mivugire itari yo iba yaramenyerewe mu muryango w&#8217;Abanyarwanda. Urugero: Ntibavuga &#8220;Ntago njyayo&#8221;, bavuga &#8220;Ntabwo njyayo.&#8221;<\/p>\n<p>Ibyemezo n\u2019ibitekerezo bya RALC byagiye bikurura impaka hashingiwe ku butumwa bwayo bwaburiraga abahanzi bakora indirimbo ziganisha ku busambanyi cyangwa \u2018ibishegu\u2019 nk\u2019uko byitwa muri iki gihe. Icyo RALC yakunze gukora, ni ubujyanama kuri aba bahanzi n\u2019ubu bagikomeje gukora indirimbo zirimo ubu butumwa, ku bwinshi. <\/p>\n<p>Byageze aho RALC yemeza ko mu gihe abahanzi bazaba bakomeje gusakaza ubu butumwa, izakorana n\u2019izindi nzego zibishinzwe, indirimbo zigahagarikwa.<\/p>\n<p>Hibajijwe uburyo izi ndirimbo zifite bene ubu butumwa zikomeza gushingwaho agati, mu gihe izo mu mahanga bemeza ko ari zo \u2018mbi cyane\u2019 zikomeza gucurangwa mu itangazamakuru. Indi mbogamizi yagaragaye, ni uguhagarika indirimbo yamaze gukwirakwira muri za telefone n\u2019ubundi bubiko by\u2019Abanyarwanda.<\/p>\n<p><strong>Kuvaho kwa RALC bizashyira ururimi rw\u2019Ikinyarwanda mu marembera?<\/strong><\/p>\n<p>Ubusanzwe ururimi rw\u2019Ikinyarwanda, \u201cruhuza Abanyarwanda\u201d nk\u2019uko indirimbo yubahiriza u Rwanda ibivuga, bivugwa ko uri mu marembera. Ibi bishimangirwa n\u2019ubusesenguzi Abadepite baherutse gukora, bagaragaza ko no muri serivisi zireba abavuga uru rurimi gusa, zitanga mu ndimi z\u2019amahanga nk\u2019Icyongereza.<\/p>\n<p>Iki kibazo cyiyongera ku bindi birimo ubushobozi buke bw\u2019abakomeye (bakabaye barengera ururimi) mu kuvuga imbwirwaruhame zitavanze indimi, uwo mwera ugenda ugafata na wa munyarwanda uciye bugufi. <\/p>\n<p>Ikindi kandi, Ikigo cy\u2019Igihugu gishinzwe uburezi, REB, giherutse gutangaza ko abana kuva mu mashuri abanza bagiye kujya biga mu rurimi rw\u2019Icyongereza. Ni gahunda igiye gukuraho iyo kwiga mu Kinyarwanda yari yaragenewe abana bo muri aya  mashuri, kuva mu wa mbere kugera mu wa gatatu, yari igamije gusigasira ururimi kavukire nk\u2019uko byemejwe n\u2019ishami ry\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye ryita ku burezi n\u2019umuco, UNESCO.<\/p>\n<p>Niba ibyo bibazo bimaze igihe biriho, hakaba hari hashyizweho urwego rwihariye rushinzwe kurengera ururimi ariko na rwo rukaba rwarananiwe izi nshingano nk\u2019uko bamwe babivuga, bizagenda bite mu gihe izi nshingano zizaba zometse ku zindi zizafatwa n\u2019ikigo kimwe? <\/p>\n<p>Mu bigaragara nk\u2019uko Minisitiri Rwanyindo yabitangaje tariki ya 3 Kanama, ikigamijwe cyane ni ugucunga neza imari ya leta, gusa ikijyanye no gusigasira uru rurimi kiracyari ikibazo, cyane ko n\u2019Abadepite bagaragaje ko hakiri imbogamizi mu gukemura ibibazo byagaragayemo, mu gihe nta politiki iriho irurengera.<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Itegeko No. 01\/2010 ryo ku wa 29\/01\/2010 ni ryo ryashyizeho Inteko Nyarwanda y\u2019Ururimi n\u2019Umuco (RALC), rigena inshingano, imiterere n\u2019imikorere yayo nk\u2019uko bigaragara mu igazeti ya leta y\u2019u Rwanda yo ku wa 05\/02\/2010. Tariki ya 3 Kanama 2020, Inteko ishinga amategeko yatoye itegeko rikuraho iri tegeko, ryemejwe bidasubirwaho na Komisiyo ibishinzwe muri iyi nteko, byemezwa ko [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-26694","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera? - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera? - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Itegeko No. 01\/2010 ryo ku wa 29\/01\/2010 ni ryo ryashyizeho Inteko Nyarwanda y\u2019Ururimi n\u2019Umuco (RALC), rigena inshingano, imiterere n\u2019imikorere yayo nk\u2019uko bigaragara mu igazeti ya leta y\u2019u Rwanda yo ku wa 05\/02\/2010. Tariki ya 3 Kanama 2020, Inteko ishinga amategeko yatoye itegeko rikuraho iri tegeko, ryemejwe bidasubirwaho na Komisiyo ibishinzwe muri iyi nteko, byemezwa ko [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-08-09T14:42:46+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera?\",\"datePublished\":\"2020-08-09T14:42:46+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694\"},\"wordCount\":726,\"commentCount\":8,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694\",\"name\":\"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera? - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-08-09T14:42:46+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26694#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera? - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera? - BWIZA","og_description":"Itegeko No. 01\/2010 ryo ku wa 29\/01\/2010 ni ryo ryashyizeho Inteko Nyarwanda y\u2019Ururimi n\u2019Umuco (RALC), rigena inshingano, imiterere n\u2019imikorere yayo nk\u2019uko bigaragara mu igazeti ya leta y\u2019u Rwanda yo ku wa 05\/02\/2010. Tariki ya 3 Kanama 2020, Inteko ishinga amategeko yatoye itegeko rikuraho iri tegeko, ryemejwe bidasubirwaho na Komisiyo ibishinzwe muri iyi nteko, byemezwa ko [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-08-09T14:42:46+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera?","datePublished":"2020-08-09T14:42:46+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694"},"wordCount":726,"commentCount":8,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=26694#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694","name":"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera? - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-08-09T14:42:46+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=26694"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26694#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Gukurwaho kw\u2019Inteko y\u2019Ururimi n\u2019Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/26694","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=26694"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/26694\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=26694"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=26694"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=26694"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}