{"id":26708,"date":"2020-08-10T07:58:41","date_gmt":"2020-08-10T07:58:41","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/08\/10\/m7-yasabye-abagande-guhina-akarenge-kerekeza-mu-rwanda-abarundi-bashaka-gutaha\/"},"modified":"2020-08-10T07:58:41","modified_gmt":"2020-08-10T07:58:41","slug":"m7-yasabye-abagande-guhina-akarenge-kerekeza-mu-rwanda-abarundi-bashaka-gutaha","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708","title":{"rendered":"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Icyumweru gishize cyari icya 32 muri 53 bizagira umwaka w\u20192020. Cyatangiye tariki ya 3 kirangira ku ya 9 Kanama 2020. Ni cyo cyizihijwemo umunsi w&#8217;Umuganura tariki ya 7 Kanama, mu buryo butanenyerewe bitewe n&#8217;ingamba zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. <\/p>\n<p>Ntabwo habayeho ubusabane nk&#8217;uko byari bisanzwe ariko abarinzi b&#8217;umuco n&#8217;Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y&#8217;Urubyiruko n&#8217;Umuco, Hon. Bamporiki Edouard batangaje ko hari byinshi byo kuganura bijyanye n&#8217;aho iterambere ry&#8217;igihugu rigeze, nko mu ikoranabuhanga.<\/strong><\/p>\n<p>Bwiza.com amakuru twibandaho mu yaranze icyumweru cya 32 ni aya politiki y\u2019ububanyi n\u2019amahanga, imibereho y\u2019abaturage ndetse n&#8217;umukino w&#8217;umupira w&#8217;amaguru (Football) uyoboye indi yose kuri iyi Isi. Duhere ku bireba u Rwanda mu buryo bwa Politiki:<\/p>\n<p><strong>Amagambo ya Perezida Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda<\/strong><\/p>\n<p>Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yandikiye abayobozi b\u2019uturere muri Uganda, abatuma kubuza abaturage be gusubira mu Rwanda, uwazabirengaho akabyirengera. Mu mpamvu nkuru yagaragaje mu ibaruwa yo ku wa 4 Kanama, uyu Mukuru w\u2019Igihugu yavuze ko ari Abagande baraswa n\u2019abo mu nzego z\u2019umutekano b\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Tariki ya 6 Kanama, Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye u Burundi na we yasabye u Rwanda ko rwamwoherereza Abarundi b\u2019impunzi basize bakoreye ibyaha mu gihugu cyabo, ngo nibitaba ibyo, nta mubano mwiza uzarangwa hagati y\u2019ibihugu byombi. Ni mu gihe u Rwanda rutangaza ko rucumbikiye impunzi z\u2019Abarundi zahunze imvururu zo mu 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yari agiye kwiyamamariza manda 2015-2020.<\/p>\n<p><strong>Meya wa Huye yemeye gusezeranya abo Gitifu yari yarangiye<\/strong><\/p>\n<p>Meya Sebutege Ange tariki ya 5 Kanama yagiranye inama n\u2019abaturage bo mu Mudugudu wa Gahanga akagari ka Rugango, Umurenge wa Mbazi aho bigaga ku kibazo cya Nzindukiyimana Gitifu w\u2019umurenge, Uwimabera Clemence tariki ya 30 Nyakanga yanze gusezeranya bitewe n\u2019imvururu muramu we yari yaraye ateje tariki ya 29.<\/p>\n<p>Uyu muyobozi bitewe n\u2019amakuru yari amaze gukura mu mudugudu wabereyemo izi mvururu, yemeye gusezeranya Nzindukiyimana (wavugaga ko yarenganyijwe) n\u2019umugore we, igihe cyose bifuza mu gihe bazaba babona biteguye.<\/p>\n<p><strong>Abadepite bateye utwatsi icyifuzo cy\u2019amande yajya acibwa abakerewe kwishyura umusanzu w\u2019ubwisungane mu kwivuza<\/strong><\/p>\n<p>Minisiteri y\u2019Imari n\u2019Igenamigambi yari yatanze icyifuzo cy\u2019uko umunyarwanda wakerewe kwishyura umusanzu w\u2019ubwisungane mu kwivuza yajya asabwa kurenzaho amafaranga y\u2019amande hashingiwe ku itegeko No. 03\/2015 ryo ku wa 02\/02\/2015 rigena imitunganyirize y\u2019ubwishingizi mu kwivuza, Inteko irategerezwa kugira ngo itore iri tegeko gusa yabiteye utwatsi, yemeza ko aya mande cyangwa ibihano bigomba kuvaho. Ubukererwe bwo kwishyura uyu musanzu, bwari buzajya butangira kubarwa guhera tariki ya 1 Mutarama buri mwaka.<\/p>\n<p><strong>Impunzi z\u2019abarundi zanditse zisaba gutaha zasubijwe<\/strong><\/p>\n<p>Impunzi z\u2019Abarundi 331 ziba mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe mu Rwanda, tariki ya 26 Nyakanga 2020 zari zarandikiye Perezida wazo, Evariste Ndayishimiye zarasubijwe, igisigaye kikaba ari ukuzifasha kugera iwabo.<\/p>\n<p>Guverinoma y\u2019u Rwanda binyuze muri Minisiteri y\u2019Ubutabazi yatangaje ko yiteguye kuzifasha gutaha mu gihe zifite ubushake, ndetse na Guverinoma y\u2019u Burundi kuri uyu wa 8 Kanama binyuze ku Munyamabanga Mukuru, Prosper Ntahorwamiye yemeye kuzifasha nk\u2019uko yafashije izindi gutaha. <\/p>\n<p><strong>MU MIKINO<\/strong><\/p>\n<p>Mu Rwanda inkuru yari itegerejwe cyane ni iy\u2019igurwa rya rutahizamu mu mupira w\u2019amaguru, Hakizimana Muhadjiri byari byitezwe mu gihe kirekire ko yerekeza muri Rayon Sports gusa byarangiye tariki ya \u2026 asinyiye A.S Kigali, ibi bikaba byarakuruye umwuka mubi hagati y\u2019umuyobozi wa Rayon Sports, Sadate Munyakazi n\u2019abakunzi b\u2019iyi kipe, bamushinja kuba umunyabinyoma, ubizeza ibitangaza ntabisohoze.<\/p>\n<p>Mu irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza muri shampiyona z\u2019ibihugu, UEFA Champions League mu cyiciro cya 1\/8, amakipe akomeye nka Real Madrid yo muri Esipanye na Juventus yo mu Butaliyani yarasezerewe. <\/p>\n<p>Aya makipe yakinnye tariki ya 7 Kanama, Manchester City itsinda Real Madrid ibitego 2-1, iyisezerera ku giteranyo cy\u2019ibitego 4-2. Ni mu gihe kandi Juventus yakinaga na Olympique Lyonais, iyitsinda ibitego 2-1 ariko iyi kipe yo mu Bufaransa izamukira ku gitego kimwe yatsindiye ku kibuga cyo hanze, kuko mu mukino ubanza, iyi kipe yari yaratsinze Juventus igitego 1-0.<\/p>\n<p>Ni mu gihe kandi kuri uyu wa 8 Kanama, FC Barcelona yo muri Esipanye yasezereraga Napoli yo mu Butaliyani, iyitsinze ibitego 3-1, igiteranyo kingana n\u2019ibitego 4-2. Bayern M\u00fcnchen yo mu Budage nayo yasezereye Chelsea yo mu Bwongereza, iyitsinze ibitego 4-1, igiteranyo kiba ibitego 7-1.<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Icyumweru gishize cyari icya 32 muri 53 bizagira umwaka w\u20192020. Cyatangiye tariki ya 3 kirangira ku ya 9 Kanama 2020. Ni cyo cyizihijwemo umunsi w&#8217;Umuganura tariki ya 7 Kanama, mu buryo butanenyerewe bitewe n&#8217;ingamba zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ntabwo habayeho ubusabane nk&#8217;uko byari bisanzwe ariko abarinzi b&#8217;umuco n&#8217;Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y&#8217;Urubyiruko [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,133],"class_list":["post-26708","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-business-today"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Icyumweru gishize cyari icya 32 muri 53 bizagira umwaka w\u20192020. Cyatangiye tariki ya 3 kirangira ku ya 9 Kanama 2020. Ni cyo cyizihijwemo umunsi w&#8217;Umuganura tariki ya 7 Kanama, mu buryo butanenyerewe bitewe n&#8217;ingamba zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ntabwo habayeho ubusabane nk&#8217;uko byari bisanzwe ariko abarinzi b&#8217;umuco n&#8217;Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y&#8217;Urubyiruko [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-08-10T07:58:41+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru\",\"datePublished\":\"2020-08-10T07:58:41+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708\"},\"wordCount\":690,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Business Today\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708\",\"name\":\"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-08-10T07:58:41+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=26708#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru - BWIZA","og_description":"Icyumweru gishize cyari icya 32 muri 53 bizagira umwaka w\u20192020. Cyatangiye tariki ya 3 kirangira ku ya 9 Kanama 2020. Ni cyo cyizihijwemo umunsi w&#8217;Umuganura tariki ya 7 Kanama, mu buryo butanenyerewe bitewe n&#8217;ingamba zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ntabwo habayeho ubusabane nk&#8217;uko byari bisanzwe ariko abarinzi b&#8217;umuco n&#8217;Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y&#8217;Urubyiruko [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-08-10T07:58:41+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru","datePublished":"2020-08-10T07:58:41+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708"},"wordCount":690,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Business Today"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=26708#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708","name":"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-08-10T07:58:41+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=26708"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=26708#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/26708","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=26708"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/26708\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=26708"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=26708"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=26708"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}