{"id":270023,"date":"2026-06-26T16:10:59","date_gmt":"2026-06-26T14:10:59","guid":{"rendered":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023"},"modified":"2026-06-26T16:10:59","modified_gmt":"2026-06-26T14:10:59","slug":"u-rwanda-na-rdc-bimaze-kubahiriza-%e2%85%93-cyibyo-byiyemereje-i-washington-gusa-raporo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023","title":{"rendered":"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy&#8217;ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo"},"content":{"rendered":"<p>Nyuma y&#8217;umwaka umwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisinyanye amasezerano y&#8217;amahoro yashyiriweho umukono i Washington, ayo masezerano akomeje kudindira ndetse hari n&#8217;impungenge z&#8217;uko ashobora kurangirira mu &#8220;bukerarugendo bwa dipolomasi&#8221;.<\/p>\n<p>Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Minisitiri w&#8217;Ububanyi n&#8217;Amahanga w&#8217;u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Th\u00e9r\u00e8se Wagner Kayikwamba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashyize umukono kuri ariya masezerano, mu muhango wayobowe n&#8217;Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n&#8217;Amahanga, Marco Rubio.<\/p>\n<p>Byari mbere y&#8217;uko ku wa 4 Ukuboza 2025, ba Perezida Paul Kagame na F\u00e9lix Tshisekedi na bo bayashyiraho umukono, mu muhango wayobowe na Perezida Donald Trump.<\/p>\n<p>Aya masezerano yari yitezweho gushyira iherezo ku ntambara imaze imyaka isaga 30 ibera mu Burasirazuba bwa Congo.<\/p>\n<p>Raporo y&#8217;urwego rwigenga rukurikirana kandi rugasesengura uko amasezerano y&#8217;amahoro muri Afurika ashyirwa mu bikorwa ruzwi nka Barometer of Peace Agreements in Africa (BAPA), ivuga ko nyuma y&#8217;umwaka ariya masezerano asinywe kuri ubu ishyirwa mu bikorwa ryayo rikiri hasi.<\/p>\n<p>Raporo ya ruriya rwego ivuga ko muri rusange amasezerano amaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero cya 35% gusa.<\/p>\n<p>Iyo raporo igaragaza ko mu mirimo 30 ijyanye n&#8217;amasezerano ya Washington yari iteganyijwe, itatu yonyine ari yo yarangiye burundu, umunani ikaba itaratangirwa mu gihe indi iri mu byiciro bitandukanye by&#8217;ishyirwa mu bikorwa.<\/p>\n<p>Ku rwego rw&#8217;ibihugu, raporo igaragaza ko RDC imaze gushyira mu bikorwa 31,7% by&#8217;ibyo yiyemeje, mu gihe u Rwanda rugeze kuri 30,6%.<\/p>\n<p>Ni mu gihe abahuza mpuzamahanga barimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Qatar n&#8217;Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bo bageze ku kigero cya 53,5%, bakaba ari na bo bafite intambwe iruta iy&#8217;abandi.<\/p>\n<p>Umwanditsi Mukuru wa raporo ya BAPA, Dr. Roger-Claude Liwanga, avuga ko ibimaze gukorwa byibanze cyane ku nzego z&#8217;ubuyobozi no gushyiraho inzego z&#8217;ubufatanye, ariko ikibazo nyamukuru cy&#8217;umutekano kikaba kigikomeje.<\/p>\n<p>Yavuze ko &#8220;hatabayeho intambwe zifatika mu rwego rw&#8217;umutekano, aya masezerano azahinduka ubukerarugendo bwa dipolomasi butazagira umusaruro ugaragara ku buzima bw&#8217;abaturage. Aho ni ho tugeze uyu munsi.&#8221;<\/p>\n<p>Liwanga asobanura ko ikibazo gikomeye kiri mu masezerano ari uko atasobanuye neza uburyo hazagenzurwa uko umutwe wa FDLR ugomba gusenywa.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Icyo ni ikibazo gikomeye. Nyuma y&#8217;amezi make, RDC ishobora kuvuga ko yamaze gusenya FDLR, u Rwanda na rwo rukavuga ko bitarakorwa kuko impande zombi zitigeze zemeranya ku bipimo bizakoreshwa.&#8221;<\/p>\n<p>Raporo igaragaza kandi ko kuva ayo masezerano yasinywa, imirwano hagati ya AFC\/M23 n&#8217;ingabo za Leta ya Congo (FARDC) yakomeje, cyane cyane muri Kivu y&#8217;Amajyepfo, ndetse intambara yifashisha za drone ikaba yarafashe indi ntera; ibintu byakomeje kugira ingaruka mbi ku baturage.<\/p>\n<p>Abashakashatsi bavuga ko nubwo hari ibikorwa byakozwe birimo ishyirwaho ry&#8217;urwego rwa &#8216;Joint Security Coordination Mechanism&#8217; ruhuza ibikorwa by&#8217;umutekano n&#8217;izindi nzego zigenzura ishyirwa mu bikorwa ry&#8217;amasezerano, amahoro nyirizina ku butaka ataragerwaho.<\/p>\n<p>Liwanga kandi agaragaza ko ibintu byatangiye kugenda buhoro buhoro nyuma y&#8217;ibihano Amerika yafatiye bamwe mu bayobozi b&#8217;Ingabo z&#8217;u Rwanda n&#8217;abakekwaho kugira uruhare mu bucuruzi bw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro ava muri Congo.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Impande zari zizi ko nta bihano cyangwa izindi ngamba z&#8217;igitutu zari ziteganyijwe. Ariko kuva ibyo bihano byatangira gufatwa, ni bwo ibintu byatangiye kugenda biguru ntege.&#8221;<\/p>\n<p>Raporo inagaruka ku biganiro bya Doha bihuza Leta ya RDC na AFC\/M23, ikavuga ko na byo bitaragera ku ntego byari byitezweho.<\/p>\n<p>Liwanga yemeza ko ikibazo ari uko hari indi mitwe myinshi yitwaje intwaro itari muri iyo gahunda y&#8217;ibiganiro.<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Hari imitwe ivuga ko itarebwa n&#8217;izi gahunda z&#8217;ibiganiro zombi. Byaba byiza ishakiwe uburyo bwo kubyinjizwamo hakiri kare, bitaba ibyo tukazisanga twasubiye aho twatangiriye.&#8221;<\/p>\n<p>Nubwo amasezerano ya Washington yari aherekejwe n&#8217;umushinga mugari wo guteza imbere ubufatanye mu bukungu hagati y&#8217;u Rwanda na RDC, harimo n&#8217;umushinga w&#8217;urugomero rwa Rusizi III, na wo uracyadindira kubera ikibazo cy&#8217;umutekano no kutizerana hagati y&#8217;impande zombi.<\/p>\n<p>Abasesenguzi bavuga ko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwashyize imbaraga nyinshi muri aya masezerano kubera inyungu z&#8217;ubukungu, cyane cyane mu rwego rw&#8217;amabuye y&#8217;agaciro nka cobalt, Coltab na cuivre biboneka muri RDC.<\/p>\n<p>Gusa bavuga ko amahoro arambye azagerwaho ari uko impande zose zubahirije ibyo ziyemeje, aho kwibanda gusa ku mishinga y&#8217;ishoramari.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Nyuma y&#8217;umwaka umwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisinyanye amasezerano y&#8217;amahoro yashyiriweho umukono i Washington, ayo masezerano akomeje kudindira ndetse hari n&#8217;impungenge z&#8217;uko ashobora kurangirira mu &#8220;bukerarugendo bwa dipolomasi&#8221;. Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Minisitiri w&#8217;Ububanyi n&#8217;Amahanga w&#8217;u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Th\u00e9r\u00e8se Wagner Kayikwamba wa Repubulika [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":270024,"comment_status":"open","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[131],"class_list":["post-270023","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-rw","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy&#039;ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy&#039;ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Nyuma y&#8217;umwaka umwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisinyanye amasezerano y&#8217;amahoro yashyiriweho umukono i Washington, ayo masezerano akomeje kudindira ndetse hari n&#8217;impungenge z&#8217;uko ashobora kurangirira mu &#8220;bukerarugendo bwa dipolomasi&#8221;. Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Minisitiri w&#8217;Ububanyi n&#8217;Amahanga w&#8217;u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Th\u00e9r\u00e8se Wagner Kayikwamba wa Repubulika [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2026-06-26T14:10:59+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/06\/P202512004DT-0476.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1200\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"800\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy&#8217;ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo\",\"datePublished\":\"2026-06-26T14:10:59+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023\"},\"wordCount\":699,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/06\\\/P202512004DT-0476.jpg\",\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023\",\"name\":\"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy'ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/06\\\/P202512004DT-0476.jpg\",\"datePublished\":\"2026-06-26T14:10:59+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/06\\\/P202512004DT-0476.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/06\\\/P202512004DT-0476.jpg\",\"width\":1200,\"height\":800},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=270023#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy&#8217;ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy'ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy'ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo - BWIZA","og_description":"Nyuma y&#8217;umwaka umwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisinyanye amasezerano y&#8217;amahoro yashyiriweho umukono i Washington, ayo masezerano akomeje kudindira ndetse hari n&#8217;impungenge z&#8217;uko ashobora kurangirira mu &#8220;bukerarugendo bwa dipolomasi&#8221;. Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Minisitiri w&#8217;Ububanyi n&#8217;Amahanga w&#8217;u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Th\u00e9r\u00e8se Wagner Kayikwamba wa Repubulika [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2026-06-26T14:10:59+00:00","og_image":[{"width":1200,"height":800,"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/06\/P202512004DT-0476.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy&#8217;ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo","datePublished":"2026-06-26T14:10:59+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023"},"wordCount":699,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/06\/P202512004DT-0476.jpg","keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023","name":"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy'ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/06\/P202512004DT-0476.jpg","datePublished":"2026-06-26T14:10:59+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=270023"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/06\/P202512004DT-0476.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/06\/P202512004DT-0476.jpg","width":1200,"height":800},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=270023#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza \u2153 cy&#8217;ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/270023","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=270023"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/270023\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/270024"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=270023"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=270023"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=270023"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}