{"id":273833,"date":"2026-09-03T16:03:24","date_gmt":"2026-09-03T14:03:24","guid":{"rendered":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833"},"modified":"2026-09-03T16:04:41","modified_gmt":"2026-09-03T14:04:41","slug":"icyo-wamenya-ku-mihanda-mishya-yo-mu-kirere-iri-kubakwa-i-kigali","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833","title":{"rendered":"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali"},"content":{"rendered":"<p>Imirimo yo kwagura umuhanda uhuza Prince House, Giporoso na Masaka yatangiye, aho uyu mushinga utegerejweho guhindura uburyo imodoka zitembera muri aka gace kazwiho kuba mu hahurira urujya n\u2019uruza rwinshi mu Mujyi wa Kigali.<\/p>\n<p>Uyu muhanda ufite uburebure bwa kilometero 10 uzubakwamo ibice bitandukanye birimo ikiraro kizamuka hejuru y\u2019umuhanda, inzira zinyura munsi y\u2019umuhanda ndetse n\u2019indi mirongo y\u2019imihanda, hagamijwe gutandukanya imodoka zijya mu byerekezo bitandukanye no kugabanya umubyigano.<\/p>\n<p>Imirimo yatangiye ku wa 30 Kanama 2026, nk\u2019uko bitangazwa n\u2019Ikigo cy\u2019Igihugu gishinzwe Iterambere ry\u2019Ubwikorezi (RTDA).<\/p>\n<p>Kugeza ubu, imodoka nyinshi zinyura mu masangano ya Giporoso na Kucyamitsingi zihurira hafi y\u2019ahantu hamwe, bigatuma iziva mu byerekezo bitandukanye zibangamirana.<\/p>\n<p>Mu buryo bushya, ntabwo imodoka zose zizongera gukoresha isangano rimwe.<\/p>\n<p>Umwe mu bayoboye igishushanyo cy\u2019uyu mushinga muri RTDA, Yves Bahunde Havugimana, yavuze ko igishushanyo cy\u2019umuhanda cyibanze cyane ku gutandukanya ibyerekezo by\u2019imodoka, cyane cyane hagati ya Prince House na Cyamitsingi.<\/p>\n<p>Ati: \u201cUmuntu uzaba aturutse Chez Lando ajya ku Cyamitsingi, azashobora gukomeza adahuye n\u2019undi murongo w\u2019imodoka nk\u2019uko byahoze.\u201d<\/p>\n<p>Imodoka zijya ku kibuga cy\u2019indege zizagira inzira yazo.<\/p>\n<p>Kimwe mu bice by\u2019ingenzi by\u2019uyu mushinga ni inzira izatuma imodoka ziva Chez Lando zijya Kanombe no ku Kibuga Mpuzamahanga cy\u2019Indege cya Kigali zitongera guhura cyane n\u2019izindi modoka ziri gukoresha uwo muhanda.<\/p>\n<p>Izo modoka zizava ku ruhande rwa Greenwich Hotel, zikazamuka ku kiraro, zigaca hejuru y\u2019agace kari hafi y\u2019ahahoze KFC, zikamanuka zinyuze muri Giporoso, hanyuma zigahura n\u2019umuhanda usanzwe hafi ya Cyamitsingi.<\/p>\n<p>Ibi bizatuma imodoka zijya ku kibuga cy\u2019indege zikomeza urugendo zitarinze guhagarara ku masangano aho izindi modoka ziba zihurira.<\/p>\n<p>Igice kiri hagati ya Prince House n\u2019ahahoze KFC kizagira hagati y&#8217;ibisate bitandatu n\u2019umunani.<\/p>\n<p>Hafi y\u2019ahahoze KFC, ibisate bine bizaguma ku butaka, bibiri bijye ku ruhande rumwe n\u2019ibindi bibiri bijye ku rundi.<\/p>\n<p>Hejuru yaho hazaba hari ikiraro gihuza uruhande rwa Greenwich Hotel n\u2019ahahoze KFC. Iki kiraro kizaba gifite ubugari burenga metero 11 muri icyo gice, mu gihe igice cyagutse cya flyover kizagera kuri metero 36.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019aho, umuhanda uzakomeza kugira ibisate bibiri kuri buri ruhande, ariko hazongerwaho ibindi bisate biine binyura munsi y\u2019umuhanda.<\/p>\n<p>Ibi bivuze ko imodoka zishobora gukomeza mu byerekezo bitandukanye, zimwe zikaba ziri hejuru, izindi zikanyura munsi, aho guhura ahantu hamwe.<\/p>\n<p>RTDA ivuga ko Giporoso ari ingenzi muri uyu mushinga kubera ko ari ahantu hahurira imodoka nyinshi zituruka mu bice bitandukanye bya Kigali.<\/p>\n<p>Ni na ho kandi imodoka zinjira mu Mujyi wa Kigali ziturutse mu Burasirazuba bw\u2019igihugu zinyura, ndetse n\u2019amakamyo manini atwara imizigo ava ku byambu byo mu karere yerekeza i Kigali.<\/p>\n<p>Ibyo bituma umuhanda usanzwe udahuza neza ibyerekezo bitandukanye, cyane cyane mu masaha y\u2019umubyigano.<\/p>\n<p>Havugimana yavuze ko abategura uyu mushinga batibanze gusa ku kongera ubugari bw\u2019umuhanda, ahubwo banarebye uburyo imodoka zigenda n\u2019aho zihurira.<\/p>\n<p>Ati: \u201cIntego ni ukugabanya aho imodoka ziva mu byerekezo bitandukanye zihurira, kugira ngo urujya n\u2019uruza rukomeze kugenda neza.\u201d<\/p>\n<p>Kuva ku Cyamitsingi kugera hafi y\u2019Inyange Industries, ku muhanda ukomeza werekeza Masaka, hazaba hari ibisate bine by\u2019imodoka, bibiri kuri buri ruhande.<\/p>\n<p>Uyu muhanda kandi uzagira inzira zagenewe abanyamagare n\u2019abanyamaguru, kugira ngo nabo babone ahantu hizewe ho gukoresha umuhanda.<\/p>\n<p>Imirimo niba irangiye, umushoferi uzaba aturutse Kabeza ashobora gukoresha inzira yateganyijwe mu buryo bumwemerera gukomeza urugendo atiriwe ahura n\u2019imodoka ziri mu kindi cyerekezo.<\/p>\n<p>N\u2019abava Prince House berekeza Kabeza bazagira uburyo bwo gukoresha inzira yo hejuru aho bikenewe.<\/p>\n<p>Muri rusange, igitekerezo kiri inyuma y\u2019uyu mushinga ni ukudatuma imodoka nyinshi zihurira ahantu hamwe, ahubwo zigahabwa inzira zitandukanye bitewe n\u2019aho zerekeza.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Imirimo yo kwagura umuhanda uhuza Prince House, Giporoso na Masaka yatangiye, aho uyu mushinga utegerejweho guhindura uburyo imodoka zitembera muri aka gace kazwiho kuba mu hahurira urujya n\u2019uruza rwinshi mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhanda ufite uburebure bwa kilometero 10 uzubakwamo ibice bitandukanye birimo ikiraro kizamuka hejuru y\u2019umuhanda, inzira zinyura munsi y\u2019umuhanda ndetse n\u2019indi mirongo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":50,"featured_media":273834,"comment_status":"open","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[131],"class_list":["post-273833","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-rw","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Imirimo yo kwagura umuhanda uhuza Prince House, Giporoso na Masaka yatangiye, aho uyu mushinga utegerejweho guhindura uburyo imodoka zitembera muri aka gace kazwiho kuba mu hahurira urujya n\u2019uruza rwinshi mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhanda ufite uburebure bwa kilometero 10 uzubakwamo ibice bitandukanye birimo ikiraro kizamuka hejuru y\u2019umuhanda, inzira zinyura munsi y\u2019umuhanda ndetse n\u2019indi mirongo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2026-09-03T14:03:24+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2026-09-03T14:04:41+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/09\/1788443104837.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1080\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"667\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Olivier NTANTURO\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Olivier NTANTURO\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833\"},\"author\":{\"name\":\"Olivier NTANTURO\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/abda1d63857acec6e513b2a35bc5c715\"},\"headline\":\"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali\",\"datePublished\":\"2026-09-03T14:03:24+00:00\",\"dateModified\":\"2026-09-03T14:04:41+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833\"},\"wordCount\":596,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/09\\\/1788443104837.jpg\",\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833\",\"name\":\"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/09\\\/1788443104837.jpg\",\"datePublished\":\"2026-09-03T14:03:24+00:00\",\"dateModified\":\"2026-09-03T14:04:41+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/09\\\/1788443104837.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/09\\\/1788443104837.jpg\",\"width\":1080,\"height\":667},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=273833#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/abda1d63857acec6e513b2a35bc5c715\",\"name\":\"Olivier NTANTURO\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=50\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali - BWIZA","og_description":"Imirimo yo kwagura umuhanda uhuza Prince House, Giporoso na Masaka yatangiye, aho uyu mushinga utegerejweho guhindura uburyo imodoka zitembera muri aka gace kazwiho kuba mu hahurira urujya n\u2019uruza rwinshi mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhanda ufite uburebure bwa kilometero 10 uzubakwamo ibice bitandukanye birimo ikiraro kizamuka hejuru y\u2019umuhanda, inzira zinyura munsi y\u2019umuhanda ndetse n\u2019indi mirongo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2026-09-03T14:03:24+00:00","article_modified_time":"2026-09-03T14:04:41+00:00","og_image":[{"width":1080,"height":667,"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/09\/1788443104837.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"Olivier NTANTURO","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Olivier NTANTURO","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833"},"author":{"name":"Olivier NTANTURO","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/abda1d63857acec6e513b2a35bc5c715"},"headline":"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali","datePublished":"2026-09-03T14:03:24+00:00","dateModified":"2026-09-03T14:04:41+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833"},"wordCount":596,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/09\/1788443104837.jpg","keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833","name":"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/09\/1788443104837.jpg","datePublished":"2026-09-03T14:03:24+00:00","dateModified":"2026-09-03T14:04:41+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=273833"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/09\/1788443104837.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/09\/1788443104837.jpg","width":1080,"height":667},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=273833#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Icyo wamenya ku mihanda mishya yo mu kirere iri kubakwa i Kigali"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/abda1d63857acec6e513b2a35bc5c715","name":"Olivier NTANTURO","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=50"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/273833","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/50"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=273833"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/273833\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/273834"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=273833"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=273833"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=273833"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}