{"id":27578,"date":"2020-09-07T08:46:34","date_gmt":"2020-09-07T08:46:34","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/09\/07\/rusesabagina-yisanze-mu-rwanda-kagame-mu-kiganiro-tshisekedi-atumiza-abaturanyi\/"},"modified":"2020-09-07T08:46:34","modified_gmt":"2020-09-07T08:46:34","slug":"rusesabagina-yisanze-mu-rwanda-kagame-mu-kiganiro-tshisekedi-atumiza-abaturanyi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578","title":{"rendered":"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Icyumweru gishize cyari icya 36 muri 53 bizagira uyu mwaka. Cyatangiye tariki ya 31 Kanama kirangira tariki ya 6 Nzeri 2020. Amakuru yakiranze yiganjemo aya politiki yo mu Rwanda ndetse n&#8217;umutekano. Ababyibuka neza, ni cyo cyatangarijwemo ifatwa ry&#8217;umwe mu bantu ubutabera bw&#8217;u Rwanda bwari bukeneye cyane nk&#8217;uko tuza kubirebaho mu buryo burambuye.<\/strong><\/p>\n<p>Amakuru y&#8217;ingenzi yaranze icyo cyumweru ni aya:<\/p>\n<p><strong>Rusesabagina warwanyaga ubutegetsi bw\u2019u Rwanda yarafashwe<\/strong><\/p>\n<p>Ku wa Mbere tariki ya 31 Kanama 2020, Urwego rw\u2019Igihugu rw\u2019Ubugenzacyaha rwerekanye Paul Rusesabagina urwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda, rutangaza ko rwamufashe ku bufatanye n\u2019amahanga rutashatse kuvuga bitewe n\u2019uko rugikora iperereza.<\/p>\n<p>Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha bine (ubwicanyi, ubushimusi, iterabwoba n&#8217;ubusahuzi) ntihamenyekanye igihugu yafatiwemo gusa abo mu muryango we bemeje ko yari mu rugendo rw\u2019i Dubai muri Leta y\u2019Ubumwe bw\u2019Abarabu. <\/p>\n<p>Ifatwa rye kandi ryakurikiranye n\u2019amagambo arimo ay\u2019umuhungu we, Tresor Rusesabagina tariki ya 31 Kanama wavuze ko agiye gukora ibishoboka byose abohoze se. Imiryango nka NYCFPA (New York Center for Foreign Policy Affairs) wo muri Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika nawo wasabye ko Guverinoma y\u2019u Rwanda yarekura uyu musaza w\u2019imyaka 66 y\u2019amavuko, ngo kuko ibyo aregwa ntibifite ishingiro.<\/p>\n<p><strong>Perezida Kagame mu kiganiro gikuraho ikinyoma cy\u2019abamubikaga<\/strong><\/p>\n<p>Nyuma y\u2019igihe kirekire abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda babika Perezida Kagame, kuri uyu wa 6 Nzeri yagaragaye mu kiganiro cyatambutse ku kigo cy\u2019igihugu cy\u2019itangazamakuru.<\/p>\n<p>Perezida Kagame yakomoje kuri Padiri Nahimana Thomas wasakaje aya makuru y\u2019igihuha, amugenera ubutumwa ati: \u201cUrucira muka so, rugatwara nyoko.\u201d <\/p>\n<p>Yahuje ikibazo cya Padiri Nahimana n\u2019icya Paul Rusesabagina uherutse gufatwa, avuga ko uyu musaseridoti na we ashobora kuzisanga mu Rwanda nk\u2019uko Rusesabagina byamugendekeye.<\/p>\n<p><strong>Perezida Kagame, Museveni, Ndayishimiye na Tshisekedi barakora inama vuba<\/strong><\/p>\n<p>Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame, Yoweri Museveni wa Uganda, Evariste Ndayishimiye w\u2019u Burundi na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bagiye guhurira mu nama muri uku kwezi.<\/p>\n<p>Amakuru aturuka muri RDC avuga ko Perezida Tshisekedi ari we wateguye iyi nama izabera mu mujyi wa Goma uri mu burengerazuba bw\u2019u Rwanda. Ibizigirwamo birimo umutekano, ubukungu, ubucuruzi n\u2019ubuzima.<\/p>\n<p>Ni ubwa mbere aba bakuru b\u2019ibihugu bose baraba bahuriye hamwe, cyane ko ubwo baherukana, Evariste Ndayishimiye atari yagatorewe kuba Perezida w\u2019u Burundi.<\/p>\n<p><strong>Imyigaragambyo imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda muri RDC<\/strong><\/p>\n<p>Kuri uyu wa 4 Nzeri 2020, bamwe mu bakongomani bakoreye imyigaragambyo imbere y\u2019Ambasade y\u2019u Rwanda i Kinshasa, bashaka ko Ambasaderi Vincent Karega yirukanwa kuri ubwo butaka.<\/p>\n<p>Bashingiye ku butumwa uyu Ambasaderi yanditse kuri Twitter tariki ya 24 Kanama anyomoza abashinja ingabo z\u2019u Rwanda ubwicanyi bwakorewe abaturage ba Kasika muri Teritwari ya Mwenga mu Ntara ya Kivu y\u2019Amajyepfo mu 1998.<\/p>\n<p>Guverinoma ya RDC yari yakajije uburinzi imbere y\u2019iyi Ambasade, ihohereza abapolisi bagerageje gusubiza inyuma abigaragambya bakoresheje ibirimo ibyuka biryana mu maso, gusa aba Bakongomani bakomeje kwigaragambiriza hakurya yayo.<\/p>\n<p><strong>Minisitiri Busingye yanenze abapolisi bica abakurikiranweho ibyaha<\/strong><\/p>\n<p>Mu butumwa busa n\u2019ubuhumuriza abatewe impungenge n\u2019abapolisi bakomeje kurasa abakurikiranweho ibyaha bagatakaza ubuzima, Minisitiri w\u2019Ubutabera akaba n\u2019Intuma Nkuru ya Leta yanenze ababikora.<\/p>\n<p>Minisitiri Busingye yagize ati: \u201cGukoresha ingufu z\u2019umurengera cyangwa zica ku mfungwa\/abakekwa ntibyemewe n\u2019amategeko kandi ntibikwiye. <\/p>\n<p>Turakorana na Polisi y\u2019u Rwanda n\u2019inzego bireba iki kibazo gikemuke binyuze muri politiki y\u2019imikorere, gukaza kubibazwa kw\u2019ababikora, amahugurwa no gukaza ubugenzuzi.\u201d<\/p>\n<p><strong>MU MIKINO<\/strong><\/p>\n<p><strong>Nyuma yo gucisha abantu ururondogoro, Lionel Messi yemeye kuguma muri FC Barcelone<\/strong><\/p>\n<p>Umukinnyi wa FC Barcelona ukomoka muri Argentine, Lionel Messi yemeye gukomeza gukinira iyi kipe kugeza muri Kamena 2021 ubwo amasezerano impande zombi zasinye azaba arangiye. Ni nyuma y\u2019aho uyu mukinnyi yabonaga atashobora gutanga umurengera w\u2019amafaranga yasabwaga kugira ngo yemererwe kugenda.<\/p>\n<p>Igitekerezo cyo kuva muri FC Barcelona, Lionel Messi yakigize nyuma y\u2019aho iyi kipe inyagiriwe na Bayern Munich ibitego 8-2 mu irushanwa rya UEFA Champions League. Uyu mukino watumye umutoza Quique Setien yirukanwa, Ronald Koeman wamusimbuye yiyemeza kubaka iyi kipe bundi bushya, abakinnyi benshi akabarekura.<\/p>\n<p><strong>IMYIDAGADURO<\/strong><\/p>\n<p>Indirimbo \u2018We Don\u2019t Care\u2019 ya Meddy yashyizeho agahigo kuba iyarebwe kenshi mu gihe cy\u2019ibyumweru bibiri aho yarebwe inshuro zirenga miliyoni. Iyi ndirimbo uyu Munyarwanda yafatanyije na Rayvanny ndetse na DJ Romy Johns yagiye kuri YouTube tariki ya 21 Kanama.<\/p>\n<p>Meddy akomeje kwigarurira imitima y\u2019Abanyarwanda ndetse n\u2019abo mu Karere k\u2019Afurika y\u2019Iburasirazuba bitewe n\u2019indirimbo zikoranye ubuhanga akomeje gushyira hanze. Uyu ni we muhanzi Nyarwanda ufite indirimbo zarebwe cyane kuri YouTube, hagakurikiraho mugenzi we The Ben.<\/p>\n<p><\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Icyumweru gishize cyari icya 36 muri 53 bizagira uyu mwaka. Cyatangiye tariki ya 31 Kanama kirangira tariki ya 6 Nzeri 2020. Amakuru yakiranze yiganjemo aya politiki yo mu Rwanda ndetse n&#8217;umutekano. Ababyibuka neza, ni cyo cyatangarijwemo ifatwa ry&#8217;umwe mu bantu ubutabera bw&#8217;u Rwanda bwari bukeneye cyane nk&#8217;uko tuza kubirebaho mu buryo burambuye. Amakuru y&#8217;ingenzi yaranze [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,133],"class_list":["post-27578","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-business-today"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Icyumweru gishize cyari icya 36 muri 53 bizagira uyu mwaka. Cyatangiye tariki ya 31 Kanama kirangira tariki ya 6 Nzeri 2020. Amakuru yakiranze yiganjemo aya politiki yo mu Rwanda ndetse n&#8217;umutekano. Ababyibuka neza, ni cyo cyatangarijwemo ifatwa ry&#8217;umwe mu bantu ubutabera bw&#8217;u Rwanda bwari bukeneye cyane nk&#8217;uko tuza kubirebaho mu buryo burambuye. Amakuru y&#8217;ingenzi yaranze [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-09-07T08:46:34+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi\",\"datePublished\":\"2020-09-07T08:46:34+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578\"},\"wordCount\":729,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Business Today\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578\",\"name\":\"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-09-07T08:46:34+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27578#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi - BWIZA","og_description":"Icyumweru gishize cyari icya 36 muri 53 bizagira uyu mwaka. Cyatangiye tariki ya 31 Kanama kirangira tariki ya 6 Nzeri 2020. Amakuru yakiranze yiganjemo aya politiki yo mu Rwanda ndetse n&#8217;umutekano. Ababyibuka neza, ni cyo cyatangarijwemo ifatwa ry&#8217;umwe mu bantu ubutabera bw&#8217;u Rwanda bwari bukeneye cyane nk&#8217;uko tuza kubirebaho mu buryo burambuye. Amakuru y&#8217;ingenzi yaranze [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-09-07T08:46:34+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi","datePublished":"2020-09-07T08:46:34+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578"},"wordCount":729,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Business Today"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=27578#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578","name":"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-09-07T08:46:34+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=27578"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27578#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rusesabagina yisanze mu Rwanda, Kagame mu kiganiro, Tshisekedi atumiza abaturanyi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/27578","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=27578"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/27578\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=27578"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=27578"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=27578"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}