{"id":27666,"date":"2020-09-08T22:59:48","date_gmt":"2020-09-08T22:59:48","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/09\/08\/charles-ndereyehe-ushinjwa-uruhare-muri-jenoside-yafatiwe-mu-buholandi_ni-muntu\/"},"modified":"2020-09-08T22:59:48","modified_gmt":"2020-09-08T22:59:48","slug":"charles-ndereyehe-ushinjwa-uruhare-muri-jenoside-yafatiwe-mu-buholandi_ni-muntu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666","title":{"rendered":"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki?"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko Charles Ndereyehe Ntahontuye (Karoli) ugereranywa na moteri ya jenoside yakorewe mu kigo cy&#8217;igihugu gishinzwe ubushakashatsi ku buhinzi n&#8217;ubworozi (ISAR) i Rubona, yatawe muri yombi aho yabaga mu Buholandi.<\/strong><\/p>\n<p>Guverinoma y&#8217;u Buholandi ngo ijya guta muri yombi Charles Ndereyehe kuri uyu wa 8 Nzeri 2020, yabanje kumwambura ubwenegihugu yari yaramuhaye. Ni nyuma y&#8217;aho leta y&#8217;u Rwanda yari imaze igihe isabye ko iki gihugu cyamukurikiranaho ibyaha aregwa, cyangwa kikamwohereza.<\/p>\n<p>Charles Ndereyehe usanzwe ari mu buyobozi bukuru bw&#8217;ishyaka rya FDU Inkingi rirwanya ubutegetsi bw&#8217;u Rwanda, kuva mbere ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari Umuyobozi Mukuru wa ISAR, Komisiyo y&#8217;Igihugu ishinzwe kurwanya jenoside (CNLG) ikaba yemeza ko iyo mu Buholandi yakomeje kurangwa n&#8217;ingengabitekerezo.<\/p>\n<p><strong>Amakuru arambuye kuri Charles Ndereyehe<\/strong><\/p>\n<p>Ndereyehe Ntahontuye Charles akomoka muri Komine Cyabingo mu cyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, agace kakomokagamo benshi mu bari abategetsi. Mu 1992, hamwe n\u2019abandi banyabwenge b\u2019abahezanguni barimo Nahimana Ferdinand, Dr Rwamucyo Eug\u00e8ne, Dr Nshimyumuremyi Jean Berchmas n\u2019abandi, Ndereyehe yaremye kandi ayobora umutwe w\u2019abagizi ba nabi wiswe Cercles des Republicains Progressistes washishikarije abanyeshuri gutegura jenoside muri Kaminuza i Nyakinama n\u2019i Butare.<\/p>\n<p>Ku ikubitiro Ndereyehe yari umurwanashyaka w\u2019ishyaka MRND rya Perezida. Ariko mu 1992 yavuye muri MRND agira uruhare mu ishingwa ry\u2019ishyaka ry\u2019intagondwa z\u2019Abahutu, Coalition pour la D\u00e9fense de la R\u00e9publique (CDR) ryagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.<\/p>\n<p>Ku itariki ya 5 Ugushyingo 2008, Ndereyehe yaciriwe urubanza adahari n\u2019Urukiko Gacaca rwa Gikirambwa rumuhanisha igifungo cya burundu nyuma yo gusanga ahamwa n\u2019ibyaha bya Jenoside mu Kigo cy\u2019Igihugu cyari gishinzwe Ubushakashatsi ku Buhinzi n\u2019Ubworozi (ISAR).<\/p>\n<p><strong>Muri ISAR, Ndereyehe yateguye Jenoside-CNLG<\/strong><\/p>\n<p>Akigera muri ISAR mu 1993 nk\u2019Umuyobozi Mukuru w\u2019iki kigo, Ndereyehe yacuze umugambi wo kurimbura imiryango y\u2019abakozi b\u2019Abatutsi yakoreshaga n\u2019iy\u2019imiryango y\u2019Abatutsi yari ituriye ikigo. Mbere na mbere yashyizeho komite y\u2019abicanyi i Rubona no mu yandi mashami y\u2019ikigo arindwi hirya no hino mu gihugu.<\/p>\n<p>Ndereyehe yirukanye cyangwa yimurira ahandi abakozi bakoreraga i Rubona batari abahezanguni asigaza gusa ku myanya y\u2019ubuyobozi abakozi bari basangiye na we ubuhezanguni bwo kwanga Abatutsi kandi bemeraga gukora Jenoside.<\/p>\n<p>Ku itariki ya 21 Werurwe 1993, Ndereyehe yandikiye ibaruwa Didace Mugemana, wari ushinzwe abakozi muri ISAR. Muri iyo baruwa yamuhaye uburenganzira busesuye burimo ubwo gufatira umukozi icyemezo icyo ari cyo cyose yakumva ari ngombwa. Abari mu nzego z\u2019ubuyobozi muri ISAR bose bahawe kopi y\u2019iyi baruwa. Mu gushyira mu bikorwa amabwiriza ya Ndereyehe, Didace Mugemana yashyizeho kandi anahuza ibikorwa by\u2019umutwe w\u2019Interahamwe muri ISAR.<\/p>\n<p>Igihe izo Nterahamwe zabaga zimaze kwinjizwa, Ndereyehe afatanyije na Captain Ildephonse Nizeyimana nawe wakomokaga mu majyaruguru y\u2019Igihugu, bateguraga amahugurwa yazo ku mikoreshereze y\u2019imbunda mu ishuri ry\u2019aba Ofisiye bato Ecole des sous-officiers (ESSO) i Butare. <\/p>\n<p>Abarangizaga ayo mahugurwa bagarukaga i Rubona na bo bagatoza indi mitwe mu mashyamba ya ISAR i Rubona n\u2019i Songa. Ndereyehe yabonaga kandi ubufasha buvuye ku bajandarume bo mu kigo cya Nyanza cyategekwaga n\u2019undi muhezanguni, Captain Bilikunzira Fran\u00e7ois-Xavier nawe wagize uruhare rukomeye mu gukora Jenoside mu mujyi wa Nyanza no mu makomine awukikije.<\/p>\n<p>Muri Mata 1994, Ndereyehe yayoboye mu biro bya ISAR inama zitandukanye zo gutegura Jenoside no gushyiraho umugambi wo kurimbura Abatutsi ku buryo nta Mututsi wagombaga kurokoka haba mu bakoraga muri ISAR cyangwa abari bayituriye. Yatanze imodoka za ISAR ngo zijye zitwara abicanyi, anashyiraho ibihembo by\u2019amafaranga ku bari kwigaragaza cyane muri Jenoside. Ubwicanyi Bukomeye bwabaye ku itariki ya 26 Mata 1994. Abantu basaga 300 barishwe ku mabwiriza ye, abagabo, abagore, abana n&#8217;impinja.<\/p>\n<p><strong>Ndereyehe yateye inkunga ikorwa rya Jenoside<\/strong><\/p>\n<p>CNLG ivuga ko ku itariki 25 Gicurasi 1994, Jenoside yari irimbanyije, Kambanda Jean wari Minisitiri w\u2019Intebe, yoherereje ba Perefe bose amabwiriza yo gukomeza guhiga Abatutsi n\u2019Abahutu batari bashyigikiye Jenoside. Iki gikorwa cyiswe &#8220;Auto-D\u00e9fense Civile&#8221;.<\/p>\n<p>Mu gushyira mu bikorwa aya mabwiriza, kuri uwo munsi Ndereyehe yandikiye ibaruwa abakozi bose ba ISAR , itegeka buri umwe wese muri bo gutanga 20 ku ijana y\u2019umushahara we w\u2019ukwezi kwa Gicurasi 1994 kugira ngo azashyigikire iki gikorwa cyari mu by\u2019ukuri uburyo bwo gushishikariza kwihutisha Jenoside.<\/p>\n<p>Muri iyi baruwa, Ndereyehe yanasezeranyije kuzakura ku ngengo y\u2019imari ya ISAR miliyoni imwe y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda agenewe guhemba abicanyi. Iyi baruwa yanasinyweho n\u2019abandi bayobozi bakuru 10 bo ku cyicaro gikuru cya ISAR no ku mashami yayo kandi na ho yoherezwayo.<\/p>\n<p>Abo bandi bafatanyije na we kuyisinya ni Nyabyenda Pierre (Directeur scientifique), Shyirambere Jean Damasc\u00e8ne (directeur financier), Rutunga Venant (Directeur du Centre r\u00e9gional du Plateau Central), Tegera Pierre (directeur du Centre r\u00e9gional des terres des laves), Sibomana Ga\u00e9tan (Directeur du Centre r\u00e9gional du Bugesera et Mayaga), Nkusi Jean Baptiste (directeur du Centre r\u00e9gional des hautes du Buberuka), Gahamanyi Anastase (directeur r\u00e9gional des hautes terres de la Cr\u00e9te Za\u00efre Nil), Musabyimana Thadd\u00e9e (directeur du Centre r\u00e9gional du plateau de l\u2019Est), Ndayizigiye Fran\u00e7ois n\u2019abashakashatsi babiri bo muri ISAR, Kavamahanga Fran\u00e7ois na Kagenzi Pierre.<\/p>\n<p>Ndereyehe yafatwaga na Guverinoma yateguye ikanakora Jenoside nk\u2019intangarugero mu gushishikariza rubanda mu ruhame kandi mu buryo butaziguye gukora Jenoside.<\/p>\n<p>Urugero rwa Ndereyehe mu cyaha cyo gushishikariza ikorwa rya Jenoside ntirwagarukiye muri ISAR Rubona gusa. Ibikorwa bye byagarukwagaho mu nama zabaga zateguwe na Guverinoma mu rwego rwo gushishikariza abaturage kwijandika muri Jenoside.<\/p>\n<p>Ni muri urwo rwego mu nama yari iyobowe na Perefe wa Ruhengeri, Nsabumugisha Basile ku itariki ya 9 kamena 1994, yari yitabiriwe na ba Burugumesitiri bose bo muri iyi perefegitura, Koloneli Ntibitura Bonaventure icyo gihe wari ushinzwe Auto-D\u00e9fense Civile muri Ruhengeri yafashe ijambo avuga urugero rwiza rwa Ndereyehe Charles asaba ubufasha bw\u2019amafaranga ku ngabo z\u2019abajenosideri : &#8220;Ndereyehe, Umuyobozi mukuru wa ISAR, abyumvikanyeho n\u2019inama y\u2019ubutegetsi y\u2019iki kigo, bemeye gutanga umusanzu w\u2019amafaranga wa miliyoni imwe y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda (1,000,000Frw) ku buryo umuntu wese uzaka intwaro Inyenzi-Inkotanyi akazana intwaro yayo, azahabwa igihembo cy\u2019amafaranga ibihumbi icumi y\u2019u Rwanda (10,000Frw)&#8221;. ibi byari ugushishikariza mu ruhame kandi ku buryo butaziguye guhiga no kwica Abatutsi.<\/p>\n<p>Umwe mu myanzuro ikomeye yafatiwe muri iyi nama wari uwo gusa lisansi (essance) abicanyi kugira ngo babashe kugera aho ari ho hose bagomba kwica, harimo no hanze ya Perefegitura Ruhengeri. Ni muri ubwo buryo abicanyi batsembye Abatutsi bo mu Bisesero ku itariki 30 Kamena bari baturutse mu bice bitandukanye birimo Cyangugu, Gisenyi, Ruhengeri na Kibuye.<\/p>\n<p>Kuva ku itariki 20 Mata 2010, Ndereyehe yashyiriweho Impapuro Mpuzamahanga zo kumuta muri yombi n\u2019ubutabera bw\u2019u Rwanda. Ari kandi ku rutonde rw\u2019abashakishwa na Polisi Mpuzamahanga. Ibyo nyamara ntibimubuza gukomeza mu mutuzo ibikorwa bye by\u2019icengezamatwara rya gihezanguni mu Burayi n\u2019ahandi, ibikorwa afatanya n\u2019andi matsinda yabaswe n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside nka RNC, FDLR na FDU-Inkingi.<\/em><\/p>\n<p><strong>Ndereyehe yatangiye umushinga wa jenoside mbere y\u2019uko yoherezwa muri ISAR<\/strong><\/p>\n<p>Mbere y\u2019uko yoherezwa muri ISAR, Ndereyehe yayoboraga Umushinga w\u2019Iterambere ry\u2019Ubuhinzi n\u2019Ubworozi muri Gikongoro (PDAG). Muri icyo gihe, Ndereyehe yabaye umwe mu bakozi ba Leta bashinze umutwe w\u2019Interahamwe ku Gikongoro, afatanyije na Captain Sebuhura Faustin wari umuyobozi wungirije wa Jandarumori yo ku Gikongoro. Sebuhura yakomokaga muri Komine Mukingo mu Ruhengeri, agace kamwe na Ndereyehe.<\/p>\n<p>Mu gushinga umutwe w\u2019Interahamwe ku Gikongoro, Ndereyehe yanafatanyije n\u2019abayobozi b\u2019imishinga y\u2019ubuhinzi yakoreraga muri Gikongoro cyane cyane Pierre C\u00e9lestin Mutabaruka wari umuyobozi w\u2019umushinga Cr\u00e9te Za\u00efre Nil, abayobozi b\u2019inganda z\u2019icyayi za Mata (Denis Kamodoka) na Kitabi (Juv\u00e9nal Ndabarinze), abayobozi batandukanye muri perefegitura ya Gikongoro barimo Ayurugari Justin wari ukuriye Electrogaz na Celse Semigabo wari Umushinjacyaha wa Repubulika. Bose kuri ubu bakurikiranweho icyaha cyaJenoside.<\/p>\n<p><strong>Kuva yahungira mu Buholandi , Ndereyehe yakomeje umugambi we wa Jenoside<\/strong><\/p>\n<p>Ndereyehe yavuye mu Rwanda mu 1994 ubwo Guverinoma y\u2019abicanyi n\u2019ingabo zayo bari bamaze gutsindwa urugamba. Ari mu bashinze, ku itariki ya 3 Mata 1995, ubwo bari impunzi muri Za\u00efre, umutwe wa politiki n\u2019igisirikare w\u2019abahezanguni witwa RDR ushingiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside. Kuri ubu Ndereyehe aba mu Buholandi kandi ni umwe mu bayobozi b\u2019ishyaka rya FDU-Inkingi.<\/p>\n<p>Mu matangazo menshi ya FDU-Inkingi atangaza, Ndereyehe ahakana mu buryo bukomeye Jenoside yakorewe Abatutsi, yigisha abantu kuyihakana ndetse akanatesha agaciro iyibuka ry\u2019iyi Jenoside ayita &#8220;Fonds de Commerce&#8221; cyangwa se urucuruzo. <\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko Charles Ndereyehe Ntahontuye (Karoli) ugereranywa na moteri ya jenoside yakorewe mu kigo cy&#8217;igihugu gishinzwe ubushakashatsi ku buhinzi n&#8217;ubworozi (ISAR) i Rubona, yatawe muri yombi aho yabaga mu Buholandi. Guverinoma y&#8217;u Buholandi ngo ijya guta muri yombi Charles Ndereyehe kuri uyu wa 8 Nzeri 2020, yabanje kumwambura ubwenegihugu yari yaramuhaye. [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,131],"class_list":["post-27666","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki? - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki? - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko Charles Ndereyehe Ntahontuye (Karoli) ugereranywa na moteri ya jenoside yakorewe mu kigo cy&#8217;igihugu gishinzwe ubushakashatsi ku buhinzi n&#8217;ubworozi (ISAR) i Rubona, yatawe muri yombi aho yabaga mu Buholandi. Guverinoma y&#8217;u Buholandi ngo ijya guta muri yombi Charles Ndereyehe kuri uyu wa 8 Nzeri 2020, yabanje kumwambura ubwenegihugu yari yaramuhaye. [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-09-08T22:59:48+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki?\",\"datePublished\":\"2020-09-08T22:59:48+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666\"},\"wordCount\":1348,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666\",\"name\":\"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki? - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-09-08T22:59:48+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27666#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki? - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki? - BWIZA","og_description":"Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko Charles Ndereyehe Ntahontuye (Karoli) ugereranywa na moteri ya jenoside yakorewe mu kigo cy&#8217;igihugu gishinzwe ubushakashatsi ku buhinzi n&#8217;ubworozi (ISAR) i Rubona, yatawe muri yombi aho yabaga mu Buholandi. Guverinoma y&#8217;u Buholandi ngo ijya guta muri yombi Charles Ndereyehe kuri uyu wa 8 Nzeri 2020, yabanje kumwambura ubwenegihugu yari yaramuhaye. [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-09-08T22:59:48+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki?","datePublished":"2020-09-08T22:59:48+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666"},"wordCount":1348,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=27666#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666","name":"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki? - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-09-08T22:59:48+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=27666"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27666#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Charles Ndereyehe ushinjwa uruhare muri jenoside yafatiwe mu Buholandi_Ni muntu ki?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/27666","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=27666"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/27666\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=27666"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=27666"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=27666"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}