{"id":2767,"date":"2016-09-07T15:51:50","date_gmt":"2016-09-07T15:51:50","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2016\/09\/07\/burera-hafashwe-imyanzuro-yo-kurwanya-intagondwa-zitwaza-idini-rya-islam\/"},"modified":"2025-02-12T18:08:24","modified_gmt":"2025-02-12T16:08:24","slug":"burera-hafashwe-imyanzuro-yo-kurwanya-intagondwa-zitwaza-idini-rya-islam","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767","title":{"rendered":"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam"},"content":{"rendered":"<p>Inteko rusange y\u2019Akarere ka Burera yarateranye mu ntangiriro z\u2019iki cyumweru isuzuma ingingo imwe irebana n\u2019umutekano ushobora guhungabanywa n\u2019intagondwa zikingiriza idini ya islam.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019Akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence  atangiza inama  yibukije akamaro k\u2019umutekano  n\u2019uruhare buri wese agomba kugira mu kuwubungabunga. Yavuze ko  umutekano uhari mu gihugu hose  ko ntabyacitse ariko ko atari ngombwa gutegereza ko ubanza guhungabana kugira ngo   hafatwe ingamba zo kuwubungabunga . akaba yarashakaga kwibutsa abitabiriye inama ko bagomba  <strong>kuzitira bataronerwa<\/strong> .<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019ingabo mu Karere ka Burera nawe mu kunganira Umuyobozi w\u2019Akarere yibukije abitabiriye inama  umutekeno muke babayemo mu bihe byashize. Yavuze ko batakwemera gusubira muri ibyo bihe . Kwirinda kubisubiramo nta kindi  ni  uguhora barikanuye bagenzura ikintu cyose cyabahungabanyiriza umutekano cyaba giturutse hanze y\u2018igihugu cyangwa kiri imbere mu gihugu bagatanga amakuru  yose kandi bakayatangira igihe .<\/p>\n<p>Umuntu wese badashyira amakenga abaturage basabwa kudatinya kumubaza ikimugenza, amarondo agakora  akazi kayo uko bikwiye, ibitabo by\u2019abinjira n\u2019abasohoka biba mu midugudu bikuzuzwa  buri gihe kandi neza.<\/p>\n<p>Abitabiriye inama nabo basabwe gutanga ibitekerezo. Ku ikubitiro uhagarariye idini rya Islam mu karere yatangiye amara impungenge abitabiriye inteko rusange y\u2019Akarere abizeza ko nta ntagondwa izitwaza idini ryabo ngo ihungabanye umutekano. Yagize ati: \u201cNta muntu uzemererwa kwigisha mu musigiti wacu tutamuzi neza kandi agomba kuba afite uburenganzira bw\u2019abayobozi ba Islam ku rwego rw\u2019igihugu\u201d. Avuga ko ibyo byihebe byitwaza Idini ryabo nta bwenge bigira kuko nta Musilamu ushira mu gaciro wakwiyambura ubuzima yiturikirizaho igisasu ngo arakorera Imana kandi Imana ikunda abantu.<\/p>\n<p><a href=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone  wp-image-41415\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg\" alt=\"IMG_0006_02\" width=\"625\" height=\"468\" \/><\/a><\/p>\n<p>Abandi batanze ibitekerezo harimo abahagarariye Abagore, urubyiruko, Abakuru b\u2019imidugudu bose bahurizaga ko bagomba guhaguruka bagahagarara nk\u2019amahwa bakarinda umutekano w\u2019igihugu cyabo ku buryo ntawe bazemera kugitoba. Ababyeyi nabo basabwa kurushaho kwegera abana babo kugira ngo bagenzure  ibikorwa byabo bya buri munsi. Inzu zerekana amafilimi nazo zikagenzurwa kugira ngo bamenye niba amafilimi yerekanirwamo atigisha ingeso zahungabanya umutekano w\u2019Abanyarwanda.<\/p>\n<p>Mbere yo gutandukana Abitabiriye Inama  rusange bafashe imyanzuro inyuranye bagiye gushyira mu bikorwa kugira ngo barwanye bashishikaye izo ntagondwa zitwaza idini ya Islam kugira ngo zibure aho zimenera .<\/p>\n<p> <strong>Muri yo harimo:<\/strong> <\/p>\n<p>-Gutanga amakuru yihuse  ahagaragaye uwariwe wese witwaza idini ya Islam agamije guhungabanya umutekano.<\/p>\n<p>-Kurwanya ibiyobyabwenge n\u2019inzoga zitemewe mu Rwanda barmenya abazitunda n\u2019Abazinywa.<\/p>\n<p>-Kurushaho kwegera  imisigiti no kuganira n\u2019Abayisengeramo kugirango bakangurirwe gukomeza kurwanya ubutagondwa.<\/p>\n<p>-Gukomeza  kubaka Indangagaciro zo gukunda igihugu mu byiciro byose by\u2019Abanyarwanda.<\/p>\n<p>-Gushyiraho ibyiciro  by\u2019Abaturage binyuranye; uhereye ku rubyiruko ,abagore ,bigasobanurirwa imiterere y\u2019ikibazo cy\u2019ubutagondwa ,ububi bwabwo n\u2019uburyo bwo kuburwanya  kugira ngo nabo babisobanurire abo bahagarariye.<\/p>\n<p>-Kutihanganira buri wese washaka kuzana amacakubiri n\u2019ubutagondwa mu gihugu(Zero tolerance)<\/p>\n<p>-Mu mashuli hagakorwa ubukangurambaga ku gukunda igihugu no kurwanya ikintu cyose cyatanya abanyarwanda .<\/p>\n<p>-Kurushaho kunoza amarondo kugira ngo hatagira uwitwikira ijoro agaca abaturage mu rihumye .<\/p>\n<p>-Abayobozi b\u2019inzego z\u2019ibanze bakumva  ko bazajya babazwa umutekano igihe wahungabanye.<\/p>\n<p>-Urubyiruko rurangije amashuri rugakangurirwa kwibumbira mu mashyirahamwe arufasha kwiteza imbere.<\/p>\n<p>Abitabiriye inama rusange kandi bijeje ubuyobozi bw\u2019Akarere ko ibyo bemeje muri iyo nama bagiye kubishishikariza abo bahagarariye kandi ko bafite icyizere ko ibyo bumvikanyeho   bizashyirwa mu bikorwa kandi bigatanga umusaruro ushimishije nk&#8217;uko iyi nkuru dukesha urubuga rw&#8217;akarere isoza ivuga.<\/p>\n<p> <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/em> <\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <em> <strong>@bwiza.com<\/strong> <\/em> <\/p>\n<p> <strong> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inteko rusange y\u2019Akarere ka Burera yarateranye mu ntangiriro z\u2019iki cyumweru isuzuma ingingo imwe irebana n\u2019umutekano ushobora guhungabanywa n\u2019intagondwa zikingiriza idini ya islam. Umuyobozi w\u2019Akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence atangiza inama yibukije akamaro k\u2019umutekano n\u2019uruhare buri wese agomba kugira mu kuwubungabunga. Yavuze ko umutekano uhari mu gihugu hose ko ntabyacitse ariko ko atari ngombwa gutegereza ko [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-2767","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Inteko rusange y\u2019Akarere ka Burera yarateranye mu ntangiriro z\u2019iki cyumweru isuzuma ingingo imwe irebana n\u2019umutekano ushobora guhungabanywa n\u2019intagondwa zikingiriza idini ya islam. Umuyobozi w\u2019Akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence atangiza inama yibukije akamaro k\u2019umutekano n\u2019uruhare buri wese agomba kugira mu kuwubungabunga. Yavuze ko umutekano uhari mu gihugu hose ko ntabyacitse ariko ko atari ngombwa gutegereza ko [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-09-07T15:51:50+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T16:08:24+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam\",\"datePublished\":\"2016-09-07T15:51:50+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T16:08:24+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767\"},\"wordCount\":538,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/09\\\/IMG_0006_02.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767\",\"name\":\"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/09\\\/IMG_0006_02.jpg\",\"datePublished\":\"2016-09-07T15:51:50+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T16:08:24+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/09\\\/IMG_0006_02.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/09\\\/IMG_0006_02.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=2767#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam - BWIZA","og_description":"Inteko rusange y\u2019Akarere ka Burera yarateranye mu ntangiriro z\u2019iki cyumweru isuzuma ingingo imwe irebana n\u2019umutekano ushobora guhungabanywa n\u2019intagondwa zikingiriza idini ya islam. Umuyobozi w\u2019Akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence atangiza inama yibukije akamaro k\u2019umutekano n\u2019uruhare buri wese agomba kugira mu kuwubungabunga. Yavuze ko umutekano uhari mu gihugu hose ko ntabyacitse ariko ko atari ngombwa gutegereza ko [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2016-09-07T15:51:50+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T16:08:24+00:00","og_image":[{"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam","datePublished":"2016-09-07T15:51:50+00:00","dateModified":"2025-02-12T16:08:24+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767"},"wordCount":538,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767","name":"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg","datePublished":"2016-09-07T15:51:50+00:00","dateModified":"2025-02-12T16:08:24+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=2767"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/09\/IMG_0006_02.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=2767#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2767","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=2767"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/2767\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=2767"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=2767"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=2767"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}